Abarimu bashya 1039 basabye akazi ko kwigisha mu karere ka Nyanza mu mwaka w’amashuri wa 2016 bagiye kugahabwa binyuze mu ipiganwa.
Ishuri rya RTUC ryahindutse Kaminuza yigisha ubukerarugendo, amahoteli n’ubucuruzi mu ikoranabuhanga, UTB, ngo bitewe n’umwihariko bashyize mu burezi butabyara abashomeri.
Nyuma yo gutsinda Gabon ibitego 2-1, byose byatsinzwe na Sugira Ernest, Amavubi y’u Rwanda yabaye ikipe ya mbere ibonye itike yo kwerekeza muri 1/4 cya CHAN.
Inzego z’umutekano zagaruye abana babiri, umuhungu n’umukobwa bo mu Karere ka Rutsiro bari bagiye mu Mujyi wa Kigali gukorera amafaranga.
Abakozi ba Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, CNLG, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama n’urwa Nyamata Nyamata mu rwego kumenya amateka ya Jenoside byimbitse.
Abaturage bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Rulindo, barinubira ubujura bukabije bw’insinga z’amashanyarazi bubibasiye.
Perezida Paul Kagame yatangarije isi ko ikoranabuhanga rifite akamaro gakomeye kuko rihuza abantu rikabaha ibisubizo.
Iduka ry’umucuruzi wo mu Murenge wa Munini mu Karere ka Nyaruguru, tariki 18/01/2016, ryarahiye rirakongoka biturutse ku muriro w’itabi na lisansi.
Mukamana Belancille w’imyaka 51, w’i Rulindo mu Murenge Buyoga, kuri uyu wa 19 Mutarama 2015, bamusanze mu nzu yapfuye bakeka ko yiyahuye.
Abitabiriye Itorero ry’urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye, baratangaza ko ubumenyi bakuyemo bwabateye guhindura imyumvire ku buryo nta kazi bazasuzugura.
Bamwe mu basoje icyiciro cya mbere cy’ Itorero mu Karere ka Nyamasheke basabye ko ibiganiro biritangirwamo bya bitangwa mu buryo birambirana.
Ikibazo cy’ibiyobyabwenge mu rubyiruko n’abakobwa bishora mu buraya bakiri bato ni kimwe mu byo intore zirangije itorero i Rwamagana zahagurukiye.
Abahinzi bo mu Karere ka Ngoma baravuga ko biteze umusaruro mwinshi binyuze mu mushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari zirenga 300 u Rwanda rufatanyamo n’Ubuyapani.
Mu rwego rwo gukomeza kujijura Abanyaburera, hagiye kwifashishwa Intore zo ku Rugerero zizigisha abatazi gusoma, kwandika no kubara basigaye.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyamagabe rwitabiriye itorero, rwasobanukiwe n’imbaraga zo gushyira hamwe mu kubaka igihugu gifite amajyambere arambye.
Mu mikino y’umunsi wa mbere mu itsinda D,Ghana yanganije na Mali 2-2,maze Zambia yatsinze 1-0 ihita iyobora itsinda
Ikigo Stone Services gicukura kariyeri muri Jabana mu Karere ka Gasabo, kiravuga ko ako karere na Ministeri y’Umutungo Kamere(MINIRENA) bakirenganya.
Nyampinga Balbine Mutoni wongeye kwiyamamariza kuba Nyampinga muri uyu mwaka ashimangira ko iri rushanwa rigenda rirushaho gutera imbere.
Polisi y’u Rwanda ihora iri maso kugira ngo hatagira ikintu icyo ari cyo cyose cyabangamira irushanwa rya CHAN ririmo kubera ku bibuga bitandukanye bya hano mu Rwanda.
Urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rwahuguwe uburyo bwo kororamo inzuki mu buryo bwa kijyambere kugira ngo bizarufashe kwiteza imbere.
Depite Ngabo Amiel avuga ko intore z’abarangije amashuli yisumbuye mu karere ka Ngororero ubu ngo zirusha ishyaka na Morari izazibanzirije.
Amakoperative y’abahinzi b’ibigori mu Karere ka Gatsibo arasaba Leta kuyashakira isoko kuko ngo arimo kugurirwa umusaruro w’ibigori ku giciro gito.
Kuri uyu wa kabiri kuri Stade ya Kicukiro,Amavubi yahakomereje imyitozo yo kwitegura umukino ubahuza na Gabon kuri uyu wa Gatatu kuri Stade Amahoro
Bamwe mu barera abana b’imfubyi bibaza amaherezo yabo mu gihe bageze mu myaka yo gushaka nta bushobozi bubafasha kubashyingira kibyeyi.
Ku munsi wa mbere w’imikino yo mu itsinda rya kane (D),ikipe ya Zambia yabashije gutsinda ZImbabwe,igiyego cyatsinzwe na Isaac Chansa
Ubuyobozi bw’uruganda rw’isukari rwa Kabuye buravuga ko imyuzure yaruteye tariki 17/1/2016, yangije ibibarirwa muri za miliyoni nubwo ngo bitarabarurwa neza.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, yemeye ko amakuru y’inzara yahagaragaye mu minsi ishize yiswe izina rya “Nzamurambaho” ari ukuri.
Abatuye munsi y’isoko rya Kabarondo i Kayonza ngo babangamiwe n’amazi arimo imyanda utubari turekura akareka imbere y’ingo zabo.
Umugore w’imyaka 64 wo mu Kagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, yapfuye tariki 18/01/2016, abandi umunani barimo umugabo we n’abana be bacibwamo, nyuma yo kunywa ikigage bikekwa ko cyahumanyijwe.
Abahesha b’inkiko 42 batari ab’umwuga barahiriye kuzuza inshingano zabo, baziyongera ku bari basanzwe bityo irangizwa ry’imanza ryakundaga gutinda ryihute.
Umuvundo waranze kwinjira muri Sitade Huye abantu bajya kureba imikino ya CHAN watumye hari abicaye ahadatwikiriye kandi bari barishye ahatwikiriye.
Mu gihe agakiriro ka Kirehe kafunguriwe abubatsi,ababaji n’abandi banyabukorikori kuwa 18/01/ 2016 bamwe mu bahakoze barataka inzara bitewe n’ubwambuzi bakorewe.
Ubuyobozi bw’uruganda rutunganya umuceri ruherereye mu Karere ka Ruhango, buvuga ko bushobora gufunga imiryango bitewe n’iyangirika ry’umuhanda Kirengeri- Gafunzo- Buhanda.
Abatoza b’amakipe yitabiriye amarushanwa CHAN mu karere ka Rubavu batangaza ko biteguye neza guhatana no gutsinda mu mikino ya CHAN.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu mu nama yagiranye n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu mirenge n’Utugari yabasabye kwihutisha imihigo ikiri inyuma nk’ubwisungane mu kwivuza.
Ubwiherero bwa ECOSAN bwubatse mu Karere ka Kamonyi ntiburakoreshwa, kuko abaturage bataramenya kubyaza umusaruro w’ifumbire iwuvamo.
Abafundi bagera ku 130 bubatse ibyumba by’amashuri mu murenge wa Kazo bamaze imyaka itatu bishyuza miliyoni 15 bakoreye muri 2012.
Mu gihe byari bimenyerewe ko Boston Records n’ikigo cy’urubyiruko cya Nyamasheke bategura Kinyaga Award,kuri ubu hagiye gutorwa abazajya bayitegura by’umwihariko.
Abashinzwe ubuzima mu Karere ka Gakenke n’ubuyobozi bw’ibitaro bya Nemba baratangaza ko indwara nyinshi abaturage bakunze kurwara zituraka kw’isuku nke.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwahamagariye abaturage kwitabira kureba umukino uhuza Uganda na Mali utangira 18h kuko hari imodoka zibacyura n’urangira.
Umugabo witwa Niyibizi Frederic wo mu Kagari ka Musasa, Umurenge wa Gashari, Akarere ka Karongi yasanzwe yapfuye, icyamuhitanye kikaba kitaramenyekana.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gatsata bwiyemeje kurwanya amarebe ari mu bishanga bimwe na bimwe kuko abyangiza ntibibashe kubyazwa umusaruro.
Kasongo Mbuyi Clement, umusirikare wa RD Congo, wafatiwe mu Rwanda ku wa 7 Mutarama 2016, yashyikirije itsinda rya EJVM kugira ngo asubizwe iwabo.
Itsinda ry’abadepite kuri uyu wa 18 Mutarama 2016 ryasuye Akarere ka Nyamagabe rigasaba kwiha igihe isuku igahinduka umuco.
Ahitwa Rwafandi mu Karere ka Gicumbi habereye impanuka y’imodoka ya coaster yagonganye na Dayihatsu abantu 2 bahita bapfa 10 barakomereka.