Abitandukanyije na FDLR barakangurira bagenzi babo basigaye mu mashyamba ya Congo gutahuka kuko uwo mutwe nta cyo uzageraho, cyane ko nta n’impamvu ifatika ituma barwana.
Umukambwe w’imyaka 101 yatunguye abantu kuri iki cyumweru tariki 24/02/2013 ubwo yitabiraga irushanwa rya marathon ryabeye i Hong Kong.
Umugabo wo mu gihugu cya Serbie witwa Bratislav Stojanovic amaze imyaka 15 yaraciye indaro mu mva iri mu irimbi kubera kubura icumbi rindi yabamo.
Abanyamakuru 30 bo mu Rwanda bakora mu bitangazamakuru bitandukanye bari mu mahugurwa mu karere ka Karongi, yateguwe na Pax Press mu rwego rwo kubongerera ubumenyi bwo gukora inkuru zubaka.
Ibigo by’urubyiruko rwihangiye imirimo, ahanini ishingiye ku ikoranabuhanga, bivuga ko mu cyumweru cyahariwe abari n’abategarugori, bizumvisha abatagira akazi uburyo bashobora kwihangira imirimo, abandi bikabahuza n’abakoresha, mu rwego rwo gufasha benshi kuva mu bushomeri.
Kuri uyu wa mbere tariki 25/02/2013, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yavuguruye Guverinoma, nk’uko abyemererwa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda uko ryavuguruwe kugeza ubu, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116.
Umwana w’umunyarwanda w’imyaka 13 witwa Kabarebe mwene Byamugisha Cyprien wo mu mudugudu wa Kagugu akagari ka Gishari mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi yazanywe n’inzego z’ubuyobozi bwa Uganda ari umurambo.
Abantu batandukanye bitabiriye umuhango wo gushyingura Mzee Amos Kaguta, umubyeyi wa Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, wabereye i Rwakitura mu Karere ka Kiruhura kuri uyu wa mbere, tariki 25/02/2013.
Nyiransabimana Sylvaniya, wabanaga n’umugabo we witwa Sibomana Fidele bakaba bari batuye mu kagari ka Twabugezi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro, yitabye Imana yiyahuye mu gitondo cyo kuri uyu mbere tariki 25/02/2013.
Ikipe y’Akarere ka Gicumbi yagarutse muri shampiyona y’igihugu y’umukino wa hand ball, tariki 24/02/2013, nyuma y’imyaka ibiri yari imaze itayitabira.
Mu rwego rwo gufasha Police FC kwitegura neza umukino uzayihuza na LLB Academic tariki 02/03/2013 mu gikombe gihuza amakipe yatwaye igikombe iwayo (CAF Confederation Cup), umukino wa shampiyona wagombaga kuyihuza na Rayon Sport tariki 27/02/2013 wasubitswe.
Ubwo hasozwaga icyumweru cy’Abagide, tariki 23/02/2013, Kayumba Bernard uyobora Akarere ka Karongi yashimiye Abagide bakorera mu karere ayobora kubera uruhare bagira mu burere n’uburezi bw’urubyiruko rw’abakobwa ndetse n’iterambere bageza mu karere muri rusange nk’abafatanyabikorwa.
Kuri uyu wa 25/02/2013, abayobozi baturutse mu ntara ya Kagera muri Tanzaniya bakoreye urugendo mu karere ka Kirehe bareba aho ibikorwa bitandukanye bijyanye no kubaka ikiraro gishya gihuza u Rwanda na Tanzaniya bigeze.
Abaganga bagize itsinda “Operation Smile” bari ku bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), mu gikorwa cyo kuvura indwara mu bantu bavukanye indwara y’ibibari, barimo abana n’abakuru. Indwara ifata ku gice cy’umunywa ikawusatura ku buryo yangiza isura.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Ambasaderi Gatete Claver arasaba abayobozi b’amabanki n’ibigo by’imari korohereza abaturage bose, by’umwihariko abagore kubona amafaranga babashishikariza gusaba inguzanyo.
Abakozi b’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi n’Umuriro (EWSA), bahuguriwe gukemura ibibazo bijyanye n’ibura ry’amazi n’imitangire ya serivisi, nyuma y’uko iki kigo cyakomeje kurangwa n’imikorere itanoze yanagiteje igihombo.
Abarimu bigisha mu mashuri abanza ku kigo cya Birwa II, ku kirwa cya Bushonga, kiri mu kiyaga cya Burera, umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera barasaba ubuyobozi kubafasha kugira ngo boroherwe no kwigisha kuri icyo kirwa.
Ingabo z’umutwe wa FDLR zateye muri centre ya Rutshuro ku mugoroba wa tariki 24/02/2013 haba imirwano y’igihe gito yahitanye abasirikare ba M23 n’abaturage umunani.
Mu karere ka Nyabihu, ubworozi bw’amafi ni kimwe mu bigeza ku iterambere rirambye ababukora kandi bugatuma bikura mu bwigunge; nk’uko byemezwa na Nzibokora Jean d’Amour,umwe mu banyamuryango ba Koperative Zamuka Fishing Cooperative ikorera mu murenge wa Jenda.
Jay-Z na Timberlake bazakorana ibitaramo bise The Summer Stadium Tour bizaba hagati ya tariki 17/07-16/08/2013 mu mijyi ya Toronto, New York, Chicago, San Francisco, Los Angeles, Vancouver, Detroit, Baltimore, Boston, Philadelphia, Miami na Hershey.
Umukobwa witwa Uwintije Gaudence utuye ku kirwa cya Bushonga, kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge Rugarama, akarere ka Burera, niwe mukobwa wa mbere urangije amashuri yisumbuye, kuva icyo kirwa gituyeho abantu.
Abahinzi b’urutoki mu karere ka Rutsiro barasaba ubuyobozi ko bwabafasha kubona imibyare mishya y’insina kuko urutoki bari basanzwe bafite rwaciwe n’indwara ya Kirabiranya.
Raporo yashyizwe ahagaragara muri uku kwezi kwa gashyantare n’umugenzuzi w’akarere ka Rubavu igaragaza ko hari amafaranga arenga miliyoni 21 ba rwiyemezamirimo bahezemo akarere kandi yagombye gukoreshwa muri gahunda z’iterambere.
Swansea City mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza yegukanye igikombe cya Capital One Cup kizwi cyane ku izina rya ‘Carling Cup’, nyuma yo kunyagira Bradford City yo mu cyiciro cya kane ibitego 5-0 tariki 24/02/2013.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu kagari ka Byahi, umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu bahagurukiye ikibazo cy’umuhanda mubi uri muri ako kagari bakora umuganda wo kuwusana mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Mu mikino ya 1/16 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro yabaye ku cyumweru tariki ya 24/02/2013, Rayon Sport yanyagiye ikipe ya Rwamagana City yo mu cyiciro cya kabiri ibitego 7-0, mu gihe Kiyovu Sport yo yahise isezererwa na Musanze FC hitabajwe za penaliti.
Ihuriro rihuza abayobozi n’abavuka mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango ariko batahakorera ryiyemeje guhuriza hamwe abanyamuryango bagashakisha icyateza imbere umurenge bavukamo.
Buri wese arasabwa kugira uruhare mu guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi zirimo amakimbirane n’ihungabana; nk’uko bisabwa n’umuryango IBUKA.
Umuyobozi ukuriye ibiro bikuru by’inama y’Abascout mu Rwanda, Tabaruka Jean Claude, arasaba Abascout bo mu karere ka Rutsiro kuba inyangamugayo, kandi ubwo bunyangamugayo bukabageza ku iterambere rirambye.
Papa Benedict XVI kuri iki cyumweru tariki 24/02/2013 yatanze umugisha wa nyuma mu ruhame, imbere y’ibihumbi n’ibihumbi by’imbaga yari iteraniye ku rubuga rwa Mutagatifu Petero mu mujyi wa Vatican.
Urwunge rw’Amashuri rwitiriwe Mutagatifu Yozefu rw’i Nyamasheke, tariki 23/02/2013, rwatangije Club y’Icyongereza igamije gukangurira abanyeshuri b’iki kigo gukoresha ururimi rw’icyongereza mu mvugo zabo za buri munsi.
Ndagijimana Olivier, umuyobozi w’urugaga rw’abafite ubumuga mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru avuga ko abafite ubumuga bagira ibyago byo kwanduzwa SIDA kurusha abadafite ubumuga.
Mu gihe kingana n’ukwezi Intore ziri ku rugerero mu karere ka Rulindo zikomeje ibikorwa byazo byo kubaka igihugu ariko hari bimwe mu bikoresho zitarabona kugira ngo ibikorwa byabo biyemeje babashe kubigeraho neza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiye i Addis Ababa muri Ethiopia kuri icyi cyumweru tariki 24/02/2013 aho yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano yo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abaturage.
Nyuma yo kubona ko hari bamwe mu baturage b’akarere ka Rulindo bacitse ku icumu badafite inzu zo kubamo, umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimee, arasaba ubuyobozi bw’ako karere gukemura icyo kibazo vuba.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’abatarengeje imyaka 20 yahagurutse mu Rwanda ku cyumweru tariki 24/02/2013 yerekeza muri Tuniziya, aho igiye kwitabira imikino y’igikombe cya Afurika izaba tariki 28/02-09/03/2013.
Police FC yageze ku mukino wa nyuma mu myaka ibiri iheruka, yasezerewe ku ikubitiro mu gikombe cy’amahoro cy’uyu mwaka itsinzwe na AS Muhanga kuri za penaliti ku wa gatandatu tariki 23/02/2013.
Abagore batatu n’umwana umwe nibo bamaze kumenyekana ko bapfiriye mu modoka yaguye muri ruhurura i Nyabugogo, biturutse ku mvura y’amahindu yaguye mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 23/02/2013.
Abayobozi icyenda b’amashuri abanza batsindishije munsi ya 50%, bagawe ku mugaragaro mu nama y’uburezi yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, nyuma yo gutangaza ibyavuye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye.
Mu karere ka nyanza hafashwe inzoga z’inkorano ku nshuro ebyiri zikrikiranye, zifatanywe abacuruzi batandukanye. Abafatanywe izo nzoga bose kuri ubu bahise bashyikirizwa ibiro bya Polisi kugira ngo bakurikiranwe.
Abanyamakuru abatunganya umuziki n’abandi bantu banyuranye bagira uruhare mu iterambere ry’umuziki Nyarwanda, bahuriye ku cyicaro cya Bralirwa kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, mu rwego rwo gutangiza amarushwa ya Primus Guma Guma Super Star III.
Minisitiri w’Umutekano, Sheikh Moussa Fazil Halerimana, avuga ko ikibazo cy’amapeti y’Abacungagereza bo mu rwego rwa sous-officiers batagaragaye k’urutonde rw’abazamuwe mu ntera, Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rukibisuzuma rukazatanga igisubizo mu byumweru bibiri.
Abaturage batuye ikirwa cya Bushonga, kiri mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera batangaza ko bahangayikishijwe na barushimusi babatwarira amato bakayakoresha mu burobyi butemewe, Polisi ikabafata ubwato ikabutwara.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yamenyesheje abitabiriye umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 23/02/2013, ko urugendo rwo kwibeshaho no kwanga gutega amaboko rukomeje kandi hari icyizere, ashingiye ku bwitabire bw’abaturage mu bikorwa bifite inyungu rusange.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi bwamaze gutegeka abagatuye kubyaza umusaruro amasambu bafite yari yarabaye ibisambu cyangwa bakayakodesha kubakeneye kuyahinga, kugira ngo umusaruro wera mu karere wiyongere.
Ubuyobozi butegura iserukiramuco rya FESPAD, buratangaza ko kwinjira ari ubuntu mu gitaramo cyo gufungura FESPAD y’uyu mwaka kuri uyu wa Gatandatu tariki 23/02/2013.
Abatuye akarere ka Gisagara baremeranya n’ubuyobozi bwako ko ubuhinzi n’ubworozi nk’imirimo byonyine bitazateza akarere kabo imbere, ahubwo ko kuzana indi mishinga n’imirimo mishya aribyo bizabazanira iterambere.
Umwuga ukorwa neza ukoranye ubuhanga buhagije uteza imbere nyirawo, kandi bikamurinda kubura icyo akora, nk’uko bitangazwa n’urubyiruko rw’umurenge wa Gishubi mu karere ka Gisagara, rusaba ishuri ry’imyuga ryakagombye kurufasha kugera ku iterambere.