Ni umukino wa nyuma wari uryoheye ijisho wabereye kuri Stade Amahoro, aho buri kipe yerekanye umupira mwiza. Uretse gukina neza, mu gice cya mbere amakipe yombi yagerageje gutera mu izamu ariko abanyezamu ku mpande zombi bitwara. Umunyezamu wa Police FC Rukundo Onesime yakuyemo amashoti abiri yatewe na rutahizamu William Togui mu gihe Ishimwe Pierre wa APR FC yakuyemo umupira watewe na Byiringiro Lague, igice cya mbere kirangira ari 0-0.
Mu ntangiriro z’igice cya kabiri, ikipe ya APR FC yafunguye amazamu ku gitego cyiza cyatsinzwe na William Togui witambitse mu kirere agatera mu izamu umupira wari uhinduwe na Hakim Kiwanuka anyuze ku ruhande rw’iburyo. Ku munota wa 62 w’umukino Police FC yishyuye igitego, ku mupira nawo wahinduriwe iburyo na Richard Kilongozi ugendera hasi maze umunyezamu Ishimwe Pierre utavuganye na myugariro we Nshimiyimana Yunusu, awufashe uyu musore awumukura mu biganza, uhita ushyirwa mu izamu na Gakwaya Leonard.
Amakipe yose yakomeje kugaragaza umupira mwiza asatirana, kugeza iminota 90 irangiye bongeraho itatu nayo yarangiye amakipe akinganya 1-1. Hahise hitabazwa penaliti aho zatewe buri kipe itera icyenda Police FC yinjijemo zirindwi, APR FC ikinjizamo esheshatu. Abakinnyi nka Ronald Ssekiganda, William Togui na Dauda Yussif bazihushije ku ruhande rwa APR FC mu gihe Nsabimana Eric Zidane na Ekeson Okorie nabo bazihushije kuri Police FC bigatuma iyi kipe itwaye igikombe itsinze penaliti 7-6.
Mu bagore, Rayon Sports WFC yatwaye igikombe itsinze Indahangarwa WFC ibitego 2-0.Indahangarwa WFC yabaye iya kabiri yahawe sheki ya miliyoni 3 Frw, Rayon Sports yatwaye Igikombe cy’Intwari cya 2026 mu bagore, ihabwa ya miliyoni 6 Frw mu gihe mu bagabo APR FC yabaye iya kabiri, yahawe ya miliyoni 3 Frw naho Police FC yegukanye Igikombe igahabwa miliyoni 6 Frw.
National Football League
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
|
Mu kinyarwanda baravuga ngo " Na nyina w’undi abyara umukobwa"; Police FC murakoze guca agasuzuguro n’akishongoro.
Rayon Sports abahungu bikomeje kwanga kandi abakobwa bakomeje kwitwara neza nibitabweho bikwiye kuko nibo bakomeje gutanga ibyishimo.
Mu kinyarwanda baravuga ngo " Na nyina w’undi abyara umukobwa"; Police FC murakoze guca agasuzuguro n’akishongoro.