Kuri iki cyumweru tariki 18/08/2013, Jay Polly, Queen Cha, Ciney, Young Grace n’abandi bahanzi benshi baraba babaherekeje, barataramira abakunzi babo ku Kimisagara hafi y’ahazwi nka “Maison des Jeunes” mu kabari kitwa “Zaga Nuty Club”.
Umufaransakazi Marion Bartoli waherukaga kwegukana igikombe cya Wimbledon mu mukino wa Tennis, yatunguye abantu ubwo yasezeraga burundu kuri uwo mukino, tariki 16/08/2013, nyuma yo gusezererwa ku ikubitiro n’umunya Roumaniyakazi Simona Halep mu irushanwa rya ‘Cincinnati Open” ririmo kubera muri Reta zunze ubwumwe za Amerika.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze ibitego 3-0 ikipe ya Police FC mu mukino wa gicuti wabereye i Remera ku wa gatanu tariki 16/8/2013.
Umukinnyi wa Volleyball ukina nk’uwabigize umwuga Dusabimana Vincent uzwi cyane ku izina rya ‘Gasongo’, nyuma yo kurangiza amasezerano yari afitanye n’ikipe yo muri Qatar, ari mu biganiro n’amakipe yo muri Algeria ashaka ko azayakinira muri shampiyona itaha.
Nyuma y’uko inganda zitunganya ikawa mu Rwanda zagiye mu marushanwa yo kumenya abafite ikawa iryoshye kurusha abandi, abayisogongeye basanze iya CAFERWA Gishugi CWS y’i Shangi ho mu Karere ka Nyamasheke ari yo ihiga izindi muri uyu mwaka.
Itsinda ry’abaminisitiri batandukanye basuye imiryango yirukanywe mu gihugu cya Tanzaniya, aho babasabye gukomeza kwihangana, bababwira ko Leta ikomeje kubafasha mu bikorwa bitandukanye bareba uko bakirwa.
Abitabiriye amahugurwa y’iminsi ibiri ahuje abahagarariye inzego z’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu turere twose tugize Intara y’Amajyepfo basabwe kubaka u Rwanda rudahangarwa mu ruhando rw’andi mahanga.
Ibigo bishinzwe gutsura ubuziranenge mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba biteraniye i Kigali mu rwego rwo kwigira hamwe uko hashyirwaho amabwiriza agenga ikoreshwa ry’ibihingwa mu kubibyaza ingufu. Gusa haracyari ikibazo cyo kumenya niba ibihingwa bizatanga ingufu mu gihe bitanahagije mu gutunga abantu.
Abarwanashyaka b’ishyaka rihanira imibereho myiza y’abaturage na Demokarasi (PSD) mu karere ka Ruhango, baravuga ko badateganya kuziyomeka ku yandi mashyaka mu matora, nk’uko bikunze kugaragara kuri amwe mu mashyaka agera mu gihe cy’amatora ugasanga ahaye amajwi yayo andi mashyaka.
Kuva tariki 21 kugeza 23/08/2013, impuguke ku buhinzi zizateranira i Kigali mu nama mpuzamahanga yateguwe nIkigo cy’igihugu gishinzwe ibikomoka ku buhinzi (RAB), izaba igamije kurebera hamwe kugira ngo umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi wiyongere.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Richard Tardy, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 20 azifashisha mu irushanwa rizahuza ibigugu bikoresha ururimi rw’igifaransa ( Jeux de la Francophonie), rizabera i Nice mu Bufaransa kuva tariki ya 6-15/09/2013.
Abaturage bibumbiye mu rugaga rw’abikorera mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara, bakoze umuhango wo gusinyana n’ubuyobozi bw’umurenge umuhigo w’umwaka wa 2013/2014. Amasezerano agamije kwerekana ko bifatanyije mu kwesa imihigo kuko ibafasha kwiteza imbere nta n’umwe usigaye.
Amakimbirane agaragara mungo mukarere ka Nyagatare ngo yaba yaratangiye kugaragara bitewe n’ubuyobozi bukomeje kubigiramo, nk’uko abaturage babushimira uburyo bugerageza kuyakumira.
Inka zisaga 300 nizo zitegerejwe kwinjira mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera zizanywe n’abanyarwanda barimo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya. Zikazaza zikurikiye izindi zisaga 2.500 zamaze kwinjira zikanakingirwa indwara.
Minisitiri w’Ubuzima, Agnes Binagwaho, yatashye ku mugaragaro ubwato bw’imbangukiragutabara buzajya butabara abarwayi b’indembe bigora kugera kwa muganga kubera gutura mu birwa byo mu kiyaga cya Kivu.
Ibitaro bya Kibogora biri mu karere ka Nyamasheke, birasaba Minisiteri y’Ubuzima kubifasha (mu buvugizi) bikishyurwa ideni risaga miliyoni 383 kuko kubura aya mafaranga akiri mu gasozi bishobora gutuma bibura ubushobozi bwo kwishyura imiti ihabwa abarwayi.
Mu ijoro rishyira tariki 16/08/2013, inkongi y’umuriro yibasiye amashyamba y’abaturage ari mu Mudugudu wa Gahondo, Akagali ka Ruli mu Murenge wa Ruli ho mu Karere ka Gakenke itwika hegitare 30 irakongoka.
Kuva mu gitondo tariki 16/08/2013 ibikoresho by’ibiro by’Intara y’Amajyepfo byatangiye kwimurwa bivanwa aho yakoreraga bijyanwa mu nyubako y’igorofa nshya iherereye mu marembo y’umujyi wa Nyanza akaba ariho igiye kujya ikorera.
Umusore w’imyaka 21 y’amavuko uzwi ku izina rya Gakerege aravugwaho gutwika ishyamba riherereye mu kagari ka Karambo mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro tariki 13/08/2013 ubwo yarimo atwika amakara mu biti yari avuye kwiba mu rindi shyamba.
Abahinga umuceri mu bishanga byo mu Ntara y’Amajyepfo basuye ikibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi bigira kuri bagenzi babo uburyo bashobora kwibonera amafaranga yo kubungabunga amazi yo kuhira imyaka batayategereje ku baterankunga nk’uko bisanzwe bikorwa.
Abahagarariye inzego za Leta, imiryango, inshuti n’amatorero yasizwe n’uwari umuhanzi Rugamba Sipiriyani, barifuza ko ibitekerezo by’uwo muririmbyi byamuhesha kujya mu ntwari z’u Rwanda, ndetse ngo ubuhanga na filozofiya bye bikigishwa kugirango bihindure mu buryo bwubaka, imibereho y’Abanyarwanda.
Perezida w’igihugu cya Cameroun, Paul Biya, yetegetse ko insengero zikabakaba 100 zo mu mijyi ikomeye y’icyo gihugu zifungwa kubera ko ngo abapasitoro b’abapantekote babangamira umutekano w’igihugu cya Cameroun.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gashora mu karere ka Bugesera, afunzwe kuva tariki 13/08/2013 akekwaho kunyereza inzitiramibu zirenga 300 ziteye umuti akazigurisha hanze kandi zitagurishwa.
Itsinda ry’abahanzi baririmba Rock n’izindi njyana bo muri Amerika rizwi nka “Out of Hiding” ryaje mu Rwanda ku butumire bw’itorero “New Life Bible Church” mu gitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana kiba kuri uyu wa gatanu tariki 16/08/2013 guhera 18h00-21h00.
Nyuma yuko uwitwa Ingabire Freddy ategewe n’abantu bataramenyekana ahitwa Rwagitugusa mu murenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma bakamuniga bakamusiga baziko yapfuye, abatuye uyu murenge baremeza ko aho hantu bakihategera bakambura.
Nyirakamana Beatrice yemeza ko ibyifuzo yagejeje kuri Bikira Mariya yabyumvise none abana be babiri barangije amashuri yisumbuye, umwe amaze kubona akazi none yagarutse kumusaba ngo ahe akazi undi mwana usigaye.
Mu gace bita Oresund mu gihugu cya Danemark hatahuwe ubwoko bw’amafi bita Pacu akekwaho kurya udusabo tw’intanga-ngabo, igihe abagabo barimo koga batambaye imyenda ikingira bihagije udusabo twabo tw’intanga-ngabo.
Abasirikare 50 b’Abanyarwanda bahuguwe uburyo bakwitwara ngo bakumire ihohoterwa rishingiye ku gitsinda ndetse n’uko bafasha uwahuye naryo, mu gihe bari mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye.
Abakozi b’umushinga wa World Vision bo muri Kenya basuye umushinga ubyaza imyanda iva ku bantu ifumbire bashima ko ifitiye akamaro kanini abaturage bo mu Karere ka Gakenke.
Umunyarwanda Haruna Niyonzima, ukinira ikipe ya Yanga Africans F.C yo mu gihugu cya Tanzaniya yagiriwe icyizere n’umutoza Ernie Brandts cyo kuba kapiteni wungirije w’iyo kipe ikomeye kandi ifite abakunzi benshi muri icyo gihugu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe ubuzima rusange n’ubuvuzi bw’ibanze, Dr Anita Asiimwe yongeye kwibutsa abakorera ku Bitaro bya Kibogora mu karere ka Nyamasheke ko akazi k’ubuvuzi gasaba umuhamagaro kandi abashimira umurava bakomeje kugaragaza kugira ngo ubuzima bw’abaturage bwitabweho.
Igihugu cy’Uburusiya kirateganya gufunga amashuri 733 kubera igabanuka ry’ubwiyongere bw’abaturage, nk’uko Guennadi Onichtchenko, ushinzwe serivisi z’ubuzima mu gihugu cy’Uburusiya, yabitangarije ibiro ntaramakuru by’Uburusiya Interfax.
Inkongi y’umuriro yafashe igice cy’inyubako y’akarere ka Kayonza gikoramo serivisi zo kwandika ubutaka ku rwego rw’intara y’uburasirazuba. Uwo muriro watangiye ahagana saa sita n’igice z’ijoro rishyira tariki 15/08/2013.
Inkongi y’umuriro yibasiye ishyamba rigera muri hegitari 30 harimo hegitari 25 z’ishyamba rya sosiyete ihinga icyayi ikanagitunganya SORWATHE ikorera mu murenge wa Mutate mu karere ka Gicumbi.
Abanyarwanda basaga 100 bakiriwe mu murenge wa Ndego wo mu karere ka Kayonza tariki 14/08/2013 nyuma yo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya. Mu gitondo cy’uwo munsi haje 11, ku mugoroba haza abandi 114.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa ku isi (WFP), irishinzwe abana (UNICEF), irishinzwe ibiribwa n’ubuhinzi (FAO) ndetse n’irishinzwe ubuzima (WHO), agiye guhuriza hamwe ingufu mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi mu turere twa Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo ndetse na Rutsiro mu ntara y’Uburengerazuba mu gihe (…)
Ubwo abakirisitu Gatulika bagera ku bihumbi 20 bari bateraniye kuri paruwasi ya Congo Nil mu ijoro rishyira umunsi mukuru wa Asomusiyo, abakobwa babiri bafashwe n’indwara abasanzwe babazi bita ko ari amashitani, babajyana ahitaruye barabasengera nyuma y’isaha n’igice barongera baratuza baba bazima.
Nyuma y’uko inkongi y’umuriro yibasiye igice cy’ishyamba rya Nyungwe giherereye mu murenge wa Bushekeri ubugira kabiri mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Kanama 2013, yongeye kugaragara bwa gatatu ku mugoroba wa tariki 13/08/2013, mu mudugudu wa Kinzovu mu kagari ka Buvungira; hafi y’ahari hafashwe ubushize.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Kakoza Nkuriza Charles uzwi ku izina rya KNC arahamya ko atigeze akubita umuhanzi Christopher nk’uko byatangajwe ku mbuga za interineti ndetse no ku maradiyo amwe ya hano mu Rwanda mu cyumweru gishize.
Abagize urugaga rw’abikorera (PSF) mu karere ka Kirehe basuye abana b’imfubyi hamwe n’abapfakazi ba Jenoside batuye mu murenge wa Nyarubuye babafashisha matera zo kuryamaho, isukari, umuceri n’ibindi birimo imyenda yo kwambara.
Inganda nyinshi zikorera mu Rwanda zifatwa nk’iziciriritse ngo usanga ibikorwa byazo birenze ubushobozi bwazo kuko ziri mu bya mbere byongera ubukungu n’umusaruro mu gihugu, nk’uko bitangazwa na Alexis Kanyankole, umuyobozi wa Banki y’igihugu itsura amajyambere (BRD).
Inama Njyanama y’umurenge wa Gahara mu karere ka Kirehe yafashe icyemezo ko nyuma ya saa kumi n’ebyiri nta mugore wemerewe kuba ari mu kabari mu rwego rwo guca burundu ikibazo cy’ababyeyi batitaga ku bana babo, bityo umubare w’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi ukiyongera.
Ubwo umushumba wa kiliziya Gatulika ku isi yose, nyiri ubutungane Papa Francis yakiraga abakinnyi b’amakipe y’ibihugu by’Ubutaliyani na Argentine aho atuye i Roma mu Butaliyani, mbere y’umukino ibyo bihugu bikina mu izina rya Papa Francis, yabasabye gutanga ubutumwa bwo kubaha ikiremwamuntu ku babakurikirana buri munsi.
Bamwe mu bakoze Jenoside bo mu Murenge wa Simbi, bishyuze hamwe biyemeza kuriha imitungo bangije mu gihe cya Jenoside babinyujije mu buryo bw’imibyizi yo guhinga kuko nta mafaranga bari kubona.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteriy’ubuzima, Dr Asimwe Anitha, yasabye ibitaro bya Mibirizi mu karere ka Rusizi kwita ku buzima bw’abarwayi kuruta kwita ku mafaranga kuko hari abarwayi baje kwivuriza muri ibyo bitaro bahagarikiwe imiti kubera mutuelle zabo zitujuje ibyangombwa.
Ikipe y’u Rwanda yongeye gutsindirwa i Kigali, ubwo Malawi yayitsindaga igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatatu tariki ya 14/8/2013.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari ijyanye ibikoresho by’ubwubatsi mu mujyi wa Gisenyi yabuze feri imanuka mu muhanda ugana ku bitaro bya Gisenyi ihita ibigonga abantu babiri bari bayirimo barakomereka. Iyi mpanuka yabaye saa 14h44 tariki 14/08/2013.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimiye Umutwe w’abadepite, ngo washoje manda ya kabiri uhesheje u Rwanda isura nziza mu mahanga kubera koroshya ishoramari, kubahiriza uburinganire no kurwanya ruswa; akaba yasabye abadepite bazatorwa guhuza amategeko n’ibindi bihugu biri mu karere.
Abasigajwe inyuma n’amateka bakuwe muri nyakatsi bagatuzwa mu mudugudu wa kijyambere mu kagari ka Kanazi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera barasaba ko bafashwa no guca nyakatsi yo ku buriri.