Gufunga no kwirukana Abanyarwanda muri Uganda bihabanye n’amasezerano ya Luanda
U Rwanda ruramagana ibikorwa byo guta muri yombi Abanyarwanda bari muri Uganda no kubirukana muri icyo gihugu mu buryo budakurikije amategeko.

U Rwanda ruravuga ko ibyo bikorwa bibangamiye amasezerano yashyiriweho umukono i Luanda muri Angola hagati y’u Rwanda na Uganda muri Kanama uyu mwaka.
Abanyarwanda 33 barimo abagore 17 bagejejwe ku mupaka wa Cyanika ku mugoroba wo ku wa 27 Ugushyingo 2019, nyuma y’ubuzima bubi bwo gutotezwa, gukubitwa no gufungwa babagamo mu gihugu cya Uganda.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru kandi, ku wa mbere tariki 25 Ugushyingo 2019, inzego z’umutekano muri Uganda zataye muri yombi Abanyarwanda babarirwa hagati ya 150 na 200, bakaba barafatiwe i Kisoro mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Uganda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ushinzwe umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, ahereye ku Banyarwanda 33 birukanywe muri Uganda mu ijoro ryo ku wa 27 Ugushyingo 2019, yavuze ko ibyo Uganda irimo gukora bihabanye n’ibikubiye mu masezerano ya Luanda ibihugu byombi byashyizeho umukono.
Yanavuze ko ibyo bikorwa bitubahirije imyanzuro y’inama iheruka kubera i Kigali, inama yari igamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze iminsi hagati y’u Rwanda na Uganda.

Ambasaderi Nduhungirehe yabwiye KT Press ko ibyo Uganda ikora byo gufunga no kwirukana Abanyarwanda muri Uganda birushaho kuremereza ibibazo, bikaba ari no kurenga ku masezerano ya Luanda.
Ambasaderi Nduhungirehe yavuze ibi nyuma y’uko Uganda yari imaze kwirukana Abanyarwanda 33 biganjemo abagore.
Mu masezerano y’i Luanda yo ku itariki 21 Kanama 2019 harimo ingingo ivuga ko ibihugu by’u Rwanda na Uganda byemeranyijwe koroshya ubucuruzi, koroshya urujya n’uruza, n’ibindi bikorwa bitandukanye byambukiranya imipaka mu rwego rwo gushakira imibereho myiza abaturage b’ibihugu byombi.
U Rwanda kandi rwamaganye amakuru yatangajwe na bimwe mu bitangazamakuru bishamikiye kuri Leta ya Uganda, amakuru avuga ko abirukanywe cyangwa abafunzwe ari abahunze u Rwanda bashakaga ubuhungiro muri Uganda.
Nduhungirehe yavuze ko ayo makuru ari ibinyoma bigamije gushyigikira ibikorwa bibi bya Leta ya Uganda, kuko abirukanywe muri Uganda ari abaturage bari bamaze igihe kirekire batuye muri Uganda, abandi bakaba bari bahafite akazi kazwi kandi bakoraga mu buryo bwemewe n’amategeko.
Abirukanywe muri Uganda barifuza gusubizwa ibyabo basizeyo bagasubizwa n’amafaranga bambuwe n’abapolisi ndetse n’abasirikari ba Uganda.
Inkuru bijyanye:
Uganda: Abanyarwanda bagera kuri 200 batawe muri yombi
Abanyarwanda 33 birukanywe muri Uganda
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|