Abadepite bo muri Komisiyo y’ubukungu basuye urugomero rw’amashanyarazi rwa Musarara ruri mu Murenge wa Rusasa, Akarere ka Gakenke, bashimye aho imirimo y’urugomero igeze kugira ngo abaturage bagezweho amashanyarazi.
Nyuma yuko baboneye akamaro k’amata y’ihene n’abayonyeho bagatanga ubuhamya bw’uko yabakuye kure bagiye gupfa kubera intungamubiri nyinshi agira, byatumye ayo mata ahenda.
Umugabo witwa Andrey Gadzhiev ukomoka mu gihugu cya Serbia yahaze inzoga zimwoshya gutemagura umwishywa we ufite umwaka n’igice, arangije ibice by’umubiri we abyotsa ku mbabura nk’aho ari brochette ashaka kurya.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi batangaza ku munsi w’Intwari z’igihugu uteganyijwe tariki 01/02/2013, bazirikana cyane intwari Major General Gisa Fred Rwigema, kuko bemeza ko aza ku isonga mu bitangiye igihugu.
Ubuyobozi bwa federation y’umukino wa handball mu Rwanda buravuga ko mu minsi micye bwitegura gutangiza amakipe y’abana batarengeje imyaka umunani “Mini Handball”, bazajya bakina umukino wa handball.
Abandi banyarwanda 34 baturutse mu bice bya congo bitandukanye bagarutse mu gihugu cyabo, nyuma y’igihe kirekire barahungiye muri congo. Bose batangaza ko batari bazi amakuru y’impamo ku birebana n’u Rwanda, aho ngobumvaga bafite ubwoba bwo kugaruka.
Mukarugema Immacule w’imyaka 73 yitabye Imana ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana, kuwa Kane tariki 24/01/2013. Bikavugwa ko yaba yazize amakimbirane ashingiye ku mutungo w’ubutaka.
Ivugururwa ry’ingengo y’imari rya Minisiteri y’imari n’igenamigambi riherutse kuba ryagabanyije ku ngengo y’imari y’Akarere ka Huye amafaranga agera kuri miriyoni 99. Icyakora, ngo ibi ntibizabuza ko ibikorwa byari biteganyijwe bikorwa.
Ministiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yasabye urwego rw’abikorera bo mu Rwanda (PSF), gufata iya mbere mu gukora imirimo yose y’iterambere ry’igihugu badasabye Reta ubufasha, mu rwego rwo kwirinda ko abantu bitiranya inshingano za Reta n’iz’abikorera.
Gushyirwa kw’abahanzi ku mpapuro zitandukanye zamamaza ibitaramo mu mujyi wa Kigali, bikomeje guteza urujijo abenshi mu bankunda umuziki Nyarwanda, kuko usanga ibyo bitaramo bibera amasaha amawe kandi ahandi hatandukanye.
Umushinga w’Ikigega cy’u Buyapani gishinzwe imibanire (JICA), wahaye abahinzi b’umuceri ubumenyi bwo kuwuhinga, kuwurobanura no kuwuhumbika neza bakawutera kandi ukera ari mwinshi kuruta uko babonaga.
Abayobozi baturutse mu bihugu bya Tanzaniya na Kenya baje kureba uko u Rwanda rwakoze kugira ngo rugire isuku n’umutekano rwasorejwe mu karere ka Nyanza tariki 25/01/2013. Abarwitabiriye batangariye ibikorwa by’amajyambere biboneye n’amaso yabo.
Akarere ka Kicukiro gafatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishwinzwe guteza imbere imiyoorere myiza (RGB), byagiranye ibiganiro n’abafatanyabikorwa mu rwego rwo gutegura no kurebera hamwe uburyo ibyateganyijwe gukora mu kwezi kw’imiyoborere myiza byazagera ku ntego.
Jean de Dieu Hagumimana wari utuye mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, yiciwe mu gasantere ka Kabihanga muri Uganda, atewe icyuma mu rubavu n’abantu bari barimo basangira mu kabari ko muri ako gasantere.
Perezida Museveni yakiriye intumwa za M23 ziri mu mishyikirano i Kampala, zimugezaho ikibazo cy’uko imishyikirano idatera imbere.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, arasaba abarimu gukurikirana neza amasomo y’icyongereza bahabwa, kuko igihe kizagera bagahabwa ikizamini, abazatsindwa bagasimbuzwa abandi.
Umuhanzi Kamichi aramurika indirimbo ye « Ntunteze abantu » mu gitaramo agirira muri Planet Club kuri KBC ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013 guhera saa tatu za nijoro kugeza bucyeye.
Umusore witwa Tuyisenge Jean de Dieu yatahutse mu Rwanda tariki 24/01/2013 avuye mu mashyamba ya Kongo aho yabaga mu mutwe wa FDLR muri zone ya Mwenga.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, arasaba abubatse amazu agira aho binjira hamwe ntagire aho basohokera (EXIT) ko bayakosora mu rwego rwo kwirinda impanuka.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball y’abagabo irakina umukino wa ½ cy’irangiza na Somalia mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013, mu marushanwa y’akarere ka gatanu akomeje kubera i Dar Es salaam muri Tanzania.
Intumwa za Banki y’isi zasuye ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Gatsibo bishyirwa mu bikorwa n’umushinga RSSP ukorera muri minisiteri y’Ubuhinzi n’uborozi uterwa inkunga na banki y’isi.
Ndayisenga Valens ukina umukino w’amagare mu ikipe ya Amis Sportif ndetse n’ikipe y’igihugu, yerekeje muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013, aho agiye gukorera imyitozo, no kongera inararibonye muri uwo mukino.
Urubuga rwa Twitter rwashyiriyeho abayikoresha serivisi ya video yitwa Vine kugira ngo bajye basangira amakuru barebana.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball y’abatarengeje imyaka 17, irakina umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika cy’ingimbi kirimo kubera muri Algeria kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013.
Imbaraga ziracyakenewe mu bikorwa bitandukanye by’umuhigo w’uyu mwaka mu karere ka Gisagara, kugira ngo ntibabe basubira inyuma aho bageze. Ibi ni ibyatangajwe n’itsinda rigenzura ibikorwa by’umuhigo ku rwego rw’igihugu ubwo ryagenzuraga ibyo mu karere ka Gisagara kuri uyu wagatatu tariki 23/01/2013.
Abanyarwanda 60 batahutse bavuye muri Congo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013 bavuga ko bari barahejejwe ishya no kubura amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda; ngo amakuru bumvaga ni ayo kubabwira ibibaca intege.
Umuririmbyi Peter Okoye wo mu itsinda P-Square, n’umukunzi we Lola Omotayo, bibarutse umwana w’umukobwa. Lola yabyariye uwo mwana mu bitaro byo mu mujyi wa San Francisco muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika tariki 22/01/2013.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, azifatanya n’abaturage bo mu Murenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke mu muganda rusange ngarukakwezi uzaba kuri uyu wa gatandatu tariki 26/01/2013 .
Edouard Twizeyimana, Jean de Dieu Habineza na Daniel Bakunda bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, bazira kwica imbogo muri Parike y’Akagera.
Nubwo mu karere kaRuhango hari umubare munini w’abaturage ukibarirwa munsi y’umurongo w’ubukene, hari abandi baturage bahamya ko bamaze gutera imbere kubera intwari zitangiye igihugu.
Biteganyijwe ko abantu 11 bazatanga ubuhamya mu rubanza rwa Munyenyezi Beatrice ruzaba tariki 04/02/2013. Uyu Munyarwandakazi akurikiranweho kwinjira mu Leta zunze Ubumwe z’Amerika no kubona ubwenegihugu bw’icyo gihugu mu buryo budakurikije amategeko.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu batangaza ko bugarijwe n’ikibazo cy’ubujura butobora amazu bugamije kwiba television n’ibikorana nayo nk’ibikoresho bikoreshwa n’amashanayarazi.
Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina rya Kamichi ntagikora umwuga w’itangazamakuru. Yakoraga kuri radiyo y’abasilamu yitwa Voice of Africa.
Mu karere ka Bugesera igare rifatwa nk’ikintu gikomeye kuko ryifashishwa mu mirimo myinshi, ibyo bikaba bituma umugeni utarijyanye mu birongoranwa ashobora kubengwa ndetse bikanazamuviramo kubura umugabo.
Kuva capitaine Paul Barril wari waroherejwe n’ibiro bya Perezida Mitterrand yatangira kubazwa uruhare rw’ubuyobozi bw’igihuhu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hagaragaye inyandiko zigaragaza intwaro n’ingabo u Bufaransa bwagiye buha u Rwanda zigakoreshwa muri Jenoside.
Abakeresha sosiyete y’itumanaho ya Airtel Congo bo mu mujyi wa Bukavu barinubira iminara ya Airtel Rwanda kuko ngo amatelefone yabo adashobora guhamagara ndetse n’uwo bahamagaye amafaranga ye aragenda bitewe n’uko umunara w’u Rwanda uba warushije uwa Kongo imbaraga.
Impuguke mu kurwanya amakimbirane na Jenoside zivuga ko isi n’u Rwanda bikeneye intwari nyinshi zo gukiza abantu, nk’uko Raoul Wallenberg yarokoye Abayahudi bicwaga n’Abanazi, cyangwa se nk’uko Sula Karuhimbi yakijije benshi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu nama yahuje abagaba b’ingabo z’ibihugu bigize umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) hamwe n’umuryango w’ibihugu by’afurika y’amajyepfo (SADC) taliki 23/01/2013 bagaragaje ko badashaka kuvanga ingabo zabo n’ingabo z’ishami ry’umuryango wabibumbye (MONUSCO) mu gucunga amahoro mu burasirazuba bwa Congo.
Umuryango w’abibumbye waburiye abakozi b’imiryango mpuzamahanga bakorera muri Kivu y’Amajyepfo gukoresha umuhanda w’u Rwanda bajya i Goma kubera ikibazo cy’umutekano.
Abantu 25 ba mbere babashije kwizigamira muri banki y’ubucuruzi (BCR) ishami rya Kamembe bahawe amahirwe yo gutombora begukanira ibihembo bitandukanye birimo amaradiyo n’amateleviziyo.
Nyuma yuko hari abahanzi batangaje ko batifuza guhatana mu cyiciro cya gatanu cy’amarushanywa ya Salax Awards, Ikirezi Group itegura ayo marushanwa yabasimbuje abandi mu buryo bukurikira.
Abadepite bo muri komisiyo y’ubukungu n’ubucuruzi mu nteko ishinga amategeko bavuga ko n’ubwo hari intambwe ishimishije imaze kugerwaho mu kongera ingufu z’amashanyarazi mu karere ka Rutsiro, hakiri byinshi byo gukorwa kugira ngo haboneke amashanyarazi ahwanye n’ibikorwa by’iterambere byifuzwa.
Mu mujyi wa ¬El Fasher muri Darfur hafunguwe icyumba kizajya kimurikirwamo ibintu bitandukanye byo mu Rwanda. Iki gikorwa kije nyuma y’umwanzuro wari wafatiwe mu nama rusange y’Abanyarwanda baba muri Darfur yateranye tariki 07/12/2012.
Abari mu gihano nsimburagifungo (TIG) mu karere ka Ngororero bashimishijwe no kuba bafatanya n’abandi baturage mu bikorwa by’imirimo y’amaboko ifitiye igihugu akamaro kandi bari mu gihano cy’ibyaha bakoze.
Mukarugema Annonciata wo mu kagali ka Ruhanga, umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero arasaba ubuyobozi bw’akarere kumurenganura nyuma y’imyaka 10 asiragizwa mu nkiko kandi atsinda ntasubizwe ibye.
Habimana Anastase w’imyaka 30 ari mu maboko ya polisi guhera tariki 22/01/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 18 mu kigo nderabuzima cya Karambi mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango.
Umwana w’umukobwa w’umunyamerikakazi witwa Gabrielle Jackson ufite imyaka 13 yasabwe kugabanyirizwa amabere kubera ubunini bwayo bukabije butuma bagenzibe bigana bahora bamuseka.
Umugore witwa Irom Sharmila w’imyaka 40 wo mu Buhinde amaze imyaka 12 yiyicisha inzara atagira na kimwe arya cyangwa ngo anywe kubera agahinda aterwa n’uko abasirikare bo mu gace ka Assam Rifles akomokamo batajya bahanwa iyo bakosheje.