CHAN: Zambia itsinze Zimbabwe mu itsinda D

Ku munsi wa mbere w’imikino yo mu itsinda rya kane (D),ikipe ya Zambia yabashije gutsinda ZImbabwe,igiyego cyatsinzwe na Isaac Chansa

Kuri Stade Umuganda iherereye i Rubavu,ikipe ya Zambia izwi ku izina rya Chipolopolo,yatsinze ikipe y’igihugu ya ZImbabwe basanzwe bahangana dore ko ari n’ibihugu by’abaturanyi,

Zambia na Zimbabwe mbere y'uko umukino utangira
Zambia na Zimbabwe mbere y’uko umukino utangira

Ikipe ya Zambia niyo yatangiye isatira ikipe ya Zimbabwe,gusa Zimbabwe nayo ikomeza kugerageza gutsinda igitego,ariko amakipe yombi ntiyabasha kurangiza igice cya mbere abonye igitego.

Isaac Chansa watsinze igitego cya Zambia
Isaac Chansa watsinze igitego cya Zambia

Ku munota wa 56 w’umukino ubwo igice cya kabiri cyari kimaze akanya gato gitangiye,Isaac Chansa yaje gutsinda igitego cyiza,gusa umutoza aza guhita amusimbuza.

Abafana biganjemo aba Uganda bari benshi kuri uyu mukino
Abafana biganjemo aba Uganda bari benshi kuri uyu mukino
Abafana bari benshi cyane
Abafana bari benshi cyane
Uwo nawe yari gufana
Uwo nawe yari gufana
Abafana binjiraga umunota ku wundi
Abafana binjiraga umunota ku wundi
Hanze ya Stade mbere y'umukino
Hanze ya Stade mbere y’umukino

Zambia yari iyobowe na Christopher Katongo mu kibuga yakomeje gushakisha igitego cya kabiri,ariko ntibyaza kuyikundira,ndetse na Zimbabwe yifuzaga byibura kwishyura ntibyaje kuyikundira,maze umukino urangira ari igitego 1 cya Zambia ku busa bwa bwa Zimbabwe.

Nyuma y’uyu mukino umutoza wa Zimbabwe wari umaze gutakaza uyu mukino yavuze ko ahanini babuze amahirwe kandi abasore be ishyaka bari bafite bagomba kurigumana no ku mukino utaha.

Umutoza wa Zambia we yatangaje ko ashimishijwe no kuba batsinze uyu mukino ndetse kandi bigomba kubafasha no gutsinda indi mkino ikurikira,anavuga kandi ko byose babikesha kuba abakinnyi bamaze kumenyerana .

Andi mafoto

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka