Gicumbi ihagamye APR FC, bikomeza umukino wa Rayon Sports na Police FC

Ikipe ya Gicumbi inganyije na APR FC igitego kimwe ku kindi, ku mukino w’umunsi wa 12 wa Shampiyona.

Umunyezamu wa Gicumbi FC Ndayisaba Olivier yigaragaje cyane
Umunyezamu wa Gicumbi FC Ndayisaba Olivier yigaragaje cyane

Ni umukino wabereye kuri Stade ya Mumena kuri uyu wa kabiri tariki 03 Ukuboza 2019, wari ufite igisobanuro ku makipe yombi. Ikipe ya Gicumbi FC yakiriye uyu mukino yasabwaga kuwutsinda kugira ngo ikomeze izamuke mu manota kuko ikiri ku mwanya wa nyuma n’amanota 5, mu gihe APR FC yasabwa gutsinda uyu mukino kugira ngo ishimagire umwanya wa mbere bidasubirwaho.

Abakinnyi 11 Gicumbi yabanje mu Kibuga

Ndayisaba Olivier, Nzitonda Eric, Manzi Patrick, Bizimana Djuma, Magumba Shaban, Nsengayire Shadad, Ndatimana Robert, Gasongo Jean Pierre, Rubankene Walter na Rwigema Yves.

11 ba Gicumbi FC
11 ba Gicumbi FC

Abakinnyi 11 APR FC yabanje mu kibuga

Omar Rwabugiri (umunyezamu), Ange Mutsinzi, Manzi Thiery, Mushimiyimana Mohammed
Bukuru Christopher, Niyomugabo Claude ,Ombolenga Fitina, Butera Andrew, Djabel Manishimwe, Danny Usengimana na Nshuti Innocent.

11 ba APR FC babanje mu kibuga
11 ba APR FC babanje mu kibuga

Ni umukino Gicumbi FC yatangiye irusha APR FC byaje no kuyiha igitego ku munota wa 14 cyatsinzwe na Kapiteni wa Gicumbi FC Nzitonda Eric nyuma yo gusohoka nabi ku munyezamu Omar Rwabugiri.

Uyu mukino waje kuvunikiramo myugariro wa APR FC Mutsinzi Ange Jimmy wasimbuwe na Placide Rwabuhihi. Izi mpinduka nta kinini zahinduye mu mukino. Igice cya mbere cyarangiye Gicumbi ifite igitego 1 ku busa bwa APR FC.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka ku ruhande rwa APR FC aho Nizeyimana Djuma yasimbuye Nshuti Innocent ikipe itangira gusatira. Adil Mohammed utoza APR FC yasimbuje Butera Andrew yinjiza Mugunga Yves. Izi mpinduka zatanze uburyo bwinshi imbere y’Izamu rya Gicumbi FC ariko umunyezamu Ndayisaba yitwara neza.

Ku munota wa 89 ku kazi kari gakozwe na Djabel Manishimwe, Danny Usengimana yateye umupira n’umutwe, umupira uruhukira mu rushundura. Nyuma y’iki gitego umusifuzi wa kane Uwikunda Samuel yongeyeho iminota itandatu itagize icyo ibyara .

Nyuma y’umukino Umutoza wa Gicumbi FC Banamwana Camarade yavuze ko yafunze impande za APR FC kuko ari zo zituma ikina cyane .

Umunya-Maroc Adil Mohammed utoza APR FC yavuze ko ikibuga cyatumye badakina umupira.

Nyuma yo kunganya uyu mukino, Gicumbi FC yagumye ku mwanya wa nyuma n’amanota 5, APR FC iguma ku mwanya wa mbere n’amanota 28. Byatumye umukino wa Rayon Sports na Police FC uteganyijwe kuri uyu wa gatatu ukomera kuko ikipe izatsinda hagati y’izi zombi izahita yegera APR FC.

Gahunda y’Umunsi wa 12 wa shampiyona

Ku wa kabiri tariki 03 Ukuboza 2019:

Gicumbi FC 1-1 APR FC

Ku wa gatatu tariki 04 Ukuboza 2019

SC Kiyovu vs Marines FC (Stade Mumena, 15h00)

Mukura VS vs AS Muhanga (Stade Huye, 15h00)

Rayon Sports FC vs Police FC (Stade de Kigali, 15h00)

Heroes FC vs Gasogi United (Stade Bugesera, 15h00)

Musanze FC vs AS Kigali (Stade Ubworoherane, 15h00)

Sunrise FC vs Bugesera FC (Stade Nygatare, 15h00)

Espoir FC vs Etincelles FC (Stade Rusizi, 15h00)

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka