Umuganda ngarukakwezi wabaye tariki 26/01/2013 mu karere ka Rutsiro wabereye mu murenge wa Mushubati aho minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, ari kumwe n’abakozi b’akarere ka Rutsiro bifatanyije n’abaturage bo muri uwo murenge mu gikorwa cyo kurwanya isuri.
Hifashishijwe amafishi mpimbano y’abanyamuryango, Sacco Abanzumugayo yo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza yibwe amafaranga hafi miriyoni eshatu; nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Sacco Abanzumugayo, Munyemana Deo abivuga.
Igishanga cya Rugezi giherereye mu karere ka Burera, cyafashwe n’inkongi y’umuriro cyirashya ariko abaturage n’inzego zishinzwe umutekano bahaturiye bihutira kukizimya inkongi y’umuriro itaragera ahantu hanini.
Ikipe z’u Rwanda mu bagabo no mu bagore muri Basketball, zabuze itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, nyuma yo kubura umwanya wa mbere mu mikino y’akarere ka gatanu yasojwe ku wa gatandatu tariki 26/01/2013, i Dar Es Salaam muri Tanzania.
Nyuma yo kwegukana umwanya wa gatatu mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 yasojwe ku wa gatanu tariki 25/01/2013, ikipe y’u Rwanda yahise ibone itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Mexique.
Ku munsi wa 14, utangiza imikino yo kwishyura muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, APR FC na Police FC zanganyije imikino yayo ku wa gatandatu tariki 26/01/2013.
Abahagaritswe muri komite y’urugaga imbaraga ku rwego rw’intara y’Amajyaruguru, baravuga ko ababahagarariye ku rwego rw’igihugu bamanutse bakaganira n’abahinzi ku nzego zo hasi, byakemura ibibazo biri kugaragara muri ino minsi.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arashishikariza abaturage bo mu murenge wa Kagogo gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé) kuko uwo murenge uza mu ya nyuma mu kuyatanga.
Umujyanama wa Minisirtiri wa Siporo n’umuco, Guillaume Serge Nzabonimana, avuga ko ibiherwaho mu kugaragaza intwari kuri iki gihe binyuranye n’ibyaherwagaho mu bihe byahise.
Ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi burasaba abaturage kwikubita agashyi bakitabira umuganda ari benshi kuko bamaze kudohoka bigaragara.
Mu rwego rwo gufasha ababyeyi bo mu mudugudu atuyemo wa Myiha mu kagali ka Myiha mu murenge wa Muhororero ho mu karere ka Ngororero, umwarimukazi witwa Uwitonze Marie Louise yiyemeje kujya yigisha abana mu ishuri ry’incuke ku buntu.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu James Musoni aratangaza ko nta muntu n’umwe uzigera ahungabanya iterambere ry’Abanyarwanda habe n’iyo yagerageza kubinyuza mu nzira zitandukanye.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yashimye ibyiza Abanyagakenke bagezeho birimo umutekano, kwitabira umurimo, anabizeza ko mu mezi make ari imbere imirenge idafite umuriro w’amashanyarazi izaba yawubonye.
Umutwe w’Inkeragutabara, usanzwe umunyerewe mu bikorwa byo kurinda umutekano n’ibindi bigamije iterambere rusange, umaze guhugurirwa gutera amatungo intanga, kugirango ufashe Leta kuziba icyuho cy’abakozi badahagije, nk’uko bitangazwa n’ikigo RAB gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi.
Mu muganda rusange ngarukakwezi wakozwe kuwa gatandatu tariki 26/01/2013, abawitabiriye basabwe kugira uruhare rugaragara mu kunoza isuku by’umwihariko kurwanya ikoreshwa ry’amashashi kuko yangiza ibidukikije.
Mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, abayobozi mu nzego z’ibanze basabwe gucika ku muco wo kwaka umuti w’ikaramu n’inzoga y’abagabo kuko bifatwa nka ruswa kandi bigashobora kuba intandaro yo kudakemura ibibazo by’abaturage neza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) gifatanyine na Rwanda Art Initiative, byateguye ibiganiro hirya no hino mu gihugu, bigamije kuganira n’urubyiruko ku mpano z’ubuhanzi n’icyo bifuza ko cyakorwa kugira ngo bigire icyo bibamarira.
Abadepite bo muri Komisiyo y’ubukungu basuye urugomero rw’amashanyarazi rwa Musarara ruri mu Murenge wa Rusasa, Akarere ka Gakenke, bashimye aho imirimo y’urugomero igeze kugira ngo abaturage bagezweho amashanyarazi.
Nyuma yuko baboneye akamaro k’amata y’ihene n’abayonyeho bagatanga ubuhamya bw’uko yabakuye kure bagiye gupfa kubera intungamubiri nyinshi agira, byatumye ayo mata ahenda.
Umugabo witwa Andrey Gadzhiev ukomoka mu gihugu cya Serbia yahaze inzoga zimwoshya gutemagura umwishywa we ufite umwaka n’igice, arangije ibice by’umubiri we abyotsa ku mbabura nk’aho ari brochette ashaka kurya.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi batangaza ku munsi w’Intwari z’igihugu uteganyijwe tariki 01/02/2013, bazirikana cyane intwari Major General Gisa Fred Rwigema, kuko bemeza ko aza ku isonga mu bitangiye igihugu.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa handball mu Rwanda buravuga ko mu minsi micye bwitegura gutangiza amakipe y’abana batarengeje imyaka umunani “Mini Handball”, bazajya bakina umukino wa handball.
Abandi banyarwanda 34 baturutse mu bice bya congo bitandukanye bagarutse mu gihugu cyabo, nyuma y’igihe kirekire barahungiye muri congo. Bose batangaza ko batari bazi amakuru y’impamo ku birebana n’u Rwanda, aho ngobumvaga bafite ubwoba bwo kugaruka.
Mukarugema Immacule w’imyaka 73 yitabye Imana ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana, kuwa Kane tariki 24/01/2013. Bikavugwa ko yaba yazize amakimbirane ashingiye ku mutungo w’ubutaka.
Ivugururwa ry’ingengo y’imari rya Minisiteri y’imari n’igenamigambi riherutse kuba ryagabanyije ku ngengo y’imari y’Akarere ka Huye amafaranga agera kuri miriyoni 99. Icyakora, ngo ibi ntibizabuza ko ibikorwa byari biteganyijwe bikorwa.
Ministiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yasabye urwego rw’abikorera bo mu Rwanda (PSF), gufata iya mbere mu gukora imirimo yose y’iterambere ry’igihugu badasabye Reta ubufasha, mu rwego rwo kwirinda ko abantu bitiranya inshingano za Reta n’iz’abikorera.
Gushyirwa kw’abahanzi ku mpapuro zitandukanye zamamaza ibitaramo mu mujyi wa Kigali, bikomeje guteza urujijo abenshi mu bankunda umuziki Nyarwanda, kuko usanga ibyo bitaramo bibera amasaha amawe kandi ahandi hatandukanye.
Umushinga w’Ikigega cy’u Buyapani gishinzwe imibanire (JICA), wahaye abahinzi b’umuceri ubumenyi bwo kuwuhinga, kuwurobanura no kuwuhumbika neza bakawutera kandi ukera ari mwinshi kuruta uko babonaga.
Abayobozi baturutse mu bihugu bya Tanzaniya na Kenya baje kureba uko u Rwanda rwakoze kugira ngo rugire isuku n’umutekano rwasorejwe mu karere ka Nyanza tariki 25/01/2013. Abarwitabiriye batangariye ibikorwa by’amajyambere biboneye n’amaso yabo.
Akarere ka Kicukiro gafatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishwinzwe guteza imbere imiyoorere myiza (RGB), byagiranye ibiganiro n’abafatanyabikorwa mu rwego rwo gutegura no kurebera hamwe uburyo ibyateganyijwe gukora mu kwezi kw’imiyoborere myiza byazagera ku ntego.
Jean de Dieu Hagumimana wari utuye mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, yiciwe mu gasantere ka Kabihanga muri Uganda, atewe icyuma mu rubavu n’abantu bari barimo basangira mu kabari ko muri ako gasantere.
Perezida Museveni yakiriye intumwa za M23 ziri mu mishyikirano i Kampala, zimugezaho ikibazo cy’uko imishyikirano idatera imbere.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, arasaba abarimu gukurikirana neza amasomo y’icyongereza bahabwa, kuko igihe kizagera bagahabwa ikizamini, abazatsindwa bagasimbuzwa abandi.
Umuhanzi Kamichi aramurika indirimbo ye « Ntunteze abantu » mu gitaramo agirira muri Planet Club kuri KBC ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013 guhera saa tatu za nijoro kugeza bucyeye.
Umusore witwa Tuyisenge Jean de Dieu yatahutse mu Rwanda tariki 24/01/2013 avuye mu mashyamba ya Kongo aho yabaga mu mutwe wa FDLR muri zone ya Mwenga.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abubatse amazu agira aho binjira hamwe ntagire aho basohokera (EXIT) ko bayakosora mu rwego rwo kwirinda impanuka.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball y’abagabo irakina umukino wa ½ cy’irangiza na Somalia mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013, mu marushanwa y’akarere ka gatanu akomeje kubera i Dar Es salaam muri Tanzania.
Intumwa za Banki y’isi zasuye ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Gatsibo bishyirwa mu bikorwa n’umushinga RSSP ukorera muri minisiteri y’Ubuhinzi n’uborozi uterwa inkunga na banki y’isi.
Ndayisenga Valens ukina umukino w’amagare mu ikipe ya Amis Sportif ndetse n’ikipe y’igihugu, yerekeje muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013, aho agiye gukorera imyitozo, no kongera inararibonye muri uwo mukino.
Urubuga rwa Twitter rwashyiriyeho abayikoresha serivisi ya video yitwa Vine kugira ngo bajye basangira amakuru barebana.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball y’abatarengeje imyaka 17, irakina umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cy’ingimbi kirimo kubera muri Algeria kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013.
Imbaraga ziracyakenewe mu bikorwa bitandukanye by’umuhigo w’uyu mwaka mu karere ka Gisagara, kugira ngo ntibabe basubira inyuma aho bageze. Ibi ni ibyatangajwe n’itsinda rigenzura ibikorwa by’umuhigo ku rwego rw’igihugu ubwo ryagenzuraga ibyo mu karere ka Gisagara kuri uyu wagatatu tariki 23/01/2013.
Abanyarwanda 60 batahutse bavuye muri Congo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013 bavuga ko bari barahejejwe ishya no kubura amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda; ngo amakuru bumvaga ni ayo kubabwira ibibaca intege.
Umuririmbyi Peter Okoye wo mu itsinda P-Square, n’umukunzi we Lola Omotayo, bibarutse umwana w’umukobwa. Lola yabyariye uwo mwana mu bitaro byo mu mujyi wa San Francisco muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika tariki 22/01/2013.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, azifatanya n’abaturage bo mu Murenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke mu muganda rusange ngarukakwezi uzaba kuri uyu wa gatandatu tariki 26/01/2013 .
Edouard Twizeyimana, Jean de Dieu Habineza na Daniel Bakunda bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, bazira kwica imbogo muri Parike y’Akagera.
Nubwo mu karere kaRuhango hari umubare munini w’abaturage ukibarirwa munsi y’umurongo w’ubukene, hari abandi baturage bahamya ko bamaze gutera imbere kubera intwari zitangiye igihugu.
Biteganyijwe ko abantu 11 bazatanga ubuhamya mu rubanza rwa Munyenyezi Beatrice ruzaba tariki 04/02/2013. Uyu Munyarwandakazi akurikiranweho kwinjira mu Leta zunze Ubumwe z’Amerika no kubona ubwenegihugu bw’icyo gihugu mu buryo budakurikije amategeko.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu batangaza ko bugarijwe n’ikibazo cy’ubujura butobora amazu bugamije kwiba television n’ibikorana nayo nk’ibikoresho bikoreshwa n’amashanayarazi.