Abaturage batuye mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu batangaza ko bugarijwe n’ikibazo cy’ubujura butobora amazu bugamije kwiba television n’ibikorana nayo nk’ibikoresho bikoreshwa n’amashanayarazi.
Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina rya Kamichi ntagikora umwuga w’itangazamakuru. Yakoraga kuri radiyo y’abasilamu yitwa Voice of Africa.
Mu karere ka Bugesera igare rifatwa nk’ikintu gikomeye kuko ryifashishwa mu mirimo myinshi, ibyo bikaba bituma umugeni utarijyanye mu birongoranwa ashobora kubengwa ndetse bikanazamuviramo kubura umugabo.
Kuva capitaine Paul Barril wari waroherejwe n’ibiro bya Perezida Mitterrand yatangira kubazwa uruhare rw’ubuyobozi bw’igihuhu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hagaragaye inyandiko zigaragaza intwaro n’ingabo u Bufaransa bwagiye buha u Rwanda zigakoreshwa muri Jenoside.
Abakeresha sosiyete y’itumanaho ya Airtel Congo bo mu mujyi wa Bukavu barinubira iminara ya Airtel Rwanda kuko ngo amatelefone yabo adashobora guhamagara ndetse n’uwo bahamagaye amafaranga ye aragenda bitewe n’uko umunara w’u Rwanda uba warushije uwa Kongo imbaraga.
Impuguke mu kurwanya amakimbirane na Jenoside zivuga ko isi n’u Rwanda bikeneye intwari nyinshi zo gukiza abantu, nk’uko Raoul Wallenberg yarokoye Abayahudi bicwaga n’Abanazi, cyangwa se nk’uko Sula Karuhimbi yakijije benshi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu nama yahuje abagaba b’ingabo z’ibihugu bigize umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) hamwe n’umuryango w’ibihugu by’afurika y’amajyepfo (SADC) taliki 23/01/2013 bagaragaje ko badashaka kuvanga ingabo zabo n’ingabo z’ishami ry’umuryango wabibumbye (MONUSCO) mu gucunga amahoro mu burasirazuba bwa Congo.
Umuryango w’abibumbye waburiye abakozi b’imiryango mpuzamahanga bakorera muri Kivu y’Amajyepfo gukoresha umuhanda w’u Rwanda bajya i Goma kubera ikibazo cy’umutekano.
Abantu 25 ba mbere babashije kwizigamira muri banki y’ubucuruzi (BCR) ishami rya Kamembe bahawe amahirwe yo gutombora begukanira ibihembo bitandukanye birimo amaradiyo n’amateleviziyo.
Nyuma yuko hari abahanzi batangaje ko batifuza guhatana mu cyiciro cya gatanu cy’amarushanywa ya Salax Awards, Ikirezi Group itegura ayo marushanwa yabasimbuje abandi mu buryo bukurikira.
Abadepite bo muri komisiyo y’ubukungu n’ubucuruzi mu nteko ishinga amategeko bavuga ko n’ubwo hari intambwe ishimishije imaze kugerwaho mu kongera ingufu z’amashanyarazi mu karere ka Rutsiro, hakiri byinshi byo gukorwa kugira ngo haboneke amashanyarazi ahwanye n’ibikorwa by’iterambere byifuzwa.
Mu mujyi wa ¬El Fasher muri Darfur hafunguwe icyumba kizajya kimurikirwamo ibintu bitandukanye byo mu Rwanda. Iki gikorwa kije nyuma y’umwanzuro wari wafatiwe mu nama rusange y’Abanyarwanda baba muri Darfur yateranye tariki 07/12/2012.
Abari mu gihano nsimburagifungo (TIG) mu karere ka Ngororero bashimishijwe no kuba bafatanya n’abandi baturage mu bikorwa by’imirimo y’amaboko ifitiye igihugu akamaro kandi bari mu gihano cy’ibyaha bakoze.
Mukarugema Annonciata wo mu kagali ka Ruhanga, umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero arasaba ubuyobozi bw’akarere kumurenganura nyuma y’imyaka 10 asiragizwa mu nkiko kandi atsinda ntasubizwe ibye.
Habimana Anastase w’imyaka 30 ari mu maboko ya polisi guhera tariki 22/01/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 18 mu kigo nderabuzima cya Karambi mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango.
Umwana w’umukobwa w’umunyamerikakazi witwa Gabrielle Jackson ufite imyaka 13 yasabwe kugabanyirizwa amabere kubera ubunini bwayo bukabije butuma bagenzibe bigana bahora bamuseka.
Umugore witwa Irom Sharmila w’imyaka 40 wo mu Buhinde amaze imyaka 12 yiyicisha inzara atagira na kimwe arya cyangwa ngo anywe kubera agahinda aterwa n’uko abasirikare bo mu gace ka Assam Rifles akomokamo batajya bahanwa iyo bakosheje.
Abakozi batanu bakoraga ku rwego rw’utugari mu karere ka Nyamagabe barasezerewe nyuma yo gukora amakosa atandukanye ashyirwa mu rwego rwa kabiri rw’amakosa akomeye mu kazi, undi umwe wakoraga ku rwego rw’umurenge yasabiwe kugezwaho umushinga w’igihano cyo kwirukanwa burundu.
Safari Nzabakurana w’imyaka 30 wakoraga umwuga wo gutwara abantu ku igare mu gasantire ka Gitisi umurenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, yishwe n’abagizi ba nabi batwara igare yakoreshaga.
Urubyiruko rwatangiye urugerero mu karere ka Gakenke ruvuga ko rutishimiye abantu batangiye kugereranya urugero n’igihano nsimburagifungo (TIG) kuko ari ugupfobya abazakora urugero.
Amakuru yari yatangiye gusakara kuri interineti avuga ko umuririmbyi Shaggy wo muri Jamaica yitabye Imana ngo ni ibinyoma byambaye ubusa ngo kuko uwo murimbyi ni muzima, akaba akomeje iby’ubuhanzi bwe.
Minsitiri w’Ubuhinzi, Agnes Kalibata, uri mu ruzinduko mu Buhinde, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ubuhinzi na Minisitiri w’Umutungo kamere w’amazi, Hon. Harish Rawat. Ayo masezerano azibanda ku guhererekanya ubumenyi mu kuhira imyaka n’amahugurwa.
Abashoferi ba tagisi bitwaza ibishyimbo igihe bari mu kazi bikabafasha kumenya umubare w’abagenzi bagiye mu modoka kugira ngo aba-convoyeur batabanyanganya amafaranga bakabaha make.
Kuri uyu wa gatatu tariki 23/01/2013, abayobozi n’abakozi b’akarere ka Ngororero batangiye gahunda yo hukemura ibibazo by’abaturage bimaze igihe kinini bidakemuka, nkuko babigize intego mu gihe cy’amezi 3 cyahariwe imiyoborere myiza.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cy’imiyoborere myiza , tariki 22/01/2013, abaturage bo mu karere ka Ngoma bibukijwe ko bafite uruhare runini mu kwimakaza imiyoborere myiza.
Bamwe mu bahinzi b’ingano mu karere ka Rulindo baratangaza ko imbuto y’ingano ivanze bahawe ishobora kubicira umusaruro bari biteguye kuko ngo ikura isumbana bigaragaza ko atari ubwoko bumwe.
Kuri uyu wa gatatu tariki 23/01/2013, umujyi wa Kigali washyize ahagaragara ibishushanyombonera bisobanura uko Kimironko na Gahanga, hagiye kubakwa mu buryo bugezweho, mu rwego rwo kugira umwihariko wa buri gace, hagendewe ku gishushanyombonera rusange cy’umujyi.
Iserukiramuco mpuzamahanga (FESPAD) rya munani riteganijwe kuba guhera tariki 23/02/2013-02/03/2013 mu Rwanda ngo rifitiye akamaro kanini igihugu mu bijyanye n’iterambere ry’ishoramari n’ubukerarugendo ndetse no kugihesha isura nziza; nk’uko umuyobozi ushinzwe ubukerarugendo mu kigo gishinzwe iterambere (RDB), Rica Rwagamba (…)
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abantu bari kuzamura amagorofa mu mujyi wa Muhanga bibagiwe guteganya parikingi kubikosora byihutirwa kuko ari ikibazo.
Perezida wa Komisiyo y’Amatora mu Rwanda, Prof. Karisa Mbanda, yatangaje ko mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013 nta muturage uzatorera muri shitingi.
Ababasirikare bane bageze mu nkabi ya Nyagatare ku mugoroba wa tariki 22/01/2013 bavuye mu mutwe wa FDLR ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bavuga ko bategereje ko hari icyo wabagezaho ariko amaso agahera mu kirere.
Akagari ka Buvungira ko mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke katsinze aka Ngoma ibitego 2-1 ubwo hatangizwaga amarushanwa y’Igikombe cyitiriwe Perezida Paul Kagame mu nzego z’ibanze ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke.
Abagabo batandatu biyemerera uruhare mu rupfu rw’umugabo w’Umugande wishwe atwikiwe mu modoka ye mu karere ka Gicumbi mu ijoro rishyira tariki 18/01/2013. Nubwo bamwishe urwagashinyaguro, bahakana ko batari babigambiriye kuko bifuzaga kumwiba gusa.
Kantarama Frida w’imyaka 30 utuye mu murenge wa Mahama ho mu karere ka Kirehe ngo nubwo akaba abana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ntibimubuza gukora imirimo neza kuko yipimishije akamenya uko agomba kwitwara.
Minisitiri muri Prezidansi, Tugireyezu Venantie yagiriye inama abana b’abakobwa kwirinda kwambara imyenda ishotora abahungu kuko byabakurira ibibazo by’uko bashobora kubafata ku ngufu.
Nyuma y’inama y’umunsi umwe yabereye mu mujyi wa Kibuye tariki 22/01/2013 hagati y’ubuyobozi bw’akarere n’ubwa Mount Kenya University, impande zombi zemeranyijwe ko mu byumweru bitatu iyi kaminuza izatangira gutanga amasomo atandukanye mu mujyi wa Kibuye.
Umuvugizi wa polisi mu ntara y’iburasirazuba, Supt. Benoit Nsengiyumva, arasaba abatwara abagenzi kuri za Moto kubahiriza amategeko y’umuhanda no kubahiriza ibisabwa mu muhanda.
Umuyobozi ufite imiyoborere myiza ahora ashaka icyateza imbere abo ayobora kandi ntabatererane mu bibazo barimo; nk’uko Minisitiri Musoni Protais ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri abyemeza.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, tariki 22/01/2013, umwana w’imyaka 15 wo mu Kagali ka Kagoma, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke yafashwe atwaye igare ry’umunyonzi arishyiriye umutekamutwe wavugaga ko ari rye kugira ngo abashe kuryiba.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) bugaragaza ko buri mwaka, abagera ku bihumbi 15 bandura agakoko gatera SIDA. Bisobanuye ko abagera kuri 40 bandura ako gakoko buri munsi cyangwa se abantu babiri bakakandura buri saha.
Bamwe mu bakora akazi ko gusakambura amazu asakajwe ibisenge bya Fibrociment bagenda bahura n’impanuka zishobora kwanduza abaturage, bikiyongeraho na bamwe mu badafata umwanya wo gutangaza igihe ibikorwa bizakorerwa kugira ngo abahegereye birinde.
Abakora umwuga w’uburaya mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi batangiye kujya batera amahane ku bagabo baba babasambanyije, kugeza naho uwanze kwishyura indaya zimwishyurije ku karubanda ku manywa y’ihangu.
Umutahira mukuru, Boniface Rucagu, agira inama abayobozi b’inzego z’ibanze gutegura gahunda y’ibikorwa by’urugerero, bagahera ku bikorwa bidasaba ibikoresho byinshi mu gihe batari babona amafaranga yo kubigura.
Byari bimaze iminsi bivugwa ko ishuri ryisumbuye rya Rususa rishobora kuzakinga imiryango bitewe n’imiyoborere n’imicungire mibi y’abayobozi bari barishinzwe, ariko kubw’amahirwe Kiriziya Gaturika Diyoseze ya Cyangugu yaje kurigoboka ariko biba ngombwa ko rihindura icyerekezo ryari rifite.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Albert Nsengiyumva, arakangurira abanyamabanki bakorera mu karere ka Musanze, gufungura amashami mu gasantere ka Byangabo, kugira ngo borohereze abazacururiza mu isoko rijyanye n’igihe riri kubakwa mu Byangabo.
Minisitiri w’Intebe w’u rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, aravuga ko imigambi ya Leta y’imiyoborere myiza atari amagambo meza y’abayobozi ishyize imbere, ahubwo ko hagamijwe ubukungu n’iterambere by’Abanyarwanda.
Umuyobozi wungirije w’akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza avuga ko ikibazo cy’abana batabwa ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo ndetse n’ahandi mu mihanda y’umujyi wa Gisenyi kimaze kwiyongera.
Akarere ka Gicumbi kishimiye ko kabonye ivuriro ry’amatungo ry’icyitegererezo kandi ubu bakaba batazongera kuvura indwara batazi kuko mbere bavuranaga urujijo.
Abacururiza mu nyubako nshya z’isoko rya kijyambere rya Buhinga riri mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko bishimira izi nyubako kuko zatumye bagera ku nyungu batashoboraga kugeraho mbere y’uko ryubakwa kuko bacururizaga mu mbaho.