Umuhanzi Alexis Dusabe yateguye igitaramo yise ‘‘Golghotha Vibrant Live Concert’’ kizabera muri Kigali Serena Hotel tariki 30/06/2013 ariko isaha n’amafaranga yo kwinjira mu gitaramo ntibiratangazwa.
Akimanizanye Belancile, umugore uri mu kigero cy’imyaka 55 utuye mu mudugudu wa Kibingo, akagali ka Musezero, umurenge wa Rwaza avuga ko kuva aho ubutaka bwe butangiriye kurigita mu ntangiriro za 2012, imibereho ye yasubiye inyuma, kuko ngo nta cyamusimburira ubutaka yatakaje.
Abatuye umudugudu wa Mirama ya mbere mu kagari ka Nyagatare mu murenge wa Nyagatare baratangaza ko muri iyi minsi uragaragaramo ubujura bukabije.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bufatanyije n’umushinga wo gufata amazi, ubutaka no kuhira imirima y’imusozi (LWH) ukorera muri Minisiteri y’ubuhinzi bakomeje guhamagarira abantu babishaka bose kuza muri ako karere bagahabwa akazi ko gukora mu materasi y’indinganire.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arahamagarira abandi bayobozi mu nzego zinyuranye ku mugabane wa Afurika gufatisha yombi amahirwe menshi y’iterambere Afurika ifite iki gihe, bakayabyaza umusingi w’iterambere rirambye Abanyafurika basonzeye.
Abahinzi bahinga umuceri mu gishanga cya Ntende mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko igihe cy’izuba batabona umusaruro uhagije kuko umusaruro w’ubuhinzi uba muke cyane.
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Nyamagabe bari kurebera hamwe uburyo umwanzuro wo gutunganya umudugudu w’icyitegererezo mu iterambere rikomatanyije bahuriyeho (JADF IDP Model Village) bafatiye mu rugendo shuri bagiriye mu karere ka Rubavu washyirwa mu bikorwa.
Abibumbiye mu makoperative y’urubyiruko asaga 15 yo mu karere ka Nyabihu bemeza ko bamaze kugera ku bikorwa by’iterambere bifatika kandi bishimishije babikesha gushyira hamwe, ubwumvikane, gusenyera umugozi umwe ndetse no kujya inama kubyo bakora bibateza imbere.
Mu gutangiza icyumweru cyahariwe kurenganura abaturage no kurwanya ruswa, tariki 27/05/2013, Umuvunyi mukuru, Cyanzayire Aloysia, yakiriye ibibazo by’abaturage mu karere ka Gicumbi byiganjemo ibirebana n’amasambu.
Rutahizamu w’ikipe ya Santos yo muri Brazil, Neymar da Silva Santos Júnior w’imyaka 21, yasinye amasezerano y’imyaka itanu yo gukinira ikipe ya Barcelona imuguze miliyoni 30 z’ama Euro.
Hasize imyaka irindwi abaturage bo mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera batarahabwa ingurane z’imyka yabo yangijwe igihe umushinga wa SOGEA SATOM wakwirakwizaga amazi mu ngo muri uyo murenge.
Umusore witwa Jean Bosco Karahanyuze utuye mu murenge wa Bungwe, akarere ka Burera ahamya ko icuguti cyangwa igitogotogo cye yakoze mu biti kimurutira igare rikoze mu byuma ngo kuko cyimwinjiriza amafaranga igare ridashobora kwinjiza.
Imibare itangwa n’akarere ka Gakenke igaragaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2012-2013 inka 1041 zorojwe abaturage batishoboye muri gahunda ya Girinka.
Biteganyijwe ko uyu mwaka w’imihigo wa 2012-2013 urangirana n’impera za Kamena, Ikigo Nderabuzima cya Muyongwe kizaba cyuzuye mu gihe Ikigo Nderabuzima cya Kamubuga cyo cyatangiye gukora.
Zirimabagabo Epaphrodite w’imyaka 25 utuye mu Kagali ka Muhaza mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke arwariye mu Bitaro bya Nemba nyuma yo gutemwa n’umugore wamufatiye mu cyuho amwiba.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta, Angelina Muganza, avuga ko akarere ka Kamonyi karenganyije umwe mu bakozi b’ako kimwe n’izindi nzego za Leta zigiye zitandukanye mu gihugu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buri kugenzura abororera inka mu nkengero z’ishyamba rya Gishwati bavugwaho kwigabiza inzuri za Leta nta wazibahaye rimwe na rimwe ndetse hakavukamo n’ubwumvikane bucye biturutse ku kugonganira kuri izo nzuri.
Bamwe mu bashigajwinyuma n’amateka bo mu kagari ka Kagina, umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi, batangaza ko bataretse gukora umwuga w’ububumbyi, ahubwo bahinduye uburyo babikoragamo.
Umujyanama Mukuru mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Miturire (UN Habitat) mu karere akaba anashinzwe u Rwanda by’umwihariko, Dr Jossy Materu, yatangije amahugurwa y’iminsi itanu agenewe abafite imiturire n’imicungire y’ubutaka mu nshingano mu karere ka Nyamasheke.
Ministiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yavuze ko kuba uruganda rw’isukari rwa Kabuye rwarahagaritse imirimo yarwo kuva itumba ry’uyu mwaka ritangiye, bisanzweho kubera imyuzure no koza amamashini, kandi ngo nta ngaruka z’ibura ry’isukari kuko ubusanzwe urwo ruganda rutanga umusaruro utarengeje 20%.
Tariki 27/05/2013, Abakongomani bavuga Ikinyarwanda bari mu nkambi zo mu Rwanda bibutse ku nshuro ya 10 ababo bazize ubwicanyi bwabakorewe ahantu hatandukanye muri Congo (Mukoto, Ngungu, Bukavu, Karehe, Lubumbashi, Kamina, Kinshasa), mu Rwanda (Mudende no mu kambi ya Nkamira) no mu Burundi mu Gatumba.
Nubwo Perezida wa Tanzaniya yari yasabye ko Leta y’u Rwanda yakwicarana na FDLR mu biganiro bigamije kubaka amahoro arambye mu karere no muri Kongo-Kinshasa by’umwihariko, Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko itazigera ijya mu biganiro n’uwo mutwe.
Hashize iminsi mike umuhanzi Eric Mucyo na Jay Polly bashyize hanze indirimbo bakoranye bise “I Bwiza” ikaba ari indirimbo iri gukundwa cyane kandi yumvikanamo ubuhanga buhanitse haba mu miririmbire, imihimbire ndetse n’imicurangire.
Perezida Kagame yitabiriye inama ya 48 ya banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB) yatangiye tariki 27/05/2013 mujyi wa Marrakech mu gihugu cya Maroke. Iyi nama izibanda ku bicyenewe mu kuzamura ubukungu bw’Afurika ku buryo burambye.
Nyuma yo kugaragaza ko yabyaye igisimba ariko ntibivugweho rumwe n’abantu batabdukanye barimo n’abaganga, Mushimiyimana yashyize yemera ko ibyo yavuze yabeshye ahubwo ari urukwavu yaguze akarubaga kugira ngo azemeze umugabo we ko abyara.
Umuhango ngaruka mwaka wo Kwita izina ingagi mu Rwanda, ukurura abantu benshi baturutse hirya no hino ku isi, urateganywa kuba tariki 22/06/2013. Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kigatangaza ko agashya k’uyu mwaka ari uko hazagaragazwa uruhare rw’abaturiye iyi pariki.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB), Dr Mbonigaba Jean Jacques, avuga ko hagiye kuba impinduka mu bucuruzi bw’ifumbire mva ruganda isanzwe itumizwa hanze na Minisitere y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI).
Mu muhango wo kwibuka Abatutsi bazize Jenoside ndetse no gufasha abarokotse batishoboye bo mu karere ka Nyagatare, Pasiteri Bucyeye Coleb uyobora itorero Revival Faith Center Ministries muri ako karere yavuze ko iyo udahaye agaciro uwapfuye azize ubusa bisobanura ko n’uwasigaye udashobora kukamuha.
Mu bice byegereye imipaka ihuza akarere ka Rusizi na Congo, hamaze iminsi havugwa abantu bavunja amafaranga n’Abanyekongo rwihishwa badakurikije uko igiciro cy’ifaranga gihagaze ku isoko.
Umuganda wabaye tariki 25/05/2013 mu karere ka Nyabihu wahujwe no gutangiza icyumweru cy’ibidukikije maze hakorwa inyoroshyasuri cyangwa se “check dams” mu mirima y’abaturage,ahantu iyi suri ikunze kwibasira.
Abakozi n’abanyeshuri 13 bahoze muri ETO Kibungo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bibutswe kuri uyu wa 25/05/2013.
Mu gitondo cya tariki 25/05/2013 imbere y’umuryango wa Habagusenga Edson utuye mu kagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, hatoraguwe gerenade yo mu bwoko bwa Tortoise ihateze ku rugi.
Njyanama y’akarere ka Ngoma yemeje umushinga ukubiyemo ibikorwa by’iterambere ry’aka karere (DDP) bizakorwa mu gihe cy’imyaka itanu bikazatwara amafaranga miliyari 76, miliyoni 731 n’ibihumbi 440. Ibikorwa remezo kiziharira 60% by’iyi ngengo y’imari.
Impuguke mpuzamahanga mu bijyanye n’ubukerarugendo zirateganya guhurira mu Rwanda, ku butumire bw’Ishuri rikuru ry’ubukerarugendo (RTUC), aho zizaba ziganira ku buryo u Rwanda n’umugabane w’Afurika muri rusange, bagira ubumenyi bubafasha gukurura ba mukerarugendo benshi bo hirya no hino ku isi.
(*Ni ukubera iki abamotari bakwepa abapolisi ?!) Salama ! (Mukomere!) Za masiku? (amakuru y’iminsi ?)
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Muyobokimana Jean Pierre w’imyaka 34, nyuma yo gukekwaho kwica umuturanyi we witwa Mukambora Dancilla w’imyaka 60 amukubise umuhini w’isuka mu mutwe.
Ishuri rya Centre Scolaire Amizero riri mu karere ka Ruhango ryatashye ku mugaragaro inyubako z’amashuri harimo n’ubwiherero n’igikoni bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 142.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imfubyi Orphelinat Imbabazi butangaza ko gahunda yo gushyira abana mu miryango igenda neza k’uburyo mu bana 100 cyari gifite hasigaye abana bane gusa batarabona imiryango ibakira.
Nyuma yo gukangurirwa gukumira no kurwanya inkongi z’imiriro aho zigaragara ubu ahenshi mu karere ka Gisagara, nta bikoresho bihari byakwifashishwa mu gihe izo nkongi z’ imiriro zaba zibonetse.
Izabayo Elia w’imyaka 17, wari utuye mu mudugudu wa Mpandu mu kagali ka Karama,umurenge wa Kazo,wakoraga umwuga wo gutwara abantu ku magali yatoraguwe tariki 24/05/2013 mu kizenga cy’amazi (icyinyonzo) i Karama, yarishwe anamburwa igari.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa guhorana inyota yo gusobanukirwa n’ibarurishamibare, hagamijwe ko badakora amakosa mu bijyanye no gukusanya amakuru, kuko iyo batanze amakuru atariyo bidinziza iterambere ry’igihugu.
Sindambiwe Theoneste w’imyaka 22 wo mu mudugudu wa Kamonyi mu kagari ka Murambi, mu murenge wa Cyato wo mu karere ka Nyamasheke yagwiriwe n’ikirombe kimuheza umwuka ubwo yari yagiye kwiba amabuye y’agaciro ya coltan mu kirombe cya Koperative CODINYA muri uwo murenge.
Umuryango w’abafasha b’abakuru b’ibihugu bya Afurika urwanya SIDA (OAFLA), watoreye madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, kuwubera visi Perezida, mu matora yabereye i Addis Ababa mu gihugu cya Ethiopia, kuri iki cyumweru tariki 26/05/2013.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange wabaye tariki 25/05/2013, abaturage bafatanyije n’abagize amakoperative yo gutwara abantu ku magare n’amapikipiki hamwe n’ingabo z’igihugu zikorera mu karere ka Nyanza bikemuriye ikibazo cy’umuhanda n’iteme ryari ryarasenyutse.
Urubuga rwa Twitter rukoreshwa cyane cyane n’abantu bafite inshingano zikomeye mu nzego zitandukanye nk’abayobozi bakuru mu ntumbero yo kumenyekanisha ibyo bakora no guhanahana amakuru n’abantu bo mu gihugu ndetse no ku isi hose.
Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda arasaba abaturage bo mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, kureka burundu ikiyobyabwenge cya kanyanga kuko bizatuma umutekano usagamba mu ngo zabo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu kagali ka Nyanza mu mudugudu wa Kavumu bakomeje kwibasirwa n’ubujura bubibasira mu ngo bakibwa ibikoresho bitandukanye ndetse n’imyaka yabo yo mu mirima.
Mukamana Alphonsine na Mukagashugi Mariam bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 24/05/2013 bakurikiranyweho gucuruza inzogo itemewe y’Igikwangari.