Urwunge rw’amashuli rwa Hanika, Maranatha na COSTE & IT Hanika ku mugoroba wa tariki 07/06/2013 byihurije hamwe mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda.
Hashize iminsi hategurwa igitaramo cy’abahanzi bagize itsinda rya “Comedy Night” i Rubavu ariko biza kurangira iki gitaramo kititabiriwe.
Nubwo Henry Hirwa, umwe mu bahanzi bari bagize itsinda rya KGB akaba na musaza wa Nyampinga w’u Rwanda Kayibanda Umutesi Aurore , yitabye Imana, benshi bakomeje kumwifuriza isabukuru nziza ari nako bagaragaza agahinda batewe no kuba yaragiye.
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasabye abaturage kudateza amahane muri gahunda yo kwimuka bahunga ahantu habateza ibyago, kubera ko imibare y’abahitanywe n’ibiza ndetse n’imitungo yangiritse, ngo biteye ubwoba.
Umuganda udasanzwe wabaye mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo, kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/06/2013, waranzwe no gusiza ibibanza, no kubumba amatafari yo kuzubakira abaturage bazimurwa ahantu hahanamye.
Vice perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Sylvie Kayitesi Zainabu, arasaba abacamanza kwihutisha imanza z’imitungo y’abarokotse Jenoside ibyo bibazo bikarangira, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakabona ubwo butabera.
Abaturage bo mu kagari ka Busoro, umurenge wa Nyamyumba, akarere ka Rubavu, bemeza ko kuba badafite amashanyarazi biri mubituma badashobora kwihuta mu iterambere, mu gihe abandi bamaze guhabwa amashanyarazi hari intambwe bateye.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Beach Volleyball mu bakobwa batarengeje imyaka 23, yasezerewe mu gikombe cy’isi kirimo kubera I Myslowice muri Pologne. Bibaye yuma yo gutsindwa imikino itatu yakinnye n’u Butaliyani, Repubulika ya Czech n’u Budage.
Abantu batandatu batandatu baguye mu mpanuka y’igorofa iherutse kugwa mu mujyi wa Nyagatare, bazishyurwa amafaranga y’impozamarira, nyuma yo gusanga nyir’inzu yari afite ubwishingizi bw’abantu 10.
urubyiruko ruri mu itorero ry’gihugu rurashishikarizwa kwandika amateka yarwo aho kugira ngo habe hari undi uzabibakorera, nk’uko byagarutsweho mu biganiro bagiranye n’abayobozi b’itorero ku rwego rw’igihugu babagendereye kuri uyu wa Gatanu tariki 07/06/2013.
Genevieve Mukanama w’imyaka 50, utuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke akora ubworozi b’umwuga bumufasha gutunga abana barindwi akabarihirira amashuri harimo na kaminuza.
Umugabo wiyita umuvugabutumwa yavugiye “ubutumwa bw’Imana” mu isoko riri muri santere ya Kidaho, mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, abantu benshi baza kumva ubwo butumwa bwe bigera n’aho bamuha amaturo.
Umuryango Nyarwanda w’Umuryango w’Abibumbye (United Nations Associations-Rwanda) ugiye gutangiza amahugurwa amahugurwa ku banyeshuri bagera kuri 150. Abo banyeshuri baturutse muri za kaminuza zitandukanye, bategerejweho uruhare mu guhindura imyumvire y’Abanyarwanda ku mitangire ya seirvisi.
Impanuka y’inzu y’amagorofa ane ya Geoffrey Barigye yaguye mu karere ka Nyagatare tariki 14/05/2013, ngo yatewe n’ibikoresho bayubakishije bitari bifite imbaraga zo kwikorera uburemere bwa yo, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’impuguke ryakoze igenzura ku cyaba cyarateye impanuka y’iyo nzu.
Umugabo witwa Vincent Yambabariye wari ucumbitse mu mudugudu wa Mataba y’epfo, akagari ka Kabugondo mu murenge wa Mugina, yatorotse urugo rwe, mu gihe abaturanyi bahasanze umurambo w’umugore we bari baraye batonganye.
Perezida Kagame yibukije ko iterambere rizagerwaho ari uko abayobozi bakoranye n’abaturage, bakabakemurira ibibazo. Yabitangaje mu muhango wo kwakira indahiro z’Abaministiri, Johnson Businjye, Stella Ford Mugabo n’Umuvunyi mukuru wungirije, Clement Musangabatware, kuri uyu wa Gatanu tariki 07/06/2013.
Umuryango wa Imbuto Foundation usanzwe wita ku bibazo by’abana n’imiryango, watangije umushinga wa ‘Mubyeyi, Tera intambwe”, ugamije gukurikirana ibibazo by’abana bata amashuri. Akarere ka Gasabo niko kabimburiye utundi, kuri uyu wa gatanu tariki 07/06/2013.
Abayobozi ba pariki ya Nyungwe biyambaje inzego zitandukanye zo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke dore ko bose bahurira kuriyo Pariki kugirango babafashe gukumira barushimusi bakomeje kubangamira umutekano w’ibinyabuzima bituye muri iyi pariki.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, yifatanyije n’intore ziri ku rugerero mu karere ka Nyanza tariki 07/06/2013 mu muhango wo kuzishimira ibikorwa by’imirimo y’amaboko zakoze biturutse ku bushake n’ubwitange bwazo.
Umudugudu wa Kivugiza wo mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo kuwa kane tariki 06/06/2013 wahawe icyemezo cy’ishimwe ndetse bawuterekera “Intango” mu ruhame nk’ikimenyetso cy’uko wahize indi midugudu yo mu murenge wa Kanjongo mu kwesa imihigo ya 2012-2013.
Ndererimana Bosco wari utuye mu murenge wa Mushonyi yateye icyuma umugore we tariki 03/06/2013, amuziza ko yamutangagaho amakuru igihe yabaga yatorotse TIG, akomeretsa umukobwa we arangije na we anywa umuti wica udukoko twangiza ibihingwa yitaba Imana.
Polisi yo mu karere ka Rubavu yashoboye kugaruza telefoni z’uwitwa Baba Ushindi zari zatwawe n’uwitwa Hassan Sibomana taliki 22/05/2013 nyuma y’uko mu mujyi wa Goma humvikanye umutekano mucye.
Urukiko Rwisumbuye rw’akarere ka Karongi mu kwezi gushize kwa Gicurasi 2013 rwemeje ko abakozi b’Intara baregwaga kwica itegeko rigenga itangwa ry’amasoko ya Leta badahamwa n’icyaha baregwaga n’urukiko rw’Ibanze rw’umurenge wa Bwishyura.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 afungiye kuri station ya Polisi mu mujyi wa Gisenyi azira kuba agira uruhare mu gutera amabuye abamurera.
APR BBC na CSK mu rwego rw’abagabo nizo zifungura irushanwa ryo kwibuka abari abakunzi b’umukino wa Basketball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ryiswe ‘Memorial Gisembe’, ritangira kuri uyu wa gatanu tariki 07/06/2013.
Kuri uyu wa kane tariki 06/06/2013, amakipe y’u Rwanda mu bahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 23, yatsinzwe imikino yayo ibanza mu gikombe cy’isi gikomeje kubera i Myslowice muri Pologne.
Hashize imyaka isaga itanu ikibanza cy’ahahoze Guest House gishyizwe ku isoko kugira ngo abashoramari mu by’ubukeraruhendo bahashyire hotel yo mu rwego rwo hejuru, ariko kugeza n’ubu nta mukiriya uraboneka ngo atangire ahubake.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Transparency International Rwanda bugaragaza ko abikorera ari bo baza ku mwanya wa mbere mu kurya ruswa ishingiye ku gitsina ku rusha izindi nzego mu Rwanda.
Ubuyobozi n’abakozi b’ibitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro, tariki 06/06/2013 bibutse abari abakozi babyo babiri n’umurwaza umwe wari ugemuriye umurwayi akaza kuhicirwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ngaboyisonga Alphonse w’imyaka 57 wari utuye mu kagari ka Rubona mu murenge wa Kinazi yaraye yivuganywe n’abajura mu ijora rya tariki 06/06/2013.
Nyuma y’aho umuriro umaze iminsi wibasira ibigo by’amashuri, mu gitondo cya tariki 06/06/2013 inkongi y’umuriro yibasiye ibitaro bya Ruhango biri mu murenge wa Kinazi hashya ibikoresho bitandukanye.
Umunyasingapuru Elim Chew ari mu Rwanda aho azanywe no kureba uburyo yatanga umusanzu we mu gufasha urubyiruko rutagize amahirwe yo kwiga ngo rurangize amashuri yarwo.
Ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) na Leta y’u Rwanda, mu kagari ka Kigeme mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hagiye kubakwa ikigo kizaba gifite inshigano zo gukumira ndetse no gufasha abazaba bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abakozi bose b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) bibutse ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo guhuza insanganyamatsiko y’uyu mwaka n’inshingano z’icyo kigo, zijyanye no guharanira iterambere cyangwa kwigira.
Mu gihe mu karere ka Ngoma havugwa impanuka zitari nke, abatwara abagenzi ku magare no kuri moto barashinjwa kugira uruhare muri izo mpanuka kubera kwica amategeko y’imihanda.
Mu biganiro ku bijyanye n’ingorane zibangamira umutekano urambye mu karere, abasirikare bari gusoza amasomo y’ubuyobozi n’akazi ko mu biro y’ikiciro cyo hejuru basanze FDLR umutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda ari ryo pfundo ry’umutekano muke mu karere.
Abagore bahagarariye abandi mu karere ka Kamonyi barashima ibyakozwe n’abagore b’Abadepite bari muri manda igiye gucyura igihe, kuko bagaragaje ubufatanye mu kuzamura umugore, bamwegera bakamugira inama bakanatora amategeko amurengera.
Abana b’inzererezi bagera kuri 25 mu mujyi wa Gisenyi biyise intumwa za Shitani kubera ibikorwa bakora by’ubwambuzi no kugirira nabi ushaka kubarwanya mu bikorwa byabo.
Rwinturo Benoît w’imyaka 67 utuye mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara yashimiwe kuba yarahize abandi banyamuryango gukoresha konti ye kuko bigaragara ko yinjiye akanasohoka muri banki inshuro 102.
Abafite amahoteli mu karere ka Rubavu barasaba Leta n’itangazamakuru kugaragaza ko akarere ka Rubavu ari nyabagendwa kubera ko hari abavuga ko umutekano mucye ubera mu burasirazuba bwa Congo ugera no muri ako karere bigatuma bamucyerarugendo bagabanuka bikabatera igihombo.
Nyuma y’uko umugabo witwa Gihana Yohani ukomoka mu murenge wa Mugombwa akarere ka Gisagara yiyahuye anyweye umuti witwa simikombe agapfa, ubuyobozi bw’uyu murenge buratangaza ko nta mpamvu yo kwiyahura bukanahamagarira abayurage kubwiyambaza igihe bafite ibibazo.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 06/06/2013 ahagana mu ma saa mbiri, amazu ane y’ubucuruzi mu mujyi wa Muhanga yafashwe n’inkongi y’umuriro arashya akongokana n’ibyari birimo kuko abari aho batabashije gusohora ibyari birimo.
Imiryango 112 ituye mu kagali ka Kibari, umurenge wa Gikomero, akarere ka Gasabo, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yasezeranye imbere y’amategeko, mu muhango wo gushyingiranya abatari bujuje iryo tegeko, wabaye kuri uyu wa kane tariki 06/06/2013.
Umugore witwa Sinzamuhara Sabine utuye mu murenge wa Butaro, akarere ka Burera, ni rwiyemezamirimo wihangiye umurimo, ashinga uruganda rutunganya umusaruro w’ibigori abibyaza mo “umuceri w’ibigori”.
Minisitiri w’ubuzima, Dr. Binagwaho Agnès, uyu munsi tariki ya 6/6/2013 yasuye ibitaro bya Kaminuza by’i Butare. Amaze kuzenguruka mu mazu mashyashya yubatswe muri ibi bitaro, ndetse no mu maserivisi asanzwe akora, yavuze ko atishimiye isuku yahasanze ndetse n’uburyo ibi bitaro bicungwa.
Dr. Musa Tugilimana, umuganga mukuru ukora ubuvuzi bwo kubaga indwara zitadukanye (Chirurgie Generale), atangaza ko yaretse gukomeza gukorera ubuvuzi bwe i Buryayi aho agiye gutangira kwita ku Banyarwanda batandukanye batabonaga ubuvuzi ashoboye.
Nubwo ubuyobozi buhora bukangurira ababyeyi gusobanurira abana ibirebana n’ubuzima bw’imyororokere, bamwe mu baturage b’akarere ka Rusizi bavuga ko iyi gahunda itari yabacengeramo neza.
Umunya-Espagne Roberto Martinez wahoze atoza Wigan Athletic, yahawe akazi ko gutoza Everton mu gihe cy’imyaka ine ahita yizeza abakunzi bayo ko azayijyana muri ‘UEFA Champions League’ umwaka utaha.