Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda yiswe e-mboni ikomeye mu ikoranabuhanga, izafasha kwakira inyandiko ikazibika ndetse ikanazoherereza abantu batandukanye nta mpapuro zikoreshejwe.
Minisitiri Seraphine Mukantabana ushinzwe gucyura impunzi no guhangana n’Ibiza mu Rwanda arahamagarira Abanyarwanda bose bakiri mu buhungiro gutaha mu gihugu cyabo hakiri kare kuko mu mpera z’uyu mwaka ubuhunzi buzaseswa burundu ku Banyarwanda kandi ngo uzaba atarahata ashobora kuzamburwa ubuhunzi n’ubwenegihugu bw’u Rwanda.
Itsinda ry’ubutabazi rigishakisha ababa baguye mu mpanuka y’indege yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 04/03/2013 mu mujyi wa Goma, yamaze kubona abagera kuri batanu muri 35 yari itwaye, abandi bakaba bagishakishwa.
Umugabo witwa Saratiel Nyandwi aravuga ko ishyaka rya RNC, Rwanda National Congress, ryabeshye Abanyarwanda batuye muri Afrika y’epfo ko mu Rwanda hari ibibazo bikomeye ibyo bituma ribona abayoboke n’ubwo atabazi neza umubare. Nyandwi aravuga ko nyuma yo kwirebera ibibera mu Rwanda mu gihe ahamaze agiye gukora iyo bwabaga (…)
Uwungirije Ambasade wa leta z’unze ubumwe z’Amerika mu Rwanda Jessica Lapenn kuwa 04/03/2013 yasuye ibikorwa byo gutera mu mazu umuti wica umubu utera malariya bikorerwa mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera.
Itsinda ry’abayobozi baturutse muri Sudani y’Amajyepfo bakora mu rwego rushinzwe kwegereza ubuyobozi abaturage, bari mu Rwanda mu rugendoshuri rw’iminsi irindwi, mu rwego rwo kurebera ku rugero rw’u Rwanda ngo bazarukurikize iwabo kuko u Rwanda ruzwiho imiyoborere inoze.
Mudasobwa za One Laptop per Child zikoranye ubuhanga ngo ku buryo hari uburyo bazifunga n’uwayiba ikaba itagira icyo imumarira nk’uko Mukarutwaza Alphonsine, umwe mu barimu bahuguriwe ibijyanye n’izo mudasobwa, abitangaza.
Umugore w’imyaka 33 witwa Hasha Gahire utuye mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge arwariye mu Bitaro Bikuru bya Muhima mu Mujyi wa Kigali nyuma yo gukuramo inda y’amezi atandatu akava amaraso menshi.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Protais Mitali arasaba abanyamakuru b’imikino mu Rwanda ubufatanye mu kazi kabo ka buri munsi, mu gushishikariza Abanyarwanda gukunda no gukora siporo.
Abagore bagera kuri 40 bacikirije amashuri bagashaka abagabo ubu basubiye mu ishuri bigiramo imyuga inyuranye bakishyura igiceri cya 20 y’u Rwanda ku isaha, umunsi wose bishyura igiceri cy’ijana kandi barishimira ko nabo noneho ngo bagiye kugira agaciro bagira icyo binjiza mu rugo.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe rya siporo mu mashuri mu Rwanda buratangaza ko siporo mu mashuri igiye kuba itegeko kandi ko no kwitabira amarushanwa nabyo ari itegeko hagamijwe kutavutsa abanyeshuri urubuga bagaragarizaho impano zabo mu mikino.
Adolphe Bagabo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kamichi yishimiye byimazeyo kuba yagaragaye mu bahanzi 11 batoranijwe guhatanira insinzi ya PGGSS ku nshuro yayo ya gatatu.
Mu gusoza imikino yahariwe imiyoborere myiza mu karere ka Kirehe, umurenge wa Kirehe niwo wegukanye igikombe cy’umupira w’amaguru nyuma yo gutsinda umurenge wa Nyarubuye igitego kimwe ku busa mu marushanwa y’umupira w’amaguru mu mukino wabaye kuri icyi cyumweru tariki ya 03/03/2013. Umurenge watsinze wahawe igikombe (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, bwasabye inzego z’ibanze gufatanya n’imirenge SACCO gufasha abaturage batarashobora kujya mu bwisungane mu kwivuza kubona amafaranga yo kuyishyura. Ibi byasabwe izi nzego zombi mu nama y’umunsi umwe yahuje ubuyobozi bw’akarere n’izi nzego tariki ya 01/03/2013, hagamijwe kureba uko abaturage (…)
Mu cyumweru tariki 03/03/2013 mu karere ka Nyanza kuri stade y’ako karere hatangijwe ku mugaragaro siporo mu bigo by’amashuli atandukanye hagamijwe gufasha abanyeshuli kugira ubuzima bwiza no kwirinda indwara ziterwa no kudakora imyitozo ngororamubiri ihagije.
APR FC, ikipe yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League), yasezerewe na Vital’o yo mu Burundi nyuma y’umukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Prince Louis Rwagasore i Bujumbura ku cyumweru tariki ya 03/03/2013.
Mu karere ka Kirehe basoje amarushanwa yitiriwe imiyoborere myiza kuri icyi cyumweru tariki ya 02/03/2013, aho batanze amanota hakamenyekana ababaye aba mbere mu marushanwa bagahabwa ibihembo kiandi bakaba bazitabira amarushanwa ku rwego rw’Intara.
Amakuru atangazwa n’urubuga www.lepoint.fr aravuga ko mu ijoro ryo kuwa kane ushyira uwa gatanu tariki ya 01/03/2013, umugabo w’ahitwa i Brandon muri leta ya Floride muri Letza Zunze ubumwe za Amerika yamizwe n’icyobo cyikoze munsi y’aho yari aryamye. Icyo cyobo cyikoze asinziriye nuko kiramutwara.
Abantu babiri bari kuri moto bitabye Imana nyuma yo kugongana n’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya Sosiyeti itwara abagenzi Volcano mu mpanuka yabaye ku mugoroba w’ejo ku cyumweru tariki ya 03/03/2013 ahitwa I Rugobagoba mu karere ka Kamonyi.
Mu gihe Itegeko rigenga ubwisungane mu kwivuza bita mituweli (Mutuelle de Santé) riteganya ko umuntu udafite ubwisungane mu buvuzi ateganyirizwa ibihano birimo igifungo ndetse n’ihazabu, ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko icyo bushyize imbere ari ukwigisha abaturage b’aka karere bakumva umumaro wo gutanga uyu (…)
Umuryango Imbuto Foundation wagendereye abanyeshuri b’abakobwa biga mu mwaka wa mbere n’uwa kabiri muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ubashishikariza kwiyitaho, kugira intego y’ubuzima ndetse no kurwanya bivuye inyuma ibyababuza kugera ku ntego yabo mu gitaramo bagiranye kuwa gatandatu tariki ya 02/03/2013.
Nyuma y’aho Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA ritegetse ko bitarenze muri Mata 2013, ikipe ya Rayon Sport igomba kuba yamaze kwishyura Raoul Shungu amafaranga itamuhaye ubwo yayitozaga, iyi kipe iterwa inkunga n’akarere ka Nyanza yatangiye gushakisha amafaranga yo kwishyura uwo mwenda mu rwego rwo kwirinda (…)
Umukecuru witwa Karubera Berina wo mu mugudu wa Twabumbogo mu kagari ka Nsanga ho mu murenge wa Rugendabari yatangiye ibikorwa byo kwiteza imbere ahereye ku mafaranga ibihumbi 10 gusa none ubu ageze aho kwitwa umumiliyoneri.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku Mpunzi UNHCR ryatangarije i Bukavu muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo ko mu mwaka ushize wa 2012 ryacyuye impunzi z’Abanyarwanda 1,154 babaga muri Kivu y’Amajyepfo, barimo abari abarwanyi ba FDLR 390.
Igabanuka ry’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu mashuri yo mu karere ka Ngoma, ryagizwemo uruhare n’insanganyamatsiko abanyeshuri biga mu mashuri bari bihaye ubwo hatangizwaga imikino mu mashuri mu 2012.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon mu karere ka Nyanza bufatanyije na sosiyete y’itumanaho ya MTN, Rwanda batangije uburyo bushya bwo gufasha abafana bayo bafite amikoro macye gutanga imisanzu bakoresheje ikoranabuhanga rya telefoni zigendanwa.
Shampiyona y’umwka wa 2013 mu mikino ya Sitball na Sitting Volleyball ikinwa n’abafite ubumuga iratangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02/03/2013, ikabera ku bibuga bya Gatagara mu karere ka Nyanza.
Abanyeshuri biga mu Kigo cy’Amashuri Abanza cya Mbuga i giherereye mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke bamaze imyaka ibiri badakoresha mudasobwa bahawe muri gahunda ya One Laptop per child kubera ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.
Umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bihuriye mu biyaga Bigari (CEPGL), wahagurukiye guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka bukorwa n’abagore muri uyu muryango kuko bufite uruhare mu iterambere nubwo budahabwa agaciro.
Umumotari n’uwo yari ahetse baraye baguye mu mpanuka yabereye ahitwa mu Dusego mu kagari ka Nyabivumu mu murenge wa Gasaka, ubwo imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yagongaga moto bariho ahagana isaa tatu z’ijoro kuri uyu wa Gatanu tariki 01/03/2013.
Abagize njyanama y’akarere ka Gicumbi biyemeje kurushaho gukorera hamwe hagamijwe guteza imbere abaturage bagize akarere ka Gicumbi nyuma yo kunengwa kudatanga umusaruro ukwiye, mu mwiherero Nama Njyanama yari imazemo iminsi.
Abakozi b’Umuryango w’Abibumbye, bakorera ishami ry’uwo muryango rishinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, bashimye amasomo baherewe mu Rwanda. bakemeza ko atandukanye n’ayo baboneye mu bindi bihugu, kuko ibyo bigishwaga bagendaga bagahita banabyibonera mu baturage.
Nyuma yo gusoza shampiyona ya 2012/2013, nk’uko bisanzwe mu mukino wa Basketball hakinwa imikino uhuza amakipe ane yabaye aya mbere muri shampiyona (Play-offs), iy’uyu mwaka mu bagabo ikazatangira ku wa wa gatanda tariki ya 2/3/2013 ku kibuga cya Kimisagara.
Ababyeyi bo mu karere ka Burera bafite abana biga mu mashuri abanza batangaza ko gahunda ya One Laptop per Child ari ingira kamaro, kuko ituma abana babo biyungura ubwenge haba mu ikoranabuhanga ndetse no mu bundi bumenyi bwo mu ishuri.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yasabye impuzamiryango y’abanyarwandakazi Pro-femmes Twese Hamwe, kwitondera ibivugwa ko ihohoterwa mu miryango rikabije cyane muri iki gihe, aho ngo bishobora kuba atari ko bimeze, ahubwo ko ari uko abantu bahagurukiye kuvuga ihohoterwa.
General Pieng Deng Kuol, Umuyobozi w’igipolisi cya Sudani y’Amajyepfo, aratangaza ko kuza mu Rwanda ari icyubahiro kuri we kuza mu Rwanda bimuhesha icyubahiro kuko, mu Rwanda ahafata no kuza mu ishuri aho yigira ibyananiye abandi ko bishoboka.
Isabelle Uzamukunda w’imyaka 32, utuye mu karere ka Musanze ariko avuka mu karere ka Nyamasheke, yarangije kwiga atekereza guteza imbere aho avuka none ubu afite uruganda “AGASARO ORGANIC” ruri mu karere ka Nyamasheke, rubyaza umusaruro imbuto ku buryo rushobora gutanga umutobe wa litiro 500 mu munsi.
Umuyobozi Wungirije w’ikigo cy’igihugu gishizwe imiyoborere myiza (RGB), Ambasaderi Fatuma Ndangiza, aratangaza ko mu turere twose yasuye, Karongi ari yo yabashije kumugaragariza ibikorwa bifatika kandi bishimije.
Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Turkiya yagizwe Lt. Gen. Cesar Kayisari, mu gihe Dr. Jeanne D’arc Mujawamaliya yoherejwe mu Burusiya naho Jean Pierre Kabaranga yoherejwe mu Buholandi.
Mu biganiro (sondage) abanyamakuru ba Kigali Today bakorera mu Ntara y’amajyepfo bagiranye n’abaturage bo mu turere bakoreramo mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare, abasaga 80% bagaragaje ko bifuza ko Perezida Kagame Paul yaziyamamariza manda ya gatatu.
Umutoza wa APR FC Eric Nshimiyimana aravuga ko afite icyizere cyo gutsinda akanasezerera Vital’o FC ubwo bazaba bakina umukino wo kwishyura muri ‘Champions League’ ku cyumweru tariki ya 3/3/2013 kuri Stade Prince Louis Rwagasore i Bujumbura.
Akarere ka Karongi kongeye kwesa umuhigo wo kuza ku isonga mu bwisungane bwo kwivuza ku kigereranyo cy’100%. Kuva mu mwaka wa 2008 akarere ka Karongi ntikaratsimburwa ku ntebe ya mbere mu turere dufite abaturage bitabira ubwisungane bwo kwivuza mutuelle de santé bita mituweli.
Umukecuru witwa Reba Williams ufite imyaka 106 ngo yaba agiye guhabwa impamyabushobozi ye akwiye kuba yarahawe mu myaka 87 ishize. Amakuru dukesha Mansfield News Journal aravuga ko mu mwaka wa 1926 Reba Williams yari inkumi yigaga mu ishuri ryisumbuye rya Mount Vernon muri Leta ya Pennsylvania muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Umugore Mukanyandwi Esperance yabwiye abari bitabiriye gusezerana imbere y’amategeko mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi ko Ntahomvukiye Jean Pierre wari ugiye gusezerana na Nyirahabimana Elisabeth ari umugabo we babyaranye, ndetse bakaba bari banararanye mu ijoro ryo kuwa 27 rishyira kuwa 28/02/2013 ku munsi yari (…)
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe iterambere mpuzamahanga mu Bwongereza amaze gutangaza ko inkunga igera kuri miliyoni 16 z’Amayero Ubwongereza bwari bwahagarikiye u Rwanda irekuwe ikazoherezwa mu Rwanda ariko ngo ayo mafaranga azanyuzwa mu mishinga ikorana n’abaturage aho kunyuzwa mu ngengo y’imari ya leta y’u Rwanda.
Mutera Pater wari umubitsi wa koperative CUCUNYA ihuje abafite ubumuga bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza akaba yari aherutse gutorokana inkunga yabo isaga miliyoni 1 y’amafaranga y’u Rwanda yafatiwe mu karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda, akaba yagejejwe i Nyanza aho yakoreye icyaha uyu munsi (…)
Umushinga Vision for Nation w’Abongereza ukorana na Minisiteri y’Ubuzima wazanye indorerwamo z’amaso zifashishwa n’abarwaye amaso zifite umwihariko ko zakoreshwa na buri murwayi kuko buri muntu azishyira ku murongo n’igipimo cy’uburwayi afite.
Umuryango ugamije ubukungu bw’ibihugu bigize ibiyaga bigari CEPGL ubitewemo inkunga n’Umuryango w’ibihugu by’Iburayi EU urateganya gukora imihanda ihuza imipaka y’ibihugu bihuriye muri uyu muryango kugira ngo bishobore korohereza imihahirane y’ababituye.
Abayobozi b’akarere ka Kamonyi basabye abakora ubucuruzi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga mu birombe bibarurirwa muri ako karere kwitwararika amabwiriza n’amategeko agenga iyo mirimo ngo habungwabungwe umutekano n’ubuzima bw’abaturage bitaba ibyo bagafatirwa ibihano.