Abana b’abasigajwe inyuma n’amateka biga mu mashuri abanza, batuye mu murenge wa Butaro, akarere ka Burera, bahawe ibikoresho by’ishuri kugira ngo bibafashe kwiga kuko kubura ibikoresho aribyo byatumaga batagana ishuri.
Eng. William Ngabonziza ukora mu ishami rishinzwe imiturire muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) aragaragaza ko umwaka ushize Abanyarwanda benshi bishwe n’ibiza kubera ahanini gutura nabi.
Mwaramutse neza kandi mwiriwe mwese! Mpereye ku byo Rutayisire yari amaze kuvuga, nasanze nta ibahasha iri aho nari nicaye, ubwo yumvise ko ubwo mbyisabiye agiye kumpa ibahasha zigera nko kw’ijana kandi ndashaka imwe gusa, irampagije irajyamo ibyo nshoboye byose…
Umuhuza w’ibiganiro by’amahoro bihuje Leta ya Congo n’inyeshyamba za M23, Minisitiri Crypsus Walter Kiyonga, avuga ko ibihano byafatiwe abayobozi ba M23 byabaye imbogamizi ku biganiro kuko hari n’abatemerewe kugira aho bajya kandi bagomba kwitabira ibiganiro.
Nubwo abantu 308 basize ubuzima mu mpanuka zo mu muhanda mu mwaka wa 2012 ngo uyu mubare ni muto ugereranyije na 392 wagaragaye mu 2011.
U Rwanda na Korera y’Epfo byatangaje ko bifatanyije gukemura ikibazo cy’ubukungu n’imibereho y’abaturage ku ruhande rw’u Rwanda binyuze mu butwererane ibihugu byombi bifitanye kuva mu myaka 50 ishize.
Abasore bagera kuri 50 bazindukira ku iseta iri ku muhanda w’ahitwa Rwamushumba mu kagari ka Muganza mu murenge wa Runda, bategereje amakamyo aturuka ku Ruyenzi no mu mujyi wa Kigali, ngo bayarangire ahari umucanga , babone n’ikiraka cyo kuyapakira.
Karimunda Siperansiya umucyecuru w’imyaka 50 ari kuvurirwa kwa muganga mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu nyuma yo gukubitwa bikomeye azira kuroga umuryango w’abantu batandatu.
U Rwanda na Koreya y’Amajyepfo byiyemeje guhuza ijwi mu gukangurira ibindi bihugu kurinda ubuzima bw’abaturage mu gihe cy’intambara, biturutse ku bufatanye bisanzwe bifitanye n’uburyo byahuriye mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi.
Ishami rishinzwe umutekano muri Leta Zunze Ubumwe z’America, ryasabye abantu bakoresha software yitwa Java muri mudasobwa zabo kuyireka kubera ko ngo itizewe mu bijyanye n’umutekano kuri internet.
Rwanda Inspiration Backup yashimiye BK kubera inkunga ikomeye yabateye mu gikorwa The National young entrepreneur’s debate championship bakoze mu mwaka ushize cyo gukangurira urubyiruko kwihangira imirimo.
Umutwe w’ingabo zo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) ushinzwe kugarura amahoro ku mipaka y’u Rwanda na Kongo-Kinshasa uzinjizwa mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo-Kinshasa (MONUSCO).
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwatangiye kugenzura niba nta bantu bakorera ibikorwa bitandukanye ku nkengero z’i Kivu ahatemewe bigatuma icyo kiyaga cyangirika.
Bamwe mu baturage bavuga ko abayobozi bo mu midugudu n’utugari mu karere ka Ngororero bakoresha ikimenyane na ruswa mu gutanga imfashanyo zigenerwa abatishoboye cyane cyane muri gahunda z’ubudehe no korozanya.
Abaturage batuye mu murenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara, barasaba gufashwa kubona imbuto z’insina za kijyambere kuko kuri bo basanga igiciro cy’insina kiri hejuru bikabagora kuzibona.
Bamwe mu bayobozi b’uturere tw’intara y’Amajyepfo baratangaza ko gahunda ya Leta yo guteza imbere ubwubatsi bw’amategura hari benshi buzagora kubera ko busaba byinshi mu gihe amabati yo ngo nta ngorane nyinshi.
Meddie Kagere umaze iminsi akinira ikipe ya Etoile Sportive de Zarzis yo muri Tuniziya ariko akaba atarahagiriye ibihe byiza, agiye kugaruka mu Rwanda akazakinira ikipe ya Rayon Sport amezi atandatu.
Amatorero atandandukanye akorera mu Rwanda yateguye igiterane cy’iminsi 120 cyiswe “Humura Rwanda” cyari kigamije gusengera ibibazo u Rwanda rwari rumaze iminsi ruvugwaho birimo umutekano muke muri Congo.
Abadepite bo mu gihugu cya Kenya bihaye imperekeza z’akazi zingana n’amadorali ibihumbi 107 (hafi miliyoni zisaga 70 z’amafaranga y’u Rwanda) mu gihe bitegura kurangiza manda muri Werurwe 2013.
Abayobozi batandukanye mu karere ka Rulindo bakomeje kugaragaza ubushake mu kurushaho kwegera abaturage batuye aka karere , babafasha kwishakamo ibisubizo ku bibazo bahura nabyo.
Abanyeshuri biga ku kigo cya Collège de la Paix Rutsiro barasaba ubuyobozi by’icyo kigo gusana zimwe mu nyubako zitameze neza kubera ko zishaje, n’izindi zasakambuwe n’umuyaga.
Kubwimana Etienne bakunze kwita Defender yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano afite ikiyobyabwenge cy’urumogi gipfunyitse mu dupfunyika umunani mu ijoro rya tariki 13/01/013.
Abasore bize ndetse n’abandi bafite amikoro aciriritse bo mu karere ka Gakenke bitegura gushaka ngo muri iyi minsi bafite ikibazo cyo kubona inkwano basabwa n’ababyeyi b’abakobwa bize kaminuza usanga zihanitse ugereranyije n’ibyari bisanzwe mu muco nyarwanda.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports burahakana ko butazishyura amafaranga miliyoni esheshatu Ali Bizimungu wari umutoza wungirije akaza gusezererwa ashinjwa kutavuga rumwe n’umutoza mukuru Didier Gomes Da Rosa.
Ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) rifite icyicaro mu karere ka Nyanza ryatangije uburyo bushya bufasha abanyeshuli baryo kwiga banakora imirimo bashinzwe y’ubwunganizi mu by’amategeko, ubushinjacyaha no guca imanza mu nkiko.
Beyonce, umuririmbyikazi wo muri Amerika, yatangaje ko itsinda Destiny’s Child, yaririmbye mo, ryongeye gusubirana nyuma y’imyaka umunani abari barigize batandukanye. Destiny’s Child igizwe n’abakorwa batatu bo muri Amerika: Beyoncé Knowless, Kelly Rowland, na Michelle Williams.
Police FC yasoje imikino ya shampiyona ibanza (Phase Aller) iri ku mwanya wa kabiri, nyuma yo gutsinda AS Kigali yari iwuriho igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki 12/01/2013.
AS Kigali yegukanye igikombe cya shampiyona y’abagore mu mwaka ushize, yatangiye iy’uyu mwaka yitwara neza ikaba yatsinze ESIR ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa gatandatu tariki 12/01/2013.
Nyuma yo kwemera guha umugore we impyiko imwe mu ze, Hanyurwabake Jean Bosco wigisha ku kigo cy’amashuri cya Gahondo mu karere ka Rutsiro arasaba abagira neza kumufasha kubona amafaranga yo kujyana umugore we mu Buhinde aho azavurirwa.
Uturere twa Nyamagabe, Nyamasheke na Rusizi duhuriye ku muhanda uca muri pariki y’igihugu ya Nyungwe dufatanije n’ingabo z’igihugu na polisi y’igihugu, bakoze umuganda udasanzwe wo gusukura inkengero z’uyu muhanda mu rwego rwo kugirira isuku iyi pariki.
Nyiramahirwe umubyeyi w’abana batatu acumbikiwe na Polisi y’igihugu kuri station ya Kanzenze akarere ka Rubavu nyuma yo gutabwa muri yombi acyenyereye ku dupfunyika 2000 tw’urumogi.
Pasitoro Amos Betungula wo mu itorero ry’ubwiyunge mu gace ka Mengo yatawe muri yombi na Polisi yo muri icyo gihugu azira gutwara umugore wari umuyoboke mu itorero rye.
Abaturage bo mu mirenge ya Mushubati na Mukura yo mu karere ka Rutsiro mu mezi atatu ashize barakariye Abagande bakoraga umwuga wo kubaza mu murenge wa Mushubati bavuga ko muri bo harimo ababuza imvura kugwa.
Imirimo yo kubaba ikiraro cyo ku mupaka wa Rusizi ya mbere gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo igeze kure.
Ku mugoroba wo kuwa gatandatu tariki 12/01/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye abasenateri n’abadepite ba Reta zunze ubumwe z’Amerika (USA), baje kureba uko u Rwanda ruhagaze mu ishoramari, kugirango hongerwe ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bijyanye n’ubucuruzi.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Gaspard Byukusenge, yashimiye umugore witwa Philomene Mukarugambwa kubera ko yamubonye agenda n’amaguru ku musozi wabo kandi atahamumenyereye atazi n’uwo ari we, akamubaza ikimugenza.
Abakoresha umuhanda Muhanga-Ngororero barakemanga imikorere ya kompanyi ya African Tours isanzwe itwara abagenzi muri uwo muhanda, igihe izaba ariyo yonyine isigaye ihakorera, nkuko biherutse kwemezwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).
Myugariro wa APR FC Emery Bayisenge yerekeje mu gihugu cy’Ububiligi aho agiye gukora igeragezwa mu ikipe ya Zulte-Waregem FC yo mu cyiciro cya mbere muri icyo gihugu.
Bamwe mu bayobozi bo mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko gahunda yo kugurana ubutaka mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda yo gutura ku midugudu hari benshi mu baturage ibangamiye.
Urubyiruko rwo mu karere ka Kicukiro rwibumbiye mu ishyirahamwe rwise Transperency Green Africa, rwiyemeje guhangana n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’itangwa rya ruswa ruhereye mu karere rukomokamo.
Elie Nizeyimana, umunyamategeko wo mu muryango utegamiye kuri Leta “Haguruka”, ushinzwe kurengera abagore n’abana mu Rwanda, avuga ko amategeko yariho mu myaka ishize mu Rwanda yabuzaga umugore kuba yatunga konti muri banki.
Umuyobozi wa banki y’abaturage ushinzwe ubucuruzi, Paul Van Apeldoorn, yahakanye ko iyi banki yahombye, ahubwo yagabanyije umuvuduko w’inguzanyo yatangaga, nyuma y’uko bigaragaye ko yatanze inguzanyo nyinshi.
Radio isango, imwe mu maradiyo akorera mu mujyi wa Kigali, yibasiwe n’inkongi y’umuriro utunguranye, watwitse ibikoresho bimwe mu bikoresho byifashishwa mu gusakaza amajwi byari muri Studio y’iri Radio.
Ikibazo cy’isuku mu hacururizwa ibyo kurya n’ahatangirwa serivisi mu bigo bitandukanye byo mu mujyi wa Kigali, hagaragaje ko guhindura imyumvire bikibakomereye, kuko nyuma y’iminsi micye bihanangirijwe bigaragara ko nta kintu kinini cyahindutse mu byo bakora.
Ubuyobozi bwa sosiyete y’ishoramari yitwa Multisector investment Group (MIG) burizeza ko bitarenze ukwezi kwa Mata uruganda rw’icyayi rwa Mushubi ruri kubakwa mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe ruzaba rwatangiye gukora.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) irasaba Abanyarwanda bose guhaguruka bakarwanya ibikorwa bibi by’ihohoterwa bikomeje gusenya imiryango kuko binyuranyije n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.
Abayobozi n’abakozi b’ibigo nderabuzima byo mu karere ka Ngororero bavuga ko kuba abarwayi bivuriza ku bwisungane mu kwivuza (Mutelle de Sante) batemerewe kurenza iminsi itatu barwariye mu bigo nderabuzima bibabangamira ndetse bikanabangamira abaturage.
Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo bakaba bari mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi batangiye gufotorwa ngo bazahabwe indangamuntu mbere y’uko berekeza iyo bakomoka.
Umujyi wa Kigali urashakisha uburyo bunoze bwo gutuza abaturage bakomeje kwiyongera umunsi ku wundi, bazaba bavuye kuri miriyoni 1.3 mu w’2013, bakazaba babarirwa hagati ya miriyoni 3.8 kugeza kuri eshanu mu mwaka w’2040.