Abanyeshuli 13 b’urwunge rw’amashuli rwa Rwebare bagejejwe ku bigo nderabuzima bya Nyarurema na Rukomo byo mu karere ka Nyagatare, bamwe bagaragaza ibikomere no guhungabana nyuma y’uko mu gitondo kuri uyu wa 23/05/2013 basakuje bari ku murongo mbere yo kwinjira bikabaviramo igihano cyo gucishwaho akanyafu.
Mu rwego rwo gushimangira gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda bamwe mu mfungwa n’abagororwa bagera kuri 800 bafungiye muri gereza ya Nyanza kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi barifuza ko bahuzwa n’imiryango biciye bakayisaba imbabazi ndetse bakanagaragaza aho imibiri yabo bishe bayijugunye.
Umuforormo wakoreraga ku kigo nderabuzima cya Rubaya mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi akekwaho gusambaya umugore ubwo yarari kumusuzuma ashaka ku mubyaza mu masaha ya sa kumi z’igitondo kuri uyu wa 23/05/2013.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball ikinirwa ku mucanga (Beach Volleyball) mu batarengeje imyaka 23 mu bagabo n’abagore, zatangiye kwitegura imikino y’igikombe cy’isi izabera i Myslowice muri Pologne kuva tariki 06-09/06/2013.
Bibukwishaka Gad ushinzwe gukwirakwiza ibicuruzwa bya MTN muri zone ya Kivumu mu karere ka Rutsiro yatangiriwe n’abajura ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 22/05/2013 bamutwara amakarita yo guhamagara, simukadi n’amafaranga byose hamwe bifite agaciro k’ibihumbi 225.
Rutahizamu wa Manchester United, Wayne Rooney, n’umufasha we Coleen Rooney ku wa kabiri tariki 21/05/2013 bibarutse umwana w’umuhungu ndetse banashyira ku mugaragaro amafoto ye.
Guhera ku gicamunsi cya tariki 22/05/2013 umunyeshuri wiga mu ishuri rya Groupe Secolaire Indandaburezi n’umukangurambaga (animateur) w’abanyeshuri mu ishuri rya Ecole des Science Byimana bari mu maboko ya Polisi kuri station ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho kuryamana n’abo badahuje ibitsina.
Ikamyo ipakiye ibitaka yamanutse iva mu mujyi wa Kigali, mu muhanda uva ahitwa kuri ‘statistique’, igeze ku isoko rya Nyabugogo icika feri ikomeretsa abantu batatu barimo umubyeyi utwite bivugwa ko yacitse amaguru, n’undi ngo wakomeretse bikabije.
Aho kugirango abantu biyicishe imiti isinziriza cyangwa se igabanya umboba, urubuga Spotify rufatanyije n’umuhanga mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, bashyize ahagarara indirimbo abantu bagira ubwoba mu ndege bagenda biyumvira ubundi bakamererwa neza.
Abaturage bakoze imirimo y’amaboko muri gahunda ya VUP mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro bongeye kugaragaza akanyamuneza mu maso nyuma y’uko babwiwe ko bagiye gutangira guhembwa amafaranga bakoreye guhera mu kwezi kwa kabiri mu mwaka wa 2013.
Ikipe ya AS Kigali y’abagore iri hafi kwegukana igikombe cya shampiyona, kuko niramuka itsinze ‘The winners’ mu mukino wa shampiyona zizakina kuri uyu wa gatandatu tariki 25/05/2013, izahita itwara igikombe.
Inyeshyamba za M23 zatangaje ko zishyigikiye urugendo rw’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye, Ban Ki-Moon, mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru, butangaza ko buhagaritse ibikorwa by’imirwano kugira ngo itazabangamira uyu muyobozi wageze mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 23/05/2013.
Umunya-Serbia, Milutin Sredojevic ‘Micho’, wahoze atoza Amavubi akaza gusezererwa kubera umusaruro mubi, yahawe akazi ko gutoza ikipe y’igihugu ya Uganda mu gihe cy’imyaka ibiri aniyemeza kuzageza icyo gihugu ku mwanya wa 70 ku rutonde rwa FIFA.
Umushakashatsi akaba n’umwarimu mu ishuri rikuru ISAE Busogo ukomoka mu gihugu cya Koreya y’Epfo yakoze ubushakashatsi asanga imbuto y’amashu y’iwabo ishobora kungukira Abanyarwanda kurusha isanzwe ihingwa ino.
Hatari Jean Bosco, Nsengiyumva Theophile na Nyandwi alias Jean Kavuyo bibye inka mu gihugu cya Uganda mu rwuri rw’uwitwa Mamenero utuye muri Disctrict ya Kabare ariko ku bufatanye n’inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Bugande izo nka zasubijwe nyirazo.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi,Nzeyimama Oscar, arasaba abashinzwe gushyira mu bikorwa imishinga yamurikiwe Perezida Kagame ubwo yasuraga ako karere gukora ibyo bamwemereye bitarenze amezi abiri.
Abasirikare batatu barimo Sergent Major Ruhumuriza Joseph na mugenzi we Sergent Major Nzeyimana batahutse mu Rwanda bavuye muri Congo kuko ngo aho bari bari batari bamerewe neza bitewe n’imibereho mibi bari barimo.
Ku mugorobwa wo kuwa 22/05/2013, inzego z’umutekano z’ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bashwanyaguje imitego ya kaningini yangiza amafi n’ibiyakomokaho mu kiyaga cya Kivu, banatwika urumogi bifite agaciro k’amafaranga 12.270.500.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport buratangaza ko butazigera bugarura Sina Gerome wayivuyemo atorotse, akajya gukina mu gihugu cye cy’amavuko cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo mu ntangiro z’uyu mwaka.
Kuri uyu wa gatatu tariki 22/05/2013, urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe rwagejejweho ibiganiro mu cyiswe Youth Connect Dialogue hagamijwe gutanga ubutumwa ku kubaka u Rwanda ruzira Jenoside binyuze mu ndirimbo, ubuhamya ndetse no mu biganiro.
Ambasaderi wungirije wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Lapenn Jessica, aratangaza ko we n’itsinda ayoboye bishimiye uburyo inkunga bagenera Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH), bayikoresha bita ku buzima bw’abasirikare n’Abanyarwanda muri rusange.
Dj Ismael, Guido na Hassan bo mu mujyi wa Gisenyi mu karere ka Rubavu barafunzwe kuva tariki 21/05/2013 bazira gucuruza ibihangano bya bamwe mu bahanzi b’i Kigali kandi batabifitiye uburenganzira.
Umugabo witwa Nzarengerwanimana w’imyaka 32 wo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi mu gitondo cyo kuri uyu wa 22/05/2013 ahagana saa mbiri basanze umurambo we umanitse mu giti mu murenge wa Rutare mu mudugudu wa Gasharu mu kagari ka Munanira.
Umuryango TWUNGUBUMWE uri mu bikorwa byo guhuza abarokotse Jenoside yakorewe abatusi yabaye mu Rwanda mu 1994 n’abayigizemo uruhare bemeye icyaha bagafungurwa bo mu karere ka Bugesera.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 2918 bo mu karere ka Bugesera nibo bavuwe n’inzobere z’abaganga bo mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda bya Kanombe mu gihe hari hateganyijwe kuvurwa 826.
David Bayingana, umunyamakuru w’imikino kuri Radiyo 10 akaba n’umwe mu bantu bazwiho gutegura ibitaramo by’abahanzi n’ibindi bigendanye nabyo, kuri uyu wagatandatu tariki 25/05/2013 azambikana impeta n’umukunzi we Teriteka Kezie.
Ku nshuro ya kabiri mu Rwanda, ikigo cy’iterambere RDB ku bufatanye na sosiyete y’Abanyakenya ‘Nation Media Group (NMG)’, bagiye gutoranya ibigo biciriritse 100 by’abikorera byagaragaje kuzamuka mu bukungu by’ibyo bikora kurusha ibindi.
Urwego rw’umuvunyi mu karere ka Muhanga ruragaragaza ko akarengane ari kimwe mu bishobora guteza ruswa mu gihugu, bagasaba ko aka karengane gakorerwa abaturage kacika burundu kuri bamwe mu bayobozi bigaragaraho.
Habimana Emmanuel w’imyaka 35 y’amavuko utuye mu kagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza mu gitondo tariki 22/05/2013 yapfumbatishije ruswa y’amafaranga ibihumbi 20 umupolisi wari umufatanye amashashi yaciwe mu gihugu yanga kuyakira ahubwo amuta muri yombi.
Byari biteganyijwe ko umushinga wa KivuWatt wo kuvoma gaz methane mu Kivu mu karere ka Karongi wari gutangira gutanga umusaruro muri Kamena 2013, ariko umunyamabanga uhoraho muri ministeri y’ibikorwaremezo James Kamanzi aratangaza ko hagikenewe andi mezi atandatu.
Umukwabo Polisi y’igihugu yakoze mu gitondo tariki 22/05/2013 mu murenge wa Ntyazo uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi wafatanye abantu 17 inzoga z’inkorano zihita zimenerwa imbere y’amaso y’abaturage.
Nyuma y’uko umupaka muto uhuza umujyi wa Gisenyi n’umujyi wa Goma ufunzwe washyize urafungurwa ariko abagabo n’abasore b’Abanyarwanda bajya i Goma barasabwa kwigengesera cyane kuko hari abahohoterwa.
Emmy, umuhanzi wakunzwe cyane hano mu Rwanda akaza kwerekeza muri Leta zunze Ubumwe za Amerika umwaka ushize ubwo yari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star2, aritegura gushyira hanze indirimbo nshya.
Polisi y’igihugu iratangaza ko amakuru akomeza gukwirakwira ku ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ridaterwa no kuba ryiyongeyereye, ahubwo bituruka ku kuba ababikorerwa n’abantu muri rusange baratinyutse kujya batanga amakuru ku hagaragaye ihohoterwa.
Umuryango w’abapfakazi ba Jenoside (AVEGA) ufatanyije na Minisiteri y’uburinganire no guteza imbere umuryango, batangije igikorwa cyo kuremera inshike za Jenoside zitishoboye.
Mu ijoro ryakeye, abajura bateye mu ngo z’abagabo babiri bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Egide na Mbarushimana) batuye mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Musha bica abaturanyi babiri batabaye, batema abandi umunani.
Ubuyobozi bw’ishuri rya Ecole des Science Byimana mu karere ka Ruhango, buravuga ko bugiye gushyira umuntu muri buri cumbi ry’abanyeshuri mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’inkongi y’umuriro umaze iminsi wibasira inyubako z’iri shuri.
Itsinda ry’impuguke zo muri Kaminuza ya Massachusetts ryitwa J-PAL zakoze inyigo yiswe “From Evidence to Policy” mu bihugu 21 by’Afurika, zivuga ko u Rwanda rugena gahunda zo kugabanya ubukene, zibanje gusuzumwa neza ko ari ngombwa (evidence based policies).
Mu gihe hategurwa umuganda rusange usoza ukwezi kwa gatanu uzaba tariki 25/05/2013, raporo y’umuganda usoza ukwezi kwa kane wakozwe tariki 27/04/2013 igaragaza ko imirimo yakozwe ndetse n’ubwitabire bw’abaturage byagize agaciro k’amafaranga miliyoni 12 ibihumbi 416 n’amafaranga 900.
Sosiyete yitwa Broad Mind Creation igiye guteza imbere umuco Nyarwanda ibinyujije mu marushanwa y’umuco azajya yitabirwa n’Abanyarwanda bari mu byiciro binyuranye bazi ibijyanye n’umuco, mu rwego rwo kongera kuwubyutsa kuko wasaga n’utangiye kwibagirana.
Umwiherero w’iminsi ibiri w’abayobozi kuva ku rwego rw’umurenge kugeza ku rwego rw’intara mu Majyaruguru warangiye tariki 21/05/2013 wasize bafashe imyanzuro igera kuri irindwi izatuma ubukungu buzamuka ku kigero cya 11.5%.
Ntaganda Telesphole w’imyaka 30 y’amavuko wakoraga umwuga w’ubushoferi ku modoka ya muramu we yasanzwe mu nzu yapfuye kandi tariki 20/05/2013 yari yaryamye ari muzima.
Ahagana saa sita z’amanywa tariki 21/05/2013, nibwo byari bimaze kumenyekana ko inzu abanyeshuri b’abahungu bararamo mu kigo cya College APARUDE giherereye mu mujyi wa Ruhango yibasiwe n’inkongi y’umuriro.
Saa moya zo muri iki gitondo cyo kuwa 22/05/2013 ingabo n’abapolisi ba Congo bari maze gufunga umupaka muto uhuza umujwi wa Goma na Gisenyi. Uyu mupaka unyurwaho n’abantu barenga ibihumbi 25 ku munsi.
Mu rwego rwo kureba uko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa muri gereza zo mu Rwanda, Michel Arrion uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi mu Rwanda yasuye gereza ya Nyanza izwi rya Mpanga ashima uko abafungiyemo babayeho.
Reta y’u Rwanda ifatanyije n’umuryango mpuzamahanga ufasha abimukira (IOM) bamaze gukusanya amafaranga agera kuri miliyari ebyiri azakoreshwa mu gusubiza mu buzima busanzwe Abanyarwanda batahuka mbere y’uko icyemezo gikuraho ubuhunzi gishyirwa mu bikorwa.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Prof. Silas Lwakabamba, ari kumwe n’izindi ntumwa zo muri minisiteri ayobora basuye imishinga migari igiye kubakwa mu karere ka Rusizi harimo n’uruganda rwa Nyiramugengeri ruzabyazwa amashanarazi angina na MW15 azakoreshwa mu ruganda rwa SIMERWA rukora sima.
Umutwe w’abasirikare 120 bo mu ngabo z’u Rwanda bashinzwe ibijyanye no kubaka, tariki 21/05/2013, bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 21/5/2013, Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), yasinyanye amasezerano y’impano na Banki y’isi, ingana na miriyoni 50 z’amadorari y’Amerika agenewe gufasha inzego z’ibanze gutanga servisi zifite ireme.