Ngororero: Bishimiye uko besheje imihigo ya 2012-2013

Nyuma y’igenzura ry’imihigo y’umwaka wa 2012-2013 mu karere ka Ngororero, abakozi b’ako karere bashimiwe ko hari imihigo imwe nimwe bahiguye kugipimo kiruta kure icyo bari barihaye.

Abakozi b'akarere bagaragaza ibyagezweho.
Abakozi b’akarere bagaragaza ibyagezweho.

Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu, Mazimpaka Emmenuel, avuga ko biterwa n’imbaraga ziba zarashyizwe kuri icyo gikorwa ndetse ngo hari ubwo akarere kabona umufatanyabikorwa nyuma yo kwiha intego bityo nawe ntibamusubize inyuma.

Mu mihigo yishimiwe harimo amatara rusange yashyizwe ku mihanda yo mu mujyi wa ngororero.
Mu mihigo yishimiwe harimo amatara rusange yashyizwe ku mihanda yo mu mujyi wa ngororero.

Umuyobozi mukuru muri MINALOC, Rugamba Egide, wari ukuriye itsinda ryasuzumye imihigo yavuze ko ibyo babonye mu madosiye bihuye n’ibyo babonye mu mirenge. Ndetse ngo hari aho basanze ibipimo biri hejuru y’ibyo mu ma raporo. Yashimye icyo yise best practices (udushya) z’abakozi b’akarere mu kwesa imihigo avuga ko azatugeza ku bandi.

Ubutaka bwahurijwe hamwe mu materasi y'indinganire.
Ubutaka bwahurijwe hamwe mu materasi y’indinganire.

Umuyobozi w’akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon, avuga ko ibyagezweho babikesha ugutahiriza umugozi umwe (team work spirit) kw’abakozi na nyobozi y’akarere, ibi kandi bikaba binemezwa na bamwe mu bakozi b’akarere kuko mbere ngo hariho ubuyobozi burangwa no guhangana no kutumvikana.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

NUKURI, NGORORERO IGEZE AHASHIMISHIJE UGERERANYIJE NAHO YAHOZE SI MUMIHIGO GUSA NA SERVICE BYARAHINDUTSE MU MINSI ITATU UBA USHUBIJWE MU GIHE MBERE BYAFATAGA ICYUMWERU KDI UHORA UTEGA UJYA KU KARERE NAHO UBUNDI MU MIHIGO NI SAWA UBU KU MU HANDA AMATATARA KU MUHANDA ARARA YAKA GUTANDUKANYA AMANYWA N’IJORO BIRAGORA NGORORERO BRAVO.

TUYISHIME BENJAMIN yanditse ku itariki ya: 23-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka