Gakenke: Minisitiri w’umutekano yasabye abakora TIG gukorana imbaraga

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasuye abakora imirimo ifitiye igihugu akamaro (TIG) mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke kuri uyu wa kabiri tariki 19/03/2013, aboneraho kubasaba gukorana umurava imirimo bakora kugira ngo bateze imbere igihugu cyabo.

Nyuma yo gutambagizwa ahantu zatungwana ibibanza ku musozi wa Musave, Akagali ka Rusagara mu Murenge wa Gakenke, Minisitiri Sheikh Musa Fazil Harelimana yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kwita ku miturire y’aho hantu hagaturwa ku buryo bujyanye n’umujyi.

Minisitiri Fazil Harelimana aganira n'abayobozi batandukanye. (Ifoto: L. Nshimiyimana)
Minisitiri Fazil Harelimana aganira n’abayobozi batandukanye. (Ifoto: L. Nshimiyimana)

Minisitiri w’Umutekano yakanguriye abatigisite gukora ibihano byabo neza bakirinda gusubira gukora ibyaha kuko itegeko ridateganya imirimo ifitiye akamaro (TIG) iyo habaye isubiracyaha ku wakoze imirimo ifitiye igihugu akamaro mbere.

Umwe mu bakora TIG ukomoka mu Karere ka Burera, yemeza ko TIG ntaho ihuriye na gereza, agasanga ari nziza kuko nyuma yo gukora, aratembera ndetse akanasura abantu ashaka bose.

Paul Rwarakabije, ukuriye Urwego rw’Amagereza mu Rwanda (RCS) yavuze ko gahunda yo gutunganya umujyi wa Gakenke igamije gutanga urugero rwiza rw’uko imiturire ikwiye kumera, akarere kagakomerezaho.

Abakora imirimo ya TIG barasabwa gukorana imbaraga. (Ifoto: L. Nshimiyimana)
Abakora imirimo ya TIG barasabwa gukorana imbaraga. (Ifoto: L. Nshimiyimana)

Abatigiste 200 bazaca imihanda ku musozi wa Musave ingana na kilometero bitanu mu gihe cy’amezi atatu.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

basa nkabatarya we

mucyo yanditse ku itariki ya: 19-03-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka