Jérôme Rutaburingoga, umuyobozi w’Akarere ka Gisagara ari na we watorewe kuyobora umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gisagara ku itariki 18 Mutarama 2025, yabwiye inteko yamutoye ko gahunda ari ukuvuduka.
Bamwe mu baturiye ahari gukorwa Umuhanda Base-Kirambo-Butaro-Kidaho mu Karere ka Burera, batigeze babarurirwa imitungo yabo, bakomeje gusaba ko imitungo yabo igizwe n’amasambu ndetse n’inzu, byabarirwa agaciro bakabona uko bahava bakimukira ahandi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aranenga imico mibi iri mu bakiri bato biyambika ubusa mu ruhame, kuko bigaragaza uburere butagize aho bushobora kugeza Abanyarwanda, kandi bidakwiye gukomeza gutyo kuko byaba ari ukwica ejo hazaza h’Igihugu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko indwara zigera kuri 14 zirimo iza Kanseri ziyongereye ku zisanzwe zishingirwa n’ubwishingizi bwa mituweli (Mutuel de Sante), aho biteganyijwe ko bitarenze Kamena 2025, zose zizaba zivurirwa kuri Mituweli.
Abacungamutungo b’Imirenge Sacco yo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko Miriyari eshanu zigiye gutangwa na BDF muri gahunda yo kuzahura ubukungu ari nkeya cyane ugereranyije n’abakiriya bafite.
Nk’uko byasobanuwe na Abdul Bigirumwami, Umuyobozi uhagarariye Abanyarwanda batuye muri California, umuryango umwe w’Abanyarwanda niwo watabawe urahungishwa uva aho wari utuye kubera inkongi yaje ifite ubukana budasanzwe yibasiye Umujyi wa Los Angeles.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Mutarama 2025, ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, watangiye uruzinduko rw’iminsi 2 mu Rwanda.
Muri iyi minsi, umubano wa Sierra Leone na Guinée Conakry wajemo ibibazo, kubera dosiye y’ibiyobyabwenge bya ‘Cocaine’ byafatiwe mu modoka y’abahagarariy Sierra Leone muri Guinee Conakry.
Umuhanda ni kimwe mu bikorwa remezo bihenze kandi biba bifatiye runini abawukoresha kuko uhindura ubuzima bwaho ugeze, binyuze mu korohereza abaturage mu bikorwa bitandukanye birimo kugenderana no guhahirana.
Umujyi wa Kigali watangiye kugerageza gahunda yo guhagurukira ku gihe ku modoka zitwara abagenzi, ku buryo umugenzi atazajya ategereza ngo arambirwe. Gahunda yatangiye kuwa 16 Mutarama ikazageza ku wa 29 Mutarama uyu mwaka.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 17 Mutarama, yashyize mu myanya abayobozi mu nzego zitandukanye zifata ibyemezo, abandi ibazamurwa mu ntera.
Nyuma y’uko Urwego rutsura Ubuziranenge (RSB) ruhawe Laboratwari ipima ingofero z’abagenda kuri moto, izisanzwe ku isoko mu Rwanda zose zarapimwe bigaragara ko nta yujuje ubuziranenge, bikaba ari byo ngo bishyira mu byago abakoreshai moto nk’uko bitangazwa n’abazikozeho ubushakashatsi.
Impuguke mu bijyanye n’ubukungu, Straton Habyarimana, yasobanuye uburyo ibicuruzwa henshi ku Isi no mu Rwanda by’umwihariko bishobora kurushaho guhenda ndetse bimwe bikabura, bitewe n’amatwara mashya ya Donald Trump ugiye kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye rwanzuye ko Dushimumuremyi Fulgence, ukekwaho ibyaha birimo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, kwiba no gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, akomeza gukurikiranwa afunze kubera impamvu zikomeye rushingiraho kuri ibyo byaha akurikiranweho.
Esdras Mageza, umugabo w’imyaka 44 ushinzwe kwita ku muryango w’abantu bane barimo umugore n’abana batatu, batuye mu Kagari ka Bukomane, Umurenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, Intara y’Iburasirazuba aratabaza.
Leta zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano Umugaba w’ingabo wa Sudani Gen. Abdel Fattah al-Burhan, nyuma y’iminsi micyeya ibihano nk’ibyo bifatiwe Gen. Mohamed Hamdane Daglo uyoboye umutwe w’abarwanyi wa RSF/ FSR, kubera ko bananiwe guhagarika intambara bahanganyemo, ikomeje guhitana ubuzima bw’abasivili (…)
Perezida wa Sena Dr. Kalinda François Xavier, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Turukiya mu Rwanda, H.E Aslan Alper Yüksel kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Mutarama 2025, byibanze ku kwagura umubano w’ibihugu byombi ndetse n’uw’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, byatangaje ko uyu munsi tariki 17 Mutarama 2025, inama y’Abaminisitiri n’urwego rushinzwe umuteno iterana kugira ngo isinye amasezerano y’agahenge, ajyana no kurekura bamwe mu Banya-Israel batwawe bunyago na Hamas, mu gitero yagabye muri Israel ku itariki 7 (…)
Mu baturiye inkengero z’ikiyaga cya Burera, harimo abagitsimbaraye ku myumvire ituma batifashisha amazi meza yo mu mavomo begerejwe hafi, bitwaje ko aba yabanje gushyirwamo imiti ya kizungu, bagahitamo gukoresha ay’ikiyaga cya Burera mu mirimo yo mu ngo, bamwe bikabaviramo kurwara indwara ziterwa n’umwanda, ubuyobozi (…)
Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, yabwiye Abasenateri ko abakozi bazemera kujya gukorera mu bigo nderabuzima 82 biherereye ahantu kure kandi hagoye kugera, bazajya bahabwa agahimbazamushyi kihariye.
Urugaga rw’abikorera mu Karere ka Rubavu, rwashyize ahagaragara amakarita azakoreshwa mu gutera inkunga Etincelles FC, ikipe y’umupira w’amaguru ibarizwa mu Karere ka Rubavu, bigaragara koigihura n’ikibazo cy’amikoro.
Nyuma y’amezi ane ibitaro bya Nyarugenge bifunzwe by’agateganyo, biteganyijwe ko bizafungurwa mu gihe cy’ibyumweru bibiri, nk’uko Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, yabitangarije Abasenateri, kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye ku meza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga ikorera mu Rwanda, aho yabahaye amakuru y’impamo ku buryo burambuye ku kibazo u Rwanda rwakuruwemo n’igihugu gituranyi gikomeje gushyigikirwa n’abagitezemo amaronko, bakirengagiza ukuri bazi neza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko ibyo amahanga afata nk’amabwiriza atangwa n’umusifuzi w’imikino mu kibuga, abifata nk’ibikomeye ku buzima bwe n’ubw’Abanyarwanda muri rusange, bityo atabijenjekera.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, yatangaje ko Igikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo cyagombaga kubera muri Uganda, Kenya na Tanzania cyimuriwe muri Kanama 2025.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yatangarije Abasenateri ko muri gahunda y’ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’Ubuzima n’ibikorwa, mu guteza imbere amavuriro y’ibanze, ko muri uyu mwaka ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) bizimurirwa i Masaka mu Karere ka Kicukiro.
Ku wa 26 Ukuboza 2024, umwe mu bantu twaganiriye twifuje guha izina Ndayisaba, yasohokanye n’umuryango we ugizwe n’abavandimwe batandatu, bajya gusangira no gusabana nk’uko byari bimeze ku miryango myinshi yishimiraga gusoza umwaka no gutangira undi.
Muri Australia, umugore yasabye urukiko gutesha agaciro amaserano y’abashakanye (marriage) yakoze yibwira ko ari imikino, bigamije kuzamura ‘followers’ ku rubuga rwa Instagram, nyuma akaza kumenya ko ari amasezerano ya nyayo y’urushako afite agaciro mu mategeko, atangira gusaba urukiko kuyatesha agaciro.
Umuhanzi w’Umunya-Tanzania Harmonize, yerekanye umukunzi we mushya witwa Abigael Chams, mu gihe hari hashize ibyumweru bicyeya havugwa ibihuha ku rukundo rw’abo bombi, kuko byari bikiri mu ibanga.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr Uwamariya Valentine yemereye abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore ko mu gihe cy’imyaka ibiri ibibazo biri mu butaka bijyanye n’imbibi bizaba byakemutse.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli, bwavuze ko hakenewe ingengo y’imari ya Miliyari 26 z’Amafaranga y’u Rwanda, yo gusubiranya ibisimu binini byasizwe mu gihe cy’ubukoloni n’igihe hacukuraga sosiyete za Leta.
Umufana wa Rayon Sports Ndakaza Gerard yavuye i Kigali ajya gushimira Amagaju FC kuba yaratsinze APR FC.
Abacuruzi batandukanye mu Gihugu hamwe n’abakiriya babo bakomeje kwinubira igihombo batewe no kudakora kw’ihererekanya ry’amafaranga hakoreshejwe MTN Mobile Money (MoMo), byatumye bamwe mu bakiriya bafatirwa aho batse serivisi, abandi bagenda batishyuye.
Kuri uyu wa 15 Mutarama Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abanyeshuri ba Kaminuza ya Wharton yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika biga amasomo y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’ubucuruzi.
Mu byemezo bigana ku musozo wa manda ye, Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavanye Cuba ku rutonde rw’ibihugu bishyigikira iterabwoba . Ibyo byatumye Cuba ihita itangaza ko igiye kurekura imfungwa zigera kuri 553.
Shampiyona ya volleyball mu cyiciro cya mbere, iragaruka kuri uyu wa gatanu taliki ya 17 Mutarama 2025 hakinwa imikino yo kwishyura (return leg)
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli bwatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko mu Kiyaga cya Kivu hari uduce 13 twabonetsemo peteroli, hakaba hasigaye kumenya ingano yayo n’ikiguzi byasaba ngo icukurwe.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yagiye guhagararira Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Daniel Francisco Chapo uherutse gutorerwa kuyobora Mozambique. Perezida mushya ararahira kuri uyu wa gatatu.
Muri Afurika y’Epfo, mu gace ka Stilfontein, abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakora uwo mwuga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bari bamaze igihe baraheze mu kirombe cya zahabu, bahuriyemo n’ikibazo cy’inzara, bamwe bakigwamo barapfa ubu imirambo igera kuri 36 akaba ari yo imaze gukurwa muri icyo kirombe, naho abandi 82 (…)
Mu murenge wa Jenda, Akarere ka Nyabihu hari ikiyaga cyitwa Nyirakigugu, gifite amateka atangaje. Ni ikiyaga gikora ku muhanda Musanze-Rubavu, abenshi bafata nka kimwe mu byiza nyaburanga bitatse u Rwanda.
Icyorezo bikekwa ko ari icyatewe na virusi ya Marburg cyageze muri Tanzania mu gace ka Kagera, aho kimaze kwica abantu umunani (8), nk’uko byemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, basabye ko abagomba guhabwa ingurane y’amafaranga make byakorwa hatagombye kuyategereza igihe kirekire.
Dushimumuremyi Fulgence uherutse gutabwa muri yombi, kubera ibikorwa ashinjwa byo kubangamira umudendezo wa rubanda, no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, yasabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, kubera ibyo byaha akurikiranweho n’ubushinjacyaha.
Ku wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, ikipe ya APR FC yasinyishije rutahizamu ukomoka muri Burukina Faso, Cheick Djibril Ouattara, uheruka kwirukanwa na JS Kabylie yo muri Algeria.