Nyuma y’uko itsinda risuzuma ry’imihigo risuye ibikorwa bitandukanye byahizwe mu mwaka wa 2012-2013 ryashimye akarere ka Gakenke ko ibikorwa kagezeho bifatika bikaba bifitiye akamaro abaturage ariko ngo hari ibyo kagomba kongeramo imbaraga.
Abasore batatu bataramenyekana bibasiye abagore batatu gashaka kubafata ku ngufu ngo babasambanye, abo bagore bagerageza kwirwanaho, umwe arakomereka ariko ntihagira ufatwa ku ngufu.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro bavuga ko bamaze imyaka ibiri barakusanyije amafaranga kugira ngo bahabwe umuriro w’amashanyarazi none barasaba ko ibikorwa byo kubegereza umuriro byakwihutishwa.
Dynamo za sosiyete Chico y’Abashinwa ikora imihanda mu ntara y’Amajyaruguru zafashwe zimaze hafi ukwezi zibuze, kuko byavuzwe ko zibwe tariki 02/07/2013 zikaza kuboneka tariki 31/07/2013.
Gahunda yiswe “Foret Modele” ngo ni gahunda igamije guhuza ibitekerezo by’abantu batandukanye ku bijyanye n’uko babana n’umutungo kamere, bawubyaza umusaruro kandi batawangiza. Ku buryo n’abazabaho nyuma bazasanga uwo mutungo uhari kandi utarangiritse.
Mu Mudugudu wa Kaniga, Akagali ka Nganzo ho mu Murenge wa Gakenke hatoraguwe gerenade yo mu bwoko bw’igiti (Stick) izingazinze mu gashashi hafi y’umuhanda.
Kuri uyu wa Kane tariki 01/08/2013, umusozi uri mu mudugudu wa Gitwa, Akagali ka Munyana mu Murenge wa Minazi ho mu Karere ka Gakenke wibasiwe n’inkongi y’umuriro urashya.
Ishuri rikuru rya Institut Superieur Pédagogique de Gitwe (ISPG) ku nshuro yaryo ya mbere nyuma y’imyaka 20 ritangiye imirimo yo kwigisha, tariki 01/08/2013 nibwo ryashyikirije abanyeshuri 1072 baharangije impamyabumenyi zabo.
Bamwe mu baturage b’akarere ka Muhanga bamaze gutura mu midugudu baratangaza ko bafite ikibazo cyo kutagira amazi hafi; ibi bikaba ari imbogamizi ku iterambere ryabo ndetse no ku mibereho myiza yabo.
Intumwa zihagarariye u Rwanda mu nama yazihuje na bagenzi babo bo muri Uganda na Kenya, zifuza ko indangamuntu yatangira gukoreshwa bitarenze amezi atatu, nk’urwandiko rw’inzira muri ibyo bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC).
Kuva saa yine z’igitondo kuri wa 01/08/2013 inzego z’umutekano wa Congo zatangiye gufunga umupaka muto uhuza Gisenyi na Goma ku bantu bava mu Rwanda bajya Goma mu gihe ku ruhande rw’abava Goma binjira mu Rwanda nta kibazo bagira.
Ubuyobozi bushinzwe imirimo yo gutunganya igice cyagenewe inganda cya Kigali SEZAR (Special Economic Zone) ziherereye i Nyandugu buratangaza ko imirimo iri ku kigero kiza. Bukemeza ko Abanyarwanda bazabyungukiramo babona imirimo ubwo hazaba hatangiye gukora neza.
Kuba hari ababyeyi babyarira mu bitaro bya Mibirizi babura abana babo mu gihe cyo kubyara ngo bishobora kuba biterwa n’uburangare bw’abaganga bakora muri ibyo bitaro; nk’uko byavugiwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi tariki 31/07/2013.
Hashize igihe abaturage biyama umuyobozi w’akagari ka Rwinji ho mu murenge wa Nkombo kwinjira mu ngo z’abandi ariko ngo bikaba iby’ubusa kugeza n’aho abana be baje gutabaza inzego z’umutekano kuwa 31/07/2013, bavuga ko umubyeyi wabo ababangamiye.kugeza
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) buratangaza ko ku bufatanye n’ibitaro bya gisirikari bya Kanombe, abakinnyi bose bo mu cyiciro cya mbere bazapimwa ubuzimwa bwabo mbere y’uko shampiyona itaha itangira.
Mukantwari Laurence w’imyaka 42 ni umupfakazi w’abana bane, afashwa n’umushinga wa Compassion International, ahamya ko ibyo uyu mushinga umaze kumugezaho uramutse uhagaze atasubira inyuma ngo yongere kubaho nabi.
Rwarutabura wagaragaye cyane nk’umufana ukomeye wa Senderi International Hit mu bitaramo bitandukanye bya Primus Guma Guma Super Star ngo yaba yarashimishijwe cyane n’uko uyu muhanzi yavuye muri aya marushanwa asezerewe.
Abaturage batuye mu mirenge ya Gatare na Buruhukiro yo mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bateze inyungu nyinshi ku ruganda rw’icyayi ruri kubakwa mu murenge wa Buruhukiro ndetse bamwe ngo batangiye gusogongeraho.
Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda ya Basketball Hamza Ruhezamihigo ukinira muri Canada yageze mu Rwanda gufatanya na bagenzi be imyitozo bitegura kujya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire kuva tariki 20/08/2013.
Rwanda Christian Film Festival ni iserukiramuco rya Sinema Nyarwanda ritegurwa na Chris Mwungura rikaba ryaratangiye umwaka ushize wa 2012.
Kuri sim card 6,596,005 zari ziri ku murongo mu Rwanda hose izigera kuri 6,110,138 nizo babashije kubarurwa kugeza tariki 31/07/2013. Bivuze ko sim card 485,867 zavanwe ku murongo.
Yumvuhore Rudoviko w’imyaka 87 akaba atuye umudugudu wa Mataba, akagari ka Nkingo,mu murenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi arasanga byaba byiza Umuganura wongeye kwizihirizwa ku rwego rw’umudugudu nk’uko byahozeho kera.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’abatarengeje imyaka 21, ku wa kabiri tariki 06/08/2013 izerekeza mu gihugu cya Turukiya, mu rwego rwo kwitegurirayo imikino y’igikombe cy’isi kizahabera kuva tariki 22/08/2013.
Umuhanzi Simon Kabera agiye kumurika amashusho ya alubumu ye ya mbere yise “Munsi yawo” ku cyumweru tariki 18/08/2013.
Ishyamba ry’umuturage riri mu mudugudu wa Nyamuhunga mu kagari ka Save mu murenge wa Ruharambuga wo mu karere ka Nyamasheke, ryibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro rishyira tariki 31/07/2013; cyakora abaturage n’inzego zishinzwe umutekano bahise batabara ribasha kuzima hatarasha hanini.
Komisiyo y’igihugu y’amatora iributsa abaturage ko igihe cy’amatora y’abadepite cyegereje, ikaba ibasaba kwireba ku rutonde rw’abantu bemerewe gutora kugirango ku munsi w’itora batazabuzwa amahirwe yo gutora abakandida babo.
Mu gihe abagore bavuga ko abagabo batitabira gahunda yo kuboneza urubyaro kubera kamere yabo yo kwikunda, abagabo bo bavuga ko batinya ko bakwifungisha hanyuma abagore babo bakajya kubyarana n’abandi.
Nubwo benshi mu batuye akarere ka Kamonyi bitabiriye kwibumbira mu matsinda bahanamo amafaranga bakabasha gukemura bimwe mu bibazo bya bo; bamwe mu bahagarariye amatsinda basabwe kubyaza ayo mafaranga inyungu batanga inguzanyo ku banyamuryango.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro umushinga ““Umugore Arumvwa” mu karere ka Gatsibo, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Uwimpuhwe Esperence yagarutse ku gaciro k’umugore mu muryango Nyarwanda.
Korali Itabaza izakora igitaramo cyo kurwanya ibiyobyabwenge bise « Imbaraga z’umukristu mu kurwanya ibiyobyabwenge » mu rwego rwo kugira ngo abantu bareke gukomeza kumugazwa nabyo kandi bagakwiriye kubireka bakagira ubuzima bwiza.
Nubwo Leta yashyizeho gahunda y’uburezi kuri bose, bamwe mu bana bafite ubumuga bagira ikibazo cyo kwiga kubera impamvu zinyuranye akaba ariyo mpamvu umushinga wa NUDOR urasaba abafite mu nshingano uburezi kwita ku burezi bw’abo bana by’umwihariko.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Philbert Nsengimana, arasaba abahanzi b’ibyamamare kwirinda icyorezo cya SIDA kuko ngo cyo kitazi ubuhangange bwabo.
Mu masaha ashyira saa munani n’igice zo kuri uyu wa Gatatu, tariki 31/07/2013, abatuye mu mirenge ya Kagano na Bushekeri mu karere ka Nyamasheke batunguwe n’ubukwe budasanzwe aho abakwe bari batwaye moto bahetse abageni babo.
Ikigo gishinzwe ingufu, amazi, isuku n’isukura (EWSA) cyatangaje ko kubera ubucye bw’amazi muri iki gihe cy’impeshyi, cyashyizeho uburyo bwo kuyasaranganya mu bice bitandukanye bya Kigali.
Abasore 9 b’abanyeshuri biga ubuganga mu mujyi wa Goma kuri uyu wa gatatu tariki 31/07/2013 bafatiwe ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo bazira ko Umunyecongo yafashwe n’inzego z’umutekano w’u Rwanda.
“Runonko” ni uburyo bwo kotsa ibintu bitandukanye cyane cyane ibinyamafufu hakoreshejwe ibinonko, bigakunda gukorwa n’abana bato cyane cyane ku gihe cy’Icyi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB), cyatangaje igipimo cy’imiyoborere mu Rwanda (Rwanda governance scorecard) kuri uyu wa kabiri tariki 30/7/2013, aho kigaragaza ko umutekano, kugendera ku mategeko, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa, uburenganzira bwa politiki n’ubwisanzure, byateye imbere cyane mu mwaka wa 2012.
Abaturage bo mu Murenge wa Maraba, Akagari ka Shyembe umudugudu w’Akarambi bagera kuri 70 bari bivuganywe n’ikigage banyoye ku musore witwa Iyakarememye Jean Pierre, tariki 30/07/2013.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza (RCS) ruratangaza ko bamwe mu bagororwa barangije ibihano byabo ku byaha bya Jenoside bakoze, batinda gutaha ahanini biturutse ku kuba amadosiye yabo atuzuye kubera aho bafunzwe mbere y’uko bakatirwa.
Riderman, umuririmbyi wo mu Rwanda w’injyana ya Hip Hop, atangaza ko atazigera ashora amafaranga ye asaba abantu kumutora kugira ngo azegukane igihembo cya PGGSS III (Primus Guma Guma Super Star) ngo kuko byaba ari ukwitora. Ngo ahubwo yizeye ko bazamutora kuko babonye ko ashoboye.
Kimwe mu byo akarere ka Musanze kesheje byari bikubiye mu mihigo kagiranye n’umukuru w’igihugu ni ugutangiza ikigo gishinzwe gutanga amakuru arebana n’ubukerarugendo. Aka karere kakaba kishimira ko n’uyu muhigo kawuhiguye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwatangaje ko impunzi z’Abanyekongo 320 zahungiye mu murenge wa Busasamana zigiye kujyanwa mu nkambi ya Nkamira kugira ngo HCR ikorera mu Rwanda ivugane na HCR ya Congo zisubizwe mu gihugu cyabo.
Itsinda ryari rimaze iminsi ibili mu karere ka Karongi risuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2012-2013, riratangaza ko akarere ka Karongi gahagaze neza, ariko ngo hari ibigomba gukosorwa mu mikorere ya raporo y’imihigo.
Nyuma y’igitaramo cya Chorale de Kigali cyanyuze benshi kuri iki cyumweru tariki 28/07/2013 muri hotel Umubano i Kigali, abataragize amahirwe yo kugikurikirana barifuza ko iyi korali yazajya no kubataramira mu Ntara.
Ubutumwa bushimangira uruhare rwa buri wese mu gukumira abangiza ibidukikije ni bwo butangwa n’ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare.
Abashoferi batwara imodoka zo mu bwoko bwa rukururana bava mu muryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) berekeza i Bukavu, muri Congo barinubira kubura ubwiherero n’amazi meza dore nta misarani rusange ibayo.
Robert Mugabe umaze imyaka 33 ku butegetsi bw’igihugu cya Zimbabwe yatangaje ko igihe cyose azatsindwa amatora arimo guhatana na mukeba we muri politiki w’igihe kirekire Morgan Tsvangirai azegura.
Urwibutso rwa Jenoside mu karere ka Rubavu rukomeje guhura n’ibibazo byo kubura amafaranga agomba gukoreshwa mu kurwubaka atabonekera igihe bikadindiza ibikorwa.
Kuri uyu wa gatanu tariki 02/08/2013, Shining Stars izakora igitaramo cyo kubyina yise “Drama and Dance Gospel Concert” kizabera ku itorero Christian Life Assembly i Nyarutarama guhera 16h00 kugeza 20h00 aho kwinjira bizaba ari ubuntu.