Impinduka mu batoza b’amakipe y’igihugu ya Basketball

Mu gihe umwaka w’Imikino wa 2019/2020 watangiye, ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) rifatanyije na Minisiteri ya Siporo mu Rwanda ryamaze kwemeza abatoza b’amakipe y’Igihugu mu byiciro bitandukanye haba mu bagabo no mu bagore.

Mutokambali Moise yahawe gutoza amakipe y'abagore
Mutokambali Moise yahawe gutoza amakipe y’abagore

Impinduka zabaye mu gutanga iyi myanya ni aho Mutokambali Moise yahawe amakipe y’igihugu y’abagore, ikipe nkuru n’Ikipe y’abatarengeje imyaka 18. Uwari usanzwe atoza ikipe y’abatarengeje imyaka 18 Mushumba Charles yamenyeshejwe kuri telefoni ko atakiri umutoza w’iyo kipe.

Kigali Today yaganiriye na Visi Perezida wa FERWABA ushinzwe amarushanwa bwana Nyirishema Richard asobanura icyo bashingiyeho bakora izo mpinduka mu batoza.

Yagize ati "Ni byo koko twamaze gushyiraho abatoza b’amakipe y’igihugu. Twashingiye ku bintu bitandukanye. Umusaruro wa Mushumba Charles ntiwabaye mwiza cyane ni yo mpamvu twashatse kwinjizamo amaraso mashya."

Visi Perezida wa FERWABA ushinzwe amarushanwa bwana Nyirishema yakomeje avuga ko Mutokambali Moise asanzwe atoza ikipe y’abagore ya The Hoops bityo ko imikinire y’abakobwa ayizi neza.

Mu zindi mpinduka zabaye, Habiyambere Patrick usanzwe akinira REG BBC yagizwe umutoza wungirije mu ikipe y’ingimbi n’abangavu batarengeje imyaka 18.

Habiyambere Patrick yagizwe umutoza wungirije mu ngimbi n'abangavu batarengeje imyaka 18
Habiyambere Patrick yagizwe umutoza wungirije mu ngimbi n’abangavu batarengeje imyaka 18

Nyirishema Richard yavuze ko biyambaje Habiyambere Patrick kuko yerekanye ko ari umutoza ukomeye kandi irushanwa yatangije ryatanze abakinnyi benshi mu makipe y’Ibihugu atandukanye.

Patrick Habiyambere yasobanuye uko yakiriye kungiriza mu makipe y’igihugu, ati “Ni iby’agaciro kuzirikanwa n’igihugu kuko ibikorwa by’umuntu birivugira."

Yakomeje avuga ko azanye uburyo bugezweho bw’imikinire mu kazi ke kandi ko yizeye gukorana n’abandi batoza bagateza imbere igihugu.

Abatoza bahawe gutoza amakipe y’igihugu

Ikipe nkuru y’abagabo

Umutoza mukuru: Vladimir Bosnyak
Abatoza bungirije : Maxime mwiseneza na Karim Nkusi

Ikipe nkuru y’abagore

Umutoza Mukuru : Moise Mutokambali
Umutoza wungirije : Rukundo Claude

Ikipe y’ingimbi y’abatarengeje imyaka 18

Umutoza mukuru : Yves Murenzi
Umutoza wungirije: Patrick Habiyambere

Ikipe y’’abangavu batarengeje 18

Umutoza mukuru :Moise Mutokambali
Abatoza bungirije: Patrick Habiyambere, Claudette Habimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka