RPL: Imikino ya APR FC na Rayon Sports yahinduriwe amasaha

Imikino y’umunsi wa 18 wa shampiyona Rayon Sports na APR FC zizakirwamo na AS Kigali na Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium yahinduriwe amasaha kubera amatara.

Ibi byatangarijwe mu itangazo Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwashyize hanze aho rwavuze ko "Rwanda Premier League iramenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru ko habayeho impinduka ku masaha yo gutangira imikino ibiri iteganijwe kubera kuri Stade Kigali Pelé, tariki 4 Gashyantare 2026, Gasogi United na APR FC, tariki 4 Gashyantare 2026 AS Kigali na Rayon Sports."

Rwanda Premier League yakomeje ivuga ko iyi mikino yombi izatangira saa cyenda z’igicamunsi aho kuba saa kumi n’ebyiri z’umugoroba aho izi mpinduka zatewe n’uko gukemura ikibazo cy’amatara acanira ikibuga bizatwara igihe kirenze icyari giteganyijwe.

Ni imikino izaba ari iy’umunsi sa mbere w’imikino yo kwishyura aho muri rusange yatangiye tariki 30 Mutarama 2026.

National Football League

Ibitekerezo   ( 1 )

tubanje kubasuhuza banyamakuru ba kt radio mwatubwira ibyerekeye rayon sport

segatarama j baptista yanditse ku itariki ya: 11-02-2026  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka