Komisiyo y’imibereho myiza ya njyanama y’Akarere ka Huye, nyuma yo gusabwa n’inama ya njyanama kuyirebera uko imbago z’irimbi ry’i Ngoma ryifashe, yasanze hari abantu batuye ku butaka bwahoze buri mu gice cyagenewe gushyinguramo abantu.
Guhera mu mpera z’ukwezi k’Ukuboza 2012, umuntu wese winjiye cyangwa uwutuyemo yagiye abona impinduka z’umujyi wa Kigali hirya no hino hatatse bimwe mu biranga itegurwa ry’umunsi mu kuru wa Noheli n’Ubunane.
Itsinda ry’abasirikari 85 b’ingabo zirwanira mu kirere bahagurutse mu Rwanda tariki 28/12/2012 berekeza muri Sudani y’amajyepfo, aho bagiye mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro.
Amafaranga asaga miliyoni ijana ni wo mwenda akarere ka Rutsiro karimo ibitaro bya Murunda bitewe n’uko umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza ungana n’amafaranga igihumbi yatangwaga na buri munyamuryango mbere y’umwaka w’i 2010 wari mucye.
Hategekimana Ephrem umusaza w’imyaka 63 wari utuye mu murenge wa Rubaya mu kagari ka Gihanga mu mudugudu wa Gomba yitabye Imana azira gukubitwa ibuye mu mutwe n’umugore witwa Nyiramivumbi Aloysie.
Ibimina, utugari n’imirenge byo mu karere ka Nyamagabe byitwaye neza mu gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé) byahawe ibihembo mu rwego rwo kubishimira uruhare byagize mu gutuma akarere gatera intambwe mu kwesa imihigo kasinyanye na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Entreprise Just Size yatsindiye kubaka isoko rya Nyanza yataye imirimo isiga inambuye abaturage bayikoreye none ubu bari mu gihirahiro; nk’uko inama Njyanama y’akarere ka Nyanza ibyemeza.
Umuntu umwe yitabye Imana abandi babiri barakomereka bitewe n’impanuka Y’Imodoka yo mu bwoko bwa Dayihatsu yakoreye mu murenge wa Ruvune mu karere ka Gicumbi mu ijoro ryo kuwa 27/12/2012.
Mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika basaga 50, Perezida Paul Kagame aza ku mwanya wa kane mu bakuru b’ibihugu bafite abantu benshi babakurikira ku rubuga rwa Twitter. Kugeza tariki 20/12/2012, Perezida Kagame yakurikirwaga n’abantu 92.971.
Abavandimwe batatu Basir, Jun na Kobbi bashinze itsinda rikora indirimbo zo guhimbaza Imana mu njyana ya Hip Hop, bakaba basohoye indirimbo yabo ya mbere iri mu cyongereza bise “Ariho” bakoranye na Serge Iyamuremye.
Umuyobozi w’ihuriro ry’abahinzi ba kawa mu karere ka Kayonza, Gakoze James, avuga ko ubuyobozi bw’ako karere bwambuye bamwe mu bahinzi ba kawa ubutaka bari barahawe kugira ngo babuhingeho kawa.
Abakozi b’Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta kuwa 28/12/2012 bamurikiye amazu 4, ibikoni byayo n’ubwiherero, basaniye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Kagari ka Kindama mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera.
Mukantaganzwa Brigitte na Bizimana Charles bakora mu karere ka Nyanza basabiwe ibihano na Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Habumuremyi Pierre Damien nyuma y’uko bagaragaweho n’amakosa arebana n’imicungire mibi y’umutungo wa Leta.
Abandi banyamahirwe 18 bashyikirijwe amafaranga ibihumbi 500 n’ibihumbi 100, nyuma y’uko batoranyijwe nk’aribo amahurwe yaguyeho muri tombola ikomeje ya SHARAMA na MTN ya kabiri.
Umuhanzi Ruremire Focus azataramana n’Abanyarwanda mu rwego rwo kurushaho gusigasira, kumenyekanisha no gukundisha abantu umuco gakondo by’umwihariko urubyiruko n’abakiri bato abinyujije mu buhanzi butandukanye.
Inama njyanama y’Akarere ka Huye yateranye tariki 27/12/2012 yemeje kujya kishyuza amafaranga 3000 ku bashyingura mu marimbi rusange mu mujyi ndetse n’amafaranga 1000 mu cyaro.
Kaporari Habyarimana Etienne wo muri FDLR yageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere ku mugoroba wo kuwa 27/12/2012 ahungukanye n’umugore we n’umwana.
Ndayambaje Benoit w’imyaka 29 y’amavuko, ari mu maboko ya polisi azira gucuruza urumogi muri sentire ya Buhanda mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango.
Mukandabunga Cecile w’imyaka 24 y’amavuko wo mu kagari ka Burunga, umurenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi yafatiwe ku kiyaga cya Kivu afite umwana we w’uruhinja agiye kwiyahura mu gitondo cya tariki 28/12/2012.
Mu rwego rwo kongerera imbaraga abakinnyi ba Rayon Sport kugirango bazabashe gutsinda APR FC mu mukino wa shampiyona uzabera kuri Stade Amahoro ku cyumweru tariki 30/12/2012, ubuyobozi bw’iyo kipe bwemereye buri mukinnyi wayo amadolari 300.
Abakozi b’akarere ka Rubavu bahemberwa muri Banki y’abaturage (BPR) baravuga ko iyi Banki yabarishije imikuru nabi itabagezaho imishahara yabo ariko ubuyobozi bw’iyo banki buvuga ko ikibazo cy’abakozi b’akarere bahemberwa muri BPR cyatewe n’akarere atari banki.
Uko iminsi 35 ishize, ku musozi witwa Gunung Kemukus mu gihugu cya Indoneziya habera imihango yo gusenga no gukorana imibonano mpuzabitsina n’umuntu mugomba kuba mutarashakanye kugira ngo amasengesho agere ku Mana, kandi usenga ahabwe ibyo yasabye.
Imiryango 59 yo mu karere ka Ruhango yafashe icyemezo cyo gutangira umwaka mushya wa 2013 ibanye mu buryo bwemewe n’amategeko nk’uko ubuyobozi buhora bubibakangurira.
Bamwe mu bafite amahoteli mu karere ka Rubavu bavuga ko umubare w’abazaga kuhizihiriza iminsi mikuru isoza umwaka wagabanutse bitewe n’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Cyanika mu karere ka Burera, butangaza ko muri uwo murenge hakunze kugaragara ikibazo cy’abantu benshi bata indangamuntu bakajya kwaka ibyemezo bizisimbura kuburyo bimaze kuba nk’icyorezo.
Innocent Rurangwa na Nduwamungu Jean Claude bose bo mu karere ka Ngororero barashakishwa n’inzego z’akarere n’izumutekano kubera ko barigishije amafaranga y’abaturage bagahita baburirwa irengero.
Akagari ka Rwanza ko mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara kafatiwemo inzoga z’inkorano litilo zisaga 1800 ndetse n’urumogi bihita bimenwa kuwa kane tariki 27/12/2012.
Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook y’umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba umuyobozi w’umujyi wa Kigali, arasaba Abanyarwanda bose batuye n’abagana umujyi wa Kigali kunezerwa ariko bakanibuka kwitwara neza muri iyi minsi mikuru.
Abateguye amarushanwa ya Talentum amaze iminsi akorwa hirya no hino akaba azasorezwa kuri Stade Amahoro ku itariki 05/01/2013 batugejejeho amazina y’abazahatana kuri finali (final).
Umuvugizi wa Rayon Sport, Olivier Gakwaya, aratangaza ko ikipe yabo yiteguye neza kandi igomba gutsinda umukino wa shampiyona bafitanye na APR FC tariki 30/12/2012, bakazarangiza umwaka bari imbere yayo ku rutonde rwa shampiyona.
Ubuyobozi bwa Etincelles FC ikaba ubu iri ku mwanya wa nyuma muri shampiyona bwafashe icyemezo cyo kuzana undi mutoza witwa Safari Buuni uzwi ku izina rya Bresilien, akaba azatangira imirimo ku wa mbere tariki 31/12/2012.
Mu gutaha ku mugaragaro inyubako za SACCO z’imirenge ya Mukingo na Kigoma mu karere ka Nyanza, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, yemeje ko ibi bigo by’imali nta gihombo bizagira kubera uburyo zicunzwemo.
Inama njyanama y’akarere ka Huye yateranye tariki 27/12/2012 yemeje amande azajya acibwa abakoze amakosa atandukanye kuva ku bakoresha umuhanda kugera ku muturage wo mu cyaro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwateranye tariki 27/12/2012 bwasanze impamvu bagize igihombo mu kwakira imisoro n’amahoro ari ukubera uburyo bwo kwakiramo imisoro bwahindutse.
Nyuma y’ibyumweru bitatu amaze afunzwe azira gushyira ifoto ku rubuga rwa facebook, Kalisa John yarekuwe n’inzego za polisi tariki 27/12/2012.
Nyuma yo kutishimira umwanya wa 27 akarere ka Rusizi kegukanye mu mihigo y’umwaka ushize, itsinda ry’abatekinisiye b’akarere ka Rusizi bakoze inama yo kurebera hamwe uko imihigo y’uyu mwaka yakwihutishwa kugira ngo izarangire hakiri kare.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Harebamungu Mathias aributsa abayobozi b’uturere gukemura ikibazo cy’abana bataye ishuri kugira ngo bazasubizwe mu ishuri mu mwaka w’amashuri uzatangira tariki 07/01/2012.
Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba (Community Policing Committees: CPCs) zo mu karere ka Burera zahawe telefone zigendanwa kugira ngo zijye zibafasha gutanga amakuru vuba kandi neza mbere y’uko icyaba kiba.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abatuye muri ako karere bose gushishikariza Abanyarwanda baba bazi bakiri mu mashyamba ya Kongo n’ahandi gutahuka kugira ngo baze bafatanye n’abandi kubaka urwababyaye.
Umugabo Emmanuel uzwi ku izina ry’ingwe (izina yihaye) wo mu mujyi wa Kibungo ahitwa Rond-point ari mu maboko ya Polisi akekwaho kwambura abantu akanabaka amaterefone nyuma yo kwiyita ingwe.
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’ubuzima mu mwaka wa 2009 bwerekanye ko nibura mu Rwanda abagore n’abakobwa bagera ku bihumbi 60 bahura n’ikibazo cyo gukuramo inda buri mwaka.
Abahagarariye abacukuzi b’amabuye mu Ntara y’Uburengerazuba baratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye mu Rwanda bufite intego yo kuzinjiza miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika mu mwaka wa 2017.
Nyuma yo kuganira n’imwe mu miryango irwaje bwaki yo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro agasanga benshi muri bo bataragerwaho na gahunda ya girinka, senateri Sindikubwabo Jean Nepo yasabye ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kujya bazirikana iyo miryango kugira ngo ibashe kubona amata ndetse n’ifumbire.
Minisiteri ifite gucunga ibiza no gucyura impunzi mu nshingano zayo (MIDMAR), yeteguye amahurwa mu turere twose tw’igihugu mu rwego rwo kwigisha ibiza, ikibitera n’uburyo byakwirindwa.
Abagize inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Nyamagabe batangiye inteko rusange y’iminsi ibiri aho baganira uburyo kwihangira imirimo byabafasha muri gahunda yo KWIGIRA bemeza ko ariyo yakemura byinshi mu bibazo abagore bahura nabyo.
Abagore batandatu n’abana 14 bageze mu nkambi ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi tariki 27/12/2012, bavuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo. Batangaje ko bishimiye kongera kugera mu gihugu cyababyaye bavuga ko baje kugikiza bakoresheje amaboko yabo.
Imikwabu yo gufata inzererezi mu mujyi wa Ngoma iragenda igabanya ibyaha by’ubujura bw’ibikoresho byo mungo bwari bwibasiye uyu mujyi; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise.
Turimwe Vincent w’imyaka 18 na Muhoza Claude w’imyaka 17 batawe muri yombi na polisi tariki 25/12/2012 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye mu bubiko bya Sosiyete Winning Star ikorera mu Kagali k’Ubumwe, Umurenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo.
Abakora umwuga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro barasabwa kugira gahunda bagenderaho kugira ngo umurimo bakora utange umusaruro kandi uheshe agaciro abawukora.