Abahinzi b’urutoki mu karere ka Bugesera baravuga ko inyigisho bahawe zo kuvugurura urutoki zatumye barimo kubona umusaruro, bakaba baratangiye kubona umusaruro.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyambabuye buratangaza ko igikorwa cyo gusezeranye imiryango yabanaga bitemewe n’amategeko kibafasha kugabanya amakimbirane yo mu miryango.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB), cyagabiye inka y’inzungu n’iyayo umuryango wibarutse abana bane kuri uyu wa gatanu tariki 18/01/2013, mu rwego rwo kubonera amata aba bana, kubera ko umubare wabo ugaragaza ko batahazwa n’ibere rya nyina.
Umusifuzi w’umunyarwanda Felicien Kabanda aragira uruhare rukomeye mu mukino ufungura igikombe cya Afurika, uza guhuza Afurika y’Epfo yakiriye iyo mikino na Cape Verde kuri uyu wa gatandatu tariki 19/01/2013.
Hashize ibyumweru bibiri uwitwa Nyiraneza Chantal yirukanywe mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Gihinga , mu murenge wa Gacurabwenge, akarere ka Kamonyi, akavuga ko yazize ko abana be barwaye bwaki ariko ubuyobozi bukemeza ko atabitagaho.
Minisitiri Lambert Mende yashyize atangaza ko ko umutwe wa Mai Mai Nyatura ukomeje gukura mu byabo Abanyecongo bavuga ikinyarwanda ubangamiye leta ya Congo. Avuga ko Leta ikomeje guhangana nawo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimiye Abanyamerikakazi babiri Patricia Crisafulli na Andrea Redmond, banditse igitabo cyitwa”‘Rwanda inc”, gishima amateka y’iterambere ry’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bashimiye Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, ko yabagobotse nyuma y’umutingito wabaye mu 2008 ugahungabanya Intara y’Iburengerazuba.
Cyanika Cross Border, Koperative y’abahoze bakora forode, bazwi ku izina ry’ “abafozi”, biyemeje kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda bakusanya amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 120 yo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF).
Ubwinshi bw’abakora uburaya n’abandi bakora ibikorwa byo guhungabanya umutekano birimo guta abana no gukwirakwiza Virusi itera Sida, biri mu bibazo bikomeje gufata indi ntera mu karere ka Rubavu.
Akarere ka Gicumbi niko keguriwe inzu Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yubakiye abanyabukorikori bo muri ako karere, mu rwego rwo kugira ngo kabe ariko kajya kagenzura imikorere yabo n’uburyo biteza imbere.
Abana 460 bagiye kongera guhurira mu nama nkuru y’abana igiye kuba ku nshuro ya munani, iy’uyu mwaka ikazaba ifite insanganyamatsiko igira iti “uruhare rw’abana mu kwihesha agaciro”.
Mu gihe abashinzwe uburezi mu karere ka Nyagatare buvuga ko nta munyeshuli ugomba kwirukanirwa ko umubyeyi we atitabiriye inama, bamwe mu babyeyi, ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuli rwa Nyagatare ndetse n’ubw’umurenge iri shuli ribarizwamo bwemeza ko nta bundi buryo bwakoreshwa.
Abarundi icyenda n’Abanyarwanda babili bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Ngoma iri mu karere ka Ngoma, bakekwaho gutwara urumogi na forode z’amasashe n’amamesa.
Ambasaderi mushya w’u Bufaransa mu Rwanda, Michel Flesch, aratangaza ko igihugu cye kiteguye gukomezanya n’u Rwanda mu gushyiraho umubano mushya ushingiye ku bufatanye n’iterambere, nyuma y’ibihe byakurikiye Jenoside byagaragayemo umwuka utari mwiza hagati y’ibihugu byombi.
Mu biganiro umunyamabanga uhoraho muri ministeri y’ububanyi n’amahanga yagiranye na ba ambasaderi b’Ububiligi na Norvege kuri uyu wagatanu taliki 18/01/2013 yongeye kubagaragariza aho u Rwanda ruhagaze ku mutekano wo mu burasirazuba bwa Congo.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yatangije gahunda yiswe Knowledge Transfer Partnership (KTP), igamije gufasha za Kaminuza, amashuri makuru n’ibindi bigo bikora ubushakashatsi, kugirana ubufatanye n’abanyenganda, mu rwego rwo guhesha abantu akazi, hamwe no kongera ubwiza n’ubwinshi bw’ibikorwa.
Gusukura ibikoresho byakoreshejwe mu rutoki mbere na nyuma yo kubikoresha hifashishijwe umuti wica udukoko wa Jick cyangwa kubinyuza ku muriro, nizo nama zihabwa abahinzi b’urutoki bo mu kagali ka Rutaraka umurenge wa Nyagatare mu rwego rwo kurwanya ikwirakwira ry’indwara ya kirabiranya.
Intumwa za minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) zasuye akarere ka Nyanza tariki 18/01/2013 zashimye aho ako karere kageze gashyira mu bikorwa imihigo kihaye muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Nyuma y’uko umusaza Ruzindana Ladislas wo mu karere ka Nyamasheke agaragarije Perezida Kagame akarengane yagiriwe na NPD-COTRACO yakoresheje ubutaka bwe itamwishyuye, ku wa 17/01/2013 iyi sosiyete yamwishyuye amafaranga miliyoni nk’ingurane y’ubutaka yakoresheje icukuramo itaka ryo gukora umuhanda Buhinga-Nyamasheke.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 18/01/2013 ahitwa Rwafandi mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi abagizi ba nabi bahatwikiye umugande witwa Tinyinondi Dickson mu modoka ubwo yari avuye mu mujyi wa Kigali kuvunjisha amadorari.
Ikipe ya Volleyball y’ingimbi z’u Rwanda yamaze kugera mu gihugu cya Algeria aho yagiye mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 izabera i Alger tariki 21-31/01/2013.
Kuri uyu wa 18/01/2013, Perezida Kagame yaganiriye n’abaturage b’akarere ka Rusizi ababwira ko hoteli ikomeye igomba kubakwa mu karere ka Rusizi mu bihe bya vuba kuko ngo ikenewe cyane kandi yashishishikarije abashoramari guhuza imbaraga kugira ngo yubakwe kuko aribo izagirira akamaro gakomeye.
Nathan Byukusenge kapiteni w’ikipe y’u Rwanda iri mu isiganwa ry’amagare ‘Tropical Amissa Bongo’ ribera muri Gabon, akomeje kwigira imbere mu myanya ugereranyije n’uko yari yatangiye.
Inama njyanama y’akarere ka Rutsiro yateranye tariki 17/01/2013, yarahije umujyanama mushya witwa Mukashema Marie Josée wasimbuye Uwamariya Florida umaze iminsi yareguye ku nshingano yari asanzwe akora muri njyanama.
Umurambo w’umugore utaramenyekana inkomoko ye watoraguwe mu kizenga cy’amazi kiri mu mudugudu wa Remera mu kagari ka Nyarutunga ho mu murenge wa Nyarubuye ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba tariki 17/01/2013.
Ubuyobozi bwa pariki y’igihugu ya Nyungwe buratangaza ko hagiye gushyirwaho ubwiherero rusange abagenzi bazajya bakoresha ndetse n’utuntu twagenewe gushyirwamo imyanda tukazashyirwa hirya no hino ku muhanda uca muri pariki.
Abakinnyi ba Kiyovu Sport batunguwe n’inkuru y’uko uwari umutoza wabo Kayiranga Baptiste yeguye ka kazi ku wa kane tariki 17/01/2013, ubwo yari arangije kubakoresha imyitozo.
Umugore witwa Nyiragasigo Francoise, acumbikiwe na polisi y’igihugu yo mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze, azira gucuruza urumogi.
Abasirikare bamugariye ku rugamba bamaze gusubizwa mu buzima busanzwe “abademobe” bo mu karere ka Ruhango baremeza ko uko iminsi ishira bagenda bagira icyo bigezaho kuburyo babayeho neza.
Abayobozi ba Kaminuza yigenga ya Kigali ishami rya Gisenyi basinye imihigo bagomba gukoreraho mu mwaka wa 2013, bikaba bimwe mu bizatuma iyi kaminuza ishoora kugera ku nshingano yihaye.
Twagirimana Emmanuel na Mutuyimana Felix babitegetswe na Mukagasana Hortense wari nyiri akabali bose banyweragamo inzoga bahondaguye umusore witwa Nzabamwita Alexis w’imyaka 27 y’amavuko basiga bamugize intere biturutse ku makimbirane ashingiye ku masambu bari bafitanye.
Abakozi ba Minisiteri y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC) tariki 17/1/2012 batangiye umwiherero ugamije gusuzuma aho ibikorwa by’iyo Minisiteri bigeze, ibibazo ihura na byo ndetse n’umuti wa byo kugira ngo iyo minisiteri ikomeze kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga yatangije gahunda y’amezi atandatu yo kwigisha ikoranabuhanga ku baturage mu gihugu hose ndetse banahabwe ubusobanuro bunoze kuri za serivise bashobora guhabwa n’ibigo bya Leta n’ibyigenga.
Mu gihe kuri iki gihe umwuga w’ubuhanzi ugenda uteza imbere abawukora neza, bamwe batangiye gushora imari yabo mu kurushaho gufasha abahanzi mu kunoza umuziki wabo.
Guhera tariki 10/01/2013 igikorwa cyo kwandika sim card kuri ba nyirazo hakoreshwejwe indangamuntu cyaratangiye ku buryo bw’igeragezwa; nk’uko bitangazwa Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).
Kuri uyu wa kane tariki 17/01/2013, Umujyi wa Kigali wagiranye amasezerano n’abashoramari babiri, Fusion Capital Ltd na Kigali Heights, y’ubufatanye mu kubaka inzu izakorerwamo ubucuruzi butandukanye, imyidagaduro n’ibiro ku bantu n’ibigo bafite imirimo muri Kigali.
Abasore batatu (Nkundimana, Ndagijimana na Byigero) bafungiye kuri satasiyo ya Polisi mu karere ka Rubavu bakurikiranyweho ibyaha by’ubwinjira cyaha bashakaga gukorera muri aka karere Polisi ikabata muri yombi batarabigeraho.
Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, yemereye akarere ka Nyamasheke umuhanda wa kaburimbo ureshya na kilometero eshatu uturuka ku muhanda munini wa Kigali-Rusizi ukagera ku Bitaro bya Bushenge.
Umukecuru w’imyaka 73 witwa Mukeshimana Cecilia utuye mu mudugudu wa Gakenyeri, akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yirinze gusabiriza ahitamo kubaho atunzwe no kuboha utuntu dutandukanye yifashishije ubudodo n’urushinge.
Ubuyobozi bw’ikigo cya Leta Kigisha imyuga n’ikoranabuhanga IPRC West, ishami rya Karongi buratangaza ko ikigo gifite intego yo gufatanya n’akarere kuzazamura umujyi wa Kibuye mu nzego zitandukanye.
Rayon Sport na Kiyovu Sport zizahatanira akayabo k’ibihumbi 6000 cy’amadolari mu mukino uzayahuza ku cyumweru tariki 20/01/2013 kuri Stade Amahoro i Remera, mu rwego rwo gushyira ku mugaragaro urubuga rwa interineti footballrwanda.com rwerekana amashusho y’imikino ya shampiyona y’u Rwanda.
Harerimana Eric bakunze kwita Kibamba uregwa kwica umucuruzi Habimana Sostène amurashe ndetse n’umucuruzi Habumuremyi Alphonse wamuhaye icyo kiraka, batawe muri yombi n’inzego za Polisi y’u Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa kane tariki 17/01/2013.
Kuri uyu wa 17/01/2013, Perezida wa Repubulika yakomereje uruzinduko rwe mu karere ka Rusizi aho yashimye abatuye aka karere kuko hari icyahindutse mu bikorwa byabo ugereranyije n’igihe ahaherukira ndetse abizeza ko Leta izakomeza kubafasha mu iterambere.
Kuva tariki 19/01/2013 kugeza tariki 10/02/2013, muri Afurika y’Epfo hazabera imikino y’igikombe cya Afurika (CAN) izaba ikinwa ku nshuro ya 29 mu mateka yacyo. Icyo gikombe kizitabirwa n’amakipe 16 azahatanira kucyambura Zambia yagitwaye muri 2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buratangaza ko intambara ibera muri Congo bihana imbibi ntacyo yahungabanyije ku mutekano w’ako karere kandi ubuhahirane hagati y’abaturage ku mbande zombi ntabwo bwahungabanye.
Minisitiri w’umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba, Mukaruriza Monique, asanga amahirwe akarere ka Bugesera gafite cyangwa kagenda kabona adakwiye kunyura mu myanya y’intoki abikorera, ahubwo ko bakwiye guhuza imbaraga bakabyaza umusaruro ayo mahirwe.
Mukamugenzi Grace utuye mu mudugudu wa Kabacuzi, akagari ka Remera, umurenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango, aravuga ko amerewe nabi bitewe n’igitambaro yadodewe mu nda n’ibitaro bya Gitwe akakimarana umwaka.
Akarere ka Ruhango n’ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE Busogo) bagiye kugirana ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi hagamijwe guteza imbere umuturage w’icyaro.
Umugabo ukomoka mu gihugu cya Sweden witwa Fredrik Hjelmquist yakoze isanduku ishyingurwamo abantu bitabye Imana, ashyiramo indangururamajwi (speakers) zo gutanga umuziki ndetse zigaherekezwa n’urutonde rw’indirimbo azajya akinirwa n’umuntu ukiriho.