Perezida wa Sena y’u Rwanda Bernard Makuza yavuze ko ubuyobozi bubi ari bwo bwagejeje u Rwanda kuri Jenoside, ariko akishimira ko ubundi buyobozi bwiza ari bwo bwongeye kubaka igihugu.
Muri Jenoside Mukanyana Vestine baramutemye ariko ntiyapfa, n’uwamukuye mu mirambo aho bari bamujugunye amujyana iwe akajya afatanya na murumuna we kumufata ku ngufu.
Inzu 32 zifite agaciro ka miliyoni 704 z’amafaranga y’u Rwanda zizubakirwa abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatsi mu karere ka Rubavu.
Abaturage basanze Umukobwa witwa Nirere Clementine n’umuhungu witwa Rwabukamba Emmanuel mu nzu bapfuye, bakeka ko bishwe n’imbabura yabahejeje umwuka.
Minisitiri Amb. Gatete yatangiye kubona ibimenyetso bya mbere by’imikoreshereze mibi y’amafaranga muri MININFRA.
Niyonziza Felicien Perezida wa Ibuka mu karere ka Gatsibo avuga ko imiryango y’Abatutsi barenga 400 bishwe mu byitso itarabona ubutabera.
Karerangabo Stanislas wo mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera afunzwe nyuma yo gutema inka ebyiri z’umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’abadepite, Hon Mukabalisa Donatilla, yemeza ko gutereranwa no kwibasirwa n’amahanga ari byo byahaye Abanyarwanda imbaraga zo kwigira.
Abakozi b’ikigo cya Zipline gicunga ikoreshwa ry’utudege tutagira abapilote (Drones) cyo muri Muhanga baremeye bamwe mu batishoboye barokotse Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Mata 2018, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Abayobozi mu nzego zose n’abaturage bo mu Karere ka Rusizi basabwe kurushaho gucunga umutekano mirenge ikora ku mipaka y’ibihugu bya Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.
Nyirabanze Clemence ni umubyeyi w’imyaka 56, wo mu Murenge wa Rambura, Akarere ka Nyabihu. Iyo akubwira ibyamubayeho mu myaka 24 ishize ugirango byabaye ejo hashize.
Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko cyababajwe n’umusirikare w’u Rwanda wapfiriye mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, aho yari mu Mujyi wa Bangui mu gikorwa cy’ubutabazi.
Harerimana Blaise, ushinzwe igenamigambi mu Karere ka Rubavu ari mu maboko ya Polisi aho akurikiranyweho kurigisa mudasobwa enye zibika amakuru y’igenamigambi ry’akarere n’imihigo.
Pascal Nyamulinda wari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yamaze kwegura ku buyobozi bw’umujyi, ariko kugeza ubu nta makuru aratangazwa ku mpamvu yatumye yegura.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu IBUKA uratangaza ko uri hafi gutangira gukoresha ibizami byo kureba uturemangingo tw’imibiri yabonywe kugira ngo hemezwe uwishwe.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge, bahangayikishijwe no kubona ba ruharwa bidegembya.
Imbuto za Pomme n’imizabibu ziva muri Afurika y’epfo zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda hafi miriyoni, zangijwe nyuma yo guhabwa akato aho bigaragariye ko zikomeje gutera indwara zidasanze zikomeje gutwara abantu ubuzima.
Senateri Tito Rutaremara avuga ko cardinal Giuseppe Bertello wari intumwa ya Papa mu Rwanda yahaye umugisha imihoro yatemye abanyarwanda atabizi.
Rwasamirera Jean Damascene wigeze kuba umudepite akaba n’inararibonye mu mateka y’u Rwanda, avuga ko u Bubiligi bukwiye kuzaryozwa uruhare rwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo kuko ari bwo bwigishije amatwara yayo abayikoze.
Perezida Paul Kagame yemeza ko amateka y’u Rwanda atemerera abayobozi gukora batarasa ku ntego, kuko ibyo bakora bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage.
Umuryango nyarwanda uba mu Bushinwa n’inshuti zabo bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya kane Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urugaga rwabikorera(PSF) rwatangaje ko rugiye kubakira no kuremera ingo zirenga 100 mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ingabo za RDF aho ziri hirya no hino mu butumwa bw’amahoro muri Afurika zifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bwa Ibuka mu Karere ka Musanze, buremeza ko Musanze yahoze yitwa Ruhengeri ariyo yabaye indiri yo gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside m’u Rwanda.
Murangwa Eugene, yari umuzamu w’Ikipe ya Rayons Sport izwiho kuba yaragize abafana benshi kuva mu bihe bya kera, ndetse no mu bihe by’ubu bikaba bikiri uko.
Polisi irimo gukora iperereza ku rupfu rwa Budesiyana Mukampfizi wo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo wari wararokotse Jenoside akaba yarishwe mu ijoro ryo ku wa 6 Mata 2018.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bahangayikishijwe n’uko umubare munini w’Abarundi bakoze ubwicanyi ndengakamere barangiza bakitahira bazagezwa imbere y’ubutabera.
Ambasade y’u Rwanda muri Repuburika ya Congo (Brazzaville) yatangije ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Burende (blindé) Inkotanyi zarasiye ku gisozi yahinduwe urwibutso rw’amateka, bitewe n’uko yari igiye gutsemba Abatutsi bari bihishe mu mirenge ya Kinyinya, Gisozi na Jabana.
Leta ya Amerika yasohoye itangazo ryihanganisha Abanyarwanda mu gihe cyo kwibuka ariko uburyo ryanditswe byateye bamwe kwibaza impamvu batise Jenoside inyito yayo.
Uwitwa Nsengiyumva Francois afunzwe azira amagambo yavuze agaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside no kuba yaraguze umuhoro akigamba ko agomba gutema abaturage.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) urasaba ko hakwiye kubaho imitegurire yihariye y’abakoze Jenoside basoza ibihano, mbere y’uko basubizwa mu miryango.
Mu biganiro Komisiyo yo kurwanya Jenoside CNLG irimo guha abaturage, hatangajwe uburyo Ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zitarwanyaga umuntu utazisagariye.
Abanyarwanda bibumbiye muri Diaspora ya Brisbaine muri Australia, bifatanyije n’abaserukiye u Rwanda mu mikino ya Commonwealth mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa gushyira imbaraga mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, hashyirwa imbaraga cyane cyane mu bikorwa by’isanamutima, kuko bigaragara ko uruhare rwabo rukiri rukeya.
Hashize imyaka 24 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, ariko ingaruka zayo zikigaragara ziri mu bituma intimba y’ababuze ababo idashira uko imyaka ishira.
Polisi y’ u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yagaruje amagaziye 70 yari yibwe mu ruganda rwa SKOL, afite agaciro k’asaga 1.200.000 Frw.
Perezida Paul Kagame yemeza ko buri gihe cyo kwibuka, kiza kimeze nk’aho ari inshuro ya mbere, n’ubwo Abanyarwanda bamaze imyaka 24 babikora.
Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) wifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bacanye urumuri rw’icyizere.
Perezida Kagame aratangiza ibikorwa byo Kwibuka ku Nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi Bonhomme uririmba indirimbo zihumuriza benshi mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi zikabafasha kwibuka kandi biyubaka, yashyize hanze indirimbo ishimira Inkotanyi zahagaritse Jenoside zigakura Abatutsi bicwaga mu kaga.
Mu mvura nyinshi Rayon Sports itsinze Costa Do Sol yo muri Mozambique ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Iyi nkuru ije ikurikira iyo duherutse kubagezaho muri iki cyumweru, aho umuyobozi w’Akarere ka Musanze Habyarimana Jean Damascene yatamaje bamwe mu bayobozi mu ruhame.
Intumwa Gitwaza kimwe n’abandi bavugabutumwa bo mu Rwanda, bakunze kuvugwaho guhanurira abakirisitu babagana, babaturiraho ibintu byiza runaka bigiye kubabaho.