Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi akaba na minisitiri w’intebe, arasaba abanyamuryango ba FPR mu ntara y’Amajyaruguru n’Abanyarwanda muri rusange kongera umusaruro uturuka ku buhinzi cyane ko iyi ntara igaragaza ko umusaruro ushobora kuruta uko ungana.
Koperative yitwa Friends of Nyungwe (inshuti za Nyungwe) ikorera mu murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe yakoze umushinga w’ubukerarugendo bushingiye ku muco w’u Rwanda (Kitabi Cultural Village) werekana bimwe mu byarangaga ubuzima bw’Abanyarwanda bo ha mbere ndetse na bimwe mu bigaragara ubu.
Niyitegeka Ephron w’imyaka 21 umurambo we wabonetse mu gishanga cy’umuceli wo mu mudugudu wa Kimirama mu kagali ka Gitwa mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza bigaragara ko yatewe ibyuma mu ijosi.
Abanyabukorikori bo mu karere ka Musanze, bari gukora amanywa n’ijoro, kugirango babashe kubona umusaruro uhagije w’ibyo bakora bitewe n’uko umunsi wo ‘kwita izina’ utuma ababagana baba benshi.
Niyomugabo Pascal wishe muramu we amuteye icyuma yafatiwe mu karere ka Bugesera akaba afungiye kuri station ya polisi ya Ruhuha mu gihe hagiteregerejwe ko agezwa aho yakoreye icyaha mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza.
Umwaka w’ingego y’imari 2012/2013 turimo gusoza uzasiga mu karere ka Nyabihu hatanzwe inka zigera kuri 800 muri gahunda ya Girinka Munyarwanda igamije gufasha Abanyarwanda kwikura mu bukene ndetse no guhindura imibereho yabo.
Abinyujije mucyo yise “umusanzu w’umuhanzi mu burere mboneragihugu ku matora”, umuhanzi Kizito Mihigo ku bufatanye na komisiyo y’igihugu y’amatora, yataramiye Abanyangoma tariki 16/06/2013 abakangurira kwitabira amatora y’abadepite yo muri Nzeri 2013.
Iyo abana bagejejwe imbere y’ubutabera bagasoreza ibihano mu ikigo ngororamuco, bahigira ubumenyi bwinshi bubafasha mu mibereho yabo igihe basubijwe mu miryango.
Musenyeri Kizito Bahujimhigo avuga ko umunyagihugu muzima ari ucyerera imbuto akanagikunda by’ukuri yirinda kugisahura. Uku gukunda igihugu ariko ngo bikwiye no kujyana no kwihesha agaciro.
Ikipe y’u Rwanda izitabira isiganwa ryo kuzenguruka igihugu cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo (Tour de la RDC), kuva tariki 18-29/06/2013. Iri siganwa u Rwanda rugiye kwitabira bwa mbere, naryo ni ku nshuro ya mbere rigiye kuba.
Kuwa gatandatu tariki 15/06/2013, mu Karere ka Ruhango batangiye ku mugaragaro igikorwa cyo kwimura abatuye ahantu hakunze kwibasirwa n’ibiza (High Risk Zones).
Amakosa y’abakinnyi b’inyuma n’umunyezamu b’u Rwanda yatumye Algeria ivana intsinzi y’igitego 1-0 i Kigali, mu mukino wo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi, wabereye kuri Stade Amahoro ku cyumweru tariki 16/06/2013.
Kanyandekwe Aaron w’imyaka 52 wari utuye mu murenge wa Macuba, tariki 14/06/2013 yimanitse mu kagozi ahasiga ubuzima.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) itangaza ko, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bayo, iri gushaka uburyo hajyaho gahunda yo kurandura ikoreshwa ry’itabi mu Rwanda kuburyo rizageraho rigacika burundu.
Mu rwego rwo kumenyekanisha ibyo ikora, mu mpera z’icyumweru dusoje, Croix Rouge y’u Rwanda yateguye umunsi wo kumurika ibikorwa byayo mu gihugu muri rusange, n’ibyo ikora by’umwihariko mu karere ka Ngororero.
Nyuma y’ibyumweru bibiri gusa, umusaza Rutayisire w’imyaka 90 atangaje ko azapfana agahinda napfa atabonye Perezida Paul Kagame amaso ku musa, tariki 16/06/2013 uyu musaza yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye.
Kuwa 14 Kamena 2013, mu karere ka Ngororero hakozwe umuganda udasanzwe wo kwita ku muhanda wangijwe n’inkangu ku gihe cy’imvura. Uwo muganda wabereye mu kagari ka Nyange mu murenge wa Ngororero aho intumwa za rubanda zafatanyije n’abaturage bo muri uwo murenge.
Uwitonze Charlotte wo mu murenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana aratabariza imfubyi za Jenoside zirera zo muri uwo murenge no mu gihugu muri rusange, kuko benshi bafite ibibazo ariko bakaba badakunze kubona ababageraho.
Ubunyamabanaga bw’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bigize ibiyaga bigali (CEPGL) butangaza ko ibibazo by’umutekano n’imiyoborere myiza ariyo nzitizi ku iterambere ry’ibihugu biwugize kuko ibibazo biri mu gihugu kimwe bigira ingaruka ku bindi bihugu.
Umwe mu buzukuru ba Nelson Mandela, Mandla Mandela yatangarije itangazamakuru kuwa Gatandatu tariki 15/06/2013 nyuma gato yo gusura sekuru ko ubuzima bw’umukambwe Nelson Mandela bugenda buba bwiza nyuma y’icyumweru amaze mu bitaro i Pretoria.
Nyuma y’uko ikipe ya Police FC ije ku mwanya wa kabiri wa Shampiyona ya 2012-2013 yabonye umutoza mushya n’ubuyobozi bushya.
Perezida wa IBUKA mu karere ka Kamonyi, Murenzi Pacifique, arashima ubuyobozi bw’Urwunge rw’amashuri rwa APE Rugunga, bwazanye abanyeshuri barwo gusura urwubutso rwa Jenoside rwo ku Kamonyi, ngo birebere ukuri ku byabaye muri Jenoside.
Uwizeyimana Boneventure na Girubuntu Jeanne D’Arc nibo begukanye umwanya wa mbere mu bagabo no mu bagore mu isiganwa ry’amagare ryo kwibuka abazize Jenoside, ryabereye mu karere ka Bugesera kuri uyu wa gatandatu tariki 15/06/2013.
Abana bo mu karere ka Bugesera barasaba ababyeyi babo kubarinda ihohoterwa iryo ari ryo ryose n’imirimo ivunanye ikoreshwa abana. Ibyo byatangajwe kuwa 15/6/2013 mu kwizihiza umunsi wahariwe umwana w’Umunyafurika.
Ikinyamakuru TMZ kiratangaza ko Paris Jackson, umukobwa wa nyakwigendera Michael Jackson ngo yanga cyane umuhanzi Justin Bieber ngo ku ko yavuze ko adashobora kugira icyo avuga ku bakobwa bikeba bakikomeretsa.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’abahanga bo muri Canada buratangaza ko kuba abagabo bikundira gushaka abagore bakiri bato, ngo ari byo byatumye habaho ugucura kw’abagore (menopause).
Imiryango 180 ituye mu Mudugudu w’Ubuhoro wubatswe n’Umuryango Benimpuhwe mu murenge wa Rilima, batangaza ko ubu batakwibarira mu bakene, kuko batagifite ikibazo cy’imiturire ndetse n’icy’ubuzima busanzwe.
Hakuzimana Gabriel w’imyaka 25, uzwi ku izina rya Kiwele afungiye muri Gereza ya Cyangugu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye no kunywa ibiyobyabwenge no kubikwirakwiza.
Perezida wa Repuburika, Paul Kagame, yasabye abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye guha agaciro ibikorwa by’urugerero, agereranya n’ifumbire ituma ubwenge n’uburere by’urubyiruko bitanga umusaruro wo kurinda igihugu gusubira mu bihe bibi nka Jenoside, ahubwo kikarushaho kunga ubumwe no gutera imbere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/06/2013, Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abanyamakuru asubiza ibibazo byinshi ku buzima bw’igihugu. Ikiganiro cyibanze cyane kuri ejo hazaza h’u Rwanda, aho abanyamakuru bamubazaga uko bizagenda muri 2017 ubwo manda ye ya kabiri izaba irangiye.
Abaneshuri batatu biga ku kigo cya College Urumuri Politechnique cyo mu murenge wa Rukozo, baguwe gitumo bari kunywa inzoga za Kanyanga bagombaga kumena, mu gikorwa cyateguwe na Polisi y’igihugu cyo kwamagana ibiyobyabwenge, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/06/2013.
Abaturage batuye mu kagali ka Buteteri mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe, batashye ivuriro riciriritse (Poste de Santé) biyubakiye, nyuma yo kubona ko kugera ku kigo nderabuzima bitari biboroheye kubera ikibazo cy’umuhanda.
Abana b’ingagi bahawe amazina kuva mu myaka ya za 69, nk’uko amateka y’ingagi zo mu birunga abigaragaza, n’ubwo umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, nk’uko tuwuzi ubu ugiye gukorwa ku nshuro ya cyenda.
Mu birori byo gutaha imirenge SACCO zigera ku 10 mu mirenge sacco 12 igize akarere ka Kirehe, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yishimiye imbaraga abaturage bakoresheje mu kwiyubakira imirenge SACCO.
Niyomugabo Pascal bitaga Rubyogo wari utuye mu mudugudu wa Gisayura mu kagali ka Bugali mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yateye icyuma muramu we witwa Bizimana André w’imyaka 41 y’amavuko ahita apfa.
Pasiteri Daniel Uwimana usengera mu itorero rya ADEPR mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi yatanze ubuhamya butangaje bw’umusore wanze kubabarira uwo yendaga kwica muri Jenoside ariko akimara kumwica nawe ahita apfa.
Kwizihirwa k’urubyiruko rw’abanyeshuri barangije urugerero kuri Stade Amahoro, muri aka kanya, bategereje kuza kuganira na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, birimo gukumbuza ababakurikiye uburyo abakurambere mu Rwanda bajyaga ku rugerero, bagamije gukorera igihugu cyabo.
Ikarita y’ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé) yahawe ubushobozi ku buryo uyifite azajya abasha kujya kwa muganga kwisuzumisha indwara z’akarande zirimo Kanseri, Diabète n’indwara z’umutima.
Capitaine Mbaye Diagne, umusirikare w’Umunyesenegali wahawe umudali umurinzi kubera ibikorwa by’ubutwari yakoze mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, bennshi mu iguhug cye ntibazi ibigwi bye. Yaguye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, ubwo yari mu ngabo za MINUAR ariko we ntashyigikire ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi icyo gihe.
Jean Pascal Labile, Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’iterambere w’u Bubiligi, yatangajwe n’uburyo imishinga igihugu cye giteramo inkunga itera imbere ikanateza abaturage imbere.
Jean Christophe Rusatira yahawe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), kubera uruhare yagize mu kurwanya itabi. Icyo gihembo yagihawe ari umwe muri batanu batoranyijwe ku rwego rwa Afurika.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Nshimiyimana Eric, aratangaza ko kuba azaba adafite Haruna Niyonzima mu mukino uzahuza u Rwanda na Algeria ku cyumweru tariki 16/06/2013, ngo nta cyuho kizagaragara mu Mavubi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14/06/2013, Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke iri kumwe n’abaturage bo mu Murenge wa Gakenke bakoze umuganda wo gutoragura amashashi no kubaka rondereza mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
Umusore w’imyaka 19 uvuga ko yitwa Minani yafatiwe mu Mujyi wa Gakenke, Umurenge wa Gakenke ashaka kugurisha umunzani yibye ngo abone amafaranga y’itike imusubiza iwabo nyuma yo kwibwa n’indaya ibihumbi 35.
Minisitiri Louise Mushikiwabo hamwe n’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) bitabiriye inama y’ihuriro New York Forum AFRICA (NYFA) yiga ku mahirwe y’Afurika mu kongera ubukungu irimo kubera mu gihugu cya Gabon.
Biteganijwe ko Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, aganira n’abanyeshuri bashoje amashuri yisumbuye barangije amezi akabakaba muri arindwi bari mu bikorwa by’urugerero, kuri uyu wa gatandatu tariki 15/6/2013, aho bazamumurikira ibyo bakoze mu guharanira iterambere rusange ry’igihugu.
Bamwe mu batuye mu karere ka Rwamagana barashima Polisi y’u Rwanda ko yabafashije cyane ibasobanurira ububi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka mbi bari kuzabikuramo, nabo bakaba bahisemo kubireka no kugaragaza ibyo bari bafite kandi ngo bagiye kwigisha n’abandi bose kubireka.