Umugabo ukomoka mu gihugu cya Sweden witwa Fredrik Hjelmquist yakoze isanduku ishyingurwamo abantu bitabye Imana, ashyiramo indangururamajwi (speakers) zo gutanga umuziki ndetse zigaherekezwa n’urutonde rw’indirimbo azajya akinirwa n’umuntu ukiriho.
Amashuri yisumbuye yigisha anacumbikira abanyeshuri mu karere ka Gisagara, yahawe itegeko ryo kohereza abanyeshuri baturutse mu mashuri y’uburezi bw’imyaka 9 byari byarakiriye, bakajya aho bigaga kuko ngo bahawe imyanya nta tegeko rirabyemeza.
Mu minsi itatu Guverineri Bosenibamwe Aime amaze aganira n’abaturage b’akarere ka Gicumbi baho asanga imyumvire y’abaturage b’ako karere yarazamutse cyane kuko bitabira neza gahunda za Leta ndetse bakanazishyira mu bikorwa babikunze.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abaturage bo muri ako karere kwirinda abantu bababwira ibihuha kuko abantu nk’abo ari abanzi b’igihugu cy’u Rwanda.
Umugore w’umupfakazi utuye mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke witwa Mukankusi Lucie, atangaza ko amaze kugera ku rwego rwo kwiteza imbere ubwe nyuma y’uko yavanywe muri nyakatsi akubakirwa inzu y’amabati ndetse agahabwa inka.
Mu gihe ubuyobozi bw’ibitaro n’ibigonderabuzima byo mu karere ka Ngororero bimaze iminsi bivuga ko farumasi y’akarere itabigezaho imiti bikenera uko bikwiye, ubuyobozi bw’iyo farumasi bwo buragaragaza ko ibitaro bitishyura amafaranga biyirimo.
Ibikoresho birimo amapine y’imodoka zakoreshejwe mu ntambara ya mbere y’isi, aho Abadage bari bakoronije u Rwanda bahanganaga n’Ababiligi bashakaga kubakuramo, byashyikirijwe ingoro ndangage y’u Rwanda ishami rya Kigali, iherereye ku Muhima.
Mu biganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, tariki 16/01/2013, Ambasaderi w’Ubudage mu Rwanda, Peter Fahrenholtz, yasabye Guverinoma y’u Rwanda gushaka ibyiciro by’ubukungu bikenewe gushorwamo imari, kugirango ajye kuzana abashoramari b’Abadage.
Nyuma yo kutavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Mukura Victory Sport ndetse bikavugwa ko umukinnyi Sebanani Emmanuel ‘Crespo’ ashobora kwirukanwa, ubuyobozi bw’iyo kipe buratangaza ko buzamugumana ndetse bakanashaka abandi bakinnyi bo kumwunganira.
Nkuko amateka abivuga ku isi habayeho inyamaswa zari akataraboneka mu bunini, mu miterere no mu mibereho yazo ariko zarazimye. Izo nyamaswa ngo zabayeho mbere y’umuntu zitwaga Dinozoru cyangwa Dinosaures.
Nathan Byukusenge, kapiteni w’ikipe y’u Rwanda iri mu isiganwa ry’amagare ‘Tropical Amissa Bongo’ muri Gabon, ni we Munyarwanda waje hafi akaba yatwaye umwanya wa 22 muri rusange ubwo basiganwaga icyiciro (etape) cya kabiri ku wa gatatu tariki 16/01/2013.
Abaturage bo mu karere ka Rusizi bemeza ko urwego rw’amabanki rumaze gutera imbere ndetse abaturage benshi basigaye bashobora gukorana nayo bitandukanye na mbere aho wasangaga amabanki aganwa n’abakire gusa.
Mu muhango wo gufungura imurikagurisha ry’iminsi ine riri kubera mu mujyi wa Muhanga, tariki 15/01/2013, umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali yashimiye abikorera mu karere ka Muhanga nk’abafatanyabikorwa beza bako.
Umucuruzi Habimana Sostène wishwe n’amasasu ku mugoroba wa tariki 15/01/2013 mu gasantere ka Kurwibikonde mu karere ka Burera, ngo ashobora kuba yarashwe kubera amakimbirane aturutse ku bucuruzi.
Ubwo yaganiraga n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa gatatu, tariki 16/01/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yababwiye ko nta muntu ukwiriye gusabiriza ahubwo buri wese akwiriye gukora kuko umurimo ari wo uteza imbere nyirawo.
Komiseri mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa aratangaza ko urwo rwego rugiye kwihutira gukemura bimwe mu bibazo abafungwa n’abagororwa bafite cyane cyane icyo gufungirwa kure y’imiryango yabo.
Abagabo barindwi bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bashyikirijwe ubutabera kuri uyu wa 16/01/2013 bazira gutaburura inka ebyiri zatewe imiti bakazirya bagatanga n’inyama abaziriye bikabaviramo gupfa.
Abageze mu zabukuru bo mu karere ka Gatsibo banenga uburyo bamwe mu rubyiruko rwo muri ako karere basuzugura imirimo ikorerwa mu cyaro maze bakajya kuba mu mijyi kandi nta kazi bahafite bikabatera ubuzererezi.
Kaporali Niyonzima na Karisa babaga muri FDLR n’imiryango yabo batahutse mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa 15/01/2013 bavuye muri kongo. Binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya kabiri bahita bajyanwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kigiye gutegura amahugurwa ku bahinzi bo mu karere ka Nyabihu ku bijyanye no gukora ifumbire y’imborera nyuma yaho bigaragariye ko hamwe na hamwe igikoreshwa ku rwego rwo hasi kandi ari ingenzi mu buhinzi.
Bamwe mu bakorera imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG) kure y’ingo zabo bajyaga barangiza igihano bahawe ntibahite bataha mu ngo zabo kubera kubura amafaranga y’itike ariko ngo icyo kibazo ntikizongera kubaho.
Abana bane babyawe na Nyirakanyana Francoise wo mu karere ka Musanze bujuje amezi atatu kuwa kabiri tariki 15/01/2013. Uyu mubyeyi avuga ko abo bana bameze neza gusa agasaba ko yakubakirwa inzu, kuko iyo abatujemo atari iye.
Abadage bubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rukarara ya 2 ruherereye mu karere ka Nyamagabe bahagaritse imirimo kuva tariki 01/01/2013, bakaba asaba Leta ko yabaha andi mafaranga arenga ku yo bari bumvikanye ngo kuko basanze bahomba.
Umuntu umwe yitabye Imana ubwo abantu bataramenyekana barasiraga imodoka mu gasantere kitwa Kurwibikonde kari mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 15/01/2013.
Abayobozi ba kaminuza yitwa Oklahoma Christian University yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bemerewe na Perezida Kagame gutangiza ishuri ryisumbuye mu Rwanda, riri ku rwego mpuzamahanga, rikazajya ryigamo abanyeshuri baturutse hirya no hino ku isi.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosinibamwe Aimé, arasaba uruganda rwa Pembe rutunganya ingano mu karere ka Gicumbi kujya rugurira ingano abahinzi bo muri ako karere kuko batabona aho bagurisha umusaruro wabo.
Amerika, igihugu cya mbere mu bukire ku isi kikaba na kimwe mu byohereza ibyuka bihumanya ikirere byinshi ku isi cyibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kigiramo uruhare rukomeye.
Kayihura Bérnard, umukozi wari ushinzwe imishahara y’abarimu mu karere ka Nyamagabe yitabye Imana tariki 13/01/2013 azize indwara, akaba yashyinguwe kuri uyu wa kabiri tariki 15/01/2013.
Inama njyanama y’akarere ka Ngororero igaragaza ko izi ikibazo cy’ibitaro bya Kabaya bifite amazu makeya kandi ashaje ariko ko hataraboneka ingengo y’imari yo kuvugurura ibyo bitaro bityo icyo gikorwa kikaba kizashakirwa amikoro mu myaka itaha.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA), Dr Rose Mukankomeje, avuga ko bidakwiye ko abantu barwara amavunja bitwaje ibura ry’amazi kandi bafite ubushobozi bwo gutega amazi yo ku nzu agakoresha mu kwita ku isuku.
Abanyarwanda barasabwa gusobanukirwa n’ibikorerwa ku gicumbi cy’Intwari z’u Rwanda aho kutahafata nk’imva kuko no mu minsi ya vuba hagiye kugirwa inzu ndangamurage; nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w”Urwego rw’iguhugu rushinzwe Intwari z’igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe, Augustin Iyamuremye.
Abanyarwanda 77 barimo abagabo 7, abagore 22 n’abana 48 bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere kuri uyu wa kabiri tariki 15/01/2013 baturutse muri Kongo aho bari bamaze igihe mu buhungiro.
Umugabo witwa Munyensanga Philipe wo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi arashimira Kigali Today yanditse inkuru ku bukene n’uburwayi bw’uruhu yari afite kuko nyuma y’iyo nkuru ubuyobozi bw’umurenge bwahise bwihutira kumufasha.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) gifite gahunda yo gutangiza ubukerarugendo na siporo mu Kivu, hagamijwe gukurura ba mukerarugendo benshi.
Mukakarisa Immacule aravuga ko ubuzima bwe bukomeje kuba bubi bitewe n’abaganga bo mu bitaro bya Gitwe mu karere ka Ruhango bamurangaranye ari kunda akabyazwa atinze.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru aratangaza ko hafashe ingamba zikomeye zo kugenzura neza imiterere y’imirenge SACCO yo muri iyo ntara kugira ngo hamenyekane uko umutungo uhagaze muri ibyo bigo by’imari bityo ahazagaragara ibibazo hafatirwe ibyemezo.
Dr. Denis Mukwege wamenyekanye ku isi kubera uruhare agira mu gufasha abagore bafashwe ku ngufu mu Ntara ya zombi za Kivu, yagarutse muri Kongo-Kinshasa nyuma yo guhungira mu Bubiligi mu Kwezi kw’Ukwakira 2012.
Umugabo w’imyaka 32 yatunguye abitabiriye amateraniro mu rusengoro rumwe rwo mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe avuga ko yoherejwe n’Imana gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore bose ahita akuramo imyenda yose asigara yambaye uko yavutse.
Abazakora mu gikorwa cyo gutanga inzitiramibu ku bana bari munsi y’imyaka 5 mu karere ka Nyabihu barasabwa kwirinda uburiganya bwagiye bugaragara mu bikorwa nk’ibyo mu minsi yashize.
Santere ya Butaro iherereye mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera ni imwe mu masantere yo muri ako karere ari gutera imbere cyane. Ukurikije icyaro iherereyemo ifatwa nk’umujyi kubera ibikorwa bihakorerwa.
Abagabo babiri bacumbikiwe kuri sitatiyo ya Polisi ya Musambira, bakekwaho ubutekamutwe bwo kwigira abakozi ba Sosiyeti y’itumanaho Airtel, bakaba bashakaga kwaka amafaranga umucuruzi ngo bamugurire butaka bwe, ahazubakwa umunara.
Mu gihe bitegura uruzinduko rwa Perezida Kagame tariki 16/01/2013, abaturage b’akarere ka Nyamasheke barishimira ibyo bagezeho haba ku bishingiye ku masezerano yijeje aka karere cyangwa se ku bikomoka ku cyerekezo yahaye igihugu muri rusange.
Umugore witwa Niwemugeni Mariette ukomoka mu mudugudu wa Nyamurema, akagari ka Kiyanza, umurenge wa Ntarabana mu karere ka Rulindo, avuga ko yabuze umwana w’umuhungu witwa Mugisha Dieudonne, ufite imyaka itandatu.
Yamuragiye Rosary wari utuye mu mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Gafunzo, umurenge wa Mwendo, yimuriwe mu mudugudu wa Dusenyi akagari ka Rukina umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango kubera ikibazo cy’ubusinzi.
Inama y’umutekano y’umurenge wa Kazo yabaye tariki 14/01/2013yafashe icyemezo cyo gusubiza iwabo abarundi barindwi badafite ibyangombwa babaga muri uwo murenge gusubira iwabo.
Umuhanzikazi Ganzo Maryse wamenyekanye cyane kubera ijwi rye rijya kumera nk’iry’abagabo, akaba kandi ari n’umwe mubahanzi nyarwanda bagize amahirwe yo kwitabira Tusker Project Fame, muri iyi minsi biravugwa ko yaba atwite kandi nawe ubwe akaba abyemera.
Abanyamuryango barenga ijana ba koperative “Imbaraga” ihinga ibigori mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma barasaba kurenganurwa bakagarurirwa indangamuntu zabo nyuma y’amezi ane zifungiranwe mu biro bya koperative kubera ubujura bw’ifumbire bakekwagaho.
Abakekwaho kugira uburwayi bwo mu mutwe 15 bo mu karere ka Rusizi bafashwe ku mugoroba wa tariki 14/01/2013kugira ngo babajyane kubavuza i Ndera.
Abaturage bo mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bavuga ko ubu ibikorwa byabo by’iterambere bitari kugenda neza bitewe n’uko urugomero rw’amashanyarazi bari bikoreye hashize umwaka urenga rudakora kubera ko rwangijwe n’imvura.
Abantu babiri bakomerekeye mu mpanuka ya moto yabereye ku gasanteri ka Cyuru mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi tariki 14/01/2013.