Abapfakazi ba Jenoside 17 bari bamaze amezi atandatu bahugurwa n’Ikigo cy’Ubucuruzi cyitwa Same Sky ngo bagiye kwiteza imbere babikesha ubumenyi bungutse.
Bisabwe na Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo hamwe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu kandi bigasuzumwa n’Inama y’Abaminisitiri ikabyemeza, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye imishahara y’abapolisi.
Abatuye i Kabarondo mu Karere ka Kayonza baravuga ko isuku y’ahagurishirizwa inyama muri uwo mujyi iteye inkeke, bagasaba ko hasukurwa.
Ibitaro bibiri bikorera mu karere ka Ruhango, bimaze kwamburwa amafaranga asaga miliyoni 25 n’abarwayi baza kuhivuriza barembye bakira ntibishyure.
Cooperative zo kubitsa no kuguriza amafaranga mu Rwanda zizwi nk’Imirenge sa SACCO zigiye kwinjira mu ihererekanya mafaranga ryifashisha ikoranabuhanga.
Ntawera Alphonse w’imyaka 45 wo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kwica umugore we.
Abarangije amashuri yisumbuye bari mu Itorero ry’Igihugu mu Karere ka Kirehe, ku wa 17/01/2016 bahawe izina ry’ubutore “Inkomezabigwi” n’icyivugo, nk’uburenganzira bwo kwitwa Intore.
Imyaka ikabakaba 10 ishize gahunda ya Girinka Munyarwanda itangiye,inka 4280 zimaze gutangwa muri iyi gahunda muri Nyabihu.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Santarafurika zambitswe imidari y’ishimwe kubera ubwitange, ubunyamwuga n’ikinyabupfura zigaragaza mu kazi.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi bavuga ko kubumba ari gakondo yabo batapfa kureka.
Abagize itorero “Indatwa n’abarerwa” ry’akagari ka Kagina mu Murenge wa Runda, ngo bakeneye amakikoro yo kubyaza inganzo zabo umusaruro.
Benshi mu byamamare hano mu Rwanda bakomeje kugaragaza ibyishimo batewe n’uko ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze ku mukino wa mbere.
Nyuma y’amasaha make ashyize hanze indirimbo yakoreye Amavubi n’Abanyarwanda kubera CHAN, Danny Nanone yashimishijwe no gukabya inzozi Amavubi agatsinda.
Basanze umurambo wa Niyonzima Benjamin w’imyaka 24 wo mu Kagari ka Nyabitare mu Murenge wa Nyarubuye mu murima w’ibigori nyuma y’iminsi itatu yaraburiwe irengero.
Intore z’inkomezabigwi ziri gutorezwa mu Karere ka Karongi zasabwe kuzirikana izina zahawe zigakomeza ibigwi by’igihugu zinasigasira ibyegezweho.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe, rwanze guhora rugendana amabaruwa yo gusaba akazi, rwihangira imirimo, rubasha kwiteza imbere.
Hari abaturage bo mu Karere ka Rusizi bagisiragira mu biro by’ubuyobozi, bitewe n’uko aho baka serivisi hataba hari ibirango bihagaragaza.
Bamwe mu rubyiruko ruhagarariye abandi mu karere ka Nyaruguru bavuga ko ibikorwa biteza imbere urubyiruko bidindizwa no kutagira ingengo y’imari.
Abatuye Akarere ka Gicumbi bagera kuri 11% ntibaratanga ubwisungane, mu gihe habura amezi atanu gusa umwaka w’ubwisungane mu kwivuza ukarangira.
Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo inyagiye EthiopiaIbitego 3-0 ku mukino wa mbere w’itsinda rya Kabiri wabereye kuri Stade Huye kuri iki cyumweru
Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, tariki 17/01/2016, inzu yagwiriye umukecuru Kambera Marcianna w’imyaka 75 wo mu Karere ka Rurindo, ahita apfa; abana babiri bararusimbuka.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa umugabo wa Celine Dion, Réné Angelil, yishwe na kanseri, musaza we, Daniel Dion, na we yitabye Imana azize iyi ndwara.
Abakobwa bane muri barindwi bahataniraga itike yo guhagararira Intara y’Amajyepfo mu marushanwa ya Miss Rwanda 2016, baraye batambutse kuri uyu wa 16 Mutarama 2016.
Amakoperative 2 y’abakarani ngufu yo mu rusisiro rwa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare arasaba ubuyobozi kubahuza kuko amakimbirane bafitanye ashobora kubyara urugomo.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Ngororero baravuga ko batewe n’inzara yitwa “Warwaye ryari” ikaba yaratewe no kuteza neza.
Abantu bakunda kugaragara mu masaha y’amanywa mu tubari basinze ngo bari mu bateza amakimbirane mu miryango yo mu Karere ka Gakenke.
Bamwe mu baturage b’Intara y’Iburasirazuba kugeza ubu ntibakozwa ibyo guhinga ibihingwa byatoranyijwe nk’uko biteganywa na gahunda ya Leta yo guhuza ubutaka.
Abaturage benshi b’Akarere ka Huye baravuga ko babukereye kugira ngo birebere imbonankubone imikino ya CHAN yabegerejwe.
Inama ya Njyanama y’Akarere irangiza igihembwe cya 2 cy’umwaka 2015/2016 yateranye ku wa 14/01/2016 bishimira ibyo bagezeho muri bashoje.
Imbere ya Perezida wa Republika y’u Rwanda,Amavubi atsinze Côte d’Ivoire igitego 1 ku busa cyatsinzwe na Emery Bayisenge kuri Coup Franc
Bamwe mu baturage cyane abasore n’inkumi mu Ngororero bavuga ko amikoro make ari yo atuma abasore bamwe bahitamo guterura.
Abaturage baturiye umugezi wa Makambazi ukora ku Mirenge ya Rugabano na Gashari bavuga ko nibadatabarirwa hafi ushobora kubatwaramo bamwe.
Mu gihembwe cy’ihinga cya 2016 A ibipimo by’ifumbire mvaruganda ikoreshwa mu karere ka Gakenke, byagabanutseho hafi ½ cy’iyari isanzwe ikoreshwa.
Bamurangirwa Patricia wanditse ibitabo bitatu bivuga ku Rwanda, akangurira Abanyarwanda kwiyandikira amateka yabo aho kubiharira abanyamahanga banayagoreka.
Abacuruzi bo mu Karere ka Gatsibo, baremeza ko amabwiriza mashya mu gusora amaze gutuma hagaragara impinduka nyinshi mu mikorere yabo.
Mu gukaza umutekano w’abantu n’ibintu mu karere ka Gicumbi ubuyobozi bwafashe ingamba zo kurwanya ubujura buciye icyuho mu ngo z’abaturage.
Abahinzi ba kawa mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa kwita mbere na mbere ku yo bafite kurusha gushaka kongera ubuso ihinzeho.
Bamwe mu bahawe inkunga y’ingoboka muri VUP mu Karere ka Muhanga bakayicunga neza bavuga ko biteje imbere bahindura ubuzima.
Abakorera mu ibagiro ry’Umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bavuga ko babangamiwe n’umwanda uri aho bakorera kuko babagira hasi.
Abasore 32 bo mu murenge wa Musheri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyagatare bakekwaho kujujubya abaturage babiba.
Ngiruwonsanga Maurice w’imyaka 30 na Ntakaburimvano Angelique w’imyaka 28 bapfiriye mu nzu yabo ku wa 14 Mutarama 2016 maze hakekwa kwa baba bishwe n’inkuba.
Abanyamahirwe 50 begukanye ibihembo muri Tombola ya fagitire z’imashine itanga inyemezabwishyu (EBM) mu Karere ka Rubavu bakoresheje fagitire zo m’Ukuboza 2015.
Jean-Marie Vianney Gatabazi, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, nyuma yo gutanga amaraso, arakangurira abandi Banyarwanda kuyatanga.
Kuri uyu wa gatanu ahagana ku i Saa sita n’iminota 20 nibwo ikipe y’igihugu ya Nigeria Super Eagles yari imaze gusesekara Kanombe I Kigali
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko igihe cyari giteganyijwe cyongereweho iminsi itanu ku bifuza gutanga kanditatire ku myanya y’ubuyobozi mu turere.
U Rwanda, Uganda na Kenya bihuriye Ku Muhora wa Ruguru (Northern Corridor), biravuga ko byamaze kunoza uko bizatabarana mu bya gisirikare.
Mbabazi Berise, umunyeshuri wanikiye abandi bose mu Rwanda mu bizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, yatangaje ko arangamiye kuzaba umuganga.
Ndayisaba Godfroid arasaba ubufasha nyuma y’uko inkuba ikubise inka ze z’imbyeyi enye, indi ihaka n’ikimasa kimwe; zigapfa zose.
Nubwo bamwe mu babumbyi bateye intambwe yo kubumba ibikoresho bifite agaciro, bavuga ko nta soko rihamye bafite.