Kuva ku mwana muto kugera ku muntu mukuru, abageze mu ishuri ndetse n’abatararikandagiyemo baturiye Ikivu, usangamo benshi bafite ikibazo cy’amenyo y’umuhondo asa n’ashiririye.
Ndazigaruye Faustin, wo mu Mudugudu wa Cyenjojo mu Murenge wa Rwempasha muri Nyagatare bamusanganye itaka ry’inzu n’iryo mu murima we arishyiriye umupfumu ngo wamubwiye ko byarozwe ndetse ngo inzu ayitashye yahita apfa.
Ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru burasaba abanyamuryango kugira uruhare mu kugenzura imikorere n’imicungire y’ibimina bya mituweri.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze LODA, gitangaza ko ibikorwa giteramo inkunga Akarere bigeze ku kigero gishimishije.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko abaganga bashya barangije Kaminuza boherejwe mu bitaro binyuranye byo mu gihugu bitezweho kongera ubwiza bwa servisi.
Abatuye Umudugudu wa Murindwa mu Kagari ka Birenga, Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma barishimira amazi meza begerejwe, bakaruhuka amasaha ane bakoreshaga bajya kuvoma ahitwa i Sine.
Amakipe azitabira Tour du Rwanda yamaze gutangazwa, aho ku makipe azahagararira u Rwanda hagaragaye mo amazina mashya muri Tour du Rwanda
Ikigo cy’igihugu cy’indege za Gisivire cyasabye abatuye mu Karere ka Muhanga kutagira impungenge igihe bazabona utudege tutagira abapilote mu kirere.
Abatuye mu midugudu irindwi y’utugari twa Kibungo mu Murenge wa Ntarama mu Bugesera, bamaze imyaka itanu bishyuye amafaranga yo kubazanira amashanyarazi ariko ntarabageraho.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyabihu bagiraga uruhare mu kwangiza Pariki y’Ibirunga, ni bo basigaye bayibungabunga kubera kugerwaho n’inyungu itanga.
Minisiteri ishinzwe imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) itangaza ko hari umushinga mugari uhuriweho n’inzego nyinshi uzafasha mu kubonera ibisubizo amazi y’imyuzi ava mu birunga akangiza.
Abanyeshuri 43 bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bunge mu Karere ka Nyaruguru, borojwe ihene, kugira ngo bibafashe gukurana umuco wo kwikorera.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette arahamagarira abacuruzi bakomeye kudasuzugura amamurikagurisha aciriritse kuko arimo ibanga rikomeye batazi.
Urugaga Nyarwanda rw’abahanga mu by’imiti rwemerewe kwinjira mu Ihuriro Mpuzamahanga ry’abahanga b’imiti (FIP), mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umwuga bakora.
Abaturage bo mu Bugesera bakoresha amavomo rusange mu mirenge itandukanye barasaba ko hajya hakurikiranwa abanyereje amafaranga y’amavomo aho gufungirwa amazi.
Amarerero rusange afasha ababyeyi gukora imirimo y’urugo badahangayikiye abana, kuko baba bafitiye icyizere uburere bari buhabwe n’abandi babyeyi baba babasigaranye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko umunyamuryango nyawe akwiye kurangwa n’ubunyangamugayo,kandi akubaha gahunda leta igenera abaturage.
Musabyimana Jacqueline wo mu Karere ka Nyamasheke, aterwa ishema n’akazi akora ko gukora inkweto, nubwo hari abo bigitangaza, bavuga ko ashaje.
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’imari n’igenamigambi muri uyu mwaka bwerekanye ko 91% bya’abatuye Intara y’Amajyaruguru bakorana n’ibigo by’imari.
Impuguke mpuzamahanga zaje ’kwita izina’ abana b’ingagi, zisaba ibihugu guca ubukene n’inzara mu baturage, kugira ngo urusobe rw’ibinyabuzima rudakomeza gukendera.
Ku munsi wa mbere w’imyitozo kuri Stade Amahoro, Mugiraneza Jean Baptiste na Sugira Ernest batangiye imyitozo hamwe n’abakina imbere mu gihugu
Ndengabaganizi Euphrem, umuhinzi wa kawa mu Karere ka Ngoma, arasaba ubufasha nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye hegitari eshanu za kawa ye.
Mu kumwe kumwe gusa kwa Kanama 2016, abantu 42 batawe muri yombi bakekwaho ubujura bw’inka n’ihene.
Perezida Kagame yatangaje ko mu gihe cya vuba RwandAir itangira ingendo zayo mu Murwa mukuru wa Benin, Cotonou, kubera imibanire ibihugu byombi bifitanye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko iterambere ritashoboka nta mutekano kuko ari wo musingi waryo agasaba buri wese kuwubungabunga.
Leta y’u Rwanda irateganya kuzakoresha ingengo y’imari ya miliyari 5.5Frw mu matora ya Perezida azaba mu kwezi kwa Kanama mu 2017.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, batangiye abatishoboye 30 bo muri uwo murengeumusanzu wa Mituweri.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru yashyizwe mu itsinda rya Kabiri muri CECAFA izabera Uganda kuva taliki ya 11-20/09/2016 muri Uganda
Ubuyobozi bw’Ikigo kigisha imyuga kikanagorora urubyiruko rwangiritse cya Iwawa buratangaza ko kuba bamwe mu bajyayo baba batazi gusoma no kwandika bidindiza amasomo bahabwa.
Abaturiye Umugezi wa Mashyiga mu Karere ka Karongi barasabwa kumva ko ibikorwa byawushyizweho mu rwego rwo kuwubungabunga ari inyungu zabo, bakabyitaho.
Abakozi bashinzwe iterambere mu tugari tugize Akarere ka Karongi barashinjwa intege nke mu ikorwa ry’amatsinda ya "Twigire Muhinzi".
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, Dushimimana Lambert, aranenga bamwe mu bakozi b’akarere bamunzwe na ruswa kuko ngo bihesha akarere isura mbi muri rusange.
Abatuye mu Isanteri ya Nyarutovu, mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi bafite impungenge z’amapoto y’ amashanyarazi ashaje akaba yaratangiye kubagwira.
Akarere ka Ruhango gafatanyije n’abaturage barimo kubakira imiryango 12 y’Umurenge wa Ruhango yari ituye nabi, kandi ngo bizageza mu mpera za Nzeri 2016, bamaze gutuzwa neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burihanangiriza bamwe mu baturage bateye umugongo kurara irondo.
Perezida wa Benin, Patrice Talon, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu aho biteganyijwe ko azasura igice cyahiriwe inganda n’ubucuruzi (Free Trade Zone) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itermambere (RDB).
Amapantaro y’amakoboyi acikaguritse azwi nka “Déchiré” yambarwa n’abantu batandukanye mu Rwanda, nyamara abenshi batanazi inkomoko yayo n’impamvu aba acikaguritse.
Abifite mu Karere ka Karongi barasabwa kongera ingufu mu kwita ku bana b’impfubyi kuko ababigiramo uruhare cyane ari abaciriritse.
Abaturiye ruhurura ya Mpazi mu Murenge wa Rwezamenyo w’Akarere ka Nyarugenge, baravuga ko kuva yakorwa, inzu zabo zazamuye agaciro.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruvuga ko bagenzi babo bagiye bandura Sida byagiye biterwa ahanini n’abantu bakuru babashukisha amafaranga, ariko hakaba n’abagiye bagemurwa na bagenzi babo.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, arasaba abaturage b’Umurenge wa Nyarubaka gushyira hamwe no gufasha abatishoboye kugira ngo na bo bagire ubuzima bwiza.
Abakinnyi batandatu mu ikipe y’igihugu Amavubi bamaze gusezererwa mu gihe iyi kipe ikomeje imyiteguro yo kwitegura umukino uzayihuza na Ghana kuri uyu wa Gatandatu
Abana batanu bo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze bafatiwe ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi bavuga ko bari bagiye guhanurira U Burundi.
Kuri uyu wa 27 Kanama, Maniragaba Elisa w’imyaka 26 yishwe atewe icyuma na Mugisha Emmanuel w’imyaka 16 bapfa isambusa.
Abarimu bo muri GS. Nyumba baratabariza mugenzi wabo Ferdinand Ndorimana wagize impanuka ikomeye, ubu akaba akeneye arenga miliyoni ngo abashe kwivuza.
Miss Kwizera Peace, igisonga cya mbere cya Nyampinga 2016, agiye kumurika igitabo yanditse gikangurira abana gusoma no gukunda umurimo bakiri bato.
Umubano wihariye hagati y’Akarere ka Gasabo n’aka Ngomba witezweho gufasha buri karere gucyebura akandi, kuko kamwe ari ak’icyaro akandi kakaba ak’umujyi.
Dr. Joseph Mungarurire, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere ry’Inganda (NIRDA), avuga ko umwaka wa 2018 uzarangira imiti yakorwaga na IRST yasubiye ku isoko.