Huye: Gusuzugura inama Njyanama bitumye Komite Nyobozi yirukanwa

Inama njyanama y’Akarere ka Huye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Gicurasi 2018, yateranye inenga imikorere ya Komite nyobozi y’Akarere, iyitakariza icyizere, inafata icyemezo cyo kuyihagarika ku kazi.

Muzuka Eugene wahoze ari Meya w'Akarere ka Huye
Muzuka Eugene wahoze ari Meya w’Akarere ka Huye

Uwari Umuyobozi w’Akarere ka Huye Kayiranga Muzuka Eugene yirukananywe na Mutwarasibo Cyprien wari Umuyobozi bw’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu na Niwemugeni Christine wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

Ngabitsinze Jean Chrisostome Uyobora Inama Njyanama ya Huye yatangaje ko abo bayobozi bagiye bagirwa inama kenshi kugira ngo banoze imikorere bakananirana, bikaba bibaye ngombwa ko hafatwa umwanzuro wo kubirukana.

Yagize ati" Inama twabagiriye zo kunoza imikorere no gushyira mu bikorwa imyanzuro ya njyanama ntibabikoze uko bisabwa. Ibindi ni ibigaragara muri raporo y’Umugenzuzi w’imari ya Leta birimo imishinga idindira, iyangirika n’amasezerano acungwa nabi."

yakomeje agira ati" Bose twabahaye umwanya wo kwisobanura kuri ibyo,inama njyanama ntiyanyurwa n’ibisobanuro batanze, bituma dufata umwanzuro nka Njyanama wo kubakuraho icyizere".

Abo bayobozi birukanywe ku mirimo na Njyanama bakurikira abo mu Karere ka Ruhango, Nyabihu, Rusizi, Gicumbi, Bugesera na Nyagatare.

Nyaruguru na yo ntiyatanzwe mu kwirukana abayobozi batuzuza inshingano

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu Bisizi Antoine na we yirukanywe n’inama njyanama y’Akarere.

Impamvu yatumye uwo muyobozi yirukanwe ntitandukanye cyane n’iyo abayobozi ba Huye bazize nk’uko Mungwakuzwe Yves, Perezida w’inama Njyanama ya Nyaruguru yabitangaje.

yagize ati" Nyuma y’isuzuma ry’imishinga y’iterambere muri ako Karere byagaragaye ko imyinshi yadindiye kubera uwo muyobozi, tumusabye ibisobanuro dusanga nta murongo afitera wo kubikemura dufata umwanzuro wo kumwirukana."

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 18 )

Imana ni nziza

It is a matter of time yanditse ku itariki ya: 9-06-2018  →  Musubize

NJYANAMA MWAGIZE NEZA CYANE ARIKO N’ABANTU MUZUKA YTERETSEMO BAKURIKIRANYWE RWOSE MUSENYE AKAZU:ES RUSATIRA MBYAYINGABO ATHANASE MWENE WABO,ES KINAZI UMUSAZA UDASHOBOYE RWAMUCYO PROSPER NGO KUKO BAKORANYE I KADUHA(MU BYUKURI KUBONA URIYA MUSAZA MU NSHINGANO ADASHOBOYE SI UKUMUHOHOTERA NO KWICA IGIHUGU??),ES NGOMA KABALISA ARSENE UHAGARARIYE INYUNGU ZA MUZUKA MU MUGI NK;AHO YAHEREJE,DM,DR FINANCE,JEANNE(NJYANAMA),MUHIRE PROTOGENE NAWE NI UKO YACOMETSEMO YITWAJE KO ARI ABO MURI FAMILLE YE.UBU SE KOKO BAGARUKA FABRICE AZONGERA GUKANGATA .NDABASABYE NGO MUCUKUMBURE UKURI KUJYE U KARUBANDA.

DIRECTEUR WA SANTE RUHUKAAAAAAAAAAAAA,KARI KAKUBAYEHO PE

MUTWARASIBO SE KO KAKUBAYEHO N’’AMAPARCELLA Y’’UMUCELI WARI WARIGWIJEHO,IBISHANGA UBINYAGA UBYEREKEZA KURI GALILEO WAGUHAYE 700.000FRW

UBU SE KOKO AMAGAMBO NTASHIZE IVUGA???GUSA MUZUKA WARI UZI KUBESHYA PE,TECHINIKE WARI AKAGA RWOSE PE.

YOOHH NIWEMUGENI UZIZE BAGENZI BAWE NYINE ARIKO IGENDERE WAGARAGAJE UBUPFURA NO KUDAKKUNDA UTW’ABANDI,WANDITSE IZINA RYIZA.

SUKUMA MUHIZI yanditse ku itariki ya: 4-06-2018  →  Musubize

umuyobozi uzayobora akarere ka huye azite kumikino kuko abana bakina umupira wamaguru bo mu murenge wa ruhashya baratugurishiriza imikino kandi twatsinze.hakagenda abatanze amafaranga.

Mutabazi Elyse yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Hazakorwe ubushakashatsi bwimbitse kuri ziriya nzego z’ubuyobozi z’ibanze, inshingano zayo n’imikorere yazo ndetse n’imbogamizi zishobora gutuma abazirimo badashobora kuzuza inshingano zabo. Ikindi n’uko ba mayor badakora bonyine.hagombye no kurebwa imiterere n’imikorere ya team technique bakorana. Indwara igomba gusuzumanwa ubushishozi. Bibaye ngombwa imiterere, inshingano ya ruriya rwego igasubirwamo.

Benoit yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Bayobozi Musigaye,mwisubireho kabisa kuko aho dushaka kujya mutarikumwe natwe ntitwahagera,,,,,, Cyangwa muzoherezwe aho abandi boherejwe kureba World cup.

Fabien Hagenimana yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Aha ubwo babaye babahaye ho ka pause ngo bajye kwirebera World cup kabsa nubwo nyine baba bananiranye abandi bashaka kureba uwa 2019 nabo bazange gutunganya inshingano zabo,,,, Bayobozi mwisubireho kabisa kuko Dufiite intego yo kwiteza imbere

Fabien Hagenimana yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

abayobozi basigaye bikosore bakorere neza abaturage bareberera
aho gukomeza kwegura babe intwari.

mugwaneza yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Jye ndamushima yakoze byinshi byiza. Ariko ndagaya ko abanyahuye ubwo bamwirukanye aribwo muboneyeho kuvuga. Burya uwakoze cyane ntabura ibyo ateshuka ho bitewe nibyo abona mukazi. Mukuze umuco wo gukosorana kugirango turusheho gukora neza. Izi comments muzishyireho bakiri kukazi kugirango barusheho gukora neza. Ari wowe uvuga icyenewabo wari guko nkibye byanze bikunze.

Umunyarwanda yanditse ku itariki ya: 1-06-2018  →  Musubize

Muzuka nagende amahoro yarakoze ! ariko rwose hari ibikwiye gukosorwa, guteza imbere urubyiruko numurimo ukomeye ukwiye gushyirwamo ingufu, umuturage wo hasi akabona amafaranga bijyano ni imishinga ibyara inyungu,icyenewabo gicike kwisoko ryumurimo kandi rwose borohereze abantu kubaka ntanyoroshyo.

i.c yanditse ku itariki ya: 31-05-2018  →  Musubize

Ndizera ko mugiha agaciro.

Eric M yanditse ku itariki ya: 31-05-2018  →  Musubize

Ahubwo se umukozi nkaMuzuka muzamukurahe yewe ubuze icyo agaya inka aravuga ngo dore kiriya gicebe cyayo amaze gutunganya Akarere Ka Huye burinsi kaza mu uture dutatu twambere none muramwirukanye ntakundi nyi iyo igihe kigeze ntawe ukirenga ariko navuga ko arenganye kuko ntiza muturere 3 twmbere ngo ube ukora nabi.

Eric M yanditse ku itariki ya: 31-05-2018  →  Musubize

uyu mugabo na team bari baragerageje gukora neza nubwo nta byera ngo de,gusa basize icyarabu ari amatongo mugihe kirenga imyaka hafi 10 ngo barashaka za etage,kdi iza misago na semuhungu zarabuze abazikoreramo!!IKIMBABAJE NUKO BASIZE BADATASHYE IMIHANDA YA KABURIMBO YA NGOMA,KARUBANDA NA CYARWA

elias yanditse ku itariki ya: 31-05-2018  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka