Ubuyobozi bushinzwe imirimo yo gutunganya igice cyagenewe inganda cya Kigali SEZAR (Special Economic Zone) ziherereye i Nyandugu buratangaza ko imirimo iri ku kigero kiza. Bukemeza ko Abanyarwanda bazabyungukiramo babona imirimo ubwo hazaba hatangiye gukora neza.
Kuba hari ababyeyi babyarira mu bitaro bya Mibirizi babura abana babo mu gihe cyo kubyara ngo bishobora kuba biterwa n’uburangare bw’abaganga bakora muri ibyo bitaro; nk’uko byavugiwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi tariki 31/07/2013.
Hashize igihe abaturage biyama umuyobozi w’akagari ka Rwinji ho mu murenge wa Nkombo kwinjira mu ngo z’abandi ariko ngo bikaba iby’ubusa kugeza n’aho abana be baje gutabaza inzego z’umutekano kuwa 31/07/2013, bavuga ko umubyeyi wabo ababangamiye.kugeza
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) buratangaza ko ku bufatanye n’ibitaro bya gisirikari bya Kanombe, abakinnyi bose bo mu cyiciro cya mbere bazapimwa ubuzimwa bwabo mbere y’uko shampiyona itaha itangira.
Mukantwari Laurence w’imyaka 42 ni umupfakazi w’abana bane, afashwa n’umushinga wa Compassion International, ahamya ko ibyo uyu mushinga umaze kumugezaho uramutse uhagaze atasubira inyuma ngo yongere kubaho nabi.
Rwarutabura wagaragaye cyane nk’umufana ukomeye wa Senderi International Hit mu bitaramo bitandukanye bya Primus Guma Guma Super Star ngo yaba yarashimishijwe cyane n’uko uyu muhanzi yavuye muri aya marushanwa asezerewe.
Abaturage batuye mu mirenge ya Gatare na Buruhukiro yo mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bateze inyungu nyinshi ku ruganda rw’icyayi ruri kubakwa mu murenge wa Buruhukiro ndetse bamwe ngo batangiye gusogongeraho.
Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda ya Basketball Hamza Ruhezamihigo ukinira muri Canada yageze mu Rwanda gufatanya na bagenzi be imyitozo bitegura kujya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire kuva tariki 20/08/2013.
Rwanda Christian Film Festival ni iserukiramuco rya Sinema Nyarwanda ritegurwa na Chris Mwungura rikaba ryaratangiye umwaka ushize wa 2012.
Kuri sim card 6,596,005 zari ziri ku murongo mu Rwanda hose izigera kuri 6,110,138 nizo babashije kubarurwa kugeza tariki 31/07/2013. Bivuze ko sim card 485,867 zavanwe ku murongo.
Yumvuhore Rudoviko w’imyaka 87 akaba atuye umudugudu wa Mataba, akagari ka Nkingo,mu murenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi arasanga byaba byiza Umuganura wongeye kwizihirizwa ku rwego rw’umudugudu nk’uko byahozeho kera.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’abatarengeje imyaka 21, ku wa kabiri tariki 06/08/2013 izerekeza mu gihugu cya Turukiya, mu rwego rwo kwitegurirayo imikino y’igikombe cy’isi kizahabera kuva tariki 22/08/2013.
Umuhanzi Simon Kabera agiye kumurika amashusho ya alubumu ye ya mbere yise “Munsi yawo” ku cyumweru tariki 18/08/2013.
Ishyamba ry’umuturage riri mu mudugudu wa Nyamuhunga mu kagari ka Save mu murenge wa Ruharambuga wo mu karere ka Nyamasheke, ryibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro rishyira tariki 31/07/2013; cyakora abaturage n’inzego zishinzwe umutekano bahise batabara ribasha kuzima hatarasha hanini.
Komisiyo y’igihugu y’amatora iributsa abaturage ko igihe cy’amatora y’abadepite cyegereje, ikaba ibasaba kwireba ku rutonde rw’abantu bemerewe gutora kugirango ku munsi w’itora batazabuzwa amahirwe yo gutora abakandida babo.
Mu gihe abagore bavuga ko abagabo batitabira gahunda yo kuboneza urubyaro kubera kamere yabo yo kwikunda, abagabo bo bavuga ko batinya ko bakwifungisha hanyuma abagore babo bakajya kubyarana n’abandi.
Nubwo benshi mu batuye akarere ka Kamonyi bitabiriye kwibumbira mu matsinda bahanamo amafaranga bakabasha gukemura bimwe mu bibazo bya bo; bamwe mu bahagarariye amatsinda basabwe kubyaza ayo mafaranga inyungu batanga inguzanyo ku banyamuryango.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro umushinga ““Umugore Arumvwa” mu karere ka Gatsibo, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Uwimpuhwe Esperence yagarutse ku gaciro k’umugore mu muryango Nyarwanda.
Korali Itabaza izakora igitaramo cyo kurwanya ibiyobyabwenge bise « Imbaraga z’umukristu mu kurwanya ibiyobyabwenge » mu rwego rwo kugira ngo abantu bareke gukomeza kumugazwa nabyo kandi bagakwiriye kubireka bakagira ubuzima bwiza.
Nubwo Leta yashyizeho gahunda y’uburezi kuri bose, bamwe mu bana bafite ubumuga bagira ikibazo cyo kwiga kubera impamvu zinyuranye akaba ariyo mpamvu umushinga wa NUDOR urasaba abafite mu nshingano uburezi kwita ku burezi bw’abo bana by’umwihariko.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Philbert Nsengimana, arasaba abahanzi b’ibyamamare kwirinda icyorezo cya SIDA kuko ngo cyo kitazi ubuhangange bwabo.
Mu masaha ashyira saa munani n’igice zo kuri uyu wa Gatatu, tariki 31/07/2013, abatuye mu mirenge ya Kagano na Bushekeri mu karere ka Nyamasheke batunguwe n’ubukwe budasanzwe aho abakwe bari batwaye moto bahetse abageni babo.
Ikigo gishinzwe ingufu, amazi, isuku n’isukura (EWSA) cyatangaje ko kubera ubucye bw’amazi muri iki gihe cy’impeshyi, cyashyizeho uburyo bwo kuyasaranganya mu bice bitandukanye bya Kigali.
Abasore 9 b’abanyeshuri biga ubuganga mu mujyi wa Goma kuri uyu wa gatatu tariki 31/07/2013 bafatiwe ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo bazira ko Umunyecongo yafashwe n’inzego z’umutekano w’u Rwanda.
“Runonko” ni uburyo bwo kotsa ibintu bitandukanye cyane cyane ibinyamafufu hakoreshejwe ibinonko, bigakunda gukorwa n’abana bato cyane cyane ku gihe cy’Icyi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB), cyatangaje igipimo cy’imiyoborere mu Rwanda (Rwanda governance scorecard) kuri uyu wa kabiri tariki 30/7/2013, aho kigaragaza ko umutekano, kugendera ku mategeko, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa, uburenganzira bwa politiki n’ubwisanzure, byateye imbere cyane mu mwaka wa 2012.
Abaturage bo mu Murenge wa Maraba, Akagari ka Shyembe umudugudu w’Akarambi bagera kuri 70 bari bivuganywe n’ikigage banyoye ku musore witwa Iyakarememye Jean Pierre, tariki 30/07/2013.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza (RCS) ruratangaza ko bamwe mu bagororwa barangije ibihano byabo ku byaha bya Jenoside bakoze, batinda gutaha ahanini biturutse ku kuba amadosiye yabo atuzuye kubera aho bafunzwe mbere y’uko bakatirwa.
Riderman, umuririmbyi wo mu Rwanda w’injyana ya Hip Hop, atangaza ko atazigera ashora amafaranga ye asaba abantu kumutora kugira ngo azegukane igihembo cya PGGSS III (Primus Guma Guma Super Star) ngo kuko byaba ari ukwitora. Ngo ahubwo yizeye ko bazamutora kuko babonye ko ashoboye.
Kimwe mu byo akarere ka Musanze kesheje byari bikubiye mu mihigo kagiranye n’umukuru w’igihugu ni ugutangiza ikigo gishinzwe gutanga amakuru arebana n’ubukerarugendo. Aka karere kakaba kishimira ko n’uyu muhigo kawuhiguye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwatangaje ko impunzi z’Abanyekongo 320 zahungiye mu murenge wa Busasamana zigiye kujyanwa mu nkambi ya Nkamira kugira ngo HCR ikorera mu Rwanda ivugane na HCR ya Congo zisubizwe mu gihugu cyabo.
Itsinda ryari rimaze iminsi ibili mu karere ka Karongi risuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2012-2013, riratangaza ko akarere ka Karongi gahagaze neza, ariko ngo hari ibigomba gukosorwa mu mikorere ya raporo y’imihigo.
Nyuma y’igitaramo cya Chorale de Kigali cyanyuze benshi kuri iki cyumweru tariki 28/07/2013 muri hotel Umubano i Kigali, abataragize amahirwe yo kugikurikirana barifuza ko iyi korali yazajya no kubataramira mu Ntara.
Ubutumwa bushimangira uruhare rwa buri wese mu gukumira abangiza ibidukikije ni bwo butangwa n’ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare.
Abashoferi batwara imodoka zo mu bwoko bwa rukururana bava mu muryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) berekeza i Bukavu, muri Congo barinubira kubura ubwiherero n’amazi meza dore nta misarani rusange ibayo.
Robert Mugabe umaze imyaka 33 ku butegetsi bw’igihugu cya Zimbabwe yatangaje ko igihe cyose azatsindwa amatora arimo guhatana na mukeba we muri politiki w’igihe kirekire Morgan Tsvangirai azegura.
Urwibutso rwa Jenoside mu karere ka Rubavu rukomeje guhura n’ibibazo byo kubura amafaranga agomba gukoreshwa mu kurwubaka atabonekera igihe bikadindiza ibikorwa.
Kuri uyu wa gatanu tariki 02/08/2013, Shining Stars izakora igitaramo cyo kubyina yise “Drama and Dance Gospel Concert” kizabera ku itorero Christian Life Assembly i Nyarutarama guhera 16h00 kugeza 20h00 aho kwinjira bizaba ari ubuntu.
Kuva uyu mwaka, ibihembo Remo Awards bizajya bihabwa abahanzi ndetse n’abandi bafite aho bahurira n’iterambere ry’umuziki mu ntara y’Amajyaruguru, hagamijwe gushishikariza abahanzi guharanira gukora ibihangano by’umwimerere.
Itorero Inyamibwa rigizwe n’abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda biga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bazataramira abakunzi b’injyana gakondo i Kigali tariki 02/08/2013 ndetse na Huye tariki 04/08/2013.
Nadja Huempfer w’imyaka 20 ufite ubwenegihugu bw’Ubudage akagira mama we w’Umudage na Papa we w’Umunyarwanda yabashije kumenya umuryango se akomokamo nyuma y’igihe kirekire awushakisha.
Umugabo witwa Emmanuel wo mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi ashinjwa gushaka gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Bugesera, imaze guta muri yombi abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umusaza witwa Baziga Paul w’imyaka 60.
Abakora, abacuruza n’abanywa inzoga z’ibiyobyabwenge bo mu Tugari twa Cyarwa na Cyimana ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, biyamiwe ku mugaragaro nyuma y’igikorwa cy’umuganda cyo kuwa 27/07/2013.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnès Kalibata, avuga ko bidakwiye guhinga ibigori babivanze n’ibishyimbo kuko ibi bihingwa byombi batabasha kwifashisha ifumbire yagenewe kongera umusaruro ku buryo bukwiye.
Nyuma y’uko Perezida Kagame yeguriye abaturage 3277 bo mu mirenge ya Buruhukiro, Gatare na Nkomane ubutaka bari baratijwe na Leta, kuri uyu wa kabiri tariki 30/07/2013 bashyikirijwe ku mugaragaro ibyangombwa by’ubwo butaka bubanditsweho.
Kuri uyu wa 30/07/2013, mu kigo cya gisirikare cya Gako mu karere ka Bugesera, hatangijwe icyiciro cya 6 cy’itorero ry’urubyiruko rw’abanyarwanda baba mu mahanga rwitwa Indangamirwa.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) hamwe n’urugaga rw’abikorera (PSF) bishimiye uburyo ibicuruzwa bitumizwa hanze bitazongera gutinda mu nzira, kuko hashyizweho uburyo bwo kubisuzumira ahantu hamwe gusa (single customs territory), bikazabirinda kwangirikira mu nzira no kubitangaho amafaranga menshi.
Umusaza Barangirana Edouard, utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, araburira abagabo bakunda gukubita abagore babo ababwira ko inkoni itubaka urugo ko ahubwo irusenya burundu.
Abana 89 nibo bagaragaye ko bafite imirire mibi bari mu gipimo cy’ibara ry’umutuku, mu karere ka Ngoma mu mwaka wa 2013. Ibara ry’umutuku mu bipimo by’imirire rigaragaza abana bafite imirire mibi kuburyo bukabije ndetse bimwe bita ko barwaye bwaki.