Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 umuryango AVEGA Agahozo umaze, abanyamuryango bawo bavuga ko bigejeje kuri byinshi babifashijwemo nawo.
Mu rwego rwo kwirinda ubujura bw’amatungo, bamwe mu borozi bo mu karere ka Nyaruguru barifuza ko amatungo yahabwa ibiyaranga.
Abayobozi b’Imirenge n’Utugari muri Rusizi na Nyamasheke, biyemeje ko uyu mwaka urangira bageze nibura kuri 80% mu bwisungane mu kwivuza.
Abakozi bo mu rwego rw’imfungwa n’abagororwa muri Burukina Faso batangaza ko uburyo RCS icunga amagereza byakagombye kubera urugero ibindi bihugu.
Stromae, yakodesheje Hotel yose akoreramo ubukwe anakiriramo abatumirwa 170 barakesha kuri uyu wa gatandatu tariki 12 Ukuboza 2015.
Mu kigo cy’igihugu cyigisha amahoro (RPA) mu Karere ka Musanze, harimo gutangirwa amasomo yo kurinda abasiviri mu gihe habungabungwa amahoro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’umuryango “Uyisenga ni Imanzi“ baratangaza ko bagiye guca umuco wo gusiga abana ku mupaka.
Abarwanyi ba FDLR bashyizwe mu Nkambi ya Kisangani bahakaniwe n’intumwa y’umunyamabanga wa UN kubahuza n’u Rwanda mu biganiro basaba.
Groove Awards yatanzwe ibihembo ku bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana bakoze cyane kurusha abandi mu 2015 mu Rwanda.
Uruganda rw’imyumbati rwa Kinazi ruri hafi gutangira gukoresha nyiramugengeri igasimbura mazutu yari isanzwe ikoreshwa mu kumutsa ifu y’imyumbati.
Muri 1/8 cya UEFA Champions league,Arsenal yo mu Bwongereza yongeye gutombora FC Barcelona,naho Chelsea yongera guhura na Paris St Germain iheruka kuyisezerera
Mu ijoro ryo ku wa 11 Ukuboza 2015, ahitwa i Sovu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye abantu bane bagwiriwe n’inzu, batatu bahita bapfa.
Abadepite baravuga ko nk’intumwa za rubanda, bashyize mu bikorwa ibyifuzo by’abaturage; bakabasaba kwitabira amatora ya referandumu tariki 18 Ukuboza 2015.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo n’abiga mu ishuri rya Gikomero, barizeza kuzamuka kw’ireme ry’uburezi nyuma yo guhabwa inkunga irimo za mudasobwa.
Mucyo Shaffy utegura “Rwandan Fashion Show” arakangurira urubyiruko bagenzi be gutinyuka nabo bakaba bakabya inzozi zabo nk’uko nawe byamugendekeye.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango mu gace k’Amayaga, bamaze kwinjiza amafaranga angana na Miliyari babikesha uruganda rw’imyumbati begerejwe na Perezida Kagame.
Aborozi ba kijyambere mu karere ka Nyagatare barifuza ko bafashwa kubona imbuto y’ubwatsi bwahingwa bukoroha n’ihunika ku buryo bahangana n’izuba.
Abantu 3 bakurikiranyweho ibyaha by’urugomo na polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Nyanza umwe muri bo yafashwe abandi 2 baratoroka.
Abaturage batuye mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze baratangaza ko icyo gukora ku munsi wa Referandumu bakizi.
Abaturage bo mu Bugesera barashima intumwa za rubanda ko zitirengaje ibitekerezo bazihaye ubwo bakiraga ibitekerezo by’abaturage ku ivugururwa Itegeko Nshinga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rwamagana bavuga ko ubukene n’imyumvire ikiri hasi ari byo bitera imirire mibi mu bana.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC East) riri gutanga amasomo afasha abana mu biruhuko, gukunda umwuga binyuze muri gahunda bise “Space for children”.
Madame Jeannette Kagame yizihirizanyije iminsi mikuru n’abana, abifuriza noheli nziza n’imiryango yabo.
Umukozi wa Mount Kenya University (MKU) mu Karere ka Ngororero avuga ko gutangiza amasomo muri ako karere byahagaritswe no kubura umubare uhagije w’abanyeshuri.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, bishimiye ko Inteko Inshingamategeko yise ku byifuzo byabo ku ngingo y’101 yahindurwa.
Mu biganiro intumwa za rubanda zigirana n’abaturage ku matora ya referendum yo ku wa 18 Ukuboza 2015 bazitangarije ko biteguye gutora yego nk’inzira zerekeza ku cyifuzo cyabo cyo kuyoborwa na Perezida Kagame.
Depite Mukama Abasi akaba na Visi Perezida wa kabiri w’Inteko Ishingamategeko, yabwiye abaturage b’Umurenge wa Kabarore ko ibyo basabye bifite.
Abakorera mu agakiriro ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’imvura ibanyagirira aho bakorera igahagarika imirimo yabo arinako inabahombya yangiza ibyo bakoze.
Ubuyobozi bushya bw’abanyeshuri ba kaminuza ya Kibogora Polytechnic (KP) bwarahiriye ku mugaragaro kuzayobayobora neza babizeza ubuvugizi ku bibazo bahura nabyo.
Nsabimana Sylvain yabaye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, nyuma y’amezi icyenda uwo asimbuye afungiwe amakosa yo gutanga amasoko binyuranije n’amategeko.
Abasirikare n’abasiviri 23 barangije amahugurwa ku bijyanye n’imikoranire y’inzego zombi mu Kigo cy’igihugu cy’Amahoro cya Nyakinama (RPA), baratangaza ko ubwo bumenyi buzabafasha.
Abakuru b’imidugudu mu Karere ka Musanze, baribaza uburyo bazigishamo abaturage kwaka ibyangombwa bifashishije ikoranabuhanga mu gihe ubwabo badasobanukiwe uko rikoreshwa.
Aborozi ba kijyambere mu karere ka Nyagatare barifuza ko bafashwa kubona imbuto y’ubwatsi bwahingwa bugahunikwa, ku buryo bwabafasha guhangana n’izuba.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare muri Rusizi, bishimiye ko ibyifuzo bagejeje ku ntumwa za rubanda byasubijwe, bakaba bagiye kugaragaza icyabari ku mutima.
Muri tombola y’uko amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo agomba guhura,APR FC yatomboye Mbabane Swallows naho Police itombora Atlabara
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imali cya Zigama CSS butangaza ko muri 2020 buzaba bufite imali igera kuri miliyari 470 bitewe n’izamuka igaragaza.
Minispoc na Mineduc binyuze muri WDA basinye amasezerano y’ubufatanye yo gushyiraho ibigo byigisha imikino mu Rwanda kuva intangiriro za 2016
Komisiyo y’Amatora (NEC) mu Karere ka Rubavu iratangaza ko imyiteguro y’amatora igenda neza, kuko 94% by’abahatuye bamaze gufata amakarita y’itora.
Polisi y’Igihugu yerekanye ibicuruzwa byiganjemo amavuta yo kwisiga bifite agaciro ka miliyoni 14.5Frw, byambuwe abacuruzi muri uyu mwaka wa 2015.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi barasabwa kurwanya ingeso zihagaragara zo kurwana ziviramo abaturage ibyaha byo gukubita no gukomeretsa.
Abagore bari mu nama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba, baravuga ko hari amategeko akwiye kuvugurwa kuko agitambamira uburenganzira bw’abagore.
Komisiyo y’igihugu n’uburenganzira bwa muntu iratangaza ko ibiyobyabwenge biri mu bitera ihohotera ry’ikiremwa muntu mu Rwanda.
Abatuye mu murenge wa Minazi akarere ka Gakenke barishimira ikigo nderabuzima begerejwe, bakaba batagikora ingendo ndende cyangwa ngo bivuze magendo.
Nyuma yo kwitwara neza akegukana Tour du Rwanda 2015,Nsengimana Jean Bosco na Hadi Janvier bamaze gusinya umwaka muri Bike Aid yo mu Budage
Ihererekanya ry’ubutaka mu gihe cyashize ryajyaga rimara imyaka ibiri cyangwa ikarenga none ubu ngo rigeze aho rikorwa mu munsi umwe.
Abaturage bo mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko biteguye kuzitabira amatora ya Kamarampaka, kuko bibazaga iherezo ry’ibitekerezo batanze ku ivugururwa ry’Ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Mme Jeannette Kagame basabye Ihuriro ry’Urubyiruko rw’Umuryango Imbuto Foundation, kwifashisha amahirwe rufite, rugahindura abandi.
Abunzi bo mu Karere ka Kayonza baravuga ko amahugurwa bahawe na IRC yatumye bamenya amategeko bifashisha mu kunga Abanyarwanda.