Imirenge ya Cyeza mu bahungu na Shyogwe mu bakobwa, niyo yegukanye ibikombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, inahabwa ibihembo by’amafaranga 500.000frw buri umwe.
Abaturage b’Umurenge wa Mushishiro bajyaga kwivuriza mu Karere ka Ngororero no mu bindi bice, barishimira kuba bashyikirijwe ivuriro ry’ibanze rizajya ritanga serivisi zisumbuyeho zirimo kuvura amenyo n’amaso.
Kugeza ubu, aho Ikigo cy"Igihugu Gishinzwe Uburezi bw’Ibanze(REB) gihagaze, nuko umunyeshuri witwa Abimana Hadjala yahanishijwe igihano kirenze igiteganyijwe.
Umubiligi Sghir Hammadi watoje mu makipe arimo Young Africans yo muri Tanzania na Al Merrikh SC yo muri Sudani nk’umutoza wungirije yagizwe umutoza mukuru w’Amagaju FC.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) ivuga ko yiteguye gukorana n’ibigo byigenga bigaragaza ubushake n’ubushobozi mu guhanga imirimo binyuze ku ikoranabuhanga rihuza abashaka akazi n’abakoresha.
Impuzamashyirahamwe y’umukino wa volleyball muri Afurika (Confédération Africaine de Volleyball-CAVB) yashimiye u Rwanda mbere yo kwakira igikombe cy’Afurika cy’amakipe.
Guhera kuri uyu wa 3 Gashyantare, Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC) yatangiye gusuzuma uko Itegeko rigenga amasoko ya Leta rishyirwa mu bikorwa, hagamijwe kureba uko amakosa agaragaramo yakosorwa.
Claude Muhayimana, Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, yongeye kwitaba Urukiko rwa Rubanda (Cour d’assises) i Paris kugira ngo aburane mu bujurire, nyuma y’uko yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 14 mu mwaka wa 2021.
Imikino y’umunsi wa 18 wa shampiyona Rayon Sports na APR FC zizakirwamo na AS Kigali na Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium yahinduriwe amasaha kubera amatara.
U Rwanda rwatanze inkunga y’ibiribwa, ibikoresho by’ubutabazi ndetse n’imiti ku baturage ba Mozambique baherutse kwibasirwa n’imyuzure ikomeye cyane yatewe n’imvura nyinshi yaguye guhera muri Mutarama 2026.
Imibare itangazwa na Leta y’u Buhinde igaragaza ko abantu barenga ibihumbi 50 bicwa no kurumwa n’inzoka buri mwaka, bikaba bigize hafi kimwe cya kabiri c’impfu zose ziba kw’isi.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Etincelles FC yatangaje ko yasezereye umutoza Masudi Djuma wari umaze amezi ane ayitoza isigaranwa na Bizimana Abdou ’Bekeni’.
Kuri uyu wa Mbere, abakinnyi ba Rayon Sports bongeye kwanga gukora imyitozo ku nshuro ya gatatu kubera kudahembwa.
Indege y’abagenzi ya Sudan Airways yageze ku kibuga cy’indege cya Khartoum ku cyumweru, tariki ya 1 Gashyantare 2026, nyuma y’imyaka itatu ibikorwa by’ubwikorezi bw’indege bihagaritswe kubera intambara yasenye igihugu cya Sudani.
Ihuriro AFC/M23 rivuga ko ribabajwe n’imyitwarire mibi muri politiki ya Leta ya Kinshasa, yuzuyemo amakuru ayobya, irimo gukoresha mu nyungu za politiki ku mpanuka ibabaje yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu birombe by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bya Rubaya.
Kuri uyu wa 01 Gashyantare, Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo (Brazzaville) bizihije umunsi w’intwari z’igihugu.
Amakipe ya APR volleyball club mu cyiciro cy’abagore na Kepler volleyball club mu bagabo, nibo begukanye irushanwa ry’ubutwari.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria wari ufite imyaka 26, Ifunanya Nwangene, yapfuye nyuma yo kurumwa n’inzoka yamusanze mu cyumba aryamye, mu nzu aho yabaga muri Nigeria.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari itsindiye APR FC ku mukino wa nyuma penaliti 7-6 nyuma yo kunganya 1-1 mu minota 90 isanzwe.
Perezida Kagame yavuze ko nta muntu ushobora gufata Igihugu cy’u Rwanda ngo agihindure uko ashaka, kuko atari we wakiremye.
Perezida Kagame yavuze ko nta muntu ushobora gufata igihugu cy’u Rwanda ngo agihindure uko ashaka kuko nta wakiremye.
Perezida Kagame yongeye kugaragaza ko ahangayikishijwe n’umuryango, cyane cyane ingo zitana zitamaze kabiri, kandi nyamara wareba icyo abashakanye bapfa, ugasanga kidafatika.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagarutse ku kibazo cy’imibanire y’ingo z’abanyarwanda zisigaye zitana zitamaze kabiri.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye amasengesho ngarukamwaka yo gushima Imana ibyo yakoreye igihugu ndetse no kuyiragiza uyu mwaka utangiye.
Kuri iki Cyumweru tariki 1 Gashyantare 2026, mu Isengesho Ngarukamwaka rigamije gushimira ibyagezweho no kuragiza Imana iby’umwaka mushya, hagarutswe ku mashimwe u Rwanda rufite mu birebana n’ubuzima bw’Igihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakanguriye abitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu cyane cyane urubyiruko kugira umutima wihangana no gukomera mu bihe bigoye, n’aho byaba bibi cyane.
Perezida wa Repubulika na Madamu Jeannette Kagame n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye bashyize indabo ku Gucumbi cy’Intwari.
Abanyarwanda b’ingeri zose, abanyamadini n’abayobozi muri iki gitondo bitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu no gushima Imana ku byo yagabiye u Rwanda.
Uyu munsi, ni uwa gatandatu wa nyuma w’ukwezi kwa Mutarama 2026. Nk’uko bisanzwe, ku wa gatandatu uheruka iyindi buri kwezi, abaturage bahurira hamwe bagakora umuganda ngarukakwezi.
Ikipe y’igihugu ya Misiri yegukanye Igikombe cya Afurika cya Handball cyaberaga mu Rwanda itsindiye Tunisia ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena ibitego 37-24 u Rwanda rwegukana umwanya wa 12.
Mukura Victory Sports yatsinze ikipe ya Etincelles FC ibitego 1-0 mu mukino ufungura imikino yo kwishyura ya Rwanda Premier League kuri aya makipe wabereye kuri Stade Kamena mu karere ka Huye.
Mu Bushinwa, bamwe mu babyeyi baravugwaho gukoresha videwo zakozwe n’ubwenge bw’ubukorano (AI) zigaragaza abantu bicuza uko bitwaye mu buzima, izo videwo bazikoresha bagamije gushyira igitutu ku bana babo kugira ngo bashishikarize gushaka ingo zabo no kubyara.
Abantu babarirwa muri 200, bapfuye mu ntangiriro z’iki cyumweru nyuma y’uko inkangu zitumye ibirombe byinshi by’amabuye y’agaciro ya coltan biriduka mu Burasirazuba bwa Congo, nk’uko abayobozi b’inyeshyamba babitangaje.
Afurika y’Epfo yahaye Charge d’Affaire muri Ambasade ya Isiraheli muri icyo gihugu amasaha 72 kugira ngo abe yavuye ku butaka bwabo
Umushinjacyaha mukuru wungirije Ruberwa Bonaventure aherutse kubwira Abadepite ko hakwiye kujyaho urugereko rwihariye rwo kuburanisha Abana kuko imiburanishirize y’imanza zabo zikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga no mu buryo bw’imbonankubone bukirimo imbogamizi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice, arasaba urubyiruko gushishoza mu gushaka ubukire, kuko n’ubwo bishoboka kubugeraho uri muto, ahanini bisaba gukora cyane, kwihangana, kugira intego no kwemera gutegereza ugerageza byinshi kugira ngo ugere ku ntego wiyemeje.
Umucuruzi wa telefoni zigendanwa wo muri Libya yatunguwe no kwakira umuzigo ugizwe na telefone za Nokia ntoya bakunze kwita ‘matushe’(push-button), zaje zizanywe n’ubwato, mu gihe hari hashize imyaka 16 azitumije.
Ikipe ya Al Hilal yatsinze Mamelodi Sundowns ibitego 2-1 mu mukino ufungura imikino yo kwishyura ya y’amatsinda ya CAF Champignons League kuri Stade Amahoro i Remera, umukino witabiriwe n’abafana batari bacye.
Aleph Hospitality, sosiyete nini yigenga ikora ibijyanye no gucunga amahoteli mu Burasirazuba bwo Hagati no muri Afurika, yasinyanye amasezerano na Sosiyete yo mu Rwanda yitwa ‘DND Developers’ ku mushinga wa Hoteli ‘ Best Western Premier - Royal Golf View mu Mujyi wa Kigali.
Kuri uyu mugoroba, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Visi Perezida wa Botswana Ndaba Gaolathe, bagirana ibiganiro ku buryo bwo kurushaho gushimangira ubufatanye bwiza kandi burambye hagati y’ibihugu byombi.
Ikipe ya Kiyovu Sports yanganyije na Gorilla FC 0-0 mu mukino w’umunsi wa 18 ufungura imikino yo kwishyura ya Rwanda Premier League wabereye ku kibuga cya Kigali Pele i Nyamirambo.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Togo akaba n’Umuhuza Mukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa DRC, Faure Gnassingbé bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo.
Mu myaka 25 ishize, umwangavu witwa Irere Claudette, yarangirije amashuri abanza mu mujyi wa Kigali.
Amakipe ane ya mbere ku rutonde rwa shampiyona muri volleyball agiye guhurira mu irushanwa ry’intwari.
Leta iyobowe n’igisirikare muri Burkina Faso, yasheshe amashyaka ya politiki yose yo muri iki gihugu, aho bivugwa ko yarengaga 100.
Nyuma y’uko APR FC igurishije myugariro Niyigena Clement muri Al Hilal SC hatangiye kuvugwa ko umusimbura we yaba Ishimwe Abdoul wazamukiye mu Intare FC ukinira Mukura VS buri kipe iri kuvuga ko ari uwayo.
Perezida wa Togo akaba n’umuhuza w’u Rwanda na DRC, Faure Essozimna Gnassingbé ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Mutarama 2026.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Barafinda Sekikubo Fred, Patrick Mazimpaka na Japhet Nkeramihigo, bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda babinyujije ku miyoboro itandukanye ya YouTube.