Abajyanama b’ihungabana mu karere ka Rulindo, barasabwa kwegera abatuye aka karere bafite ibibazo by’ihungabana. Ibibazo by’ihungabana byiganje muri iyi minsi usanga ari irishingiye ku bwunvikane bucye bwo mu miryango, nk’uko babyivugira.
Bamwe mu baturage batuye ku kirwa cya Bushonga, mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bavuga ko kuba bataratanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza ari uko insina zabo zatewe na kirabiranya maze ituma babura amafaranga.
Félicien Nzayisenga w’imyaka 18 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, ntari kugaragara mu bice byo hafi y’iwabo nyuma y’uko hari umukobwa utwite inda byavugwaga ko yayitewe na se wa Nzayisenga, ariko nyuma uwo mukobwa akaza kwemeza ko yayitewe na Nzayisenga.
Nsekanabo Athanase w’imyaka 20 y’amavuko utuye mu karere ka Nyamasheke, wari wibye Stabilisateur mu kabari yaje kubabarirwa na nyir’ukwibwa, nyuma yo kuyimufatana. Nyirakabari yatangaje ko ari ukugira ngo amuhe isomo ryo gukoresha amaboko ye.
Abanyeshuri biga mu mashuri atandukanye ari mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, barishimira inyigisho bahawe zinyuze mu bihangano by’umuhanzi Kizito Mihigo, nyuma y’igitaramo yabakoreye kuri uyu wa Gtanu tariki 22/02/2013.
Imiryango 10 ituye mu kirwa cya Bushonga, kiri mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, yabanaga bitemewe n’amategeko, yasezeranye byemewe n’amategeko kugira ngo ikomeze ibane neza.
Sendika y’abamotari ikorera hirya no hino mu gihugu (STRAMORWA), ifite intego zo gukomeza gushora imari kugeza bageze n’aho bazashora imari mu by’indege, nyuma yo kuva ku magare bakagatwara moto.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB), akarere ka Gisagara guhamagarira abashoramari, cyane abafatanya na Leta mu gukomeza kukazamura, ariko banashima ibyo kagezeho, bahamya ko hari aho kavuye n’aho kageze.
Radio Vatican kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013 yatangaje ko Twitter Papa Benedict XVI yakoreshaga izahagarara nawe akimara gusezera ku bushumba bwa Kiliziya Gatulika tariki 28/02/2013 sambili z’ijoro ku isaha ya Vatican.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Rose Mary Mbabazi, atangaza ko nta terambere na rimwe rishobora kugerwaho hadakoreshejwe ikoranabuhanga ndetse nta gihugu na kimwe mu mateka y’isi cyigeze gitera imbere hatabayeho ikoranabuhanga.
Abakuru b’imidugudu mu karere ka Kayonza ntibazongera gusinya ku byangombwa ahubwo bizajya bitangirwa mu kagari kuko ari rwo rwego ruto rwa Leta rugira kasha; nk’uko bisobanurwa n’umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutesi Anita.
Umuhanzi Elion Victory yatangaje ko amajwi ye ayahaye Senderi International Hit kubera ko ngo abona yarakoze cyane kumurusha ndetse no kurusha abandi bahanzi bo muri Afrobeat.
Abashakashatsi bo muri kaminuza ya Bristol mu Bwongereza baratangaza ko indabyo zifite ubushobozi bwo gukurura inzuki zikaza guhova zifashishije amashanyarazi karemano. Ibi ngo ibi binatuma uruyuki rushobora kumenya ko hari urundi rwigeze kuza guhova mbere yarwo.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Sredojevic ‘Micho’ yerekeje ku mugabane w’Uburayi ku wa gatanu tariki 22/02/2013, gusura abakinnyi b’abanyarwanda bakinayo mu rwego rwo kureba uko bahagaze kugirango azabahamagare mu Mavubi.
Mu gihe habura umunsi umwe gusa kugirango imikino y’igikombe cy’amahoro itangire, ntabwo haraboneka umuterankunga wayo, ariko Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda buvuga ko bitazabuza imikino gukinwa.
Mutoni Adolphe wari umukinnyi wa Kaminuza y’u Rwanda mu mukino wa Volleyball, yerekeje muri APR Volleyball Club, akaba yarayisinyiye amasezerano y’umwaka umwe harimo no kuzamuvuza imvune yo mu ivi amaranye iminsi.
Mu gikorwa cyo gusezeranya abagabo n’abagore babanaga nk’abashakanye ku buryo butemewe n’amategeko mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga, umugore yatunguwe no kumva umugabo we avuga ko bagomba gusezerana ivangamutungo muhahano.
Prof. Rwigamba Balinda washinze kaminuza yigenga yak IGALI (ULK) avuga ko ubumenyi abanyeshuri bahabwa badakwiye kumva ko bazajya kubusabisha akazi, ahubwo bakwiye kubukoresha mu kubuhangisha umurimo.
Perezida Kagame yakiranye ibyishimo Ambasaderi wa Kenya ucyuye igihe, Mme Rose Makena Muchiri, kubera ibikorwa by’iterambere yagejeje ku Rwanda mu izina ry’igihugu cye, birimo ubuhinzi, uburezi, ingufu, ishoramari n’imibanire myiza ishingiye ku miryango ibihugu byombi birimo.
Itsinda ry’Abanyasudani y’Epfo 27 bari mu Rwanda mu masomo yo kwiga ku buringanire no kubaka amahoro, baratangaza ko bashenguwe n’ibyo babonye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, byabibukije ibyo nabo babayemo.
Mu ngendo umuyobozi wa banki nkuru y’igihugu agirira mu ntara y’uburengerazuba yagaragaje abafitiwe imyenda n’ibigo by’imari icirirtse byahombye mu mwaka wa 2006 bagiye kwishyurwa amafaranga basigaye batishyuwe.
Akarere ka Rubavu kongereye ingengo y’imari kagomba gukoresha umwaka wa 2012-2013 iva kuri miliyari 11, miliyoni 919 n’ibihumbi 493 igera kuri miliyari 13, miliyoni 736 n’inihumbi 33.
Ikipe United Stars yo mu karere ka Ruhango yatsinze Asport ya Kicukiro ibitego 2-1 mu mukino yahuje izo kipe tariki 20/02/2013 ku kibuga cya FERWAFA i Kigali.
Banki y’Abaturage (PBR) ishami rya Rwamagana rimaze iminsi ibiri ryibwe amafaranga asaga miliyoni 39 zaba zaribwe n’abakozi babiri bakoreraga iyo banki.
Vincent Lurquin Umudepite wo mu gihugu cy’u Bubiligi ukomoka mu ishyaka rya Ecolo ntiyifuza ko hari imishinga igomba kuva mu gihugu cye ngo ize gukorera mu Rwanda ariko ntabyumva kimwe n’abandi muri Guverinoma.
Leta y’Ubushinwa irashimirwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo ku nkunga yatanze mu kubaka ishuli community model school ryubatswe mu murenge wa Kabarore rikaba ryanatangiye kwigisha ururimi rw’Igishinwa.
Umubyeyi wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yitabye Imana, kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, ahagana saa moya za mugitondo aguye mu Bitaro Mpuzamahanga bya Kampala aho yari arwariye.
Mu nama rusange y’abashinjacyaha bose yabaye kuri uyu wa 22/02/2013, Umushinjacyaha mukuru yagarutse ku makuru aherutse gutangazwa n’ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko, avuga ko 70% by’abagezwa imbere y’inkiko bafungwa kandi hari abakagombye no kuburana bari hanze.
Nyuma y’aho Minisitiri w’Intebe agenderereye Abanyehuye tariki 12/02/2013 akabashishikariza kubaka inyubako zijyanye n’igihe tugezemo, abanyamabanki, abafite amahoteri, amakoperative ndetse n’amasosiyete anyuranye bemeye ko ibyo bemeye gukora bazabishyira mu bikorwa bidatinze.
Cardinal Peter Turkson uhabwa amahirwe yo kuba Papa wa mbere w’umwirabura yatangaje ko umuco wa Kinyafrika utemera ababana bahuje ibitsina, amagambo yatumye benshi bakeka ko amahirwe ye yo gutorerwa kuyobora Kiriziya Gatorika yaba yayoyotse.
Urubyiruko rwitabiriye ihuriro mpuzamahanga rya kane ry’urubyiruko rwo mu bihugu byo muri Afrika y’uburasirazuba (EAC) ruratangaza ko ibyo rwigiye mu karere ka Bugesera ku bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge ruzabigira impamba maze rukarushaho kubaka no guharanira amahoro mu bihugu byabo.
Nyuma y’umwaka n’igice Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi (REB) kimaze gishinzwe, abayobozi bacyo barasanga igihe kigeze cyo kumanuka bakaganira n’abayobozi bashinzwe uburezi mu turere ndetse n’abarezi ubwabo.
Ku nshuro ya kabiri, Rehoboth Ministries yateguye igitaramo cyo kuramya no guhimbaza yise “Praise and worship Explosion”, icyo gitaramo kizaba kuri iki cyumweru, tariki 24/02/2013, muc yumba (salle) cya Sportsview Hotel kuva ku isaha ya saa cyenda z’amanywa kugeza saa mbiri z’ijoro.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Indimi Kavukire, tariki 21/02/2013, Umushinga Kamusi (Kamusi Project) wamuritse ikoranya y’ikinyarwanda ishamikiye ku mushinga “Global Online Living Dictionary (KAMUSI GOLD)” ihuriza hamwe inkoranyamagambo z’indimi zigera kuri 20.
Nyiransekuye Chricelina wo mu kagari ka Nyarubuye, umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi yabonye ihene ye yari yibwe na Iradukunda Jean Pierre umusore w’imyaka 18 wari waraje gupagasa. Iyo hene akaba yayirangiwe n’umumotari Iradukunda yateze ayifite.
Ibikorwa byo kwegereza abaturage ubutabera mu turere twa Ngoma na Kayonza ni umushinga wa minisiteri y’ubutabera ku nkunga ya ministeri y’ububanyi n’amahanga y’Ubuhorandi binyuze mu mushinga Interanational Rescue Committee (IRC).
Abakuriye abigisha abantu bakuze gusoma no kwandika mu murenge 14 igize akarere ka Rwamagana bahawe inyoroshya-ngendo z’amagare bazajya bifashisha mu gukurikirana ibikorwa byo kwigisha abakuze gusoma, kwandika no kubara.
Umwana witwa Shukuru uri mu kigero cy’imyaka itandatu y’amavuko, yatowe ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda uri mu Cyanika mu karere ka Burera tariki 19/02/2013 ariko inkomoko ye ntiramenyekana kuko adasobanura neza aho yaturutse.
Nubwo ishami rya Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi rishinzwe uburobyi b’ubworozi bw’amafi ryishimira ko umusaruro w’amafi mu Kiyaga cya Kivu ugenda wiyongera, ngo haracyari imbogamizi z’uburobyi bukoresha Imitego yangiza amafi aba atarakura.
Abagore bacururiza ku gataro bagiye kubona uburyo bwo kubafasha kuva mu bukene bakareka uwo murimo utabahesha agaciro. Bazubakirwa amazu ubundi bishyire hamwe bayacururizemo nk’uko Kandutiye Beatha umukozi mu rugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) abisobanura.
Leta y’u Rwanda igiye kuzana intare n’ubundi bwoko bw’inyamaswa zitabaga muri Parike y’Akagera nk’uko bivugwa na Ngoga Telesphore ushinzwe guhuza Parike z’igihugu n’abazituriye, akaba anashinzwe ishami ryo kubungabunga Parike z’igihugu mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB).
Kuri iki cyumweru tariki 24/02/2013, umwanditsi Ndatsikira Jean Paul azashyira ahagaragara igitabo cye yise “Hirya y’imbibi z’amaso” bikazabera muri Kigali Serena Hotel guhera ku isaha ya saa kumi z’umugoroba.
Nsengiyumva Jean Paul na Mujyambere Benjamin bakunze kwita Karera bose batuye mu murenge wa Mushikiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe bazira gufatanwa gerenade ebyiri mu rugo imwe yo mu bwoko bwa Totasi indi yo mu bwoko bwa steak.
Batayo ya Gatatu ikubutse mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, irishimira ko imyaka basize bafashije abaturage guhinga yeze. Bitewe n’ubukene bugaragara muri aka gace ngo abaturage ntibashobora no kwigurira amasuka yo guhingisha.
Umucuruzi witwa Iyizere Gregoire ucururiza muri santire ya Mwendo mu karere ka Ruhango, inzu akorerama yafashwe n’inkongi y’umuriro tariki 21/02/2013 hashya ibintu bifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 720.
Habimana Anisept w’imyaka 20 wari utuye mu kagari ka Nyabigugu mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango yitabye Imana aguye mu muvure wengerwamo.
Ikigo gishinzwe imiyoborere (RGB) hamwe n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, basabye ubuyobozi bw’uturere n’abashinzwe kureberera imirimo y’abafatanyabikorwa batwo mu iterambere (JADF), gukurikirana ibikorwa by’imiryango itagengwa na Leta, kugirango itange umusaruro ugaragara.
Mu mudugudu wa Telimbere mu kagari ka Mataba mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro haravugwa ubujura bw’amatungo bumaze iminsi bwibasira abahatuye, ku buryo ngo muri uku kwezi kwa kabiri abajura bamaze kuhiba inka eshatu mu ngo zitandukanye.
Mu gihe cy’iminsi itatu gusa, urubyiruko rwaturutse muri Korea y’Epfo ku bufatanye n’urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke babashije kuzuza inzu y’umukecuru utishoboye ifite agaciro gasaga amafaranga ibihumbi 600.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi batangiye kumurika ibikorwa bya bo mu rwego rwo kumenyekanisha ibyo bakora no kwigira ku bandi mu rwego rwo kunoza imikorere.