Umuryango Nyarwanda ugamije guteza imbere kwakira abantu neza no kubaha serivisi nziza (RACCP) urasaba kutihanganira kwakirwa nabi no guhabwa serivisi mbi.
Itsinda ry’abantu 70 bahagarariye umushinga wateye inkunga ya miliyari 111 z’amafaranga y’u Rwanda (Frw) imishinga yo kuhira imyaka, bari mu turere tune tw’igihugu bayigenzura.
Abahinzi b’umuceri bo mu mirenge ya Kilimbi na Macuba mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko bugarijwe n’imisundwe kubera ko bahingisha ibirenge batikingiye.
Polisi y’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, yemereje i Kigali ko igiye kunoza amasomo agezweho yo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Maroc yari yitabiriye CHAN yasuye urwibutso rwaa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Gisozi mbere y’uko basubira muri Maroc
Abakozi ba Ngali Holdings Ltd n’ab’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro bahuguwe ku bijyanye no gukusanya amahoro y’inzego z’ibanze kuri uyu wa mbere.
Uwizeyimana Alexandre wo mu Karere ka Kirehe yafashwe n’abaturage nyuma yo kubaka amafaranga yiyita maneko wa Polisi yitwaje kubakemurira ibibazo.
Uruganda “Huye Mountain Coffee” rucuruza ikawa iri mu dufuka tw’ibitenge kuko basanze ari yo igurwa kurusha ipakiye mu bipapuro gusa.
Uruganda rw’umuceri n’amazu 14 byo mu Murenge wa Bugarama byasenywe n’imvura yaguye saa cyenda z’umugoroba ku wa 25 Mutarama 2016.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe irasaba abazatorerwa kuyisimbura kuzarangwa n’ubwumvikane n’ubwitange.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Oda Gasinzigwa akangurira abagore n’abakobwa kwitabira imirimo ijyanye n’ubukerarugendo kuko ngo itunga abayikora.
Nyuma y’imyaka itatu bahinga umuceri mu gishanga cya Mushimba, bahamya ko umusaruro bakuramo ufite agaciro kurusha ibyo bagihingagamo mbere.
Ikipe ya Maroc yamaze gusezererwa mu mikino ya CHAN, iravuga ko yakuye isomo ry’amahoro kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Kigabiro i Rwamagana bakekwaho icyaha cyo kwambura abaturage bababeshya ko ari abapolisi.
Abadepite bavuga ko mu karere ka Rusizi hagaragara imishinga myinshi yadindiye kubera gutereranywa n’abayobozi kandi yaratwaye umutungo w’igihugu.
Bamwe mu bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batishoboye bafite icyizere ko mu mu kwezi kwa 7/2016 bazaba batuye heza.
Ku itariki ya 24/01/2016, Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere hagamijwe kureba ibyagezweho.
Ikipe ya Congo nyuma yo gutsindwa na Cameroun bigatuma irangiza ari iya mu itsinda B,igiye guhura n’Amavubi aya mbere mu itsinda A mu mukino uzaba taliki ya 30/01/2016 kuri Stade Amahoro
Abikorera bo mu Karere ka Bugesera bafatanyije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) bashinze ishuri rikuru ry’ikoranabuhanga rifite ubushobozi bwo gutanga impamyabumenyi z’ikirenga.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Sabiti Atuhe Fred, utemerewe kongera kwiyamamariza kukayobora, yasabye imbabazi abakozi bakoranaga ku wo baba barahanganye.
Jenoside yakorewe Abayahudi yibukiwe ku rwibutso rw’iyakorewe Abatutsi, kuko bose bahuje akababaro, nk’uko byatangajwe na Ambasaderi wa Israel, Belaynesh Zevadia.
Abadepite barimo gusura Akarere ka Nyanza bagasabye kurandura burundu cy’indwara ya Bwaki.
Amazu 14 yari atuwemo n’abaturage n’ubwiherero 4 byo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, byasenywe n’imvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize.
Njyanama y’Akarere ka Gatsibo, ivuga ko ubutwari nyabwo ari ugukora neza ibyo ushinzwe, ukabikorana ubwitange kandi ukabikorera ku gihe.
Umuhanzi Danny Vumbi avuga ko ari we watoranyijwe mu bandi bahanzi ngo akore indirimbo y’intwari.
Inzego z’ubuyobozi n’abafatanyabikorwa mu kurwanya isuri baratunga agatokji abacukura amabuye y’agaciro kwangiza amasoko y’imigezi kubera kuyungururira amabuye mu mazi.
Umunyamakuru wa Radio Salus, Mahoro Jean de Dieu w’imyaka 29, wamenyekanye ku izina rya Giovanni Mahoro, yitabye Imana ku buryo butunguranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mutarama 2016.
Televiziyo y’ubucuruzi ya CNBC Africa igiye kuvana icyicaro na situdio byayo i Nairobi muri Kenya izimurire i Kigali muri Gashyantare 2016.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo burakangurira abaturage kugira isuku umuco umwanda ukaba amateka.
Nyuma y’iminsi 10 hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Irakoze Gabriel mu murenge wa Busasamana hongeye gutoragurwa umurambo w’umusore bamwe bashya ubwoba.
Itsinda ry’abadepite risura ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Ruhango, ririshimira intambwe imaze guterwa, rigasaba kongera imbaraga.
Mu nama yo kwemeza ingengo y’imari ivuguruye 2015/2016 y’Akarere ka Kirehe yateranye ku wa 22 Mutarama 2015 hiyongereyeho amafaranga miliyoni 385 n’ibihumbi 625 na 091 angana na 4%.
Abamotari bibumbiye muri koperative COTAMOTEKA mu Murenge wa Rubengera bavuga ko batangiye kubona ibyiza bya koperative kuko bagiye kugurizwa moto.
Akarere ka Nyamagabe karemeza ko zimwe mu nzibutso ziherereye mu mirenge, icyunamo kizagera zaruzuye, zigashyingurwamo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyaburera babarirwa muri 14% ni bo badafite Mitiweli mu gihe habura amezi atanu gusa ngo umwaka wayo urangire.
Kuri station ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, hafungiwe umugabo witwa Kamegeri Appolinaire ukekwaho gutera ivi umugore witwa Nyirangwera Scovia bikamuviramo urupfu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwamuritse aho imihigo Akarere kasinyanye na Perezida wa Repubulika igeze ishyirwa mu bikorwa, hanerekanwa ibisigaye gukorwa.
Imbwa zatezaga umutekano muke mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa gatanu zahawe imiti izica.
Abitabiriye imurikagurisha rito ku nkengero z’ikiyaga cya Rubavu bavuga ko batunguka nk’uko bari babyiteze kubera kubura abaguzi.
Mu gice cyagenewe inganda i Sovu mu Karere ka Huye, hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda ruzajya rutunganya ibiryo by’amatungo.
Mu mikino ya nyuma y’itsinda rya mbere,u Rwanda rwanyagiwe na Maroc 4-1 kuri Stade Amahoro,naho Cote d’Ivoire inyagira Gabon 4-1 kuri Stade Huye
Mu ruzinduko abadepite bagiriye mu nkambi ya Mahama ku wa 23/01/2016, bishimiye isuku basanganye impunzi, basaba ko bimwe byakosorwa kugira ngo irusheho kwiyongera.
Ibyumba by’amashuri 34 n’ubwiherero 44 bishya byuzuye mu Karere ka Ngoma byitezweho gukemura ikibazo cy’ubucucike mu mashuri no kongera ireme ry’uburezi.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho y’abaturiye ahubatse uruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri “MRPIC”, uru ruganda rwarihiye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza imiryango 68 itishoboye.
Sosiyete y’Abashinwa “China Road & Bridge Corporation” ikora umuhanda Nyamasheke - Karongi, ishobora kujyanwa mu nkiko mu gihe yaba ikomeje kwinangira kugomorora amazi yazibye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Baturage (UNFPA) ryashyikirije Ibitaro bya Kirehe ibikoresho bitandukanye bizifashishwa ku bagore babyara n’abandi bafite ibibazo byo mu nda.
Ubuyobozi bwa Polisi buraburira abagura amatike ya CHAN bakayamara ku isoko kugira ngo baze guhanika ibiciro.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda basuye Akarere ka Nyanza bishimira aho imirimo yo kubaka ibiro bishya byako igeze.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma yateranye tariki 22 Mutarama 2016, yemeje ingengo y’imari y’akarere ivuguruye isaga miliyari12, isaba abayobozi kwihutisha imihigo ikiri hasi.
Ku gitego kimwe cyatsinzwe na Christopher Katongo ku munota wa 41 w’umukino ,Zambia yaje guhita ibina itike yerekeza muri 1/4 cy’irangiza,mu gihe Uganda izategereza umukino wa nyuma w’itsinda