Ntawurutundugirimpuhwe Anne ni umwana w’umukobwa w’imyaka 16, akora akazi ko guhonda amabuye akayagurisha kugirango atunjye umuryango w’iwabo ugizwe n’ababyeyi be n’abavandimwe batatu.
Rubagumya Omar afite umushinga w’ubworozi bw’inkoko akorera mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, umwinjiriza amafaranga ibihumbi 600 havuyemo ayo aba yashoye mu mushinga we.
Mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Gihango habonetse imibiri ibiri ishobora kuba ari iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitewe n’uko mu gace yabonetsemo hiciwe Abatutsi benshi bari barahahungiye.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, yashimye abaturage b’umurenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke bakusanyije amafaranga bakiyubakira inyubako ya SACCO izuzura ifite agaciro ka miliyoni 27.
Abanyeshuri bagera kuri 200 bigaga muri kaminuza ya Victoria muri Uganda bari mu gihirahiro nyuma yuko ikigo nterankunga cyo mu bwongereza kigaragaje ko kitakibafashije kubera ko Leta ya Uganda irimo kwiga ku itegeko rihana abantu babana bahuje ibitsina.
Nyuma y’uko bamwe mu barimu bakunze kugaragaza imbogamizi mu kwigisha Icyongereza, akarere ka Musanze kamaze kubonera umuti icyo kibazo, bitewe n’inyigisho zitandukanye zigenda zihabwa abarimu mu rurimi rw’icyongereza.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’Amagare irahaguruka mu Rwanda kuri uyu wa 10/01/2013 igiye kwitabira irushanwa rya Tropical Amissa Bongo rizabera muri Gabon tariki 14-20/01/2013.
Mu rwego rwo kongera ibitego bafite muri shampiyona y’ikiciro cya mbere, ikipe y’intara y’Amajyaruguru (Musanze FC) yaba igiye kugura rutahizamu w’umuhanga, uzayifasha kuzamura ibitego bafite ndetse no kwigira imbere mu myanya.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) irashishikariza abahinzi b’ingano mu karere ka Burera, ndetse no mu Rwanda muri rusange, guhinga ingano nyinshi kandi nziza kugira ngo amafaranga yaguraga ingano hanze y’u Rwanda, ajye aguma muri abo bahinzi.
Abahagarariye Polisi y’igihugu cy’u Burundi n’iy’u Rwanda, mu nama bagiriye i Huye kuri uyu wa 09/01/2013, biyemeje kurushaho gukorana neza hagamijwe kubungabunga umutekano w’ibihugu byombi.
Nyuma yo kumara igihe kirekire muri gereza azira kwiba akaza gufungurwa , tariki 09/01/2012, Dusingizimana Saveri, w’imyaka 34 y’amavuko,ukomoka mu murenge wa bushoki ho mu karere ka Rulindo yongeye gufatanwa ibintu bitandukanye birimo n’amafranga yibye mu baturanyi.
Ubushakashatsi bwakozwe ku bumenyi, imyumvire n’imyitwarire by’abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Kitabi, abahinzi b’icyayi ndetse n’abandi baturiye uru ruganda ku cyorezo cya SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina bugaragaza ko hagikenewe gushyirwa ingufu mu bukangurambaga kuko hari abantu bagifite ubumenyi (…)
Nyuma yo kuvugurura ubuhinzi bwabo babifashijwemo n’ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi n’ubworozi (RAB), abahinzi bo muri koperative IMBARUTSO bo mu murenge wa Karembo barishimira ibishyimbo bya mushingiriro (MAC 44) kuko umusaruro wikubye hafi kane.
Nsabiyumva Erneste w’imyaka 36 wo mu murenge wa Muganza afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Kamembe akurikiranweho urupfu rw’umwana w’uruhinja ubwo yageragezaga kumuca ikirimi hanyuma bikamuviramo urupfu.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Nkejuwimye Gentille wo mu murenge wa Gihundwe yahamagawe n’umuhungu kuri telefone amusaba kuza bakabana, ariko ubwo nyamukobwa yazingaga utwe yageze aho umuhungu atuye aramubura ahamara iminsi igera kuri ibiri amutegereje.
Umusore w’imyaka 33 witwa Kayisire Theogene yatemaguwe n’umusaza witwa Rugiramavuga Emmanuel w’imyaka 50 wo mu murenge wa Kamembe, ahagana saa munani z’ijoro rishyira tariki 09/01/2013, ubwo yamusangaga mu ifuru ye agiye kwiba amakara ye.
Ubwisungane mu kwivuza buracyari hasi cyane mu Karere ka Gatsibo ugereranyije n’utundi turere tugize Igihugu; nk’uko byagaragaye mu biganiro abasenateri bagiranye n’urwego rw’akarere rushinzwe ubwisungane mu kwivuza.
Abahagarariye inteko iburanisha Leon Mugesera bateranye mu muhezo haburamo Perezida w’Urukiko, Athanase Bakuzakundi, uri mu batifuzwa na Mugesera, ubwo urubanza rwasubukurwaga kuri uyu wa gatatu tariki 09/01/2013.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima n’ibitaro byo mu karere ka Ngororero bavuga ko imibare y’abarwayi batoroka ibitaro batishyuye ikomeza kugenda yiyongera bikaba bishobora kuzatera igihombo mu mirimo y’ibyo bigo.
Polisi y’igihugu n’urwego rw’umuvunyi bemeranyijwe guhuriza hamwe imbaraga mu gukumira no kurwanya ruswa mu gihugu, mu rwego rwo kunoza inshingano ibyo bigo byombi bisanzwe bihuriyeho.
Umutwe wa M23 urwanya Leta ya Kongo watangaje agahenge tariki 08/01/2012 mbere gato yo gusubukura ibiganiro ugirana Leta ya Kongo-Kinshasa bibera muri Uganda mu ntumbero yo gushakira umuti ikibazo cy’intambara zidashira zo mu Ntara ya Kivu.
Ikigo nderabuzima cya Mugombwa mu karere ka Gisagara kirishimira ko indwara ya Malariya yari ikunze kuhagaragara yagabanutse cyane ndetse ubuyobozi bwacyo bukavuga ko bwiteguye no kongera cyane imbaraga kugirango n’iyo nke ikihagaragara icike burundu.
Ibitaro bya Wang Shengdong byo mu gihugu cy’Ubushinwa byafunguye ibyumba biteguye ku buryo buzajya bufasha abantu babuze urubyaro kumenya za tekininiki bakwifashisha kugira ngo babone umwana.
Mu nama yahuje abari muri komite z’imiturire zo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru barasabwa gukora ku buryo abaturage batura neza kuko gutura habi biri mu bihungabanya umutekano.
Umugeni wo gihugu cya Kenya yafashwe n’inda ubwo yarimo gusezerana n’umukunzi we mu rusengero rwitwa PCEA Sultan Hamud ariko inda iza kuba kidobya kuko yamufatiye mu rusengero bituma ubukwe buhagarara.
Ku Bunani, injangwe yafashwe yambuka mu irembo rikuru rya Gereza mu Mujyi wa Arapiraca mu gihugu cya Brezil ishyiriye abanyururu ibikoresho bitandukanye bitemewe kwinjizwa muri gereza.
Ubwo yaganiraga n’abashinzwe gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Nyamasheke, tariki 08/01/2013, Senateri Kalimba Zéphilin, yatangaje ko urwego rw’Ubumwe n’Ubwiyunge muri ako karere rugeze ahashimishije, nk’uko bigaragarira mu bikorwa bitandukanye bishyigikira iyi gahunda.
Nyuma y’uko igikoni cya hotel Home Inn ibarizwa mu karere ka Musanze gifunzwe biturutse ku isuku nke, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 08/01/2013 cyongeye gufungurwa, nyuma yo gushyira mu bikorwa ibyo basabwe gukosora.
Umugabo uzwi ku izina rya Emmanuel ukomoka mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke acumbikiwe kuri Station ya Police ya Kanjongo ashinjwa kwiba butike y’umuturage wo mu murenge wa Macuba.
Imbuto Foundation irashishikariza ababyeyi bo mu karere ka Burera kujya baganiriza abana babo kugira ngo bamenye ibibazo bafite bityo abo bana bamenye gukora igikwiye bibaviremo kwirinda ibibazo bitandukanye birimo n’icyorezo cya SIDA.
Mu karere ka Karongi kuri uyu wa mbere tariki 07/01/2013, habaye impinduka mu buyobozi bw’ibanze ku rwego rw’imirenge aho abanyamabanga Nshingwabikorwa batatu basimburanye ku mirimo.
Abacuruzi bo mu Mirenge ya Kabarore na Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo, bavuga ko kutamenya Icyongereza n’Igiswahili zikunze gukoreshwa mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), ari imbogamizi zibakomereye cyane.
Ishuri ryisumbuye “College Intwari de Mwezi-APECUM” riri mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke ryahagaze gutanga uburezi muri uyu mwaka w’amashuri wa 2013 bitewe no kubura abanyeshuri bahagije bo kuryigamo.
Ku mugoroba wa tariki 07/01/2013, abandi basirikare batandatu, abagore bane hamwe n’abana 20 bitandukanyije na FDLR bageze ku butaka bw’u Rwanda bavuye muri Congo.
Sekabuga Petero w’imyaka 93 utuye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, afite ingamba z’uko atazakomeza kunywa inzoga z’inkorano kuko yakomeje kumva kenshi abantu bavuga ububi bwazo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko hari gahunda yo kubaka uruganda rutunganya icyayi mu murenge wa Rugabano, umwe mu mirenge imaze gutera imbere mu buhinzi bw’icyayi.
Abaturage batuye mu kagari ka Cyanya, umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe baributswa ko bagomba kwita ku kwibungabungira umutekano mu rwego rwo kurwanya abaturage bajya bambuka bavuye mu gihugu cya Tanzaniya bakazana urumogi.
Mu kagari ka Cyanya ho mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe abaturage barinubira kuba nta network ya MTN bagira aho bavuga ko iyo bagiye guhamagara rimwe na rimwe babona hajemo umunara wa VODACOM ikoreshwa mu gihugu cya Tanzaniya.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu mu mujyi wa Kigali bwasabye abafite ibinyabiziga bose kugenzura imikorere yabyo, mbere yo kubyerekeza mu mihanda, hamwe no kwitabira kubisuzumisha mu kigo kibishinzwe cya “Controle technique”, kiri i Remera mu mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bwa bimwe mu bigo by’amashuri mu karere ka Rutsiro buvuga ko hari abanyeshuri bagira ingeso yo kunyura hirya no hino mu gasozi bigatuma bagera ku bigo batinze bakitwaza ko imodoka zabuze.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru arasaba abayobozi b’uturere two muri iyo ntara kugenzura abayobozi batandukanye bo mu turere bayobora bafatanya akazi ka Leta no kwiga kugira ngo kwiga bitazabangamira ako kazi bashinzwe.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko, muri iyo ntara, mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2012 hagaragaye ituze ritari risanzwe rigaragara mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka kuburyo ibyaha byagabanutse.
Itsinda ry’Abasenateri bo muri komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu, imibereho myiza n’ibibazo by’abaturage riri gusura akarere ka Kayonza mu rwego rwo kureba uko gahunda y’ubwisungane mu kwivuza (mitiweri) ikora n’icyo imariye Abanyarwanda.
Umumotari witwa Hakizimana Ephrem w’imyaka 21 y’amavuko wo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke arwariye mu Bitaro bya Kibogora nyuma yo gukora impanuka ya moto.
Abayobozi b’akarere n’aba gisirikare mu karere ka Karongi basabye abayobozi ku rwego rw’ibanze n’ibindi byiciro bitandukanye by’abaturage kujya bihutira gutanga amakuru, igihe babonye abantu badasanzwe bazwi mu tugari n’imidugudu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza, Ntirenganya Gervais, avuga ko ubuyobozi bw’uwo murenge bwafashe ingamba zo gukuraho impamvu zose zituma abana bata amashuri.
Abatuye umujyi wa Ngoma bavuga ko nta cyumweru gishira hatagaragaye umurwayi wo mu mutwe mushya, igitangaza kandi abo barwayi bashya ngo baba basa naho bafashwe vuba.
Abatuye Akarere ka Gatsibo, mu mirenge ya Kiziguro, Murambi na Kiramuruzi, bavuga ko bagikora hafi ibirometero bitatu bajya gushaka amazi meza.
Nyuma y’uko ikipe ya AS Muhanga igarukiye mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru ndetse stade ya Muhanga igakorwa neza, abakunzi ba ruhago bishimiye ko bagiye kongera kubona imikino myinshi hafi yabo ariko bahangayikishijwe nuko ikipe yabo itsindwa umusubizo.