Nubwo ingabo za LONI muri Kongo zaraye zihakanye ko zitigeze zifasha ingabo za Kongo kurasa ku Rwanda, ibimenyetso bitajijinganywaho biragaragaza ko MONUSCO iri gukorana bya hafi n’ingabo za Kongo kandi ibyo binyuranye n’amahame ibihugu byo mu karere byemeje kugenderaho ngo Kongo ibone umutekano.
Abaturage batuye akarere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bwabo ko bwabagoboka bugakorana n’ikigo gishinzwe amashanyarazi, amazi isuku n’isukura (EWSA) maze bagakemurirwa ikibazo bafite cyo kubura amazi.
Kuri uyu wa gatatu tariki 17/07/2013, inzego z’umutekano mu karere ka Nyamagabe zakoze umukwabu maze hafatwa litiro zigera kuri 2400 z’inzoga zinkorano zitemewe mu mugi wa Nyamagabe mu murenge wa Gasaka.
Uwahoze ari Umukinnyi w’ikirangirire akamenyekana cyane muri Manchester united, Quinton Fortune, wasoje uruzinduko rwe rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 17/07/2013, avuga ko yanejejwe cyane no gusura u Rwanda kandi ko azakomeza kuza kurusura.
Abantu batanu bashakishwaga na Polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Nyamasheke bakurikiranyweho kuba barakubise abayobozi b’umudugudu wa Bizenga, batawe muri yombi mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 17/07/2013 mu mukwabo wari ugendereye kubashakisha.
Quinton Fortune, wigeze kuba umukinnyi ukomeye w’umupira w’amaguru yemeza ko Abanyarwanda nabo bavamo ibihangange mu gukina umupira w’amaguru baramutse bahawe amahirwe yo kwerekana impano bafite.
Umuyobozi w’intara y’Amajyaruguru, arasanga imyaka ishize abagore baboneka ku mwanya w’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage yarabaye igihe gihagije cyo kwitegura ku buryo bashobora kuzamurwa ku buryo 30% by’abayobozi b’uturere muri manda itaha baba ari abagore.
Ministiri mushya washinzwe kuyobora Ministeri y’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (MINEAC), Jacqueline Muhongayire, yemereye uwo asimbuye, Monique Mukaruriza, ko mu by’ingenzi bisaba imbaraga azahangana nabyo, ari uguharanira ko umuhanda wa gari yamoshi n’imiyoboro ya peterori byagezwa mu Rwanda.
Amakuru atangajwe n’umuvugizi w’ingabo za M23, Col. Jean Marie Kazarama, aremeza ko kuri uyu mugoroba tariki 17/07/2013, barashe ingabo za FARDC zimwe zikambuka umupaka ziza mu Rwanda.
Kankundiye Alphonsine utuye mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kitazigurwa mu karere ka Rwamagana arashimira Leta y’u Rwanda yatekereje gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu.
Gatoya Nsengiyumva Samson w’imyaka 63 yabuze aho akomoka nyuma yo gutahuka avuye muri Congo tariki 28/06/2013. Ibi ngo biterwa no kuba uyu musaza yaravukiye muri Congo aho ababyeyi be bamubwiraga ko inkomoko ye ari mu icyahoze ari perefegitura ya Ruhengeri.
Twizeyimana Raymond w’imyaka 33 uvuka mu karere ka Rulindo yatoraguwe mu bwiherero bwo ku mupaka wa Gatuna mu karere ka Gicumbi ajyanwa kwa muganga kuri post de santé ya Gatuna ari naho yahise apfira.
Umukambwe w’imyaka 91 wo mu gihugu cya Bangladesh witwa Ghulam Azam yakatiwe n’urukiko rw’icyo gihugu igihano cy’igifungo cy’imyaka 90 kubera ibyaha yakoze mu ntambara yo kwibohora.
Inzego zishinzwe umutekano mu mujyi wa Karongi zataye muri yombi abakarasi ba agences zitwara abantu (Capital n’Impala), tariki 16/07/2013, nyuma y’uko umugenzi yibwe ama euro 500, n’ama dollars 400 yari amaze kuvunjisha mu manyarwanda.
David Beckham ntakiri mu kibuga cya ruhago, ubu noneho arabarizwa mu biganiro kuri televiziyo, aho yashyize umukono ku masezerano yo kuzajya agaragara mu biganiro bya siporo bigenewe abana kuri televiziyo.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, aramara impungenge bamwe mu bagiraga impungenge zo gutangira ubucuruzi kubera ibibazo by’ubukode buhenze, avuga ko amazu y’bucuruzi ari kuzamurwa hirya no hino muri Kigali ariyo azakemura icyo kibazo.
Beatrice Munyenyezi w’imyaka 43 yahamijwe icyaha cyo kubeshya mu makuru yatanze ahakana ko nta ruhare yagize muri Jenoside kugira ngo abone uburenganzira bwo kuba muri Amerika nk’impunzi bityo urukiko rwa New Hampshire rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 10.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Jabo Paul, arahamya ko ikibazo cy’imicungire mibi y’umutungo wa Leta cyakunze kugaragara mu karere ka Nyamasheke kimaze gucika, ngo igisigaye ni ukujya aho ibikorwa bikorerwa kugira ngo harebwe koko ko ibyo bikorwa bifatika.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ifatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye, iri gutegura icyiciro cya 6 cy’ITORERO ry’urubyiruko rutuye mu mahanga.
Abanyarwanda 25 bageze mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi tariki 16/07/2013 bavuye muri Congo aho batangaza ko ngo banze gukomeza kwitwa impunzi kandi mu igihugu cyabo hari umutekano.
Hagenimana Enock w’imyaka 18 na Uwimana Aloys w’imyaka 27 bari mu maboko ya polisi guhera mu ijoro rya tariki ya 16/07/2013 bakekwaho kwiba moto ifite purake RA 497L.
Abantu barindwi barimo abagore bane n’abagabo batatu bacumbikiwe na Polisi mu karere ka Nyanza bazira gufatanwa ibiyobyabwenge babinywa abandi babicururiza mu ngo zabo.
Umuntu umwe wagendaga n’amaguru yahitanywe n’imodoka yamugonze naho 19 bari bayirimo barakomereka, cyakora ngo umunani muri bo bakaba ari bo bakomeretse bikabije, bakaba barwariye mu bitaro bya Ruhengeri.
Nk’uko bisanzwe bibaho buri mwaka, tariki 13/07/2013, Abanyarwanda baba mu mujyi wa Guangzhou mu Bushinwa bakoze ubusabane ndetse banakira abanyamuryango bashya.
Mu gihe intambara irimbanyije mu nkengero z’umujyi wa Goma hagati y’abarwanyi ba M23 n’ingabo za Congo (FARDC) Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma bakomeje gukorerwa ihohoterwa no kuburirwa irengero.
Mu gihe abacuruzi b’inyongeramusaruro bari bamaze imyaka itatu bunguka amafaranga 15 ku kilo, kuva mu gihembwe cy’ihinga 2014 A, bagiye kujya bunguka amafaranga 30 ku kilo. Ibi rero ngo ni intambwe ikomeye ituma barushaho gukunda no gutezwa imbere n’ubucuruzi bwabo.
Bamwe mu bantu baganiriye na Kigali Today, kuri uyu wa kabiri tariki 16/07/2013, baje kureba aho bakorera ikizamini cy’impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga bemeza ko gukorera impushya byorohejwe, kugira ngo uyibone bisaba kuba witeguye neza.
Ubwo hatangizwaga igikorwa cyo kugenzura uko imihigo y’uturere y’umwaka wa 2012-2013 yashizwe mu bikorwa, hagaragayemo amatsinda abiri ashinzwe kugenzurana. Abagenzura imihigo nabo bafite irindi tsinda rigomba kugenzura uburyo babikora.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, akaba n’ushinzwe kureberera akarere ka Nyanza muri guverinema ubwo tariki 16/07/2013 yagiriraga uruzinduko rwe rw’akazi muri ako karere yasabye abagatuye kudapfusha ubusa amahirwe ahaboneka.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasinyanye na Polisi y’igihugu n’ishyirahamwe ry’amasosiyete y’ubwishingizi amasezerano agamije kurinda ibikorwaremezo by’umujyi n’abawurimo. Igikorwa kizungura impande zose kinarusheho kongera umutekano mu murwa mukuru w’igihugu.
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yatangarije abagize Inteko ishinga amategeko kuri uyu wa kabiri tariki 16/07/2013, ko ibyiciro by’ubudehe bigiye kuvugururwa kugirango bihuzwe n’imibereho ya nyayo y’Abanyarwanda, hagamijwe kuzamura imibereho y’abatishoboye.
Abanyeshuri bagera ku 1000 bazahabwa impamyabumenyi n’ishuri rikuru rya Institut Superieur Pédagogique de Gitwe “ISPG” tariki 01/08/2013.
Nyuma y’uko mu minsi ishize hari abagore babiri batashye barira ntacyo bacyuye cyo guha abana kandi baje guhaha, ahagana saa 13h zo kuri uyu wa Kabiri tariki 16/07/2013, undi mugore witwa Mukankubana Immaculee yariwe amafaranga 6.000 yari yazanye guhaha nyuma yo kuyasheta mu mukino uzwi nka “kazungunarara”.
Umuhanzikazi Jozy yibarutse umwana w’umuhungu kuwa gatanu tariki 12/07/2013, ku munsi yari yarabwiwe na muganga. Amakuru dukesha abantu ba hafi ni uko uyu muhanzikazi yibarutse neza gusa akaba akinaniwe ariko bitari cyane.
Ku cyumweru tariki 14/07/2013 ubwo habaga igitaramo cyateguwe na Bahati Alphonse mu rwego rwo gutera inkunga imirimo yo kubaka urusengero rwa ADEPR Gisenyi, habonetsemo amafaranga 870 000.
Chorale de Kigali yateguye igitaramo yise “Special Concert for Classic Music” kizaba ku cyumweru tariki 28/07/2013 muri Hotel Novotel mu mugi wa Kigali guhera ku isaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h).
Umusore witwa Nsanzimana Evariste, wari utuye mu kagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yitabye Imana akubiswe ibuye mu mutwe bikaba bikekwa ko yishwe na mugenzi we bari bavanye mu bukwe, basangiye ikigage.
Ubuyobozi bwa seminari nto ya Kabgayi iherereye mu karere ka Muhanga busanga ari ingenzi ko abarangiza mu mashuri runaka bajya bagira igihe cyo gusubirayo ngo barebe aho bize uko hifashe ndetse banatange urugero ku bahasigaye.
Abaturage batuye n’abakorera mu ga-centre ka Gisakura kari mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke barakangurirwa gufata iya mbere mu kuvanaho amazu yubatse mu kajagari ahubwo bakishyira hamwe bubaka inzu y’ubucuruzi ibereye kugira ngo babone inyungu nyinshi.
Abanyarwanda binjira mu bucuruzi cyangwa indi mishinga ibyara inyungu, barakangurirwa kujya babanza bagasuzuma niba ibyo biyemeje gukora bizabungukira, aho kugira ngo bahite bakora ibyo babonye bagenzi babo bakoze.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, asanga abunzi bakwiye guhabwa agaciro bakitabwaho ku bw’umurimo bakora ukomeye. Ibi minisitiri yabitangarije mu karere ka Muhanga ubwo yaganiraga n’abakozi b’iyi minisiteri bakorerera mu turere 15 tw’igihugu bashinzwe inzu zunganira mu mategeko (MAJ).
Abatuye umujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi batewe impungenge n’umugore witwa Mariya umaze hafi ukwezi kose yirirwa yirukankana umwana muto w’umukobwa mu mugongo kubera uburwayi bwo mu mutwe afite.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 15/07/2013 mu karere ka Kirehe haraye hageze Abanyarwanda 29 birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya ahitwa Ngara hamwe na Benako.
Icyimpaye Leoncie w’imyaka 61 wari utuye mu mudugu wa Kangoma mu kagari ka Kizibere umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, umurambo we bawusanze mu rutoki hafi yaho yahingiraga uwitwa Munyaneza Frodouard ku mugoroba wa tariki 15/07/2013.
Urwego rushinzwe kugenzura ishyirwamubikorwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo (Gender Monitoring Office) ruravugako n’ubwo hari byinshi bigomba gukorwa, ngo aho u Rwanda rugeze harashimishije ndetse n’intambwe rutera ni ndende cyane.
Umugore witwa Kampundu Gerardine w’imyaka 20 y’amavuko yatemye nyina umubyara witwa Dusabe Espèrance w’imyaka 39 y’amavuko amukomeretsa ku matako no ku maboko amuziza ko yamufashe asambana n’umukwe we.
Ku nkunga ya USAID, umushinga witwa Rwanda Family Health Project umaze umwaka ushinzwe, kuri uyu wa mbere tariki 15/07/201, washyikirije ibitaro bya Nemba ibikoresho bizakoreshwa muri One Stop Center izita ku bantu bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Ministeri y’ubuzima ivuga ko nubwo nta mibare ifatika yakozwe, bigaragara ko 70 % by’Abanyarwanda bagana ibitaro ari abarwaye indwara zitandura.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Ethiopia, Sewnet Bishaw, yizeye kuzatsindira Amavubi i Kigali mu mukino wo kwishyura, maze akajyana ikipe ye mu gikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo (CHAN) kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Ikipe ya Mukura Victory Sport itaragura umukinnyi n’umwe kugeza ubu, ngo iri mu biganiro n’abakinnyi benshi, harimo abakinaga muri Bugesera FC, muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse hari n’Abarundi.