Gicumbi: Meya w’agateganyo na we yeguye atamazeho icyumweru

Jean Claude Karangwa Sewase wari wagizwe umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Gicumbi yayise yegura nyuma y’iminsi itandatu gusa agiriwe icyizere na Njyanama.

Karangwa (Uri mu kaziga) yari yerekanywe na Guverineri Gatabazi imbere y'abaturage mu muganda wabaye kuwa Gatandatu
Karangwa (Uri mu kaziga) yari yerekanywe na Guverineri Gatabazi imbere y’abaturage mu muganda wabaye kuwa Gatandatu

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yatangaje ko yanditse asezera kubera impamvu ze bwite. Yabwiye Njyanama ko hari urubanza agomba kubanza kurangiza, ku bw’ibyo akaba adashobora kubivanga n’akandi kazi.

Tariki 25 Gicurasi ni bwo yari yagiriwe icyizere n’Inama njyanama nyuma y’uko uwari usanzwe ayobora ako karere Mudaheranwa Juvenal aterewe icyizere.

Yeguranye na bagenzi be ari bo,ushinzwe ubukungu Muhizi Jules Aimbable n’uwari ushinzwe imibereho myiza Benihirwe Charlotte.

Bose bashinjwa gukora amakosa yo kunanirwa kugaragariza inama njyanama inzira na gahunda zo gukosora amakosa yagaragaye mu gukoresha nabi amafaranga yagenewe uburezi.

Biteganijwe ko kuri uyu wa Gatanu haba indi nama y’igitaraganya yo gushaka umusimbura.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 13 )

Whatis a political space?

Ernest NIZEYIMANA yanditse ku itariki ya: 2-06-2018  →  Musubize

Nkatwe intore zabusanza duke
Neye umuyobozi wacu niyo ntore
Irusha izindi mumihigo kandi
Arashoboye cyane!!!!!
Turamushaka dukeneye impanuro
Ze nkabanyeshuri ayobora NDE
Tse nabarezi murakoze

nkezimana emmanuel donda yanditse ku itariki ya: 2-06-2018  →  Musubize

Erega kuba umuyobozi ntabyo ari ukumenywa, ntanubwo ari ubwenge bw’amashuli ahubwo ni ugukunda igihugu no kumva kandi ukumvira ntekerezako ababayozi batumvira nyakubahwa.Reba nawe njyanama yagicumbi ubwayo iba ifite ibazo, Ubuse BIZIMANA J.Baptiste wari president uko byagenze ntitubizi, ubuse abo yakoranaganabo nibo bazima, ubuse uko abayozi bimirenge bagiyeho turabiyobewe? ahubwo njyanama yo ivanweho.Nyamara ngiriwe icyizere na kayobora kko njyewe Gicumbi ndayizi kandi suko ari abayozi babi uhubwo imfundo ryikibazo nuko hari abavuga ngo rikijyana bari igicumbi.Abo bantu nibo bagiye kudusenyera akarere njye mumyaka 35 mfite nkaba mvuka igicumbi, nkanzi human right ngiriwe icyizere naba fasha pe murakoze.

Alias yanditse ku itariki ya: 2-06-2018  →  Musubize

Jean Claude ni umugabo ugira ibitekerezo bizima kandi koko ntiyabangikanya urubanza nibindi bintu.

Kataligamba Paulin yanditse ku itariki ya: 2-06-2018  →  Musubize

Uwo SEWASE mu gihe gihise ntiyahoze muri 12YBE Camp Kanombe akahava mu buryo nawe azi akajya Masaka? Aramutse ariwe ahubwo Gicumbi yaba igize Imana kuba imukize!Niwe Intore Gicumbi igira ari muziri ku isonga nimuzibukire! Nibabashakire ababayobora baturutse ahandi!

Kalisa yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Udasebya uyu mugabo sha njye ndamuzi ni umukozi ukora atizigama. Nawe ibyo wanditse birimo imvange. Uyu mu gihe yari umujyanama mu Nama Njyanama yakoze atizigama, asura abaturage atizigamye. Kandi Abarimu bavamo Abayobozi beza utazabapfobya.

Rugwe yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

ntibyoroshye kuba meya sukgupfa kubikora

paster dieudonne yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

hhhhhh cg yagizengo nugupfa kuba burugumesitiri iyo uhaguma gato ukareba ahubwo uramwaye icyokora

jio yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Nasubire muri 12years basic Education
Nubundi ntiwava kukuba mwarimu nguzamuke kuriya .

claude yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

UMURENGWE WICA NK’INDWARA SHA , IYo ABA ARI INGABO ZACU ZIHEMBWA AKAYABO NK’AKIZINGIRWA mayor ngo urebe ko urwanda tutarushaho kudamarara.

cyubahiro gus yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Kukiyemeye kuba umuyobozi azineza ko afite imbogamizi bikwiye gusuzumwa.

BARAMBANZA Gratien yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

ahubwo vuga ngo kuki bamuhaye inshingano kandi bazi neza ko afite urubanza. Iyi ni technique, buriya nawe hari icyo yakoze muri iyi minsi baramweguza noneho bashaka imitwe yo kubeshya rubanda, dore impamvu tutazigera dutera imbere, ibintu byose nta murongo bigira uzwi.

Maniraguha Eric yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Aho turemeranya, ibintu hafi ya byose nta murongo. ejo ngo tugiye gukora umuhanda w’amabuye aconze, ejo bagatangira ejo bundi bakavuga ngo twasanze amabuye ahenze. ejo ngo tugiye gukuraho ibizamini, abantu bagasakuza, ejo bakongera ngo ibyo ntabyo twavuze. ejo ngo tugiye gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi ku buryo abanyarwanda benshi bazaba bawufite, ejo bundi bakongera ngo ntitwazana umuriro kandi hatari abawukoresha. ejo mayor baramutoye n’ubwiganze bw’amajwi, hashize icyumweru ngo avuyeho kuko afite urubanza kandi rutamworoheye. Umusaza wacu akwiye guhwitura inzego za leta mu gufata ibyemezo kenshi bigira ingaruka ku baturage.

Peter yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka