Kuri station ya polisi ya Kinigi mu karere ka Musanze hafungiye umugore ukurikiranyweho kuba yarafatanyije n’umwana we bakica uwari umugabo we bashakanye witwaga Ntawukizwanuwe Jean de Dieu witwa mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki 06/03/2013 babanaga ahitwa Munaga mu murenge wa Gataraga mu karere ka Musanze.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imiyoborere RGB, Rwanda Governance Board kiravuga ko Imiryango nyarwanda itari iya leta n’ishingiye ku madini izageza ku itariki ya 09/04/2013 itaruzuza ibisabwa n’itegeko rishya rigenga za ONGs izaba yisheshe ubwayo ku buryo budasubirwaho.
Abanyeshuri biga mu mashuri makuru na kaminuza z’u Rwanda ngo ntibagishaka kwitwa intiti zitagira ibikorwa ndetse bamaze gutangiza gahunda bise Students on field izabageza hirya no hino mu gihugu bagahura n’Abanyarwanda, bagamije kubafasha mu bikorwa bitandukanye by’iterambere.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bavuga ko kuvuga imyanya ndangabitsina mu ruhame atari ukwiyandarika cyangwa gushira isoni, baremeza ahubwo ko ari uburyo bwo gutanga ubutumwa bukiza abantu benshi kuko hari abahura n’ibibazo bitewe n’uko badasobanukiwe n’ubuzima bw’imyororokere.
Kubera ikibazo cyo gutanguranwa abagenzi b’imodoka za Express mu mujyi wa Ruhango, bamwe mu bakozi b’izi modoka bamaze iminsi barebana nabi ndetse bamwe bakaba batangiye kurwana byeruye bapfa abagenzi buri wese aba ashaka gutwara muri agence ye.
Nyuma y’umugabo w’umunyamerika witwa Timothy Brown wavuzwe ko yakize SIDA mu mwaka wa 2007, ibiro ntaramakuru by’abongereza Reuters biravuga ko hari undi muntu utuye i Mississipi nawe aherutse gukira icyo cyago.
Ubwo yatangizaga ku rwego rw’igihugu gahunda yiswe utugoroba tw’ababyeyi ku mugoroba wo kuwa kane tariki 07/03/2013, minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Oda Gasinzigwa, yashimangiye ko utwo tugoroba tuzafasha mu gucyemura ibibazo binyuranye birangwa mu miryango kandi abayigize bakigira hamwe uko bakwiteza (…)
Umujyi wa Kigali uri gukora igenzura mu mazu y’imiturirwa yubakwa muri uwo mujyi ngo hamenyekane neza ko hubakwa amazu mberabyombi azakorerwamo n’inzego zinyuranye z’imirimo kugira ngo bizagabanye umubyigano w’imodoka mu mihanda uterwa n’uko benshi baba bajya gushaka servisi ahandi hanze y’inyubako baba barimo.
Abaturage bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke barishimira ko babonye umuhanda mwiza uri gukorwa mu murenge wabo, bikazacyemura ikibazo cy’ingendo kandi ngo gukora uyu muhanda byatumye babona akazi kabaha amafaranga bazakoresha bakiteza imbere.
Charlotte Niyongabire w’imyaka 17 y’amavuko yabashije kurokoka ibitero bibiri yagabweho n’abagizi ba nabi mu bihe bitandukanye nyuma y’uko bari bamwitiranyije na nyirabuja, ariko bamara kubona ko bamwibeshyeho na bwo ntibamureke, ahubwo bakagerageza kumwica kugira ngo atazabavuga.
Umugabo witwa Ralph Napierski wo mu gihugu cy’u Butaliyani, kuri uyu wa mbere tariki 04/03/2012, yigize musenyeri wo mu bitwa Aborutodogisi bazwi ku izina rya Basile kugira ngo abashe gukurikirana inama y’abayobozi bakuru ba Kiliziya Gatulika i Vatikani itegura itorwa rya Papa.
Inzego z’umutekano wo mu mazi mu karere ka Rubavu ziratunga agatoki abakora uburobyi mu kiyaga cya Kivu kwitwaza intwaro mu gihe baroba. Abarobyi ariko bo baravuga ko bitwaza intwaro bagamije kwicungira umutekano kuko ngo muri iki kiyaga hakorerwamo ubujura.
Mu biganiro Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda Hwang Soon Taik yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Pierre Damien Habumuremyi kuri uyu wa kane tariki 07/03/2013, abayobozi bombi bashimangiye ubucuti n’umubano ibihugu byombi bifitanye, ndetse Koreya yemera kuzakomeza gutera u Rwanda umusanzu mu rugamba (…)
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke babonye n’amaso yabo imashini zihinga ndetse banazibona zihinga ku butaka bw’iwabo mu gikorwa bamwe bise igitangaza ku wa kabiri tariki ya 05/03/2013 ubwo izo mashini zasesekaraga muri Nyamasheke.
Umujyi wa Kigali watangije igikorwa giterwa inkunga na TIGO kikaba cyari kimaze igihe gitegerejwe cyiswe “Televiziyo imwe mu mudugudu” n’ikoranabuhanga mu rwego rwo gufasha abaturage kugera ku makuru byihuse, igikorwa cyatangirijwe mu mudugudu wa Nyarurama, akarere ka Kicukiro kuwa gatatu tariki 06/03/2013.
U Rwanda ngo rwiyemeje kutazigera rutezuka ku miyoborere myiza nk’uko byemezwa na Senateri Ncunguyinka Francois, umwe mu bagize inama y’ubuyobozi mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza RGB, Rwanda Governance Board.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwandacell yamenyesheje abafatabuguzi bayo ko ibafitiye servisi nyinshi zikoreshwa muri telefone yo mu bwoko bwa blackberry, ikaba ibasaba kudapfusha ubusa umwihariko w’iyo telephone.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball mu batarengeje imyaka 20 yabonye bidasubirwaho itike yo kuzakina imikino y’igikombe cy’isi kizabera muri Turukira muri Kanama uyu mwaka, nyuma yo kwitwara neza ikabona itike yo gukina ½ cy’irangiza mu mikino y’igikombe cya Afurika irimo kubera muri Tuniziya.
Ku cyumweru tariki ya 03/03/2013, umugore turi bwite Kanakuze wo muri Kabaya yakubiswe ibisura n’undi mugore ubwo yari arimo gusenga mu rusengero rw’idini rya ADEPR ahitwa Gakararanga muri uwo murenge.
Impuguke zagenwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ngo zicukumbure kandi zigaragaze ukuri ku bimaze igihe bivugwa ku bayobozi b’u Rwanda n’ingabo z’igihugu yagaragaje ko u Rwanda rwarenganiye bikomeye mu mutekano muke urangwa mu burasirazuba bwa Kongo kandi ngo mu by’ukuri nta ruhare u Rwanda rwagize mu kuwuhungabanya, (…)
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 20 yiyongereye amahirwe yo kujya muri ½ cy’irangiza mu gikombe cya Afurika kirimo kubera muri Tuniziya, nyuma yo gutsinda Sierra Leone amaseti atatu ku busa mu mukino wabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 05/03/2013.
Singiza Music iri gutegura igitaramo yise “Rise up and praise concert” gifite intego yo guhishurira amahanga ubugari no gukomera kw’Imana kizabera muri Auditorium ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Huye kuwa gatanu utaha tariki ya 15/03/2013.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Lt. Gen. Charles Kayonga aravuga ko kuba FDLR iri mu burasirazuba bwa Congo ariyo mpamvu nyamukuru yatumye havuka indi mitwe yitwaza intwaro harimo ishamikiye kuri FDLR bafatanya mu bikorwa byo kwica no gufata abagore n’abakobwa ku ngufu ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro irwanya FDLR (…)
Twizerimana Jean Paul wajyaga kwiga mu karere ka Ruhango ari ku igare yagonze umukecuru witwa Nyirangamije Evelyne w’imyaka 76 y’amavuko mu gitondo cyo ku itariki ya 06/03/2013 maze bombi bajyanwa mu bitaro bya Nyanza bakomeretse bikomeye ku buryo ibitaro bya Nyanza byahise bibohereza mu bitaro CHUB bya Kaminuza y’u Rwanda (…)
Nyuma y’uko urutonde rw’abahanzi 11 bazahatanira irushanwa rya PGGSS 3 rugiye ahagaragara Jay Polly ntarubonekeho, benshi mu bafana be n’abakurikiranira hafi ibya muzika nyarwanda bahamya ko ibi byaba byaratewe n’ikibazo uyu muhanzi yagiranye n’abanyamakuru umwaka ushize.
Guverinoma y’u Rwanda imaze gusinyana Banki y’Isi amasezerano y’icyiciro cya kabiri cy’inguzanyo y’amadolari miliyoni 60 azakoreshwa mu gutanga amashanyarazi mu gihugu.
Minisitiri Oda Gasinzigwa ushinzwe Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango yatangarije i Kigali ko mu mpera z’icyi cyumweru mu Rwanda hazatangizwa gahunda yiswe umugoroba w’ababyeyi, aho bazajya baganirira kandi bakigiramo ubumenyi bw’ingenzi mu kurera no gufasha abana b’abakobwa gukura bazi byinshi ku buzima bwabo.
Abanyeshuri bize mu kigo cy’amashuri cya IFAK baba ku mugabane w’i Burayi mu mugi wa Lyon mu Bufaransa babifashijwemo n’abandi banyarwanda baba mu mahanga bateguye igitaramo bise "Shining in Lyon" kikaba ari igitaramo kizaba kuri uyu wa gatandatu tariki 09/03/2013 guhera ku isaha ya saa yine z’umugoroba (22 :00-11 :00) (…)
Mu rwego rwo kwitegura neza umukino uzahuza u Rwanda na Mali mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014, ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi izakina umukino wa gicuti n’iy’igihugu cya Libya tariki ya 20/03/2012 kuri Stade Amahoro i Remera.
Kubera ko inkambi ya Kigeme yari yagenewe kwakira impunziz’Abanyekongo bakomeje guhungira mu Rwanda, ubu minisiteri ishinzwe Impunzi no Gukumira Ibiza mu Rwanda iri gushakisha ahandi izi mpunzi zikomeje kwiyongera zakoherezwa.
Ubushakashatsi bwakozwe n’akarere ka Ruhango ngo bwagaragaje ko hari abaturage bagera kuri 686 bafite uburwayi byunyuranye bwo mu mutwe ariko ngo akarere kagiye gutegura gahunda inoze y’uko bavurwa bakanitabwaho.
Polisi y’igihugu iratangaza ko amarenga y’intoki abashoferi bakoresha babwirana aho abapolisi bahagaze mu muhanda ari mu biteza impanuka nyinshi.
Nyuma yo gusoza imikino ya shampiyona, ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda FERWABA ryateguye imikino ihuza amakipe ane yabaye aya mbere mu bagore (women play-offs) izatangira ku wa gatandatu tariki ya 09/03/2013.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe rigamije gufasha abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’imitungo y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda riratangaza ko uku kwezi kwa Werurwe kuzarangira ibyo bibazo byarangije gukemuka, n’ibitararangira bikazaba bifite umurongo uhamye.
Mu rwego rwo guca ingeso mbi ya bamwe mubaturage banga gufatanya n’abandi mu kwicungira umutekano binyuze mu marondo ndetse no kurwanya umuco mubi wo kudatabarana igihe hari utabaje, umuyobozi w’akarere ka Ngororero Ruboneza Gedeon araburira abaturage ko abo ibyo bizajya bigaragaraho bazajya bishyuzwa ibyibwe cyangwa (…)
Kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Werurwe abasore batanu bamaze gutabwa muri yombi bafashwe n’abaturage bari ku irondo mu murenge wa Busasamana aho bageragezaga kwinjiza mu Rwanda intwaro zirimo imbunda bazivana mu gihugu cya Congo.
Filime ikunzwe mu mujyi wa Kigali no hirua no hino mu gihugu muri rusange nyuma yo kugera ku isoko kuri uyu wa Mbere tariki 04/03/2013, impamvu y’uko gukundwa ituruka ku nkuru y’urukundo ivugwa muri iyi filime, nk’uko bitangazwa na “KAZE Filmz” yayitunganyije.
Guverinoma n’inzego z’ibanze bagaragaje ko mu ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage bita “descentalisation” harimo imbogamizi ziterwa n’uburyo butanoze akarere kabonamo amafaranga yo gukoresha, ndetse n’inshingano nyinshi ku bakozi bako.
Umwana w’umukobwa witwa Uwamahoro Speciose w’imyaka 13 arembeye cyane mu bitaro bya Kibogora nyuma yo kugongwa n’imodoka ya Sosiyete y’Abashinwa bakora umuhanda mu karere ka Nyamasheke.
Leta y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kugena ahantu hatandukanye hazajya hubakwa inganda akaba ari na ho zikorera mu Mujyi wa Kigali no mu turere twa Bugesera, Nyabihu, Rusizi na Huye. Ibi ngo biri mu rwego rwo guca akajagari kagaragara mu nganda, aho usanga nta gahunda ihamye yo kubungabunga umutungo cyane cyane mu birebana (…)
Nyuma y’impanuka y’indege yabaye ku mugoroba w’itariki ya 04/03/2013 mu mujyi wa Goma, umubare nyakuri w’abari bayirimo ntuvugwaho rumwe n’inzego z’ubuyobozi, mu gihe ahabereye impanuka harinzwe bikomeye abantu badashobora kuhagera ngo bimenyere ukuri naho inzego zishobora gutanga amakuru zikaba zirinze kugira icyo zitangaza.
Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko watoraguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 05/03/2013 mu kagari ka Ntendezi, mu murenge wa Ruharambuga wo mu karere ka Nyamasheke.
Nkuko bigaragazwa n’urutonde rwashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu rwerekana uko Uturere n’Intara bihagaze mu kwitabira gutanga ubwisungane mu kwivuza, akarere ka Gatsibo niko kaje ku mwanya wa nyuma mu tundi uko ari 30.
Abagenda mu mugi wa Butare baturutse i Kigali cyangwa no mu yindi migi yo hanze y’u Rwanda, binubira ko kubona serivisi za nijoro muri uyu mujyi bitaborohera. Abacuruzi b’i Huye na bo bavuga ko gukora nijoro batabyanze, ikibazo kikaba ari uko nta bakiriya babona muri ayo masaha.
Nyuma yo gutsinda Mukura VS ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 03/03/2013, Rayon Sport ikomeje kwiyongerera amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona, kuko igenda isiga amakipe zihanganye.
Polisi y’u Rwanda ifatanije n’abaturage yafatiye ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo mu modoka ifite plaque RAA 059 Z y’uwo bakunze kwita My Good.
Kuva mu ijoro ryo kuwa gatanu 01/03/2013 ubwo hafatwaga amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 40 agizwe ni noti za bitanu mu tubari tubiri dutandukanye Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ruhango yatangiye gushakisha abinjiza amafaranga y’amiganano mu mujyi w’akarere ka Ruhango none umwe yamaze gutabwa muri yombi.
Umuyobozi wungirije mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza RGB arashishikariza abatuye Sudani y’Epfo kwimika imiyoborere myiza mu gihugu cyabo kuko ariwo musingi wo kubaka amahoro arambye y’igihugu ndetse n’iterambere ry’abagituye.