Mu birori by’umunsi w’Intwari z’u Rwanda byabereye mu Karere ka Nyanza, hari abifuje ko n’“Umuturage Utazwi” yahagararirwa mu byiciro by’intwari.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yunamiye intwari azihesha icyubahiro, ariko ngo binasobanura ko urugamba rwo guharanira ubutwari rukomeje.
Mu gihe manda y’abayobozi b’uturere yarangiye, Léandre Karekezi wayoboraga Gisagara, atangaza ko mu byo atabashije kugeraho, kaburimbo iri mu byamubabaje.
Byukusenge Gaspard wayoboraga Akarere ka Rutsiro na Nyirabagurinzira Jacqueline wari umwungirije ashinzwe imibereho myiza, bavuga ko bashoje manda y’imyaka 5 hari ibyo batagejeje ku baturage.
Umuhanzikazi Teta Diana yasinye amasezerano na Africori, ikigo mpuzamahanga gicuruza umuziki w’abahanzi banyuranye bo muri Afurika.
Mu gihe cy’imikino ya CHAN, imikino yagiye yitabirwa n’abantu benshi kurusha kuri sitade Huye ni iyari irimo ikipe ya Congo.
Abaturage bo mu murenge wa Gasaka, barinubira kuba barafungiwe amazi, bigatuma bashoka ibishanga, ubu bakaba bararwaye inzoka na malariya.
Inzego z’urubyiruko mu Karere ka Muhanga zivuga ko rukigorwa no gutegura imishinga iciriritse kugira ngo rubashe kwiteza imbere.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo Munyatwari Alphonse aratangaza ko kuba hari abagize komite nyobozi z’uturere bararangije manda bitaba urwitwazo rwo gukora amakosa.
Abacuruzi bakorera mu duce tumwe na tumwe mu Karere ka Ngororero, bakwepa abaka imisoro kuko ngo bakwa amafaranga menshi.
Zikama Eric wahawe inshingano zo kuyobora Akarere ka Kirehe mu gihe cy’inzibacyuho asanga azatunganya inshingano ze neza kuko abifitemo uburambe.
Bamwe mu bakozi bo mu rugo bishimira amahugurwa bahawe ku itegeko ry’imbonezamubano kuko ngo rizabarinda ingorane zo gushyingirwa bitemewe n’amategeko.
Abanyehuye bavuga ko n’ubwo bababajwe n’uko u Rwanda rwavuye mu marushanwa rutsinzwe na Congo tariki 30/1, byibura CHAN yabasusurukije.
ARCT-Ruhuka yasoje amahugurwa y’iminsi 2 yaberaga kuri Nyirangarama yari agamije kongerera ubumenyi abafatanyabikorwa bo muri sociyete sivile n’inzego z’ubuyobozi.
Visi Perezidante wa sena, Senateri Gakuba Jeanne d’Arc yibukije abaturage b’Umurenge wa Mubuga, Akarere ka Karongi ko nta wundi uzabubakira igihugu.
Abantu bataramenyekana bateye Sacco Gitesi iri mu Murenge wa Gitesi, Akarere ka Karongi, biba amafaranga nyuma yo kwica uwayirindaga.
Abanyehuye bafite amazu acumbikwamo n’abagenzi hamwe n’abafite amaresitora, bavuga ko CHAN itabagendekeye uko bari babyiteze, kuko abafana bari biteguye kwakira batababonye.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 29/01/2016, habaye ihererekanya bubasha hagati ya komite nyobozi icyuye igihe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rulindo.
Ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Ikigega Agaciro Development Fund, abamotari biyemeje gukangurira Abanyarwanda gushyigikira iki kigega bifashishije utwandiko twometswe kuri moto.
Kuri uyu wa 29 Mutarama, nyobozi y’Akarere ka Nyagatare isezera ku bakozi, yashimiwe ko yubahirije indahiro.
Akarere ka Kirehe gakomeje ubuvugizi ku bafite ubumuga bw’ingingo aho 53 bamaze kugezwaho amagare yo kubafasha kwitabira gahunda za Leta baniteza imbere.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, aravuga ko ubwiyongere bw’indwara ya Malariya bwatewe n’uburangare bw’abayobozi n’abaturage bagabanyije umurengo mu kuyirwanya.
Republika iharanira Demokarasi ya Congo itsinze Amavubi ibitego 2-1,ihita iyisezera muri 1/4 cy’imikino ya CHAN mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa gatandatu
Imodoka za Coasters zirenga 30 zambutse umupaka uhuza u Rwanda na Congo wa Rubavu zirimo Abakongomani baje gushyigikira ikipe yabo Leopards, mu mukino uri buyihuze n’iy’u Rwanda Amavubi.
Active yashyize hanze indirimbo bise “Amafiyeri” ikaba ari indirimbo ngo bakoze kugira ngo izasetse abakunzi babo ndetse inabaruhure mu mutwe.
Abayobozi b’Akarere ka Gakenke bacyuye igihe baratangaza ko bishimira ko bashoboye gusigasira umutekano muri ako karere kigeze kuba indiri y’abacengezi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango burasaba abaturage kwirinda gukoresha nabi inzitiramubu bahawe, kugira ngo badakomeza kwikururira maraliya yari kimaze iminsi yaragarutse.
Mu mukwabo wa Polisi tariki ku wa 29 Mutarama 2016 mu Karere ka Ruhango, hafashwe moto 27 zitujuje ibyngombwa.
Abahinzi ba kawa bo mu Karere ka Gicumbi baravugako bahura n’imbogamizi zo kubura ibikoresho bibafasha gukorera Ikawa kugira umusaruro wiyongere.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abakozi b’akarere ka Burera kumvira umuyobozi w’inzibacyuho kugira ngo akarere katazasubira inyuma mu iterambere.
Abari abayobozi b’Akarere ka Rubavu barangije manda yabo, bavuga ko basigiye akarere ikibazo cy’amahoro y’akarere ari macye bitewe n’abayasoresha.
Nk’uko bisanzwe buri wa gatandatu usoza ukwezi Abanyarwanda n’abatuye mu Rwanda bose bazindukira mu gikorwa cy’umuganda. kuri uyu wa gatandatu tariki 30 Mutarama 2016 naho habaye umuganda wa mbere w’umwaka wa 2016.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi ikibazo cy’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi cyazamutseho 0,7% mu kwezi kumwe, byatewe n’ababyeyi batitabira igikoni cy’umudugudu.
Ntibimenya Theogene w’imyaka 45 utuye mu Kagari ka Nyabisagara mu Murenge wa Mukindo, yishe umugore we amusunitse ariko atabishakaga.
Koperative Umurenge SACCO Jabana muri Gasabo yabuze amafaranga yo guha abaturage bayibikijemo, none bamwe ngo babuze uko bajyana abana kwiga.
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) yihanangirije abahesha b’inkiko b’umwuga barahiye, ababwira ko abatazubahiriza amategeko bazabihanirwa, ndetse bigatesha agaciro urugaga rwabo.
Nyuma y’uko urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyarushishi mu Karere ka Rusizi rwaranzwe no kudindira, ubu noneho ngo rugiye kuzura.
Urubyiruko 80 rw’abanyeshuri b’Abayisilamu bari mu biruhuko bahuguwe ku ndangagaciro za Islam zibarinda uwabashora mu bikorwa bihungabanya amahoro.
Abana batuye Umurenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, bashimishwa no kubona ibigori byeze bakabona ikiraka cyo kubihungura bakabona amafaranga.
Komisiyo y’Amatora iratangaza ko kwakira abakandida ku myanya y’ubuyobozi mu turere byahagaze hakiriwe abakandida 2068 bahatanira imyanya 832.
Ambasaderi w’igihugu cya Misiri mu Rwanda, Dr. Namira Negm, yatanze isomo muri Kaminuza y’u Rwanda ku mategeko mpuzamahanga arengera ikiremwa muntu.
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi ucyuye igihe arasaba abazaba bagize komite nyobozi izasimbura isanzweho gukorera hamwe ndetse bagaharanira inyungu rusange.
Manda ya komite nyobozi y’Akarere ka Nyamagabe irangiye hari imihigo ikomeye itagezweho harimo umuhigo wo kubaka inyubako y’Akarere n’isoko rya kijyambere.
Nyuma y’igihe kinini abahinzi b’icyayi ba Gatare basaba umuhanda n’uruganda amaso yaraheze mu kirere, umuhanda Hanika - Kivugiza w’ibilometero 14 watangiye gukorwa.
Polisi y’u Rwanda, ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ikomeje kwibutsa abatwara abagenzi kwihutisha igikorwa cyo gushyira mu modoka bakoresha utwuma dukumira umuvuduko urenze uteganyijwe.
Akarere ka Nyagatare ntikumvikana n’Ikigo cy’Igihugu gishizwe iby’amazi n’amashanyarazi (REG-EUCL) ku mwenda usaga miliyoni 262Frw kakibereyemo, nyuma y’amasezerano bagiranye mu myaka itanu ishize.
Abajura bataramenyekana bateye SACCO y’Umurenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru bica umwe mu bayirindaga, uwari usigaye akizwa no kuvuza induru.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri koperative Urumuri Nyarugenge mu Bugesera, barasaba ko bakwishyurwa miliyoni 60Frw y’imyaka yabo yangijwe n’amazi y’uruzi rw’Akanyaru.
Abari abayobozi b’Akarere ka Rubavu bashoje manda yabo, baravuga ko bashoboye gutumikira abaturage nubwo batengushywe n’igihe ntibarangize ibyo basabwe.
Muri ibi bihe by’inzibacyuho ya manda z’inzego z’ibanze, abasigararanye inshingano barasabwa kuba maso, gahunda z’iterambere zigakomeza, nta wunyuranyije n’amategeko.