Ubwo hatangizwaga icyumweru cya Community Policing tariki 12/02/2013, uturere dutandukanye tugize intara y’Amajyaruguru twakoze igikorwa cyo gukwika no kumena ibiyobyabwenge byafashwe ndetse bikorerwa imbere y’abaturage mu rwego rwo kubakangurira ububi bwabyo.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Muhanga, CIP Celestin Gatamba, yatangaje ko hari abaturage babiri bo muri ako karere bafashwe barahinze urumogi mu ngo zabo bavuga ko ari umuti w’inka uvura ikibagarira.
Ubwo yasuraga Abanyehuye kuwa kabiri tariki 12/02/2013, Minisitiri w’Intebe yababwiye ko nta mabanki, nta nganda ndetse nta na mahoteri bagira mu rwego rwo kubashishikariza gushyira imbaraga mu mikorere yabo, kugira ngo batere imbere, boye gusigara inyuma.
Umwongereza witwa Paul Mason ufite imyaka 51, ubu amaze kugabanukaho bibiri bya gatatu by’ibiro yari afite kuko yatakaje ibiro 300.
Umugororwa wo mu gihugu cya Sri Lanka yahishe terefoni mu mubiri (rectum) ayicishije mu kibuno, agamije kuyihisha abari baje gusaka, ariko ntibyamuhiriye kuko iyo telefone yasonnye bigatuma bimenyekana ko ayifite.
Ishuri Groupe Scolaire Notre Dame de Lourdes (GSNDL) rihererye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango ryituye inyana eshatu, ebyiri muri zo zihabwa Ishuri ry’ubumenyi ryo mu Byimana, imwe ihabwa Urwunge rw’amashuri rw’i Bukomero.
Abayobozi ba njyanama n’abashinzwe irangamimerere mu mirenge igize akarere ka Karongi baragawa kudatangira raporo ku gihe n’aho zitanzwe ntibakurikirane ngo bamenye ko zagezeyo bikaba bishobora kuba intandaro yo kugawa imikorere mibi kandi abantu baba barakoze ibikorwa bifatika.
Akarere ka Nyanza n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abavuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) barishimira ibyo bamaze kugeraho mu mwaka umwe ushize batangiye gufatanya mu bikorwa byo mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage bo mu mirenge ya Kigoma na Busasamana.
Imvura yaguye tariki 11/02/2013 ahagana saa munani mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe yakomerekeje umuntu umwe ajyanwa mu bitaro, isakambura amazu 179 naho hegitari zigera kuri 27 z’imyaka zirangirika.
Ubwo yatangizaga icyumwru cya community policing, tariki 11/02/2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye Abanyarusizi gufatanya n’inzego z’umutekano mu kwibungabungira umutekano.
Umukecuru witwa Nyiramuzungu Talaka yafunze amazu akodeshwa n’abantu batandukanye mu mujyi wa Rusizi kubera ko atabona ku mafaranga ava mu bukode bw’ayo mazu kandi nawe ari mu bo ayo mazu yarazwe.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Celestin Ntagungira aratangaza ko David Dein wahoze ari umuyobozi wungirije w’ikipe ya Arsenal FC mu Bwongereza, bidahindutse azaza mu Rwanda muri Mata uyu mwaka nk’uko babyemeranijweho.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ntongwe, bwafashe icyemezo cyo kwirukana umubyeyi w’abana babiri utuye mu mudugudu wa Nyamirambo akagari ka Nyarurama nyuma yo kugaragaza ko adafite aho acumbika, kuba abana be barwaye bwaki ndetse akaba anabana na virus itera SIDA.
Abahagarariye ibihugu 19 byo ku mugabane wa Afurika, bateraniye i Kigali mu nama isuzuma uburyo umutungo w’ubutaka, amashyamba n’uburobyi byakoreshwa neza, na ba nyirabyo bagahabwa uburenganzira bwanditse.
Habumugisha Donat w’imyaka 11 utuye mu kagari ka Sure mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yakuwemo igufa ry’ukuguru ryari rirwaye none hamezemo irindi ku buryo kuri ubu abasha kugenda yemye nta kibazo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 12/02/2013, shampiyona y’u Rwanda irakomeza ubwo iza kuba igeza ku munsi wa 17, umwe mu mikino ikomeye ukaza guhuza APR FC na Musanze FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Umurambo w’uruhinja rukivuka watoraguwe saa 16h00 tariki 11/02/2013 ku kimoteri cy’isoko rya Bushenge mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, ariko uwarutaye ntaramenyekana.
Imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 11/02/2013 yahitanye umuntu umwe abandi babiri bajyanywa mu bitaro mu karere ka Nyamasheke. Mu karere ka Ruhango ho yasenye amazu atandatu.
Urukiko rw’ikirenga ruratangaza ko ruswa mu nkiko igenda igabanuka, ariko ko ibimenyetso byinshi byerekana ko inzira yo kuyirwanya burundu ikiri ndende, bitewe n’uko benshi batarakangukira gutunga agatoki aho ibarizwa, ndetse ko ubucamanza budahana bwihanukiriye abakozi b’inkiko bakira ruswa.
Abayobozi bahagarariye akarere ka Gicumbi n’akarere ka Kabare ko muri Uganda, tariki 11/02/2013, bashyize imikono ku masezerano ashingiye ku gufashanya mu bikorwa bimwe na bimwe bahuriyeho kuko utu turere duhana imbibi.
Mu kagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe hatashywe umuyoboro w’amazi uri ku birometero icumi ukaba waruzuye utwaye amafaranga miliyoni 481 kandi abaturage bishimira ko babonye amazi meza nyuma y’igihe kinini ntayo bafite.
Mbakenge Aloys utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro avuga ko afite impungenge z’umutekano we kuko amaze kurandurirwa kawa zirenga ijana mu bihe bitandukanye, hakaba ngo hari n’abantu bigeze kuburana amasambu bakunze kumubwira ko bazamugirira nabi.
Nyuma y’umunsi umwe amaze guhesha ikipe y’igihugu ya Nigeria igikombe cya Afurika ku cyumweru tariki 10/02/2013, umutoza Stephen Keshi yatangaje ko yeguye ku mirimo ye.
Polisi yataye muri yombi abantu batandatu mu Turere twa Kayonza na Ngoma two mu Ntara y’Iburasirazuba ibasanganye ibiyobyabwenge birimo kanyanga n’urumogi.
Muri gahunda y’ukwezi kw’imiyoborere myiza, kuri uyu wa mbere tariki 11/02/2013, umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) yasuye ibikorwa birimo ishuri ryisumbuye ESIR, inyubako y’ubucuruzi ya Kinigi, ikigo nderabuzima cya Gataraga, ndetse aganira n’abaturage.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze, bibumbiye mu makoperative akorera mu nyubako y’ubucuruzi ya Kinigi, baravuga parike y’ibirunga igira uruhare mu kubavana mu bukene, bityo bakemeza ko ari amahirwe ataboneka henshi.
Umusore witwa Nsengimana Maurice utuye mu murenge wa Kivuye, mu karere ka Burera, ubana n’ubumuga bwo kutumva, atangaza ko impano yo gushushanya afite imutunze; gusa ikibazo nuko adakunze kubona akazi.
Perezida w’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe, Yaramba Jean Marie Vianney, aratangaza ko abantu badakwiye gufata ruswa nk’amafaranga gusa.
Mu baturage ibihumbi 24 batuye umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero, abagera ku 4000 bakeneye ubufasha bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) kuko bari mu cyiciro cy’abatishoboye kandi bakaba batarashyizwe ku rutonde rw’abafashwa na Leta.
Ibibazo by’amakimbirane bikunze kugaragara, ahanini usanga bishingiye ku mitungo; aho bamwe mu bagomba kuyifatanya baba bashaka kuyikubira. Ibyo bitera ingaruka zirimo inzangano, gutandukana kw’abashakanye ndetse no guhora mu manza.
Nubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge (RBS) cyaciye imyenda y’mbere ya caguwa (amakariso, amasogisi, amasegeri n’amasutiye) mu gihugu kuri ubu hamwe mu masoko haracyagaragara iyi myambaro ku bwinshi.
Ambasaderi Kunio Hatanaka wasoje imirimo ye yo guhagararira u Buyapani mu Rwanda, yashimiwe ibyo yabashije kugeraho mu myaka itatu amaze mu Rwanda, ubwo yasezeraga ku mugaragaro umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 11/02/2013.
Ijambo ry’Imana ku bagororwa ngo rituma babasha kuba abantu babereye umuryango nyarwanda ndetse bakanabera Itorero ry’Imana kuko nyuma yo kwihana bagaruka mu nzira itunganye.
Ku cyumweru tariki 17/02/2013, Korali Hoziyana iramurikira abakunzi bayo n’ab’umuziki muri rusange alubumu yabo ya 10 yise «Imana Irakuzi ».
Nyuma y’uko umuhanzi Mani Martin akoze impanuka ya moto, abantu bakomeje kumuha ubutumwa bamubwira ngo impanuka yakoze ni igihano cy’Imana ngo kubera ko yaretse kuririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel).
Mu gihe habura iminsi mike ngo hizihizwe umunsi mukuru w’abakundana (Saint Valentin) Abanyagicumbi benshi bavuga ko barangije kugura impano bazaha abakunzi babo kuri uwo munsi.
Papa Benedict wa XVI yatangaje ko yeguye ku mirimo ye kubera impamvu z’umubiri we utagishoboye gukora inshingano za Kiriziya Gatolika ku isi.
Abashoramari bakomoka mu gihugu cya Oman bagize itsinda “MB Holding Company” bakiriwe na Minisitiri w’Intebe ku gicamunsi cya tariki 10/02/2013 bamutangariza ko bifuza gushora imari mu Rwanda mu biijyanye na gaz metane na peteroli.
Gustave Bagayamukwe wari ukuriye ihuriro ry’imitwe yishyize hamwe ngo bakureho perezida Kabila (UFRC) yatawe muri yombi muri Kivu y’Amajyepfo mu mujyi wa Uvira, taliki 10/02/2013 ahita ajyanwa Kinshasa aho ashobora gukurikiranwa n’ubutabera ku kugambanira igihugu.
Bamwe mu batuye akarere ka Ruhango barasaba abadepite bazatorwa muri Nzeli uyu mwaka kujya bagaruka bakaganira nabo bakabagaragariza ibyo bagomba kubakoreraho ubuvugizi.
Ababyeyi bo mu karere ka Rusizi barasabwa gushishikariza abana gukura bazi gutandukanya urukundo nyakuri n’urukundo rubabeshya kuko ari byo bizabafasha mu guhagarika ubwandu bushya bwa SIDA mu rubyiruko no mu muryango nyarwanda.
Jonathan Pitroipa, ukina ku ruhande imbere (winger) mu ikipe y’igihugu ya Burkina Faso, ni we watowe nk’umukinnyi wagaragaje ubuganga kurusha abandi mu mikino y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu cyashojwe ku cyumweru tariki 10/02/2013 muri Afurika y’Epfo.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba Abanyaburera gukora cyane kandi bagafata neza ibyo bafite kugira ngo bahangane n’ihungabana ry’ubukungu rigaragara mu bihugu byateye imbere bikagira ingaruka ku Rwanda.
Ikipe y’igihugu ya Nigeria ‘super Eagles’ yegukanye igikombe cya Afurika cy’ibihugu, itsinze ku mukino wa nyuma Burkina Faso igitego 1-0, mu mukino wabereye kuri Soccer City Stadium i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 10/02/2012.