Murekezi Vincent, umucuruzi w’Umunyarwanda wahungiye muri Malawi kubera ibyaha bishamikiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi akurikuranyweho, yasabiwe kuburanishirizwa mu Rwanda.
Umuhanzi Aline Gahongayire uri kwitegura kumurika umuzingo (Album) w’indirimbo ze yise “New woman”, avuga ko ashimira Imana kuba yarataye ibiro.
Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo bari mu ruzinduko rwo kureba uko bagenzi babo bo mu Rwanda bashyiraho amategeko.
Kuri ubu mu Rwanda ahavurirwa kanseri hose ngo bikorwa n’abaganga bize ibintu bitandukanye kuko nta nzobere n’imwe muri iyi ndwara ihari bigatuma hiyambazwa abanyamahanga.
Kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2017, Urukiko Rukuru rwatangiye urubanza rw’ubujurire rwa Diane Rwigara n’umubyeyi we Mukangemanyi Rwigara Adeline.
Abarwanashyaka b’amashyaka PSR na UDPR barahamagarira Abanyarwanda kwamagana ibikubiye muri raporo zitandukanye z’u Bufaransa zirimo n’ubuhamya butangwa bugamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Natty Dread, umurasta akaba n’umuhanzi wo mu Rwanda ahamya ko nta gahunda afite yo kurekeraho kubyara kuko ngo aramutse abikoze yaba yishe itegeko ry’Imana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mujyi wa London mu Bwongereza aho yitabiriye ibirori yaherewemo igihembo cya "World Tourism Award 2017".
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda bari bagiye muri Ethiopia ndetse bakanayitsindira iwayo bamaze kugera i Kigali aho bagiye gukomeza imyitozo
Ibihugu bya Afurika bifite ingabo na Polisi mu butumwa bw’amahoro, bikomeje gushakira hamwe uburyo havugururwa imikorere yo kurinda abasivili bakunze kwibasirwa n’intambara.
Umubare w’abarwanyi ba FDLR bataha mu Rwanda uriyongera uko iminsi ishira, abataha bakavuga ko biterwa n’imibereho no kubura ibyo baba bizejwe.
Abanyarwanda barahamagarirwa kwipimisha ubwandu bw’agakoko gatera SIDA kugira ngo bamenye uko bahagaze bityo bahabwe imiti igabanya ubukana bw’ako gakoko.
Ikipe y’u Rwanda ikoze akazi gakomeye aho itsinze Ethiopia ibitego 3-2 mu mukino ubanza wo gushaka itike ya CHAN izabera muri Maroc umwaka utaha
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2017 Umupaka uhuza u Rwanda n’Umujyi wa Bukavu wafunzwe, kubera imirwano hagati y’ingabo za Congo FARDC, n’abapolisi barindaga Abbas Kayonga (Dada) wari ushinzwe kurwanya Magendu mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ibigo bifite aho bihurira n’iby’umutungo mu by’ubwenge bikangurira abafite ibihangano kumenya uburenganzira bwabo, kugira ngo bibabyarire inyungu mbere y’abandi.
Ese waruzi ko hari abakuru b’ibihugu by’Africa batatu, bafite ibintu bahuriyeho mu buryo butangaje? Abo bakuru b’ibihugu ni Kagame Paul, Uhuru Kenyatta, na Dr John P. Magufuli.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda na Ethiopia kuri iki cyumweru baraza kuba bakina umukino ubanza wo gushaka itike yo kwerekeza muri CHAn izabera muri Ethiopia muri Mutarama 2018
Abavandimwe babiri bakomoka muri Kenya Changawi Mzai na Chufaa Changawa nibo begukanye irushanwa rya Tennis Rwanda open circuit ryaberaga i Kigali.
Madame Jeannette Kagame arasaba ababyeyi guha abana babo umurage wo kubarihira amashuri, kuko ariwo murage w’ingenzi baba bahaye abana babo.
Amarushanwa y’ubwiza ya Miss Earth yaberaga muri Philippines yitabiriwe na Miss Uwase Hirwa Honorine wagiye aserukiye u Rwanda, yegukanwe na Miss Philippines hanyuma Igisabo we ataha amaramasa.
Ministeri y’Urubyiruko itangaza ko igiye gukoresha urubyiruko kugira ngo ruhore rujya gukora umuganda no gususurutsa abatishoboye batujwe mu midugudu y’icyitegererezo.
Abishyuzwa n’abishyura Parikingi z’imodoka baravuga ko banyuzwe n’uburyo bushyashya bwo kwishyuza amahoro ya parikingi hakoreshejwe ikoranabuhanga rya E-Pariking.
Umuhanzi Senderi ntiyemeranya n’abavuga ko atakigezweho kuko we afite ibikorwa akora buri munsi ahubwo ari itangazamakuru ritamuha umwanya nk’abandi bahanzi.
Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) itangaza ko abana bafite ubumuga n’abatabufite boherezwa n’ababyeyi babo gusabiriza babavutsa uburenganzira bwabo.
Ikipe ya Kiyovu Sports itsinze Gicumbi, ihita ijya ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) n’Inteko Ishinga amategeko, bivuga ko nta tegeko ryemera kwinjiza mu gihugu ibiribwa byahinduriwe uturemangingo (OGM).
Abahanga mu mirire bahamya ko kurya inyama ari ngombwa ku mubiri w’umutu ariko ngo kuzirya kenshi nanone si byiza ku mubiri w’umuntu.
Umuhanzi Mani Martin yizeje abantu igitaramo batigeze babona ubwo azaba amurika umuzingo we wa gatanu yise “Afro” kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Ugushyingo 2017.
Abaturage ntibishimiye ikiciro cy’ubuhinzi n’ubworozi ugereranyije n’ibindi byiciro 15 bifitiye akamaro igihugu mu Rwanda, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi buheruka gushyirwa ahagaragara.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ugushyingo 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihinduka.
Umuryango Nyarwanda wita ku muco wo kubaka amahoro AEGIS Trust, uratangaza ko kwigisha amahoro mu mashuri bizahindura urubyiruko rwa nyuma ya Jenoside.
Hakizimana Amani uzwi mu muziki nka Ama-G The Black ari kwitegura ubukwe kuburyo n’impapuro z’ubutumire yamaze kuzishyira hanze.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM) itangaza ko kuba u Rwanda rwarasinye amasezerano y’Ibihugu bigize umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (ITO), bizagabanya igiciro abatumiza ibintu hanze batangaga.
Deo Ngarukiye w’i Nyaruguru yishimira ubuhinzi bw’icyayi akuramo asaga ibihumbi 500 buri kwezi, none yaniyemeje kureka guhinga ibindi bihingwa.
Umutoza w’ikipe y’iguhugu Antoine Hey yaraye ahamagaye abakinnyi 18 bagomba kwerekeza muri Ethiopia kuri uyu wa Gatanu, gukina umukino wo gushaka itike ya CHAN.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Nyamurinda Pascal ahamya ko isuku muri uwo mujyi ihari ariko ngo ntiragera ku rwego rushimishije.
Umuhanda mushya uturuka mu Mujyi ugana Nyabugogo umaze igihe gito ubaye nyabagendwa n’ubwo igice cyawo cyo kuva ahazwi nko kuri Yamaha kugera Nyabugogo kitararangira neza.
Missosology, igitangazamakuru kabuhariwe mu gukurikirana amarushanwa y’ubwiza akomeye abera ku isi, cyagaragaje ba Nyampinga 15 bahatanira ikamba rya Miss Earth 2017, berekanye ko bazi ubwenge.
Inama y’Abaporotesitanti mu Rwanda (CPR) yatangaje ko basabye imbabazi kandi ikirimo kuzisaba kubera abakirisitu b’Abaporotesitanti bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umutoza Antoine Hey arizeza ko Amavubi azasezerera Ethiopia n’ubwo atabonye umwanya wo gukina umukino wa gicuti wo kwitegura.
Umugore ukomoka muri Tanzania ufite ubuhanga mu gukina umupira w’amaguru yagaragaye mu Mujyi wa Kigali yarangaje abantu kubera “udukoryo” yakoraga.
Urukiko rw’ibanze rwa Bwishyura ruri mu Karere ka Karongi rwakatiye Rwema Peter iminsi 30 y’igifungo y’agateganyo kubera icyaha akekwaho cyo gusambanya umukobwa ku ngufu.
Abayobozi n’abakozi b’Akarere ka Nyamasheke ntibazongera gukorera mu nzu zishaje babyigana kuko batashye inyubako nshya bazajya bakoreramo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Gicumbi, Bihezande Bernard hamwe n’abakozi babiri bakoranaga batawe muri yombi bakurikiranyweho kunyereza umutungo wa Leta.