Ababyeyi n’abarezi b’Urwunge rw’amashuri rwa Gatizo, barashima igikorwa cyo gutoza abana isuku y’amenyo no gukaraba intoki, Umunyakoreya y’Epfo HWANG MIN-HE, uzwi ku izina rya URUMURI, yafashijemo iki kigo mu gihe cy’imyaka ibiri.
Mu minsi itari myinshi servisi za Gasutamo ndetse n’iz’Abunganira abacuruzi muri Gasutamo (Clearing Agencies) zo muri Uganda n’u Rwanda zizaba zifite abakozi ku Cyambu cya Mombasa.
Dusabeyezu Emmanuel w’imyaka 20 y’amavuko wigaga mu mwaka wa kane ku ishuri ryisumbuye rya Kabona riherereye mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro yabuze mu kigo tariki 07/07/2013, umurambo we uboneka tariki 23/07/2013 mu musarani utagikoreshwa hafi y’aho yari acumbitse hanze y’ikigo.
Abaganga b’Abahindi bari mu Rwanda mu gihe cy’iminsi ibiri kuva tariki 24/07/2013 aho bari kuvura zimwe mu ndwara n’ibibazo byasabaga umurwayi gufata indege bakajya hanze.
Uruganda Brasserie des Milles Collines (BMC) rusanzwe rukora inzoga ya Skol rwashyize ahagaragara inzoga nshya rwise Virunga Mist. Iyo nzoga ishobora kunywebwa n’abarwayi ba diyabete yamuritswe mu muhango wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 24/07/2013.
Imirenge ya Gisozi na Ndera yo mu karere ka Gasabo irizera gukomeza iterambere ishyiraho ibikorwa bitandukanye nk’amazu y’ubucuruzi, mu gihe aka karere nako kemeza ko iyo gahunda ari nziza kuko izinjiza imisoro izazamura akarere n’igihugu muri rusange.
Nyuma y’uko hafunguwe iguriro cyangwa Selling Point mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo abarikoreramo barifuza ko amasoko mato mato arikikije yashyirwa muri iyi nyubako bakagwiza imbaraga.
Umurambo w’umwana w’imyaka 12 wo mu mudugudu wa Mbogo mu kagari ka Butare mu murenge wa Gihombo, mu karere ka Nyamasheke wataruwe mu Kiyaga cya Kivu kuri uyu wa 24/07/2013 nyuma y’uko yari yarohamye ku wa 22/07/2013 ubwo yari yajyanye n’abandi bana “kurya umunyenga mu bwato”, ariko bukaza kurohama.
Mu igenzura ry’imihigo y’akarere ka Rubavu 2012-2013, ubuyobozi bw’ako karere bwagaragaje imbogamizi buhura nayo irimo kuba bamwe mu baturage batitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza kubera gukoresha imiti ya magendu bagura mu mujyi wa Goma.
Abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza ngo baramutse babonye inyoroshya ngendo barushaho kunoza akazi ka bo, nk’uko bivugwa na Tuyisenge Emmanuel uhagarariye abajyanama b’ubuzima muri uwo murenge.
Ikipe y’igihugu Amavubi, mu myitozo irimo mu karere ka Rubavu, kuwa kabiri tariki 23/07/2013, yakinnye umukino wa gicuti n’abakinnyi bakomoka muri ako karere, maze ibatsinda igitego 1-0.
Umukecuru w’imyaka 72 witwa Adela Nyiraruvugo utuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke amaze imyaka itatu arwaye indwara isa n’ibisazi kandi ikagaragaza ibimenyetso by’amashitani.
Abayobozi b’ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko mu nama y’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR), bateraniye i Kigali kuva 24-25/07/2013, aho bajya impaka ku myanzuro bazashyikiriza abakuru b’ibihugu byabo, basaba ko habaho gukemura mu buryo bwa politiki, amakimbirane n’intambara bibera mu bihugu bigize ICGLR.
Bernard Munyagishari wayoboraga MRND ku Gisenyi akaba yari afungiye ku rukiko mpuzamahanga mpanabayaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) yoherejwe kuburanira mu Rwanda. Yagejejwe i Kigali kuri uyu wa gatatu tariki 24/7/2013, ahagana saa 17h15.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball mu bakobwa b’abangavu (Junior), izaba iri mu itsinda rya mbere (Poule A) ririmo igihanganye Angola, mu gikombe cya Afurika cy’abakiri bato (Junior) kizabera muri Congo Brazzaville kuva tariki 20/08/2013.
Akarere ka Gasabo n’abafatanya bikorwa bako biyemeje ko igihembwe cy’ihinga gitangirana n’ukwezi kwa cyenda kigomba kurangwamo impinduka nshya mu buhinzi n’ubworozi muri aka karere gasa nk’aho kasigaye inyuma muri ibyo bice.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 24/07/2013 mu Karere ka Gakenke hatangijwe ku mugaragaro umushinga “Umugore arumvwa” wa Care International ifatanyije na Haguruka ugamije kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abadage bo mu kigo cya MDH AG Mamisch Dental Health bemereye Ibitaro by’akarere ka Nyanza inkunga yo kuvugurura serivisi y’ubuvuzi bw’amenyo yari isanzwe ikorera muri ibyo bitaro ariko nta bikoresho bihagije ifite.
Umuryango w’Abibumbye wagaragaje icyizere ufitiye u Rwanda muri gahunda z’ubukungu, uhuriza hamwe inkunga zanyuraga mu miryango yayo itandukanye. Ku ikubitiro watanze miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika azakoreshwa mu myaka itanu.
Niyodusenga Christine ufite imyaka 10 na Uwamahoro Chance w’imyaka 7 bose bo mu kagali ka cyome mu murenge wa Gatumba akarere ka Ngororero bitabye Imana saa munani tariki 24/07/2013, baguye mu mugezi wa Nyabarongo.
Kompanyi ikora ibikorwa byo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu yitwa RGL (Rwanda Garden and Landscaping Security Company) igiye gutanga akazi ku bantu 200 bavuye ku rugerero bazwi ku izina ry’Inkeragutabara, mu bikorwa byo gucunga umutekano.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bwavuje umugore wari umaze imyaka itari mike afatwa na benshi nk’umurwayi wo mu mutwe, aho bakundaga kumwita umusazi, aza gukira none ubu abayeho nk’abandi bose.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gahini mu karere ka Kayonza, Dr. Alphonse Muvunyi, avuga ko indwara z’amenyo ari zo ziza ku isonga mu zo abarwayi bivuriza muri ibyo bitaro, kuko zihariye 38%.
Umuyobozi wa Banki Nyafurika y’Iterambere BAD, Donald Kaberuka ukomoka mu Rwanda, ari i Washington, DC muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuva tariki 24-27/07/2013, aho agomba gushyikirizwa ibihembo bigenerwa abanyantu bitangira ibikorwa bigamije iterambere (Development Awards).
Mu kagari ka Kigarama mu murenge wa gishyita akarere ka Karongi, haravugwa umusaza w’imyaka 60 ushinjwa kwangiza umwana w’umukobwa w’imyaka icyenda amufashe ku ngufu, ariko hari n’ibindi bihuha byemeza ko uwo musaza ngo ashobora kuba nta gitsina afite.
Kuri station ya Police yo mu murenge wa Gishyita, akarere ka Karongi hafungiye umusore wo mu murenge wa Mubuga ushinjwa kuba yarishe se akabihisha.
Hotel Dayenu iri mu mujyi wa Nyanza yagombaga gutezwa cyamunara tariki 24/07/2013 kubera ideni ifitiye Banki y’amajyambere y’u Rwanda (BRD) yabaye ihagaritswe kubera ubwumvikane impande zombi zagiranye.
Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba, aratangaza ko yishimira cyane uburyo akarere ka Rulindo kagenda gatera imbere mu gukorana na gahunda ya Hangumurimo.
Ku bufatanye bwa ELE Rwanda na Press One, tariki 02-03/08/2013, muri Oklahoma City hazabera igitaramo kizwi ku izina rya “Ndi uw’i Kigali Tour” cy’abahanzi Ngabo Meddy, The Ben na K8 Kavuyo kuri ubu babarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ku wa gatandatu tariki 27/07/2013 nibwo abahanzi batanu bazakomeza amarushanwa ya PGGSS 3 bazamenyekana mu muhango uzabera muri Serena Hotel. Muri aba ni naho hazavamo uzegukana iri rushanwa ku nshuro yaryo ya gatatu.
Kuri uyu wa kabili tariki 23/07/2013, mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, ubuyobozi bwasabye ko impfubyi ya Jenoside isubizwa isambu yari yarambuwe mu buriganya n’umuntu wamufatiranye mu bibazo akiri umwana muto.
Ku mugoroba wo kuwa kabili tariki 23/07/2013, ku biro by’akarere ka Karongi hahungiye umugore wo mu murenge wa Twumba wemeza ko umugabo we yamubwiye ko azamwicana n’abana barindwi babyaranye.
Mu ruzinduko rw’umunsi umwe umuyobozi w’intara y’Amajyepfo Munyantwari Alphonse yagiriye mu karere ka Ruhango abaturage bamugaragarije ibyishimo baterwa na Leta y’ubumwe kuko yatumye bashobora kwigeza ku bikorwa by’iterambere kandi mu gihe gito.
Abagore 230 bo mu cyiciro bya 1 ni icya 2 cy’ubudehe, bibumbiye mu makoperative abili bahawe miliyoni 36 n’umushinga FIOM-Rwanda ngo bagure imashini zitunganya kawunga iva mu bigori biteze imbere.
Ikigo cyigenga gikorana n’amadini n’amatorero mu kwigisha urubyiruko rwacikirije amashuri, New Dynamic Arts Business Center (NDABUC) kimaze kwigisha abana bagera kuri 250 batishoboye bacikirije amashuri kubera impamvu zitandukanye.
Mu gihe bikunze kubera abantu urujijo ukuntu uturere duhiga imihigo nyuma tukavuga ko twayesheje ku gipimo gisaga 100%, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, avuga ko ibi bishoboka kandi atari ugukabya ahubwo ko biterwa n’imbaraga nyinshi abantu bagenda bashyira mu mihigo no kwiyumvamo inshingano (…)
Ikoranabuhanga rya mVisa Banki ya Kigali (BK) yatangije kuri uyu wa kabiri tariki 23/07/2013, rizafasha abantu kuzigama amafaranga kuri telefone no kubikuza, kwishyura ibyo baguze (haherewe ku amashanyarazi, amazi n’ikarita yo guhamagara), ndetse no kohererezanya amafaranga byihuse, umuntu atarinze kuyafata mu ntoki.
Polisi y’igihugu ntizihanganira uwo ariwe wese ukora ibikorwa bihungabanya umutekano, byaba ibikorwa cyangwa amagambo agamije guhahamura abaturage, nk’uko byemezwa n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Emmanuel K. Gasana.
Bimwe mu bibazo bibangamira ibidukikije mu karere ka Nyabihu harimo icyo kudafata amazi amanuka ku mazu ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe bukorwa muri tumwe mu duce tw’aka karere.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 23/07/2013, ubuyobozi bw’Akagari ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke bwafatiye abana 10 mu nzu yerekana filime zihinduwe mu Kinyarwanda zizwi nk’ “udusobanuye” mu Mujyi wa Gakenke, Akarere ka Gakenke.
Uwari umukozi wa koperative yo kubitsa no kuguriza y’umurenge wa Gatumba (UMUSINGI SACCO) witwa Nirere Verene, ubu afunze akurikiranyweho kunyereza umutungo w’iyo Sacco.
Shirimpumu Jean Claude utuye mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi avuga ko ubworozi bw’ingurube aribwo bwamurihiye icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) ndetse zirihira n’umugore.
Umugabo witwa Niyoyita Adam yafatiwe mu cyuho agerageza kwiba agasanduku gashyirwamo amafaranga y’inkunga yo gufasha ibikorwa bikorerwa ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Aborozi 146 bazafasha bagenzi babo kwita no kuvura amatungo mu gikorwa gisa n’icy’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Rwamagana bashyikirijwe inyoroshyangendo n’ibikoresho bakeneye ngo bazabashe gufasha aborozi muri ako karere korora amatungo atarangwaho indwara.
Abaturage batuye munsi y’ishuli ryisumbuye rya ESN ( Ecole des Sciences Louis de Montfort) ryubatse mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bavuga ko umwanda uriturukamo ubarembeje mu gihe ubuyobozi bw’ikigo bwo buvuga ko ntako butagize ngo bukemure icyo kibazo.
Ihuriro ry’abagore bo muri Congo, u Rwanda n’u Burundi (La synergie des femmes pour la paix et reconciliation des peoples des grands lacs d’afrique) ngo rimaze gutera intabwe ishimishije kuko ngo basigaye bambukiranya imipaka badafite ubwoba kuko ngo baba bafite bagenzi babo basangayo.
Umugore witwa Mukankusi Eugenie utuye mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, avuga ko yahagaritse umurimo wo kwigisha mu mashuri abanza maze ajya mu murimo wo guhinga ndetse no gutubura imbuto y’ibirayi kuko ariwo utanga amafaranga menshi.
Imodoka y’ikamyo ijyana ibicuruzwa muri Congo yakoze impanuka ikomeye mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi hafi y’inkambi ya Nyagatare tariki 21/07/2013, abari bayirimo babasha kuvamo hakoreshejwe imbaraga ariko ntawahasize ubuzima.