Uko Polisi yiteguye gucunga umutekano muri CHAN-AMAFOTO

Polisi y’u Rwanda ihora iri maso kugira ngo hatagira ikintu icyo ari cyo cyose cyabangamira irushanwa rya CHAN ririmo kubera ku bibuga bitandukanye bya hano mu Rwanda.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Celestin Twahirwa, yavuze ko abapolisi nk’uko bisanzwe, bakora imyitozo ihoraho, bakaba kandi bahora biteguye kuburizamo ikintu cyose cyabangamira iri rushanwa.

Abapolisi biteguye kurinda umutekano n'ibikoresho bigezweho.
Abapolisi biteguye kurinda umutekano n’ibikoresho bigezweho.

ACP Twahirwa yagize ati “Abapolisi bashyizwe mu bice byose iri rushanwa rya CHAN riberamo, baherekeza abakinnyi, kandi kugeza ubu, nta kintu na kimwe kirarihungabanya ku buryo byatuma polisi itabara. Twishimiye uburyo abafana bakomeje kwitwara neza ku bibuga, tukaba twizeye ko iri rushanwa rizakomeza kugenda neza”.

Aha basohokaga aho bakorera mu modoka zabo
Aha basohokaga aho bakorera mu modoka zabo

Irushanwa rya CHAN rirabera ku bibuga bine aribyo: sitade Amahoro na sitade ya Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, sitade Huye mu karere ka Huye ndetse na sitade ya Rubavu mu karere ka Rubavu.

ACP Twahirwa yasabye abashoferi gutwara ibinyabiziga byabo bitonze, bakubahiriza amategeko y’umuhanda hagamijwe kwirinda impanuka iyo ari yo yose, ishobora guterwa n’umuvuduko ukabije, gutwara ikinyabiziga uvugira kuri terefone ndetse no kunyura ku zindi modoka baciye ahantu hashobora guteza impanuka.

Basohoka mu kigo cyabo berekeza ku bibuga ahabera CHAN
Basohoka mu kigo cyabo berekeza ku bibuga ahabera CHAN
Biteguye kujya ku bibuga kurinda umutekano
Biteguye kujya ku bibuga kurinda umutekano

Source: Polisi y’Igihugu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Polisi komereza aho urinde umutekano ni byiza kabisa. Hora ku isonga

Ntigurirwa yanditse ku itariki ya: 20-01-2016  →  Musubize

ntimukansetse hanyuma se ibi byatumye abantu batabyiganira kuri stade bamwe bagataha utamenya imyenda bambaye uko yasaga!! bakemure umuvundo uri ku mastade naho imvururu nta munyarwanda uteza imvururu,
ibyo nibikabyo babura gutabara nyuma

kigali yanditse ku itariki ya: 20-01-2016  →  Musubize

Iyi nkuru n’iyi myiteguro yo kuba hahoshwa imvururu ni sawa. KIGALITODAY murasobanutse!

Chantal yanditse ku itariki ya: 20-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka