Mu bigo ngororamuco bitandukanye biri hirya no hino mu Gihugu, haravugwa ikibazo cy’umubare muto w’inzobere ku buzima bwo mu mutwe, bigatuma abafite iki kibazo batitabwaho uko bikwiye, kikaba ari kimwe mu bituma ibyo bigo bikomeza kubamo abantu benshi.
Mu gihe Banki y’u Rwanda ivuga ko iyo ibiciro byazamutseho hagati ya 2-8% biba ari ibisanzwe, muri Mutarama 2026, byazamutseho 8,9%, byongera igitutu ku baturage ku bushobozi bwo guhaha no kubona serivisi z’ingenzi.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ku bigo by’igororamuco igaragaza ko uko imyaka yagiye ihita umubare w’abajya mu bigo ngororamuco wagiye wiyongera. Depite Mukabalisa Germaine yabajije igituma uwo mubare wiyongera ndetse n’icyo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango irimo gukora kugira ngo ugabanuke.
Ikipe ya Al Hilal yatsinze APR FC ibitego 2-0 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 15 wa Rwanda Premier League ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo.
Muri iki gihe hari abarangiza kwiga amasomo y’ibyiciro bitandukanye, yaba ayisumbuye cyangwa kaminuza, ariko bagasanga bidahagije, ahubwo bakiyemeza kongeraho ubumenyi bw’umwuga runaka kugira ngo bibafashe mu kubona akazi mu buryo bwihuse cyangwa se na bo bakakihangira.
Inzobere mu bijyanye no gukira ibikomere Dr. Niyonzima Bosco, avuga ko kugira ubuntu bisobanuye, kubanira neza abandi, gukunda no gukundwa, gutega abandi amatwi no kuba wabitangira.
Mugabe Aristide wamenyekanye mu mukino wa Basketball mu Rwanda yasezeye ku gukina Basketball nk’uwabigize umwuga.
Ubundi imbuto zinyuranye z’ibirayi zisanzwe zihingwa mu Rwanda kuva kera, umuhinzi iyo yateye bikamera, atangira gutera imiti irwanya indwara zibasira ibirayi, cyane cyane iyo bakunze kwita ‘indwara y’imvura’ cyangwa ‘Mildiou’ mu ndimi z’amahanga, iterwa n’agahumyo kitwa ‘Phytophtora infestans’. Iyo miti abahinzi bayitera (…)
Urwego rw’Umuvunyi ruratangaza ko mu mwaka ushize wa 2025, rwoherereje Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), amadosiye 46 y’abantu batabashije gusobanura inkomoko y’umutungo wabo, kuko ngo bigize icyaha.
Mu gihe hari abinubira ko hari abantu bakekwaho icyaha bajya bafatwa ndetse bagashyikirizwa inzego z’ubutabera ariko mu gihe gito bakarekurwa, cyangwa se bagahabwa igifungo gisubitse, hakaba abakeka ko hatanzwe ruswa, abakora mu nzego z’ubutabera bo bagaragaza ko icyifuzo cy’uwareze atari cyo inzego z’ubutabera zikurikiza.
Perezida w’Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga mu Rwanda, Me Jean Aimé Niyonkuru, yavuze ko hari Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bajya kwishyuriza abantu imitungo, bamara kubona amafaranga bakayishyirira mu mifuka yabo.
Mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) habereye igikorwa cyo kuvura igicuri umuntu wa mbere abazwe. Uretse kuba ubuvuzi bw’indwara y’Igicuri by’umwihariko kubaga, busanzwe buhenze, ariko nta n’ahantu byakorerwaga haba mu Rwanda ndetse no mu Karere, ku buryo abifuzaga guhabwa izo serivisi bajyaga kuzishakira mu bihugu (…)
Brig Gen Gakwerere Ezechiel wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, arashyikirizwa ubutabera bwa Gisirikare mu gihe cya vuba.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Mukantaganzwa Domitilla, aributsa Abanyarwanda ko ubutabera ari uburenganzira bwa buri muntu, bityo ko butagurwa, akabasaba kwirinda gutanga ruswa ahubwo bakavuga uwayibatse.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abantu babiri bari bashikuje telefoni n’igikapu umuntu mu gitondo cyo ku itariki ya 4 Gashyantare 2026 bakinjira mu nzira y’amazi (rigole) i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bavuyemo.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwavuze ko bugitegereje Ishimwe Dieudonné uzwi ku mazina ya Prince Kid ufungiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kugira ngo arangize igifungo yakatiwe n’inkiko z’u Rwanda.
Perezida w’Urukiko rw’ikirenga MUKANTAGANZWA Domitilla yabwiye abakozi bo mu nkiko barimo abacamanza kwirinda gusiragiza ababagana.
Abakozi 13 bo mu rwego rw’ubucamanza bahaniwe ruswa mu mwaka wa 2024-2025. Mu myaka 20 ishize (kuva mu mwaka wa 2005 kugera mu mwaka ushize wa 2005) abakozi 57 barirukanywe kubera ruswa.
Shampiyona ya volleyball yakomezaga mu mpera ziki cyumweru hakinwa umunsi wa 11 aho ikipe ya EAUR yatsinze RRA, Kepler ikora amateka imbere ya Police WVC.
Umusifuzikazi Adeline Djonreba ukomoka muri Cameroon yatangaje abantu kubera gusifura umukino atwite inda y’amezi atanu.
Umukandida w’Umusosiyaliste, Antonio José Seguro w’imyaka 63, yatsinze amatora ya Perezida muri Portugal, ahigitse uwo bari bahanganye ukomeye, André Ventura.
Abagore bagize urugaga rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Ruhango, baratangaza ko bagiye kwita ku isuku nk’umuco kugira ngo babere abandi intangarugero.
Ikipe ya AS Kigali yatsinze Police FC 1-0 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona ikomeza kongera amanota ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ingufu (REG) cyateguje ibura ry’amashanyarazi mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Amakipe ya G.S. St Aloys y’i Rwamagana mu bakobwa na College Christ Roi Nyanza mu bahungu, ni yo yatwaye ibikombe mu marushanwa Isonga muri Volleyball.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose yavuze ko hari ibintu bitatu by’ingenzi bituma akunda Inkotanyi mu buryo buhebuje. Senateri Mureshywankano ntabwo ajya avuga urukundo akunda Inkotanyi ngo rusigane n’uburyo zamuvanye mu mashyamba ya Congo ahunguka kugeza ubwo yinjiye muri Politiki.
Haherutse kumvikana inkuru ivuga ko mu Karere ka Musanze habereye amabonekerwa aho umubyeyi Bikira Mariya yabonekeye abana babiri ariko nyuma Kiliziya Gatolika yitandukanya n’ibivugwa kuri ayo mabonekerwa ivuga ko yemerwa ari uko habanje gukorwa ubugenzuzi mbwimbitse kugira ngo yemezwe ko ari yo koko.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyatangije ku mugaragaro mu Mujyi wa Kigali igikorwa cyo kwemeza imyirondoro no gufotora abahatuye kugira ngo bazahabwe indangamuntu koranabuhanga.
Guverinoma ya Afurika y’Epfo mu itangazo yasohoye muri iki gitondo yatangaje ko igiye gukura ingabo zayo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), igashyira iherezo ku myaka igera kuri mirongo itatu yari imaze igira uruhare mu bikorwa bya gisirikare (…)
U Rwanda rwakuye Uganda ku mwanya wa mbere mu kohereza ikawa nyinshyi muru Kenya, bishimangira indi ntambwe ikomeye mu rugendo rw’igihugu rwo kongera umusaruro w’ ibikomoka ku buhunzi byoherezwa mu mahanga.
I Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo mu kigo cy’amashuri cya Christ Roi de Nyanza, hatangiye amarushanwa ya volleyball ahuza ibigo by’amashuri bibarizwamo umushinga wa Isonga.
Nyuma y’imyaka hafi ibiri Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rufunze insengero n’imisigiti kubera kutuzuza ibisabwa, kuri ubu hari abatangiye kwishimira ko zimwe zatangiye gukomorerwa.
Nkuranga Alphonse wize mu ishuri ryisumbuye rya IFAK (Institut de Formation Apostolique de Kimihurura) riherereye ku kimihurura mu Karere ka Gasabo, yatangaje ko iri shuri ryanyuze mu bihe bikomeye byashoboraga gutuma ridindira, ariko ashimira cyane Umuryango w’Abasereziyani warishinze ko n’ubwo ryahuye n’ibirijegeza, (…)
Ikipe ya Bugesera FC yanganyije na APR FC ibitego 2-2 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wabereye mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa Gatandatu.
U Rwanda rwitabiriye irushanwa mpuzamahanga rihuza imitwe yihariye ya Polisi n’Ingabo (SWAT/ Special Forces) iturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi.
Hariana Verás Victória, Umunyamakuru ukomoka mu gihugu cya Angola,yihaye kuregera u Rwanda Perezida wa Amerika, Donald Trump, arushinja kutubahiriza amasezerano y’amahoro ya Washington hagati yarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), maze abakoresha imbuga nkoranyambaga baramutamaza bagaragaza imikoranire ye (…)
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yasuye itsinda ry’abasiririkare b’Ingabo z’u Rwanda ahitwa Trelawny, aho ingabo z’ ibihugu byombi zifatanyije mu kubakira abaturage inzu zangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa.
Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Uganda (UPDF) zirwanira ku butaka, Maj Gen Francis Takirwa, yitabye Imana.