Gustave Nkurunziza, ni we wagizwe umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda –FRVB, nyuma y’amatora yabereye ku cyicaro cy’iryo shyirahamwe ku wa gatandatu tariki ya 09/02/2013.
Umurambo w’umusaza witwa Ushizimpumu Evariste watoraguwe ku mugezi wa Koko, bikavugwa ko yahanutse ku kiraro cy’uwo mugezi akituramo agahita ashiramo umwuka, kuwa Gatandatu tariki 09/02/2013.
Ikipe y’igihugu ya Nigeria ‘super Eagles’ yegukanye igikombe cya Afurika cy’ibihugu, itsinze ku mukino wa nyuma Burkina Faso igitego 1-0, mu mukino wabereye kuri Soccer City Stadium i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 10/02/2012.
Nyuma yo gutsinda La Jeunesse ibitego 2-1, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 10/02/2013, ubu Rayon Sport irarushwa inota rimwe gusa na Police FC iri ku mwanya wa mbere by’agateganyo muri shampiyona y’u Rwanda yari igeze ku munsi wa 16.
Akarere ka Nyanza kakunze kugaragara mu myanya y’inyuma mu mihigo mu bihe byashize, ubuyobozi bwako buratangaza ko muri uyu mwaka w’imihigo wa 2012-2013 biteguye guca agahigo bakava ku mwanya wa 22 bakagera kuwa mbere, nk’uko izina ryabo ry’ubutore “ Abadahigwa” ribyemeza.
Abaturage bavuga rikijyana mu karere ka Nyabihu, barasabwa kwirinda SIDA no gukumira ubwandu bushya bwayo. Abaturage babikangurirwa mu gihe SIDA ari kimwe mu byorezo bitarabonerwa umuti n’urukingo kandi bihitana abantu benshi ku isi.
Umwe mu mikino yari itegerejwe mu mpera z’icyi cyumweru, ni umukino wahuje APR FC na Police FC Ku wa gatandatu tariki ya 9/2/2013 ku Kicukiro, umukino ukaba warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.
Umugabo witwa Fidele Gashema utuye mu mudugudu wa Kabajoba mu kagali ka Mushaka mu murenge wa Rwimbogo, afungiye kuri Station ya Polisi ya Kamembe akekwaho gufata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 12 y’amavuko.
Bamwe mu banyarwanda bakomeje kwinangira kwandikisha simukadi zabo batejereza ko Leta ishaka kujya nazo izisoresha, nk’uko bigenda ku bicuruzwa.
Guhera mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 08/02/2013, Umujyi wa Kibuye wahinduye isura, kubera amatara yashyizwe ku mihanda aboneshereza abantu, nyuma y’igihr cyari gishize akarere karashyize mu mihigo gushyira amatara ku muhanda.
Umuyobozi w’akarere ka Burera ashimira ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’ako karere (JADF Burera), kuko ribafasha mu rugamba rwo guteza imbere abagatuye. Bukemeza ko iterambere rirambye rigerwa ho hatifashshijwe abafatanyabikorwa bikorera.
Abatuye mu kagali ka Mututu mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza bazegerezwa serivisi z’ubuvuzi hafi yabo, bitarenze ukwezi kwa 04/2013, bibarinde kongera gukora ibirometero n’ibirometero bajya kwivuza kure.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri, ababyeyi n’izindi nzego zikurikirana iby’uburezi mu karere ka Kaonyi, byagaragaye ko hari ibigo byatsindishije abana bacye, bafahse ingamba zo kubasaba gukurikirana imyigire y’abana ku ruhande rwa buri wese.
Chairman w’umuryango RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, yasabye imbaga y’abanyamuryango bari mu byiciro bitandukanye, kujya kwiga kuri ejo hazaza h’ubuyobozi bw’igihugu.
Umugore witwa Tirifina w’imyaka 58 amaze imyaka ine abumba amategura hamwe na bagenzi be bibumbiye muri koperative Ingorihujababyeyi, ikorera mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye.
Mu mpera z’umwaka wa 2012 ishuli rya G.S ya Mututu riherereye mu murenge wa kibilizi mu karere ka Nyanza ryasenyewe n’umuyaga wagurukanye igisenge cy’ibyumba bine maze umwaka w’amashuli 2013 utangira nta bufasha ubuyobozi bw’icyo kigo burahabwa.
Icyambu cya Rwagasave cyo mu karere ka Nyanza cyongereye umubano usanzwe hagati y’Abarundi n’Abanyarwanda mu bijyanye n’imigenderanire n’imihahiranire nk’uko byemezwa n’abaturage b’ibyo bihugu byombi.
Umuhanzi Butera Jeanne uzwi ku izina rya Knowles ari mu gihugu cya Uganda kuva kuwa gatanu aho biteganyijwe ko aza gutaramira abakunzi be bo muri Uganda kuri uyu wa gatandatu tariki 09/02/2013.
Zimwe mu mpunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme ziratangaza ko zanze gutega amaboko zisabiriza maze zikibumbira hamwe muri koperative yitwa COFECAKI (Cooperative des initiatives des femmes du camp de Kigeme), kugira ngo zijye zibasha kwinjiza amafaranga azifasha mu buzima bwazo bwa buri munsi.
Ikipe y’igihugu ya Mali yihaye intego yo kongera gutsinda Ghana nk’uko yabigenje umwaka ushize, ubwo amakipe yombi aza guhura mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu mu gikombe cya Afurika cy’ibihugu.
Hakuzimana w’imyaka 17, utuye mu murenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, yibye ubwatsi mu baturanyi, maze ategekwa kubwishyura atanga inka ye y’ikimasa.
Mu kiganiro ubuyobozi bw’akarere bwagiranye n’abanyamakuru tariki 08/02/2013, bwavuze ko gare y’akarere ka Ruhango izubakwa ahitwa mu mudugudu wa Gataka akagari ka Nyamagana hafi y’isoko rya kijyambere.
Abaturage bo mu mirenge yo mu karere ka Gisagara, imaze gushyirwamo umuriro w’amashanyarazi mu bihe bya vuba, barasaba ko bakwishyurwa amafaranga agurana amasambu yabo yacishijwemo insinga bemerewe none hakaba hagiye gushira umwaka batarayahabwa.
Gatare Christophe w’imyaka 30, akanaba umwalimu ku kigo cy’amashuri cya Ndora, afungiye kuri station ya Polisi ya Gisagara akurikiranyweho gusambanya no gutera inda umunyeshuri w’imyaka 17 wiga muri iki kigo cy’amashuri cya Ndora giherereye mu karere ka Gisagara.
Ubwo yasuraga ikigo cya Tumba college of Technology giherereye mu karere ka Rulindo, tariki 08/02/2013, Minisitiri w’Uburezi yasabye ko ikigo nk’iki kigisha ubumenyi ngiro cyakagombye kugira uruhare mu iterambere ry’akarere bityo ibyo bigisha bikagirira abaturage umumaro.
Abaganga 20 b’abasuwisi, bari bamaze iminsi 13 babaga abagore barwaye indwara yo kujojoba “fistule” mu bitaro bya Ruhengeri, basoje icyo gikorwa kuri uyu wa gatanu tariki 08/02/2013, igikorwa cyakozwe mu rwego rw’inkunga Ubusuwisi butera u Rwanda.
Nyuma y’imvururu zagaragaye ku kibuga i Rusizi ubwo Espoir FC yakinaga na Police FC tariki 19/01/2013, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda(FERWAFA) ryahanishije iyo kipe kuzakina na Etincelles kuri uyu wa gatandatu tariki 09/02/2013 ari nta bafana bahari.
Imbuto Foundation irashishikariza abaturage bo mu karere ka Burera kwirinda icyorezo cya SIDA bipimisha ku bushake kugira ngo bamenye uko bahaze bityo bahangane n’ubwandu bushya bw’icyo cyorezo.
Minisitiri w’amashyamba n’umutungo kamere, Sitanislas Kamanzi arashima ibikorwa byo gutera amashyamba byakozwe n’Inkeragutabara mu karere ka Nyagatare.
Umurambo w’umugabo witwa Munyantore Athanase wabonetse ahagana saa mbiri za mu gitondo cyo kuwa 07/02/2013 mu mudugudu wa Ndaberewe, akagari ka Kigenge, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda irasubukurwa kuri uyu wa gatandatu tariki 09/02/2013, hakinwa imikino y’umunsi wa 16, ahari umukino ukomeye ugomba guhuza APR FC na Police FC ku Kicukiro.
Nkurunziza Gustave na Antoine Sebarinda nibo bahatanira kuyobora Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), hakazamenyekana uwatsinze nyuma y’amatora azaba kuri uyu wa gatandatu tariki 09/02/2012 ku cyicaro cy’iryo shyirahamwe i Remera.
Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zishinzwe gufasha ibihugu by’Afurika bibungabunga amahoro ku isi (ACOTA), barasuzuma niba hari icyo bavugurura ku myitozo ihabwa ingabo zijya mu butumwa bw’amahoro hanze.
Dufitumukiza Elias ufite uruganda rutunganya umuceri rwitwa “Ruhuha Kundumurimo Ltd” ruri mu karere ka Bugesera aratangaza ko ku kwezi ahomba amafaranga arenga miliyoni eshatu kubera uruganda rwe rwafunzwe.
Umusaza Nkurikiyinka Damien utuye mu kagari ka Gitisi, umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, arasaba inzego zibishinzwe kumukurikiranira ikibazo cy’isambu ye yangijwe kuko nta handi yakura ubushobozi bwo gutunga umuryango we.
Mu nama yagiranye n’abayobozi b’inkeragutabara ku nzego zose zigize akarere ka Gatsibo, Brig Gen Murokore Eric ukuriye Inkeragutabara ku rwego rw’intara y’iburasirazuba yazishimiye umurava zagize mu gucunga umutekano hakaba haravuyemo umusaruro ushimishije.
Heka Francois w’imyaka 32 na Habiyaremye Rudomoro w’imyaka 26 bazwi nk’abakuriye itsinda ry’abantu bacucura abaturage utwabo baje kurema isoko rya Gakenke bakoresheje umukino uzwi nka kazungunarara bari mu maboko ya Polisi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 08/02/2013
Imibavu ituruka mu Rwanda ngo irakunzwe ku masoko yo mu Bufaransa no mu Buyapani kandi no mu mamurikagurisha mpuzamahanga u Rwanda rwajyanyemo iyi mibavu, byagaragaye ko abashaka imibavu ikomoka mu Rwanda ari benshi bitewe n’ubwiza bwayo.
Umukozi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe igenamigambi mu Ntara y’Iburengerazuba, Sekamondo Francois, yemeza ko uturere twose two mu Ntara y’Iburengerazuba turamutse dukoze ibikorwa by’iterambere byagabanya ibibazo by’ubukene bigaragara muri iyo Ntara.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere bufashe icyemezo cyo guhagarika itemwa ry’amashyamba, abaturage barasaba ko bakomorerwa kuko ayo mashyamba abaha amafaranga bakeneye mu gukemura ibibazo bitandukanye.
Abacuruzi bitwa ko ari banini nibo bakomeje guhangayikisha Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), mu kutitabira gutanga imisoro no kutavugisha ukuri ku bucuruzi bwabo, ugereranyije n’abacuruzi bato bato, nk’uko bitangangwa n’ubuyobozi bw’iki kigo.
Akarere ka Nyamasheke karashimira Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ku mahugurwa yahaye abafite mu nshingano zabo imiturire muri aka karere ajyanye no gukora ibishushanyo no gufata ibipimo by’imidugudu.
Ku gicamunsi cya tariki 07/02/2013, Abanyarwanda 48 barimo abasirikare babiri bahoze muri FDLR bageze mu nkambi ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi bavuye mu mashyamba yo muri Congo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buragaya umurenge wa Nyarusange kuba ariho hasigaye akagari katagira inyubako gakoreramo. Akagari ka Rusovu nta nyubako gafite gakoreramo yako kuko aho gakorera ari ahantu katiye.
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abagabo batatu aribo Daniel Habumuremyi, Emmanuel Nshimiyimana na Jean Pierre Maniriho bakekwaho gutwara forode y’inzoga ya Chief Waragi.
Nyirandababonye Dative utuye mu mudugudu wa kabiri, akagari ka Gikatsa, umurenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, arasaba ubuyobozi kumufasha mu bibazo afitanye n’umugabo we kuko yamubwiye ko azamukubita agafuni, kandi ngo afite ikibazo cy’uko yazabikora.
Ibihugu bihuriye mu muryango w’iterambere ry’Afurika y’Amajyepfo (SADEC) byohereje intumwa kugira ngo zirebe uko umutekano mu burasirazuba uhagaze mbere y’uko byohereza yo ingabo mu gucunga umutekano no guhashya imitwe yitwaza intwaro.
Ku bufatanye bw’akarere ka Burera na Farumasi y’ako karere, ibigo nderabuzima 17 byo muri ako karere, tariki 07/02/2013, byahaye mudasobwa ndetse na Modem kugira ngo bibafashe kunoza akazi ka bo ka buri munsi.
Imiryango 50 yo mu mirenge itanu yo mu karere ka Burera, harimo n’iy’abasigajwe inyuma n’amateka ndetse n’iy’ababana n’ubumuga, tariki 07/02/2013, yagabiwe inka kugira ngo ive mu bukene, igire imibereho myiza.