\Abahinzi bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu bavuga ko bagiye gucyemura ikibazo cyo kubura imbuto no gusesagura umusaruro nyuma yo kubakirwa ikigega gishobora guhunika toni 400 z’ibirayi.
Kuba mu cyahoze ari Komini Rwamatamu yo muri Perefegitura ya Kibuye hari hatuye Abatutsi benshi byatumye hakorwa ubwicanyi bukaze cyane mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.
Itsinda ry’Abarundi ririmo abayobozi b’inzego z’umutekano n’ab’amakomine baje kuganira n’abayobozi b’akarere ka Rusizi ku birebana n’igikorwa cyatuma ibihugu byombi bisenyera umugozi umwe cyane cyane mu birebana n’umutekano.
Paruwasi ya Ruhango iri mu karere ka Ruhango ahazwi cyane ku izina ryo kwa Yezu Nyirimpuhwe, tariki 24/06/2013, habereye umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 imaze ishinzwe.
Kuri iki cyumweru tariki 23/06/2013, mu karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo kwibuka Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 94 bakajugunywa mu mazi.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame, Perezida Uhuru wa Kenya hamwe na Perezida Museveni wa Uganda bahurira Entebbe mu gihugu cya Uganda kuri uyu wa kabili tariki 25/06/2013 kugira ngo baganire ku bufatanye bw’ibihugu bayoboye.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda bateye inkunga Abanyabisesero ihwanye na miliyoni zisaga enye n’igice. Iyo inkunga igizwe n’imyambaro, icyuma gisya imyaka ndetse na mitiweli y’abantu 100.
Ibiti by’ishyamba kimeza byitwa imisheshe bivugwaho kuba bivanwamo imibavu (parfum) n’indi miti ikoreshwa mu buvuzi bwa gihanga biboneka mu mirenge ya Ntyazo, Kibilizi na Muyira mu karere ka Nyanza bikomeje kwibasirwa bikangizwa ku buryo busigaye buteye inkeke.
APR FC yamaze kubona itike yo gukina umukino wa ¼ cy’irangiza mu irushanwa ‘CECAFA Kagame Cup’ ribera muri Suidan, nyuma yo kunganya na Vital’o igitego 1-1 mu mukino wayo wa nyuma mu itsinda wabaye ku cyumweru tariki 23/06/2012.
Gasore Hategeka, umukinnyi w’ikipe ya Benediction Club ya Rubavu niwe wegukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare Huye-Kigali rizwi ku izina rya ‘Ascension des milles collines’, ryabaye ku cyumweru tariki 23/06/2013.
Abaturage batuye mu karere ka Ruhango barishimkira ko itangazamakuru ririho kugenda ribegera bigatuma bamenya gahunda Leta ibafiteho.
Musonera Jean de Dieu wayoboraga koperative y’abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto yitwa KMC ikorera mu murenge wa Matimba Akarere ka Nyagatare yasabiwe kwegura ku buyobozi bw’iyi koperative kubera gukoresha umutungo w’abanyamuryango mu nyungu ze bwite.
Iyo ingengo y’imali idakoreshejwe ibyo yateganirijwe bigira ingaruka ku iterambere ry’akarere ndetse n’iry’igihugu muri rusange; nk’uko byatangarijwe mu karere ka Gisagara mu muhango wo kwemeza ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka wa 20213-2014.
Nyuma y’amahugurwa n’ubushobozi bahawe n’umushinga Health Poverty Action, abavugizi b’ihohoterwa mu tugari tugize akarere ka Nyaruguru bavuga ko bagiye gukora ubuvugizi bwimbitse ngo ihohoterwa ricike burundu.
Bamwe mu bavuzi gakomndo bo mu karere ka Gisagara baravuga ko igituma badatera imbere ari ukuba badafite ubushobozi buhagije ngo nabo babashe gukora imiti myinshi ikoranye ubuhanga, bakaba bifuza ko nabo bajya baterwa inkunga nk’andi makoperative akora ibikorwa binyuranye.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abahinzi bose bo muri ako karere kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi ku butaka buto bafite kuburyo ibihungwa byeraga kuri hegitari imwe biziyongera bikaba byinshi kurushaho.
Avuga ko kuregeza ipantalo biregeza n’ubwenge, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Dr. Harebamungu Mathias, yabwiraga abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari bateraniye kuri katederari ya Butare, mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’uburezi gaturika.
Kuwa 21 Kamena 2013 Urubyiruko rwa ba Rwiyemezamirimo bagera kuri 50 rwasoje amahugurwa rwari rumazemo iminsi itanu i Kigali mu kwandika neza imishinga n’uburyo bwo kuyishira mu bikorwa.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya mbere abaguye I Nyarushishi mu karere ka Rusizi, Guverineri w’intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin yavuze ko yiyamye ku mugaragaro abashyigikiye ko u Rwanda rushyikirana na FDLR kuko yahekuye u Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias, aratunga urutoki abakozi bashinzwe gusoresha kuba banyereza imisoro y’akarere, bakaba bagomba gufata ingamba kugira ngoicyo kibazo gikemuke.
Fabrice Mucyowintore uri mu kigero cy’imyaka 16 avuga ko ashushanya tableau yagura amafaranga ari hagati y’ibihumbi 10 na 15 mu gihe cy’isaha imwe.
Umuhanzi Ellion Victory uzwi mu njyana ya Afrobeat, amazina ye bwite ni Ngarambe Victoire. Uyu muhanzi wamenyekanye mu ruhando rw’umuziki nyarwanda kubera indirimbo nka “Marita” na “Amafaranga”.
Nyuma yo gufata icyemezo ko nta modoka ikora taxi-voiture izongera kuzana abagenzi mu Rwanda kubera ko hari Abanyarwanda babyihisha inyuma bagakwepa imisoro, Abarundi bakorera ku mupaka uhuza ibihugu byombi mu karere ka Rusizi ntibishimiye icyo cyemezo.
Biteganyijwe ko mu myaka itanu iri imbere, abakene bo mu karere ka Rwamagana bazaba bagabanutse ku gipimo cya 20%, ndetse ngo umuturage akazaba yinjiza amadorari ya Amerika 1240 nk’uko bigaragara ku mbonerahamwe y’ibikorwa biteganyijwe muri iyo myaka.
Mvuyekure Emmanuel w’imyaka 29 y’amavuko afungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke nyuma yo gutabwa muri yombi ku mugoroba wa tariki ya 19/06/2013 amaze guhohotera umwana w’umuhungu w’imyaka 13, aho yashakaga kumujugunya mu musarani, nk’uko umwana abivuga.
Ishyirahamwe ry’abafite ubumuga mu Rwanda, AGHR (Association Générale des Handicapés au Rwanda) ryishimira ko mu myaka ibiri ishize rimaze koroza ababana n’ubwandu bwa virusi itera Sida n’abandi batishoboye bibumbiye mu makoperative atandukanye yo mu karere ka Rutsiro inka 120 n’amatungo magufi 408 mu rwego rwo kubafasha (…)
Abakozi ba Komisiyo y’igihugu ishinzwe abana (NCC), basuye imfubyi zirera zo mu mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Nkingo, umurenge wa Gacurabwenge; babatera n’inkunga yo kunoza umushinga w’ubworozi bw’inzuki basanganywe.
Abayobozi n’abakozi b’isosiyeti itwara ibintu bitumizwa mu mahanga yitwa Bolollé Africa Logistics baratangaza ko abanyamahanga bakwiye kwigishwa ibyabaye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko hari abatabizi cyangwa babyumva nabi.
Ikipe ya Miami Heat yegukanye igikombe cya shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), nyuma yo gutsinda San Antonio Spurs amanota 95-88 ku mukino wa nyuma wabaye saa cyenda z’ijoro ku wa gatanu tariki 21/06/2013.
Mu ma saa kumi z’umugoroba tariki 21/06/2013 ikigo cy’imfubyi kitiriwe Mutagatifu Antoine kiri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza cyafashwe n’inkongi y’umuriro maze aho abana b’abakobwa barara harashya.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo, tariki 21/06/2013, bwibutse kandi bwunamira abantu 93 bari abakozi bizahoze ari perefegitura za Gitarama, Butare na Gikongoro bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Muri gereza ya Huye, kuwa 21/6/2013 hatashywe uruganda rukora amasafuriya manini azwi ku izina rya muvero. Uru ruganda barushyizeho ku nkunga ya Croix rouge mpuzamahanga (CICR).
Abagabo bane bo mu murenge wa Rurenge, akagali k’Akagarama, umudugu wa Murambi, bari mu maboko ya Polisi station ya Kibungo bakurikiranweho icyaha cyo gutema inka.
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’ u Rwanda (RDF),yurije mu ntera bamwe mu basirikare bakuru aho Lt.Gen. Patrick Nyamvumba yahawe ipeti rwa Jenerali, ahita agirwa umugaba w’ingabo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yageneye ibikoresho byo kwifashisha mu myuga rumwe mu rubyiruko rwo mu imwe n’imwe igize akarere ka Rulindo. Icyo gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 21/06/2013, cyari kigamije gutera inkungas urwo rubyiruko rwize imyuga.
Abana b’ingagi 12 n’umuryango bahawe guhabwa amazina mu gikorwa ‘kwita izina’ cyaberaye mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze, kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013. Benshi mu bayatanze bakurikije uko babona u Rwanda muri iki gihe.
Umuhango wo kwita izina wari umaze iminsi witegurwa watangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013, witabiriwe n’abaturiye Kinigi, Abanyarwanda baturutse mu bindi bice by’igihugu n’abanyamahanga barenga 450.
Igiko gishinzwe gukora ubushakashatsi ku ngagi KARISOKE Project Center, kiravuga ko cyakira byibura abanyeshuri bari hagati y’100 n’150 ba za kaminuza zitandukanye zo mu gihugu bari mu bushakashatsi ku bijyanye n’ingagi, iyo bari mu bushakashatsi bwabo.
APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Soudan yamaze kuba iya mbere mu itsinda rya mbere nyuma yo kunganya na El Merreikh igitego 1-1 mu mukino wabaye ku wa gatanu tariki ya 21/6/2013.
Abahanga mu bya siyansi bifuza kuzura ubwoko bw’utunyamasyo"Geochelone Abigdoni", nyuma y’aho akanyamasyo rukumbi ko muri ubwo bwoko kitwaga "Georges le solitaire" kari gasigaye kapfuye tariki 24/06/2012.
Orchestre Impala irataramira abakunzi bayo n’Abanyarwanda muri rusange, mu gitaramo bateguye kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013 i Nyamirambo kuri Stade Regional guhera ku isaha ya saa munani z’amanywa.
APR FC ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ririmo kubera muri Soudan yamaze kuba iya mbere mu itsinda rya mbere nyuma yo kunganya na El Merreikh igitego 1-1 mu mukino wabaye ku wa gatanu tariki ya 21/6/2013.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, bavuga ko mbere babagaho mu nzu zidafatika banyagirwa none basigaye baba mu nzu z’amabati.
Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyemeye kubanza gukora ibarura ry’impunzi zahungiye muri iki gihugu kivuga ko zitazwi n’umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi HCR, kugira ngo izabone uko isinya amasezerano aca ubuhunzi muri iki gihugu.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatashye ku mugararagaro ikigo nderabuzima cyo gufasha kuvura ingabo n’abaturage muri rusange. Ikigo kizaba giherereye mu karere ka Gicumbi.
Libératha Mukamana w’imyaka 38 utuye mu mudugudu wa Muganza mu kagali ka Kiruli mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, yafashwe mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013 atetse inzoga iteweme ya Kanyanga.
Dr. Mathias Haberamungu, Minisitiri wa Leta w’amashuri abanza n’ayisumbuye, yasuye abanyeshuri bo mu ishuri rya E S Byimana, kuri uyu wa Gatanu tariki 21/06/2013, nyuma y’uko abari bihishe inyuma y’inkongi z’umuriro baterewe muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’impunzi wabereye mu nkambi ya Kigeme tariki 20/06/2013, impunzi z’Abanyekongo ziri muri iyi nkambi zasabye ko hakorwa ibishoboka byose amahoro akagaruka iwabo maze zigataha.
Ubwo basuraga ahantu himikirwaga abami b’u Rwanda (hitwa i Buhanga cyangwa mu Ruhondohondo), abari mu rugendo kwita izina caravan batangajwe n’uburyo aho hantu hafite amateka akomeye ndetse acyubashywe n’abahaturiye.