Nyabugogo: Nyuma y’imvura nyinshi ubu bugarijwe n’ivumbi

Abatuye n’abakorera mu gace ka Nyabugogo, batangaza ko ubu bahangayikishijwe n’ingaruka ry’ivumbi ridasanzwe ryakurikiye imvura idasanzwe yaguye mu mujyi wa Kigali tariki 23/02/2013.

Abashinzwe isuku baragerageza kongera gusukura imihanda yari yuzuriranye isayo.
Abashinzwe isuku baragerageza kongera gusukura imihanda yari yuzuriranye isayo.

Mu kugwa kw’iyi mvura, habaye umwuzure aho wasangaga amazi n’ibyondo byinjiye mu mazu y’abantu ndetse n’ahandi hatandukanye.

Ibi byondo byagiye bituruka hirya no hino bizanywe n’iyi mvura, byuzuye mu muhanda nyuma aho bitangiye kumira bikubitana n’ibinyabiziga byinshi ndetse n’abantu batari bake bihinduka ivumbi.

Inyuma aho imodoka inyuze hasigara ivumbi risa.
Inyuma aho imodoka inyuze hasigara ivumbi risa.

Iyo ugenda muri iyi mihanda ubona abayikoresha bose bagenda bitwikiriye udutambaro ku mitwe abandi bakagerageza kwipfuka ku mazuru bagerageza kurwana ku myanya y’ubuhumekero.

Ubwo twaganiraga n’abaturage batandukanye muri Nyabugogo tariki 25/02/2013, bavuga ko imihanda yose yarimo kaburimbo ubu itakigaragara ko ahubwo higanjemo ivumbi.

Uyu muhanda ugaragara nk'uw'igitaka kandi ari kaburimbo yarengewe n'isayo igihe cy'imvura.
Uyu muhanda ugaragara nk’uw’igitaka kandi ari kaburimbo yarengewe n’isayo igihe cy’imvura.

Icyakora ubona hari ubutabazi burimo gukorwa bwangu, kuko abashinzwe isuku mu mujyi wa Kigali barimo kurwana n’iki kibazo nubwo nabo usanga bitaboroheye.

Abatuye n’abakorera mu gace ka Nyabugogo bavuga ko basanga hakenewe izindi mbaraga kugirango iyi mihanda itunganywe, maze ubuzima bukomeze nk’uko busanzwe, dore agace ka Nyabugogo kazwiho ibikorwa bitandukanye by’iterambere.

N'aho bategera imodoka muri gare hagezweho isayo y'ibyondo.
N’aho bategera imodoka muri gare hagezweho isayo y’ibyondo.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

bishobotse hapangwa umuganda rusange ugakorerwa nyabugogo byakwihuta KURUSHAHO

MUKANOHELI ELISZABETH yanditse ku itariki ya: 27-02-2013  →  Musubize

HAKAGOMBYE KUREBWA UKUNTU RIRIYA VUMBI RYARWANYWA MU MAGURU MASHYA KU BUFATANYE BW’UMUJYI WA KIGALI N’ABIKORERA KANDI BIRASHOBOKA CYANE.

NSENGIMANA Joseph yanditse ku itariki ya: 27-02-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka