Hari abarokotse Jenoside batifuza gusubira aho barokokeye

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, bavuga ko batifuza guturana n’ababahemukiye, bagahitamo gutura kure y’aho barokokeye.

Uwimana Jean avuga ko atarabohoka kubera ko ababahekuye batabasabye imbabazi
Uwimana Jean avuga ko atarabohoka kubera ko ababahekuye batabasabye imbabazi

Uwimana Jean utuye mu karere ka Nyagatare, avuga ko atajya yifuza gusubira iwabo aho yarokokeye Jenoside kuko abamuhemukiye batamusabye imbabazi.

Uwimana atuye mu kagari ka Rwentanga umurenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare. Avuga ko yarokokeye Jenoside i Mutete mu karere ka Gicumbi.

Nyuma ya Jenoside yahisemo kuza gutura mu karere ka Nyagatare kubera kwanga guturana n’imiryango y’ababahemukiye.

Nubwo ari mu itsinda ry’ubumwe n’ubwiyunge rihuriwemo n’abarokotse Jenoside n’abayigizemo uruhare barangije ibihano bahawe n’inkiko, avuga ko atari yabohoka bitewe n’uko ababahemukiye batababonye ngo babasabe imbabazi ndetse n’imiryango yabo ikaba itazibasaba.

Ati “Nshobora kumara nk’imyaka ibiri ntarasubira yo kandi iyo ngeze yo numva ntameze neza kubera kubona abana b’abaduhemukiye, nta wadusabye imbabazi ahanini ni cyo gituma ntabohoka ariko ndagenda mbyishyiramo yenda bizakunda”.

Uwimana Xaverine, visi perezida wa komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge, avuga ko kubohoka bikiri urugendo kubera ko hari abarokotse Jenoside batabona ababahemukiye.

Ariko ngo hari n’abababona ariko batari basabwa imbabazi kuko hari abakoze ibyaha bari no muri gereza batari babyemera ngo basabe imbabazi.

Avuga ko hari amahirwe kuko hari abemeye ibyaha bagasaba imbabazi bakanazihabwa, akizera ko ari bo bazaba abarimu b’abandi bakinangiye.

Igicumbi cy'itorero abaturage bagaragarizwaho indangagaciro na kirazira
Igicumbi cy’itorero abaturage bagaragarizwaho indangagaciro na kirazira

Agira ati “Dufite abakinangiye badashaka kwemera icyaha no muri gereza banakatiwe barimo, amahirwe dufite ni uko tubona abagenda bemera, banabohoka, basaba imbabazi banazihabwa abo tukabona ari bo bazatubera abarimu b’abandi”.

Uretse amatsinda y’ubumwe n’ubwiyunge agenda ashingwa hirya no hino mu karere ka Nyagatare, hari n’ibicumbi by’itorero byubakwa mu midugudu, byandikwaho indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka