Mu myaka 25 ishize, umwangavu witwa Irere Claudette, yarangirije amashuri abanza mu mujyi wa Kigali.
Amakipe ane ya mbere ku rutonde rwa shampiyona muri volleyball agiye guhurira mu irushanwa ry’intwari.
Leta iyobowe n’igisirikare muri Burkina Faso, yasheshe amashyaka ya politiki yose yo muri iki gihugu, aho bivugwa ko yarengaga 100.
Nyuma y’uko APR FC igurishije myugariro Niyigena Clement muri Al Hilal SC hatangiye kuvugwa ko umusimbura we yaba Ishimwe Abdoul wazamukiye mu Intare FC ukinira Mukura VS buri kipe iri kuvuga ko ari uwayo.
Perezida wa Togo akaba n’umuhuza w’u Rwanda na DRC, Faure Essozimna Gnassingbé ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Mutarama 2026.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Barafinda Sekikubo Fred, Patrick Mazimpaka na Japhet Nkeramihigo, bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda babinyujije ku miyoboro itandukanye ya YouTube.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yahagaritse by’agateganyo ibikorwa bya Mobicash Rwanda Ltd,ikigo gitanga serivisi z’imari zikorerwa kuri telefoni zigendanwa
Amakipe y’Ikipe y’igihugu ya Misiri na Tunisia zageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika 2026 kiri kubera mu Rwanda, ikipe y’u Rwanda itsindwa na Gabon mu guhatanira imyanya.
Ikipe ya Police FC yatsinze Rayon Sports igitego 1-0, isanga ikipe ya APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagize Brig Gen Jean Paul Nyirubutama Umujyanama Mukuru Wungirije mu Biro by’Umukuru w’Igihugu.
Abayobozi b’Imidugudu bahize abandi mu Karere ka Ruhango bahawe ibihembo, mu rwego rwo kubashimira ubwitange bagira mu kazi, no kwereka abatarakoze neza ko nabo baramutse bashyizemo imbaraga bagera kuri byinshi.
Bisanzwe bimenyerewe ko ubukomisiyoneri cyangwa se abakomisiyoneri bakunze kuba biganje mu mirimo irimo gushakira abantu inzu, imodoka zo gukodesha cyangwa kugura, hamwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye.
Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje umushinga w’itegeko rishyiraho Kaminuza Nkuru y’Ingabo z’Igihugu (National Defence University – NDU).
Ku myaka ibarirwa muri 90, Lyonell Fliss, umwe muri bake bashoboye kurokoka Jenoside yakorewe Abayahudi hagati y’1941-1945 igahitana abarenga miliyoni eshashatu (6,000,000) yatanze ubuhamya bugaragaza ubugome bukomeye bw’abishi babo, akaba abyibuka nk’aho byabaye ejo, n’ubwo yari umwana w’imyaka itandatu.
Myugariro wa APR FC Niyigena Clement yasinyiye Al Hilal SC yo muri Sudani amasezerano y’imyaka itatu.
Mu buryo bwatunguye benshi, itorero Anglicane ryo mu Bwongereza ryabonye umuyobozi w’umugore nyuma y’imyaka 500 rimaze, akaba abaye umuyobozi wa 106, uyu akaba ari Bishop Sarah Mullally.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mutarama i Kigali habereye ibiganiro bizwi nka Masterclass, by’abantu bafite impano zitandukanye bigamije kubafasha kubihuza n’isoko ry’umurimo.
Ubushakashatsi bushya buherutse kugaragaza ko nyuma y’ikiremwamuntu, noneho n’inyamaswa zitwa inkende zatangiye imigirire yo guhuza ibitsina bihuje imiterere, kenshi bakunze kwita ubutinganyi.
Gutsindwa kwa Maroc ku mukino wa nyuma wa AFCON 2025 itsinzwe na Sénégal igitego 1–0 wabereye kuri Stade Prince Moulay Abdellah byabaye inkuru ibabaje cyane, bigaragaza uko ruhago ishobora gutanga umwanzuro ubabaza kurusha uko witezwaga.
Inama y’Abaminisitiri yemeje Jean Maurice Uwera nk’Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, umwanya asimbuyeho Alain Mukuralinda witabye Imana mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2025.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatsindiye AS Kigali ibitego 3-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’Igikombe cy’Intwari igera ku mukino wa nyuma izahuriraho n’ikipe izakomeza hagati ya Police FC na Rayon Sports.
Raporo za vuba zigaragaza ko ibigo bya Leta ari byo biri imbere ku rutonde rw’ibigo bifite imyenda myinshi ku misanzu y’ubwiteganyirize bw’abakozi bw’izabukuru.
Umuvugiza wa Polisi y’u Rwanda yabwiye abakoresha umuhanda ko bakwiye kwitwararika kuko itegeko rishya rigenga imikorere y’umuhanda rigiye gusohoka rizajya ribahana nta kujenjeka.
Abagore bagize urugaga rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bungutse impanuro ku gisobanuro n’akamaro k’inyabutatu y’umugore mu muryango Nyarwanda, kandi bigiye kurushaho kubafasha kunoza kurangiza inshingano zabo za buri munsi.
Kuri uyu 27 Mutarama, u Rwanda rwifatanyije n’amahanga mu kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, igahitana abarenga miliyoni esheshatu n’abandi bantu babarirwa muri za miliyoni bishwe n’ubutegetsi bw’Abanazi, rugaragaza impungenge ku kwiyongera kw’urwango, ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside ku isi.
Amakosa Ubwongereza bwakoze mu guhagarika umushinga wo kwimurira abimukira mu Rwanda kuva muri Mata 2024 yashyizwe ahagaragara. Iki gihugu kigomba kwishyura u Rwanda Miliyoni ijana z’Amafaranga akoreshwa mu Bwongereza(British Pounds), akaba angana na Miliyari 200.4 ubazw mu Mafaranga y’u Rwanda.
Uko imyaka ishira indi igataha usanga imivugire n’imyandikire y’ururimi rw’ikinyarwanda cyane cyane mu bakirimo kubyiruka igenda ita umwimerere, ahanini bigaterwa no kuvangavangamo izindi ndimi ziganjemo Igifaransa cyangwa Icyongereza.
Umubare w’Abanyarwanda bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe biturutse ku gukoresha inzoga n’ibiyobyabwenge wavuye kuri 1,6% kuva mu mwaka wa 2018 bigera kuri 2,4% mu mwaka 2025.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije myugariro Uwumukiza Obed wari umaze umwaka n’igice muri Mukura VS.
Ikipe y’Amagaju FC ibanziriza iya nyuma ku rutonde rwa shampiyona yongeye gusinyisha Destin Malanda wari umaze umwaka akinira Mukura VS.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Zambia ibitego 34-26 mu mukino wa kabiri wo guhatanira imyanya mu Gikombe cya Afurika cya Handball kiri kubera mu Rwanda kuva tariki 21 Mutarama 2026.
Muri Kenya, Pasiteri Paul Mackenzie akurikiranyweho urupfu rw’abandi bantu 52. Arafunze by’agateganyo guhera mu 2023, mu gihe hagikorwa iperereza ku rupfu rw’abantu bagera kuri 450 b’abayoboke bo mu itorero rye, aho ngo yabashishikarizaga kwiyiriza ubusa kugeza bapfuye kugira ngo bajye guhura na Yesu.
Mu Bufaransa, kuri uyu wa kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, Abadepite bemeje umushinga w’itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 15 gukoresha imbuga nkoranyambaga. Uwo mushinga ushyigikiwe cyane na Guverinoma y’icyo gihugu ugamije kurinda ubuzima bwo mu mutwe bw’ingimbi n’abangavu.
Senateri Niyomugabo Cyprien yasabye ko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yasubizaho gahunda y’ubuvanganzo bw’inka bwahozeho Kera.
I Los Angeles muri Leta ya California, kuri uyu wa kabiri hatangiye urubanza rw’umukobwa w’imyaka 19 ushinja MetaAI kumena amakuru y’ibanga ahererekanya na bagenzi be, bikaba byaragize ingaruka ku buzima bwe bwo mu mutwe.
Guverinoma y’u Buyapani ibinyujije muri Ambasade yayo mu Rwanda, yasinyanye amasezerano n’Ikigo cyita ku bana b’abakobwa n’abahungu bafite Ubumuga bwo mu mutwe (Association des Volontaires pour l’Assistance aux Enfants Handicapés/ AVEH Umurerwa), yo gutera inkunga yo kubaka amacumbi.
Ikipe ya Rayon Sports irifuza abakinnyi batatu ba Mukura VS barimo myugariro w’iburyo Uwumukiza Obed, Iradukunda Elie Tatou usatira anyuze ku mpande na Joseph Sackey ukina hagati yugarira.
Naomi Nishimwe wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yasubije uwitwa Edman Ishimwe wari wanditse ku rubuga rwe rwa X amagambo yinjira mu buzima bwe bwite.
U Rwanda ruri kurega u Bwongereza rusaba indishyi zishobora kurenga miliyoni 50 z’amapawundi (£50m), nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Sir Keir Starmer ahagaritse amasezerano y’abimukira yari yarashyizweho n’ishyaka ry’Aba-Conservateurs hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza Bill na Joyce Cummings bazwi mu bikorwa by’ubugiraneza, Didi Bertrand Farmer, Ophelia Dahl, washinze Umuryango Partners In Health ndetse na Dr. Jim Yong Kim, Umuyobozi w’Icyubahiro wa Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) ndetse n’Umuyobozi Mukuru Wungirije (…)
Umutwe w’Abadepite ndetse n’Umutwe wa Sena ugira icyumba cyabugenewe cyo gukoreramo inama y’Inteko rusange. Gusa icyo cyumba kukinjiramo hari amabwiriza agenga Abasenateri ndetse n’Abadepite hamwe n’abandi baba bitabiriye gukurikirana ibikorwa by’inama y’Inteko Rusange.
Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), uratangaza ko utazigera uva mu bice wafashe byo muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, uyu mutwe ukaba unyomoza ibimaze iminsi bizenguruka ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko ugiye kuhava hose.
Ikipe ya Police FC yatije Mugisha Didier ukina asatira anyuze ku ruhande muri Rayon Sports.
WASAC Group, ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura, cyatangaje ko guhera ku wa 26 Mutarama 2026, zimwe muri serivisi zijyanye no gutanga amazi zatangiye gukorerwa ku rubuga rwa IremboGov, mu rwego rwo korohereza abafatabuguzi no kunoza imitangire ya serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga.
Umutoza Imurora Japhet wabaye umutoza wungirije muri Musanze FC baheruka gutandukana bisabye kungwa na FERWAFA yasinyiye Amagaju FC nk’ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bw’abakinnyi n’umutoza wungirije.
Raporo nshya ku bijyanye n’umurimo mu Rwanda (Labour Force Survey), y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko mu gihembwe cya Kane cy’umwaka wa 2025, muri rusange mu Rwanda abashomeri bageraga ku 649.799 bangana na 11,7%.
Kuri iki Cyumweru, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Uganda ibitego 37-27 mu mukino wa President’s Cup mu guhatanira umwanya wa cyenda mu Gikombe cya Afurika cya Handball 2026 nyuma yo kunanirwa kugera muri 1/4.