Raporo y’umuryango w’abibumbye igaragaza ko bantu benshi ku isi bashishikajwe no gukoresha itumanaho ryihuse kurusha uko bagira ubwiherero bwiza. Abantu barenga miliyari esheshatu batunze telefoni ariko abafite ubwiherero bwiza ni miliyari enye n’igice.
Ubufaransa bwohereje ingabo 350 muri Centrafrique ngo barinde umutekano w’Abafaransa n’abandi banyamahanga bari muri iki gihugu nyuma y’uko inyeshyamba zirwanya Leta ya Perezida Froincois Bozize zifatiye umurwa mukuru, Bangui.
Abayoboke b’umutwe wa politike PSD mu karere ka Ruhango, barasabwa gukora ibikorwa byose byatuma bihesha agaciro ndetse bakaba intangarugero mu bandi bayoboke b’imitwe ya politike ikorera mu Rwanda.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu bakobwa batarengeje imyaka 18, irakina umukino wayo wa mbere na Algeria kuri uyu wa mbere tariki 25/03/2013 guhera saa kumi z’umugoroba, mu mikino y’igikombe cya Afurika irimo kubera i Cairo mu Misiri.
Angelina Jolie wamenyekanye cyane mu gikina filime ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, aho yageze ari hamwe na minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Bwongereza, William Hague. Baje muri gahunda yaguye yo guhagarika ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa mu Burasirazuba bwa Kongo.
Mu mirenge 13 igize akarere ka Gisagara, umurenge wa Kansi niwo wabashije kugera ku kigereranyo cya 100% mu bwisungane mu kwivuza. Uyu murenge uvuga ko nta rindi banga wakoresheje usibye gutangira ubukangurambaga hakiri kare maze abaturage bakigishwa bihagije.
Abasenateri 10 bayobowe na Visi Perezida wa Sena, Bernard Makuza, ku wa gatandatu tariki 23/03/2013 bifatanyije n’abatuye akagari ka Rwanza, umurenge wa Save mu karere ka Gisagara, gukora umuganda baca imirwanyasuri n’imiyoboro y’amazi mu bibanza bizubakwamo umudugudu w’icyitegererezo.
Amakosa abiri yakozwe na ba myugariro b’ikipe y’u Rwanda (Amavubi) niyo yatumye Mali itsinda u Rwanda ibitego 2-1 mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi, wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumweru tariki 24/03/2013.
Akarengane kariho muri iki gihe ngo gashingiye ahanini ku buharike, nk’uko Urwego rw’umuvunyi rubigaragarizwa iyo rwagiye gukemura ibibazo by’abaturage mu mirenge yabo mu cyumweru cyahariwe kurwanya akarengane.
Mu nama mpuzamahanga abanyeshuri biga ibya farumasi (ubuhanga mu by’imiti) muri Kaminuza y’u Rwanda bagiriye i Huye kuwa 23/03/2013, bagaragaje ko hakenewe ko abize ibya farumasi bagira uruhare mu kugenera imiti abarwayi.
Abaturage biganjemo urubyiruko batuye ku nkengero z’umugezi wa Muregeya ugabanya bo mu turere twa Rutsiro na Karongi babonye akazi ko guterura moto bazirenza ibyuma byatambitswe hejuru y’ikiraro gishaje kugira ngo ibinyabiziga bitakinyuraho. Moto imwe bayiterura ku mafaranga 500.
Abaturage bo mu kagari ka Gikombe umurenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bamaze imyaka ibiri n’amezi atandatu batanze amafaranga yo kuzana umuriro aho batuye ariko amaso yaheze mu kirere.
Abanyeshuri bo ku ishuri ryisumbuye rya APAKAPE mu karere ka Rutsiro bavuga ko bashimishijwe n’uko tariki 16/03/2013 ikigo cyabo cyabahaye ifunguro ririho inyama mu gihe abahamaze imyaka itandatu bavuga ko nta kindi gihe bigeze bahabwa inyama.
Mukamurezi Valerie, uvuka mu Murenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke, tariki 22/03/2013 yasubijwe isambu y’umuryango we wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umugore wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yamenye ko umugabo we amuca inyuma ananirwa kumubikira ibanga, afata icyemezo cyo kumushyira ku karubanda akoresheje icyapa gishyirwaho amatangazo yo kwamamaza.
Akarere ka Muhanga kari ku mwanya wa nyuma mu kwinjiza imisoro n’amahoro mu turere umunani tugize intara y’Amajyepfo; nk’uko byemezwa n’inama njyanama y’aka karere.
Abanyarwanda 13 (abagabo 2, abagore 2 n’abana 9) bari barahungiye mu Burundi muri comine ya Cyibitoki batahutse tariki 23/03/2013 ubu bakaba bari mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.
Abitandukanyije n’umutwe wa FDLR batahutse tariki 23/03/2013 batangaza ko icyateye gutahuka ari uko amasezerano babwirwa n’abayobozi babo ari ibinyoma kuko ngo bategereje ko yasohora bagaheba.
Mu nama yahuje inama njyanama y’akarere ka Muhanga, tariki 21/03/2013, bize ku kibazo cya siporo muri aka karere kuko bavuga ko isa n’iyahariwe ikipe y’akarere gusa kandi igomba kugera kuri buri muturage.
Perezida Kagame yifatanyije n’abandi bayobozi b’ibihugu bo mu karere mu kwiga ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa. Inama iri kubera kuri Congo Brazzaville kuri icyi cyumweru tariki 24/03/2013.
Perezida wa Repubulika ya Centre Africa, Francois Bozize, kuri icyi cyumweru tariki 24/03/2013, yahungiye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’uko inyeshyamba zimurwanya zigaruriye Bangui umurwa mukuru w’igihugu.
N’ubwo mu gihe kingana n’amezi atatu cyahariwe imiyoborere myiza mu Rwanda abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe ijambo ngo batange ibitekerezo ndetse babaze n’ibibazo bafite, icyo gihe cyasojwe abaturage bagitora umurongo ari benshi kugira ngo babaze ibibabangamiye.
Mu rwego rwo kumenya amateka y’u Rwanda rwo hambere abanyeshuli biga ibya farumasi muri kaminuza zitandukanye zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) basuye ingoro y’umwami Mutara wa III Rudahingwa iri mu karere ka Nyanza kuri uyu wa gatandatu tari 23/03/2013.
Davite Giancarlo usiganwa ukoresha imodoka yo mu bwoko bwa SUBARU Imprezza N11, ni we wegukanye isiganwa ry’amamodoka ryiswe ‘Rally de l’Est’ ryaberaga mu bice bya Rugende na Gahengeri mu turere twa Gasabo na Rwamagana kuri uyu wa gatandatu tariki 23/03/2013.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu tariki 23/03/2013, umuryango w’Abanyapakistani baba mu Rwanda wizihije isabukuru y’imyaka 66 igihugu cyabo kimaze cyemerewe kwigenga. Bavuze ko bishimiye umubano wabo n’Abanyarwanda, bifuza ko hafungurwa za ambasade.
Mu gihe gutwara twara abantu n’ibintu ku magare mu muhanda wa kaburimbo byaciwe, abatsimbaraye bagikora uwo murimo bavuga ko bahohoterwa bakagongwa cyangwa bagakoreshwa impanuka.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADF) mu karere ka Rulindo rifatanije n’ubuyobozi bw’aka karere batoye komite nyobozi na komite ngenzuzi bishya zigiye kubahagararira muri uyu mwaka.
Abanyeshuri bo mu ishuri ry’amahoteli n’ubucyerarugendo (RTUC) ishami rya Gisenyi bahuriye mu muryango wa AERG batangiye ibikorwa byo kwitegura icyunamo bakora ibikorwa byo gutanga ubufasha ku batishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu kiganiro ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Rubavu bwagiranye n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ku byerekeye ibikorwa by’ihohoterwa rikorerwa mu mirenge basange ibikomeje kwiganza mu gutuma byiyongera ari ibinyobwa bitemewe hamwe n’amakimbirane yo mu miryango.
Mu gihe minisiteri y’ubuzima ikomeje gahunda yayo yo kurwanya maraliya burundu, ikoresheje uburyo butandukanye harimo no gutanga inzitiramubu zikoranywe umuti, bamwe mu baturage bazikoresha mu yindi mirimo itari ukuziryamamo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gifatanyije n’inzego z’Inkeragutabara zo mu karere ka Nyamasheke bahagurukiye kubungabunga ibidukikije, by’umwihariko ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu ndetse no kubungabunga ibinyabuzima byo muri iki kiyaga byajyaga byangizwa na barushimusi.
Intumwa zaturutse mu gihugu cy’Ubudage mu ntara ya Rhenanie Paratinat ifitanye umubano ushingiye kuri jumelage n’u Rwanda batashye amashuri yubakiye akarere ka Gicumbi mu murenge wa Giti.
Abaturage ibihumbi 45 bo mu mirenge ya Shingiro na Kinigi mu karere ka Musanze babonye umuyoboro w’amazi ufite uburebure bwa kilometero 41 nyuma y’uko mu 2010 bagaragarije Perezida Kagame ko batazi amazi meza maze akabemerera kuyabagezaho.
Abaministiri bashinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba b’ibihugu by’u Rwanda, Monique Mukaruliza, na Shame Bogayne ku ruhande rwa Uganda basuzumye imitangirwe ya Serivise ku mupaka wa Gatuna, aho basanze abaturage bakomeza koroherezwa kwambuka umupaka.
Inyubako z’ishuri ry’Uryunge rw’Amashuri rwa Tanda ziherereye mu kagali ka Tanda, umudugu wa Tanda, umurenge wa Giti, akarere ka Gicumbi, zatashywe ku mugaragaro, igikorwa kitabiriwe n’intumwa zaturutse mu Budage, mu ntara ya Rhenanie Platinat ifitanye umubano wihariye n’u Rwanda.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru barifuza ko nyuma ya gahunda ya mudasobwa kuri buri munyeshuri, hakenewe na gahunda ya mudasobwa kuri buri mwarimu.
Gerard Ugirashebuja ukomoka mu Murenge wa Janja, Akarere ka Gakenke, yamenye abamukomokaho bane ubwo yitabaga itsinda ridasanzwe mu gukemura ikibazo cy’imitungo y’abarokotse Jenoside, kugira ngo atange amakuru ku kibazo cy’isambu, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/03/2013.
Ubushakashatsi buragaragaza ko mu bana 100 bari hagati y’imyaka itandatu na 17, batatu baba bakoreshwa imirimo itandukanye n’iyo bagombye kuba bakora ariyo kwiga no kurerwa, kugira ngo bazakorera igihugu cyabo bamaze gukura.
Gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, bizabera mu murenge wa Nyamyumba, kubera ubwicanyi bwakorewe abakozi b’uruganda rwa Bralirwa n’abandi bajugunywe mu kiyaga cya kivu ahari amashyuza.
Abaturage bo mu murenge wa Busasamana bakoresha umuhanda wa Gasiza-Busasamana, bavuga ko kutagira umuhanda mwiza biri mu bisubiza inyuma umusaruro w’ubuhinzi babona kuko kubona ababagurira bitaborohera niyo baje babahenda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere Myiza (RGB), cyahagurukiye urugamba rwo kwimakaza imiyoborere myiza igamije gukorera abaturage. iki kigo kigiye guhwiturira abayobozi bose kujya bacyemura ibibazo by’abaturage hakiri kare, bitarindiriye Perezida wa Repubulika.
Iryo tsinda rigizwe n’inzobere 10 z’abaganga b’abasirikare bari bamaze iminsi ine mu karere ka Karongi, bavura indwara zitandukanye abarwayi bafashwa n’ikigega kita ku bacitse ku icumu rya Jenoside (FARG).
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kicukiro mu karere ka Kicukiro, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/03/2013 bwiriwe mu gikorwa cyo gufunga imiryango ikorerwamo ubucuruzi mu mudugudu wa Gashiha akagari ka Kagina mu rwego rwo kwimura abantu batuye mu bishanga.
Umutoza w’ikipe y’ihigugu Amavubi, Milutin Sredojevic Micho, arizeza Abanyarwanda ko nibashyigikira Amavubi kuri icyi Cyumweru tariki ya 24/03/2013, ubwo bazaba bakina na Mali, ashobora kuzakora amateka nk’ayo u Rwanda rwakoze rutsindira Ghana kuri Stade Amahoro muri 2003.
Abafite ubumuga basabye Leta ko yashyiraho gahunda yo kuborohereza kubona imirimo muri Leta no mu bikorera bishobotse. Bakabona imyanya idapiganirwa byibuze iri hagati ya 3% na 5%, nk’uko babyifuje mu nama yabahuje kuwa Gatanu tariki 22/03/2013.
Polisi y’igihugu iratangaza ko ikomeje guhangayikishwa n’impanuka zirushaho kwiyongera zikangiza ubuzima bwa benshi, n’ubwo bwose iba yashyizemo imbaraga nyinshi mu kurwanya no gukangurira abatwara ibinyabiziga kwitondera icyateza izo mpanuka.
Mukamana Alphonsine, umukecuru utuye mu Kagari ka Kabona mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Huye, afite ihene yise Cyabakobwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ibiyobyabwenge aribyo biteza umutekano muke muri ako karere ku buryo ngo bafashe ingamba zo kubihashya ndetse barwanya ubusinzi mu baturage.
Uwimbabazi Fortunée w’imyaka 39 y’amavuko bamusanze ku mbuga yo mu rugo iwe mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, mu rukerera rwo mu gitondo tariki 22/03/2013 bigaragara ko yishwe bamunigishije umwambaro wa karuvati.
Muri gahunda ye yo gusura inkambi zakira impunzi z’Abanyarwanda zitahuka, Minisitiri w’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine, yasuye inkambi ya Nyagatare mu Karere ka Rusizi aho yagejejweho bimwe mu bibazo iyi nkambi ifite.