Abayobozi muri Tanzania bakora mu nzego z’ubutasi, abakora mu nzego zishinzwe imisoro n’amahoro, abakuriye inzego zigenzura amabuye y’agaciro hamwe n’abagenzura icyambu cya Dar es Salaam bahagaritswe na polisi bakuriranyweho ubujura bw’amabuye y’agaciro kuri icyi cyambu.
Mu gutangiza icyumweru cyahariwe community policing mu karere ka Rubavu hatwitswe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 700 twafatiwe muri aka karere ruvanywe mu gihugu cya Congo ndetse hanamenywe inzoga z’inkorano litiro zigera 1000.
Ubuyobozi bw’umuryango w’abibumbye bwagaragaje ko amasezerano yo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo atarashoboye gusinywa n’abayobozi b’ibihugu byo mu karere mu nama yabereye muri Ethiopia muri Mutarama azasinywa taliki 24/02/2013.
Bayingana Aimable, uyobora ishyirahamwe ry’umukino w’amagere mu Rwanda (FERWACY), tariki 16/2/2012, yatorewe kuba muri Komite nyobozi y’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagere muri Afurika (confédération africaine de cyclisme –CAC), mu matora yabereye i Cairo mu Misiri ku cyico cyaryo.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame uri mu gihugu cya Congo Brazza ville mu urgendo rw’iminsi ibiri m’uruzinduko rw’akazi, kuva kuri uyu wa Gatandatu taliki 16/02/2013, aragenzwa no kuganira na mugenzi we ku bibazo byugarije akarere.
Urubyiruko by’umwihariko intore ziri kurugerero zirakangurirwa kugaragaza impinduka ikomeye mu kurwanya Virusi itera SIDA mu miryango baba intangarugero mu bikorwa byose bijyanye no kuyirwanya.
Abafana ba Arsenal bongeye kurakara cyane banatangira gusaba ko umutoza Arsene Wenger yakwegura ku mirimo ye, nyuma y’aho Arsenal FC itsindiwe, ikanasezererwa na Blackburn Rovers mu gikombe cya ‘FA Cup’ kuri uyu wa Gatandatu tariki 16/02/2013.
Umushinga SSF/HIV wafashaga abana biga mu mashuri abanza mu karere ka Gisagara, ubafasha mu kubashakira ibikoresho by’ishuri, wamaze guhagarika icyo gikorwa bitewe n’uko kuri ubu uburezi bagizwe ubuntu.
Ibigo by’imari mu karere ka Kirehe byahagurukiye abatishyura inguzanyo ibi bigo biba byabahaye bagiye kujya bakurikiranwa, nk’uko byemejwe mu nama yahuje ibigo by’imari bikorera muri aka karere, abayobozi b’imirenge, abahagarariye amakoperative, abayobozi ba Sacco n’abakozi ba Banki nkuru y’u Rwanda mu karere ka Kirehe.
Abamotari n’abagenzi bakorera ku maseta y’abamotari bo mu karere ka Kamonyi ntibavuga rumwe ku ugomba kukishyura, n’ubwo muri bose bemeza ko nta uyobewe akamaro kako ariko bagahitamo kukihorera ngo badapfa amafaranga.
Abaturage batunzwe n’umwuga w’ubuhinzi mu karere ka Ruhango, barashishikarizwa kwitabira ubuhinzi bwa kijyambere kuko ubw gakondo ntacyo bwabagezaho, nk’uko babisabwa n’ubuyobozi bw’Ikigo k’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi (RAB).
Ishamyi ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe guhuza Ibikorwa bya Kimuntu (OCHA), rihangayikishijwe n’indiri nshya z’umutwe wa barwanyi ba FDLR, ziri kwimurirwa byazo muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kubona ko mu y’amajyaruguru nta mbaraga bakihafite.
APR FC yatsinzwe na Vital’o ibitego 2-1 mu mukino ubanza mu gikombe hihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League), wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku wa gatandatu tariki ya 16/2/2013.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yijeje ubuyobozi bw’uruganda Mount Meru Soyco ko Guverinoma y’u Rwanda izaruba hafi kugira ngo imbogamizi rufite zikemuke. Yabivuze ku wa Gatandatu tariki 16/02/2013 yarugendereraga, areba aho imirimo yo kurwubaka igeze.
Ibiro 754 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram yacukuwe mu buryo butemewe n’amategeko yafatiwe mu rugo rw’uwitwa Bucyangenda ruherereye mu kagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda ku gasanteri ka Bwiza tariki 13/02/2013.
Inkunga y’amafaranga asaga miliyoni 1 n’ibihumbi 942 umuryango wa Action Aid wageneye koperative COCUNYA (Coordenerie Uburiza de Nyanza) yibumbiwemo n’abafite ubumuga bo mu murenge wa Mukingo yarigishijwe n’umwe muri bo wari umubitsi wayo.
Umubyeyi warangije amashuri yisumbuye mu myaka irindwi ishize, abonye adashoboye gukomeza amashuri makuru yahisemo gusaba amafaranga umugabo we inshuro imwe gusa, yishingira “Salon de coiffure”(aho bogoshera). Ubu arishimira ko abona afite agaciro kuko ngo atunze urugo rwe, akanakoresha abakozi barenga 40 nabo batunze (…)
Umuhanzi Nzeyimana Nassor umenyerewe ku izina rya Lolilo ukomoka mu gihugu cy’Uburundi avuga ko yishimiye uko yakiriwe mu karere ka Nyamagabe ubwo yahazaga kuririmbira abakundana ku munsi wa St. Valentin.
Umuyobozi wa Police FC aratangaza ko ikipe ayobora igomba gutsinda Lydia LB Academic y’i Burundi mu mukino uzabahuza tariki y 17/02/2013 i Bujumbura mu gikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederaion Cup).
Muri icyi cyumweru cya community policing, Ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Karongi bufatanyije n’akarere n’ikigo cy’igihugu kita ku bidukikije (REMA), tariki 14/02/2013, bakoze igikorwa cyo gukangurira abaturage kurwanya ikoreshwa ry’amashashi mu gihugu.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Nyamasheke zifatanyije n’abaturage bamaze guta muri yombi umugore witwa Mukatuyizere Costasie w’imyaka 25 y’amavuko ukekwaho ko ari we wataye uruhinja rwatoraguwe ari umurambo mu mudugudu wa Busasamana, mu kagari ka Shangi mu murenge wa Shangi wo mu karere ka Nyamasheke, tariki 11/02/2013.
Ntoraguzi Théoneste w’imyaka 88 y’amavuko utuye mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza, tariki 15/02/2013, yemeye gusezerana n’umugore we babanaga mu buryo butemewe n’amategeko y’u Rwanda kuko nta sezerano ry’abashakanye bari bafitanye.
APR FC ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Champions League), iratangira iryo rushanwa ikina na Vital’o y’i Burundi kuri uyu wa gatandatu tariki 16/02/2012 kuri Stade Amahoro i Remera kuva saa cyenda n’igice.
Abacuruzi bo mu karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi bw’ako karere kujya bubagenera umwanya bagatanga ibitekerezo ku byemezo bibafitirwa.
Imbangukiragutabara (ambulansi) yari ijyanye umubyeyi utwite ku Bitaro Bikuru bya Nemba yakoze impanuka ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 15/02/2013 ku bw’amahirwe abarimo ntibagira icyo baba.
Abanyarwanda 30 babaga muri Congo batahutse mu Rwanda ku gicamunsi cya tariki 15/02/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere bahita bajyanwa mu nkambi ya Nyagatare iri mu murenge wa Gihundwe.
Bamwe mu bakorera mu nyubako ziri mu mujyi wa Muhanga batangaza ko impamvu batagira za kizimyamwoto ari uko baba bizeye ko nibagira impanuka aho bishinganye bazabishyura.
Abanyasudani 20 bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbye rushinzwe kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), barasanga amasomo baherewe mu Rwanda bijyanye no kuvugurura inzego z’umutekano ari ingirakamaro, cyane ko igihugu cyabo aribwo kigisohoka mu ntambara.
Guverinoma y’u Rwanda ikomeje kwishimira uburyo igihugu kirimo gutera imbere n’ubwo cyahagarikiwe inkunga n’ibihugu bimwe na bimwe. Ngo byatewe n’uko abaturage batangiye gusobanukirwa n’umuco wo kwibeshaho, nk’uko byasobanuwe na Ministiri w’intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwagaragaje ikibazo bufite cy’abantu barenga ibihumbi 45 bitarabona ubwisungane mu kwivuza muri uyu mwakawa 2012-2013.
Ishuri ry’Incuke ry’icyitegererezo ryubatswe na Banki y’Abaturage y’u Rwanda mu nyungu z’abakiriya bayo ryatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu, tariki 15/02/2013 mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Ubwo ingabo z’u Rwanda 143 zishoje ubutumwa bw’amahoro i Juba mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo zakirwaga ku kibuga cy’indege cya Kigali, uyu munsi tariki 15/02/2013, zashimiwe imyitwarire z’agaragaje muri ubwo butumwa bw’umuryango w’abibumbye.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu yabasabye abanyamadini kwirinda kwakira impano zose babonye kuko hari izitangwa n’imitwe y’abagizi ba nabi barimo FDRL, avuga ko ayo mafaranga arimo umuvumo kandi yagira ingaruka ku Banyarwanda.
Mu gihe bitegura kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame uzabasura mu nta ngiriro z’icyumweru gitaha, abaturage b’akarere ka Nyamagabe baramushimira iterambere bamaze kugeraho mu byiciro bitandukanye bemeza ko ariwe babikesha.
Mu rwego rwo gushimangira iterambere ry’abatuye Akarere ka Gatsibo by’umwihariko n’iry’Abanyarwanda bose muri rusange, abaturage barasabwa kwishyura neza inguzanyo bahabwa n’ibigo by’imari harimo Umurenge Sacco kugira ngo zishyikirizwe abandi bakeneye inguzanyo hagamijwe kwiteza imbere.
Bitewe n’ubukana bw’indwara y’ubutaka ku nka, mu karere ka Nyabihu bihaye gahunda yo gukingira iyi ndwara buri mwaka naho muri Gishwati by’umwihariko bikaba bikorwa 2 mu mwaka nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene abivuga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwagaye abayobozi ba njyanama n’abashinzwe iranga mimerere mu mirenge kubera kudatangira raporo ku gihe n’aho zitanzwe ntibakurikirane ngo bamenye ko zagezeyo.
Kuwa kane tariki 14/02/2013 depot ibikwamo amamesa iri mu mujyi wa Kigali i Gikondo mu gishanga yari yibasiwe n’inkongi y’umuriro yatewe n’abakozi ba depot batwikaga amasashe ariko ku bw’amahirwe uzima nawe nacyo ihitanye.
Tariki 12/02/2013, mu mujyi wa Ngororero batashye Guest House yubatswe muri gahunda yo gukemura ikibazo cy’amacumbi kubantu bagana akarere, resitora itunganye, inzu y’inama n’ibindi.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Jean Philbert Nsengimana, yasuye yasuye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka ku wa 14/02/2013, aho yashimye uruhare rw’ikoranabuhanga mu gutanga serivisi inoze kandi yihuse.
Umushinga L’APPEL France urimo gusura ibikorwa by’imiyoboro y’amazi bakoreye mu karere ka Gicumbi bareba niba byaruzuye neza bakaba bari no gutegura kubitaha ku mugaragaro.
Goldie Harvey, umuririmbyikazi wo muri Nigeria, wamenyekanye cyane muri Afurika kubera kugaragara muri Big Brother Africa nk’umwe buhataniraga iryo rushanwa, yitabye Imana.
Henshi ku bibuga by’umupira w’amaguru mu Rwanda, nta nzitiro cyangwa inkuta zitangira abafana ngo batinjira mu bibuga zihari ndetse n’ibibuga byubatse ku buryo buri wese yajya mu kibuga uko yishakiye.
Minisiteri ishinzwe gukumira ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yatanze ibikoresho bitandukanye ku baturage batuye mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe basenyewe n’imvura yaguye tariki 11/02/2013 ikangiza ibintu bitandukanye birimo amazu 179.
Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bufatanyije n’abaturage batashye ibikorwa by’iterambere babashije kugeraho.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko batari babona ibyangombwa bya nyuma by’ubutaka bwabo kandi ibisabwa byose kugira ngo umuntu abone icyangombwa, babyujuje. Basaba ubuyobozi bw’ako karere kubibafasha mo bakabona ibyo byangombwa.
U Rwanda rwazamutseho imyanya irindwi ku rutonde rwa FIFA rw’uku kwezi kwa Gashyantare 2013, nyuma yo kunganya ibitego 2-2 na Uganda mu mukino wa gicuti uheruka kubera i Kigali mu ntangiro z’uku kwezi.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Kanimba François, yashimye uburyo abayobozi ba Parike y’Akagera bakemura ibibazo abaturage bayituriye baterwaga n’inyamaswa zabahohoteraga zikanabonera imyaka.
Abakuru b’imidugudu 536 igize akarere ka Nyamagabe, kuri uyu wa kane tariki 14/02/2013 bahawe amaterefoni afite ubushobozi bwo guhamagara abandi bayobozi bakorana kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku karere, akazajya yishyurwa n’akarere hagamijwe koroshya guhanahana amakuru mu buryo bwihuse.