Chorale de Kigali yateguye igitaramo yise “Special Concert for Classic Music” kizaba ku cyumweru tariki 28/07/2013 muri Hotel Novotel mu mugi wa Kigali guhera ku isaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h).
Umusore witwa Nsanzimana Evariste, wari utuye mu kagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yitabye Imana akubiswe ibuye mu mutwe bikaba bikekwa ko yishwe na mugenzi we bari bavanye mu bukwe, basangiye ikigage.
Ubuyobozi bwa seminari nto ya Kabgayi iherereye mu karere ka Muhanga busanga ari ingenzi ko abarangiza mu mashuri runaka bajya bagira igihe cyo gusubirayo ngo barebe aho bize uko hifashe ndetse banatange urugero ku bahasigaye.
Abaturage batuye n’abakorera mu ga-centre ka Gisakura kari mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke barakangurirwa gufata iya mbere mu kuvanaho amazu yubatse mu kajagari ahubwo bakishyira hamwe bubaka inzu y’ubucuruzi ibereye kugira ngo babone inyungu nyinshi.
Abanyarwanda binjira mu bucuruzi cyangwa indi mishinga ibyara inyungu, barakangurirwa kujya babanza bagasuzuma niba ibyo biyemeje gukora bizabungukira, aho kugira ngo bahite bakora ibyo babonye bagenzi babo bakoze.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, asanga abunzi bakwiye guhabwa agaciro bakitabwaho ku bw’umurimo bakora ukomeye. Ibi minisitiri yabitangarije mu karere ka Muhanga ubwo yaganiraga n’abakozi b’iyi minisiteri bakorerera mu turere 15 tw’igihugu bashinzwe inzu zunganira mu mategeko (MAJ).
Abatuye umujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi batewe impungenge n’umugore witwa Mariya umaze hafi ukwezi kose yirirwa yirukankana umwana muto w’umukobwa mu mugongo kubera uburwayi bwo mu mutwe afite.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 15/07/2013 mu karere ka Kirehe haraye hageze Abanyarwanda 29 birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya ahitwa Ngara hamwe na Benako.
Icyimpaye Leoncie w’imyaka 61 wari utuye mu mudugu wa Kangoma mu kagari ka Kizibere umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, umurambo we bawusanze mu rutoki hafi yaho yahingiraga uwitwa Munyaneza Frodouard ku mugoroba wa tariki 15/07/2013.
Urwego rushinzwe kugenzura ishyirwamubikorwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo (Gender Monitoring Office) ruravugako n’ubwo hari byinshi bigomba gukorwa, ngo aho u Rwanda rugeze harashimishije ndetse n’intambwe rutera ni ndende cyane.
Umugore witwa Kampundu Gerardine w’imyaka 20 y’amavuko yatemye nyina umubyara witwa Dusabe Espèrance w’imyaka 39 y’amavuko amukomeretsa ku matako no ku maboko amuziza ko yamufashe asambana n’umukwe we.
Ku nkunga ya USAID, umushinga witwa Rwanda Family Health Project umaze umwaka ushinzwe, kuri uyu wa mbere tariki 15/07/201, washyikirije ibitaro bya Nemba ibikoresho bizakoreshwa muri One Stop Center izita ku bantu bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Ministeri y’ubuzima ivuga ko nubwo nta mibare ifatika yakozwe, bigaragara ko 70 % by’Abanyarwanda bagana ibitaro ari abarwaye indwara zitandura.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Ethiopia, Sewnet Bishaw, yizeye kuzatsindira Amavubi i Kigali mu mukino wo kwishyura, maze akajyana ikipe ye mu gikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo (CHAN) kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Ikipe ya Mukura Victory Sport itaragura umukinnyi n’umwe kugeza ubu, ngo iri mu biganiro n’abakinnyi benshi, harimo abakinaga muri Bugesera FC, muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse hari n’Abarundi.
Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yahamije ko kuri uyu wa mbere, tariki 15/07/2013 ku butaka bw’u Rwanda harashwe ibisasu bibiri biturutse mu gace ka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kagenzurwa n’Ingabo za Congo Kinshasa (FARDC) ndetse n’iza MONUSCO.
Serugaba Eric wakinaga muri Kiyovu Sport, yamaze kwerekeza mu ikipe ya AS Kigali, akaba yamaze no gusinya amasezerano yo gukinira iyo kipe y’umugi wa Kigali, mu gihe kingana n’umwaka umwe.
Impuguke 70 zituruka mu bihugu 10 byo ku migabane itandukanye, zihuriye mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa mbere tariki 15/07/2013 kugirango ziganire ku bijyanye no gucunga ubutaka, hagamijwe kurushaho kububyaza umusaruro.
Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iravuga ko isuzuma ry’imihigo mu turere twose tw’igihugu, ritangira kuri uyu wa kabiri tariki 16/7/2013, rizavamo amakuru y’ukuri, bitewe n’uko inzego zizakora uwo murimo zigenga, kandi ngo hashyizweho uburyo bwihariye butandukanye n’ubwo mu myaka yashize.
Mu gihe intambara ishyamiranyije ingabo za Leta ya Congo n’inyeshyamba za M23 ikomeje ahitwa Mutaho na Muja, tariki 15/07/2013 saa 15h05 ingabo za Congo zarashe ibisasu bibiri ahitwa Rusura mu murenge wa Busasamana akarere ka Rubavu ku bw’amahirwe akaba ntawe byahitanye cyangwa ngo bimukomeretse.
Umuryango Africa Innovation Prize (AIP), ushinzwe rufasha urubyiruko rwiga muri za kaminuza kunoza imishinga yarwo ukanayitera inkunga, muri iyi wikendi rwahembye abanyeshuri bagaragaje imishinga ifite akamaro mu marushanwa yari amaze amezi abiri aba.
Hoteri ikomeye ibarizwa mu mujyi wa Nyanza izwi ku izina rya Dayenu iri imbere neza y’ibitaro by’akarere ka Nyanza iri muri cyamunara biturutse ku nguzanyo yahawe na Banki y’amajyambere y’u Rwanda (BRD) ariko ba nyirayo ntibashobore kuyishyura nk’uko byari bikubiye mu masezerano impande zombi zagiranye.
Kuri iki cyumweru tariki 14 Nyakanga 2013, abanyamuryango basaga 600 baturuka mu mirenge 19 igize Akarere ka Gakenke batoye abantu bane bajya ku rutonde rw’abadepite b’Umuryango FPR-Inkotanyi.
Abantu umunani bo mugasantire ka Ntenyo mu kagari ka Ntenyo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa inzoga z’inkorano zirimo ibikwangari na Kanyanga bacuruzaga.
Polisi y’u Rwanda ikurikiranye abakozi babiri bakorera banki y’abaturage y’u Rwanda, agashami ka Rutsiro, bakaba bakekwaho kunyereza amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 20.
Ubuhinzi bufatwa nk’inkingi ikomeye mu kuzamura ubukungu bw’akarere ka Nyabihu buragenda butera imbere hibandwa ku byatuma harushaho gukorwa ubuhinzi bw’umwuga ndetse n’musaruro uzamuka kurushaho.
Abanyeshuri bo mu bigo by’amashuri abanza byo mu kagari ka Shami na Kagasa mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera barahabwa ibiganiro bijyanye no kwirinda indwara zikomoka ku isuku nke, ibyo bikaba biterwa nuko muri ako gace hari imwe muri iyo miryango igaragaramo izo ndwara.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Runda mu karere ka Kamonyi, hacumbikiwe umugabo n’umugore bazira guhishira aho bashyize umurambo w’umwana wa bo umaze amezi atandatu apfuye. Bakaba bari babeshye ko bamushyinguye aho bavuka, ariko nyuma bigatahurwa ko bamujugunye mu nsi y’urutare.
Ikigega cyitiriwe Gasore Serges cyateguye isiganwa ku maguru mu bana bakiri batoya bo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Baganizi Hakizimana w’imyaka 42 wakoraga umwuga w’ubukarani mu mujyi wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yishwe n’abantu bataramenyekana bamujugunya mu mujyende w’amazi uri hafi y’isoko rya Ruhango.
Impunzi z’Abanyecongo 560 bahungiye mu Rwanda tariki 14/07/2013 mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu, aho zahunze intambara ikomeje guca ibintu mu duce rwa Rusayo, Muja na Mutaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Uwimana Jean De Dieu w’imyaka 26 uvuka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi avuga ko hari ibinyamakuru byanditse bivuga ko yanyerejwe na Leta y’u Rwanda kandi ari ibinyoma.
Mu mpera z’icyumweru gishize, Umusaza witwa Semazuru Yohani w’imyaka 97 yasezeranye imbere y’amategeko n’umufasha we Mukantumwa Budensiyana w’imyaka 74 babanaga kuva mu mwaka 1963, bagamije kubahiriza amategeko ya Repubulika y’u Rwanda.
Mu gihugu cya Zimbabwe haravugwa ko hari ibitaro byashyizeho igihano cyigamije kubuza abagore gutaka mu gihe babyara ngo kuko uko umugore atatse ahanishwa gutanga amadolari ya Amerika atanu.
Mu gihe cya saa mbiri z’ijoro tariki 14/07/2013 imodoka yo mu bwoko bwa Toyota coaster ya Volcano express yari ivuye i Kigali yageze ahitwa mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango igongana n’ivatiri hakomereka abantu bane.
Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko buri Munyarwanda wese ufite imyaka guhera kuri 18 y’amavuko, uwanditse kuri lisiti y’itora, kandi akaba adafite imiziro, uwo wese itegeko nshinga rimuha uburenganzira bwo kwitorera abadepite.
Nyuma yuko tariki 11/06/2013 abantu babili bo mukagali ka Gatonde mu murenge wa Kibungo baguye mu byumba by’amasengesho babasengera ,undi musaza w’imyaka 60 yongeye kugwa mu cyumba cy’amasengesho tariki 12/07/2013.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James biteganyijwe ko aza kugirira uruzinduko rwe rw’akazi mu karere ka Nyanza akahasura ibikorwa by’amajyambere atandukanye kuri uyu wa kabiri tariki 16/07/2013.
Abakandida b’umuryango wa RPF-Inkotonyi mu karere ka Ruhango barizeza abaturage ko nibaramuka batowe bagahagararira Abanyarwanda mu nteko, ngo ikizaba kibajyanye bazakigaragariza mu bikorwa.
Amahirwe yo kujya mu gikombe cya CHAN ku ikipe y’u Rwanda yagabanutse, ubwo yatsindirwaga i Addis Ababa n’ikipe y’igihugu ya Ethiopia igitego 1-0 mu mukino wo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya CHAN kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Abagore 3 bari basanzwe ari abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda n’abagabo 2 bari abajyanama mu Nama Njyanama y’akarere ka Nyamasheke batore we kuzahagararira akarere ka Nyamasheke ku rutonde rw’Abakandida-Depite b’Umuryango wa FPR-Inkotanyi.
Ingabo za Tanzaniya ziri mu butumwa bw’amahoro (MINUAD) mu Ntara ya Darfur muri Sudani zagabweho igitero n’umutwe urwanya Leta ya Sudani utaramenyekana, barindwi bahasiga agatwe, abandi 17 barakomereka tariki 13/07/201.
Imiryango 30 yo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango yabanaga itumvikana, yafashe icyemezo ko igiye kubana neza kandi ikanafasha indi itabanye neza.
Inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango zifatanyije n’abaturage, hakozwe umukwabo mu mujyi wa Ruhango hafatwa inzego z’inkora “ibikwangari” bingana na litiro 860 n’inzererezi 43 harimo abagabo 39 n’abagore bane.
Abahabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP mu murenge wa Musambira ho mu karere ka Kamonyi, bahisemo gushora inkunga bahabwa mu mishinga ibateza imbere, none bamaze kugura inzu ifite agaciro ka miliyoni zisaga 20 no guhinga icyate cy’imyumbati cya hegitari 10.
Col. Laurent Serubuga wari wungirije umugaba mukuru w’ingabo zatsinzwe (ex FAR) akaba yaratawe muri yombi na Polisi y’igihugu cy’u Bufaransa tariki 11/03/2013 agombwa kwitaba ubutabera ku wa kane w’iki cyumweru tugiye gutangira.
Nyuma yuko bivuzwe ko ibiyobyabwenge mu mashuri biri gufata indi ntera, ishuri rikuru ry’ubumenyingiro y’Iburasirazuba (IPRC East) ryatangije urugamba rwo kubirwanya muri iri shuri.
Mu gihe mu Rwanda hitegurwa amatora y’abadepite mu kwezi kwa cyenda, abatuye akarere ka Gisagara batangaza ko bameze gusobanukirwa n’agahunda y’ayo matora bakaba bategereje ko itariki igera ngo bajye gutora.
Mu nama yahuje abakozi bo muri MINAGRI na bamwe mu bakozi b’akarere ka Gisagara tariki 12/07/2013, bamenyeshejwe ko icuruzwa ry’amafumbire ryeguriwe ba Rwiyemezamirimo kugira ngo abayikoresha bajye bishyura mbere yo kuyikoresha.