Gicumbi:Ubuvumvu bwitezweho kuvana urubyiruko mu bushomeri

Urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rwahuguwe uburyo bwo kororamo inzuki mu buryo bwa kijyambere kugira ngo bizarufashe kwiteza imbere.

Amahurwa y’umunsi umwe yaberaga mu murenge wa Kaniga ahitwa ku Mulindi tariki ya 19 /1/205; umukozi w’ikigo gishinzwe guteza imbere ubworozi bw’inzuki mu kigo cya Atic Limited(Agri Technology Innovation and Consultancy) Musoni Celestin atangaza ko guhugura urubyiruko rukamenya gukora ubuvumvu ari imwe mu nzira yo kugabanya ubushomeri mu rubyiruko.

Musoni celestin ari guhugura urubyiruko
Musoni celestin ari guhugura urubyiruko

Ubumenyi baha urubyiruko Musoni avuga ko hakubiyemo kumenya uburyo borora inzuki nyinshi mu muzinga 1 n’uburyo bazitaho bakamenya kuzihingira ibizitunga ndetse bakanamenya uburyo bagomba guhakura imizinga yabo batazishe.

Ubworozi bw’inzuki bwakozwe mu buryo bwa kijyambere umuzinga umwe uvamo hagati y’ibiro 10 na 15 ikilo kimwe kikagura ibihumbi 4 ku buki bwatunganyijwe neza.

Ati “Ibi tubikora mu rwego rwo kubaka urubyiruko rukeneye akazi kugira ngo na rwo rubashe kwihangira imirirmo rwivane mu bushomeri”.

Bamwe mwe mu rubyiruko rwitabiriye aya mahugurwa ruvuga ko nibinjira mu bworozi bw’inzuki za kijyambere bizarufasha kwiteza imbere nk’uko Munyeshyaka Patrice witabiriye amahugurwa abitangaza.

Munyeshyaka asanga nibakora neza ubu bworozi bizabafasha no kubona amafaranga abasha mu myigire yabo dore ko bamwe muri bo batangiye kwiga muri kaminuza.
Umukozi w’Akarere ka Gicumbi ufite mu nshingano ze urubyiruko Rwirangira Diodore avuga ko guhugura urubyiruko ari buryo bwo kurutegura kumenya kwihangira imirimo kugirango rwivane mu bushomeri.

Abahawe amahugurwa ku bworozi bw'inzuki
Abahawe amahugurwa ku bworozi bw’inzuki

Kuko inzuki zidasaba ibintu byinshi kuzorora asanga bizakemura ibibazo by’ingutu urubyiruko rwagaragazaga byo kubura igishoro cyo gukora imishinga mito mito iciriritse.

Ati “ Inzuki ntizisaba igishoro kinini iyo umuntu yamaze kugura imizinga ya kijyambere ntakindi aba asabwa uretse kuzishyira muri iyo mizinga.”

Akurikije umwero w’ubuki buva mu muzinga wa kijyambere asanga ari igisubizo ku rubyiruko rwo kwiteza imbere.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka