Mukantaganzwa yagizwe umuyobozi wa Komisiyo yo kuvugurura amategeko

Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, riravuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagize Madamu Mukantaganzwa Domitilla, Perezida wa Komisiyo y’u Rwanda Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko.

Iryo tangazo rivuga ko Mukantaganzwa yahawe uyu mwanya hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003, ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 112.

Mukantaganzwa asimbuye kuri uyu mwanya Aimable Havugiyaremye, wari waragiyeho mu mwaka wa 2017.

Madamu Mukantaganzwa Domitilla, yayoboye Inkiko Gacaca.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

ubundi umuntu wese ukora agomba guhembwa.wowe wumva yabuzwa niki !!

lg yanditse ku itariki ya: 5-12-2019  →  Musubize

Mwiriwe? Congs mama Domitilla . Icyo nibaza, perezida wa komisiyo arahembwa? Cga ni umujyanama gusa? Bimeze uko, ni byiza kumugirira icyizere, ariko ntibyaba bishimishije cyane. Munsobanurire uyu mumama ndamukunda muraba mukoze.

mahoro yanditse ku itariki ya: 5-12-2019  →  Musubize

Imana ishimwe kabisa ,
wayoboye inkiko gacaca mu bwitonzi nubushishozi.Amahoro n’imigisha mumirimo mishya

alex yanditse ku itariki ya: 5-12-2019  →  Musubize

Nibyo rwose.ishya n’ihirwe my kirimo mishya ashinzwe.

Protais yanditse ku itariki ya: 5-12-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka