Ikipe ya Rayon Sports yatandukanye na kapiteni wayo Serumogo Ally nyuma y’uko asabiwe n’abafana gusimbuzwa mu mukino iyi kipe yanyagiwemo na Al Hilal SC kuri uyu wa Gatandatu, yasimbuzwa bakamuvugiriza induru.
Umutwe wa AFC/M23 wasohotse burundu mu mujyi wa Uvira nk’uko wari wabiteguje, mu rugendo rwo kwerekana ubushake bwo kugarura amahoro mu karere k’Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kubahiriza amasezerano y’agahenge.
Ikipe ya Al Hilal Sports Club yatsinze ikipe ya Rayon Sports ibitego 4-0 mu mikino y’inyongera y’umunsi wa 15, ikomeza gutanga isomo rya ruhago ku makipe akina shampoyona y’icyiciro cya mbere hano mu Rwanda, maze abafana ba Rayon Sports bakomera amashyi abakinnyi b’iyi kipe.
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo kurahira kwa Perezida wa Guinée, Mamadi Doumbouya, wabereye kuri Stade Général Lansana Conté i Conakry, kuri uyu wa Gatandatu.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Amatora muri Uganda yatangaje ku mugaragaro ko Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni, uyobora ishyaka riri ku butegetsi National Resistance Movement (NRM), ari we watorewe kongera kuyobora igihugu mu yindi manda y’imyaka itanu, bityo akazageza mu 2031 akiri ku butegetsi.
Mu gihe u Rwanda rwitegura Isuzuma Mpuzamahanga Ngarukagihe ku Burenganzira bwa Muntu (Universal Periodic Review/UPR), Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), yatangaje ko ibihugu bifata ijambo ku Rwanda byikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka 14 ishize.
Muri weekend ishize, habaye byinshi byo kwishimira; hari imyidagaduro yazanywe na IshowSpeed ukunzwe n’abatari bacye muri iyi si ya Rurema, kuko nasanze n’abana bato bamuzi kundusha. Ariko hari n’ibindi byinshi byabaye ku bakunda kwidagadura.
Sena yateguye igikorwa cyo gusura abaturage mu gihugu hose, hagamijwe kureba ibikorwa mu guteza imbere ubworozi. Iki gikorwa giteganyijwe ku itariki ya 20 kugera ku kuya 28 Mutarama 2026.
Shampiyona ya volleyball umunsi wa 10 watangiranye itsinzi ya Kepler VC naho Police y’abagore yongera gutanga ubutumwa kuri RRA.
Banki ya Kigali (BK), ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’abacuruza n’abatubura imbuto nziza mu Rwanda (NSAR), biyemeje kurushaho guteza imbere urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda, nka rumwe mu nkingi za mwamba z’ubukungu.
Abikorera bari mu bucuruzi, cyane cyane ubwo kuri Internet barakangurirwa gufata ikirango cya Digital Trust Seal, kigaragaza icyizere igicuruzwa runaka gifitiwe, bityo bikaborohera gucuruza mu Rwanda ndetse no ku masoko mpuzamahanga nta nkomyi.
Perezida Yoweri Museveni ari mu nzira yo gutsinda manda ya karindwi ayobora Uganda, nyuma yo kubarura amajwi ahera kuri 60% by’amatora amaze kubarurwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yageze i Lomé muri Togo aho yitabiriye inama y’urwego rwo hejuru igamije guteza imbere amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ndetse no mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Albert Rudatsimburwa, Umunyarwanda uzi cyane amateka ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyane cyane intandaro y’ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuma bw’iki gihugu, avuga ko mu 2021, Perezida Tshisekedi yagiriwe inama mbi yo gukubita M23 aba ari we ukubitwa.
Umutwe wa AFC/M23 washyize Umujyi wa Uvira wo muri Kivu y’Amajyepfo mu maboko y’umuryango w’Abibumbye kugira ngo urinde abaturage bivugwa ko bageramiwe n’ubwicanyi bw’ingabo za Congo n’ababashyigikiye barimo Abarundi, umutwe w’iterabwoba wa FDLR na Wazalendo.
Abanya-Uganda bategerezanyije amatsiko ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu bazindukiyemo, kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama.
Kuri uyu wa 15 Mutarama, Perezida w’Uburusiya Vladimir Putine yakiriye impapuro yashyikirijwe na Maj. Gen. Joseph Nzabamwita zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda mu Burusiya.
Kuri uyu wa Kane, Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahuye n’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura igikombe cya Afurika cya kizabera mu Rwanda kuva tariki 21 kugera tari 31 Mutarama 2026 abaha impanuro n’inshingano yo guhagararira Igihugu neza.
Ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha muby’amategeko LAF ryagaragarije Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside ko hakiri ikibazo mu bunganira abana bato bari mu magororero kubera ubumenyi buke mu bijyanye no kunganira abana.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zatangiye kugurisha ku mugaragaro peteroli ya Venezuela, nyuma y’aho Perezida w’iki gihugu, Nicolás Maduro, ashimutiwe n’ingabo za Amerika, ashinjwa ibyaha byo gukorana n’abambutsa ibiyobyabwenge muri USA.
Mu Buyapani, umusore w’imyaka 18, akaba umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akurikiranyweho gushyira uburozi mu byo kurya bya nyirarume agamije kumwica, kubera ko atari agishoboye kwihanganira urusaku rwo kugona kwe.
Kuva kuri uyu wa 14-16 Mutarama 2026, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, yitabiriye Inama ya 28 y’Abayobozi b’Inteko Zishinga Amategeko mu Muryango wa Commonwealth (CSPOC), ibera mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Buhinde, i New Delhi.
Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba ko hajya hatangwa ibindi bihano bitari ugufunga umuntu mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magororero.
Nyuma yo gukuraho inyubako yakoreragamo kugira ngo itange ikibanza cy’ahazagurirwa umuhanda Prince House-Masaka, Resitora y’Abanyamerika yigaruriye imitima ya benshi yatangiye kubaka inzu nshya izakoreramo.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu MINUBUMWE iratangaza ko kwitabira Urugerero, ari kimwe mu bigamije gusigasira Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, kuko rukomoka mu muco w’abakurambere nk’indangagaciro y’ubwitange.
Abenshi basaba ubwenegihugu bw’u Rwanda ni Abarundi, nk’uko imibare mishya ya Leta ibigaragaza.
Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watoje Rayon Sports n’Umwongereza Mark Harrison n’Umunyarwanda Mateso Jean de Dieu uzungiriza umwe muri bo, bari mu batoza bashobora gutoza Amagaju FC aheruka gutandukana n’abatoza bayo bose.
Ikipe y’igihugu ya Senegal na Morocco zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cya 2025 kiri kubera muri Maroc nyuma yo gusezerera Misiri na Nigeria muri 1/2.
Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe ububanyi n’amahanga (State Department) rwatangaje ko ruhagaritse by’agateganyo gutanga viza z’abimukira ku baturage b’ibihugu 75, hagamijwe gukumira abasaba viza bashobora gufatwa nk’abazaba umutwaro ku nkunga za Leta (public charge).
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame, yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, impapuro zemerera ba Ambasaderi bashya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Ikipe ya Etincelles FC ishobora gutandukana n’umutoza Masudi Djuma nyuma y’ubwumvikane bucye hagati ye n’abakinnyi bamusabiye ko yakwirukanwa.
Ikipe ya APR FC itsinze Amagaju FC igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Muhanga ifata umwanya wa kabiri, Amagaju FC akomeza ku gana ahabi.
U Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri Brigade ishinzwe ubwubatsi (Engineering command) mu rwego rwo gufasha iki gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes kongera kwiyubaka binyuze mu gusana no kubaka ibikorwa remezo byangijwe n’inkubi y’umuyaga (Hurricane Melissa) yakibasiye umwaka ushize.
Umunyarwenya, umukinyi w’amakinamico na filime ndetse akaba n’umuririmbyi, Niyitegeka Gratien wamamaye nka Papa Sava, avuga ko yakoze umuvugo yise Icyivugo cy’Indaya, ku bwe akumva ni mwiza ndetse n’abantu bamwe barawukunda abandi barawanga aho wari kuri You Tube, nyina na we aba mu bo utashimishije amutegeka kuwukuraho (…)
Umugenzi uteze bisi ava muri Gare yo mu Mujyi ajya Kimironko ashobora kwishyura amafaranga atandukanye n’aya mugenzi we uvuye Kimironko aviramo muri Gare yo mu Mujyi.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwatangiye kuburanisha ku ifunga n’ifungurwa mu rubanza umunyamuziki Shema Arnold wamamaye nka DJ Toxxyk aburanamo n’ubushinjacyaha, akaba akurikiranyweho ibyaha bine.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amagaru mu Rwanda ryatangaje ko ryahagaritse Umunya-Algeria Adel Amrouche wari umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi nyuma y’uko atubahirije ibikubiye mu masezerano.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Uwitonze Mahoro Eric, yasabye abagera ku 41,900 batangiye urugerero rw’Intore z’Inkomezabigwi icyiciro cya 13, hirya no hino mu Gihugu, guhanga udushya no kurangwa n’indangagaciro zirimo ubupfura.
Kuri uyu wa Kabiri, Dr Mugemana Charles wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports yitabye Imana azize uburwayi.
Mu Mujyi wa Kigali, gutwara abagenzi kuri moto ni bumwe mu buryo bukoreshwa nabantu benshi mu ngendo za buri munsi.
Nubwo abanyarwanda bose bagejeje imyaka y’ubukure bemerewe gukorera uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga, itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda hari abo ritemerera.
Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe, yasezeye kuri Eric William Kneedler, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda ucyuye igihe.
Roman Korenev, umuyobozi wa serivisi y’abahuza (bailiffs) bashinzwe gukusanya indezo zo kwita ku bana mu gace ka Tyumen mu Burusiya, aherutse gutangaza rumwe mu manza zamutangaje cyane mu zo amaze kubona mu mwuga we.
Kuri uyu wa 13 Mutarama, mu gihugu hose haratangira urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya 13, aho rwitezweho ibikorwa by’iterambere ry’aho batuye ndetse n’iry’Igihugu muri rusange, rusabwa kwirinda kujya mu bigare.
U Rwanda rwatangiye gahunda igera mu gihugu hose igamije gushishikariza abarezi n’abarimu kwimakaza isuku ku ishuri, ndetse bakabikomeza mu ngo zabo.