Hagati ya Mata na Nyakanga buri mwaka ni igihe ibigo n’abantu ki giti cyabo baba bahugiye mu bikorwa byo gufasha no kwita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ bihereranye bemeza u Rwanda nk’igihugu kizakira inama itaha y’uyu muryango.
U Rwanda ni rwo rwatoranyijwe kuzakira inama y’umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza ya Commonwealth izaterana mu 2020.
Ingabo z’igihugu zatangiye gufasha abaturage mu bikorwa bibagirira akamaro, gahunda izamara igihe kigera ku mezi atatu zizenguruka hirya no hino mu gihugu.
Minisiteri y’Uburezi yandikiye abayobozi b’Uturere ibasaba guca akajagari kagaragara mu iyongezwa ry’amafaranga yakwa ababyeyi n’igenwa ry’agahimbaza musyi ka mwarimu.
Minisitiri w ingabo Gen James Kabarebe wifatanyije n’abatuye Akarere ka Nyabihu mu Murenge wa Muringa gutera Ibirayi, yijeje abaturage gutera imbere bafatanyije n’ubuyobozi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 mata 2018, ibikorwa by’ingabo mu iterambere ry’abaturage, byahoze byitwa Army Week, byatangijwe hirya no hino mu gihugu.
Ambasaderi Habyalimana Jean Baptiste yashyikirije Perezida wa Tchad Idriss Deby Itno impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Mu gihe ikipe ya Rayons Sport iri mu byishimo by’intambwe yateye bwa mbere mu mateka ya Ruhago mu Rwanda, Ikipe ya Police FC yo yamaze gutakaza abatoza bayo bombi, umukuru n’umwungirije.
Mu karere ka Nyagatare haracyagaragara ibikorwa n’amagambo bigamije guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside.
Imvura yaguye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Mata 2018, mu Karere ka Huye, yakubise abantu batatu ihitanamo umwe.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Rayon Sports yakiriwe n’abafana benshi cyane ubwo yavaga i Maputo muri Mozambique mu mukino wa CAF Confederation Cup
Imvura yaguye muri Kigali ikangiza ikibuga cya Kicukiro, yatumye umukino Police Fc yari kwakiramo Mukura vs usubikwa
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe ubushakashatsi ku byaha n’ubutabera (UNICRI), rirasaba ibihugu birimo u Rwanda kuba maso kugira ngo ibinyabutabire bidakoreshwa n’umwanzi.
Ibikorwa ngarukamwaka by’Ingabo z’igihugu bigamije gufasha abaturage kwiteza imbere mu buzima bwa buri munsi byitwaga ARMY WEEK, byahinduriwe inyito bizajya byitwa “Ingabo mu iterambere ry’abaturage”.
Muri komite z’imigoroba y’ababyeyi mu Mujyi wa Kigali byagaragaye ko abagabo ari bake cyane ndetse n’abitabira ibikorwa byayo bakaba ari mbarwa bagakangurirwa kuyitabira.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwakatiye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi Munyarugendo Manzi Claude igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo, kubera urupfu rw’umwana wahiriye mu nzu akurikiranyweho.
Itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi mu Rwanda SDA, rimaze gukusanya miliyoni zisaga 70frw yo kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mugonero, mu Murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi.
Umuhanzi Jean de Dieu Rwamihari bakunze kwita Bonhomme, avuga ko umusirikare w’Inkotanyi bahuye bwa mbere yamuteruye yamubwiye ijambo atazibagirwa kuko ryamugaruriye icyizere.
Ikipe ya Rayon Sports yanditse amateka mashya mu Rwanda nyuma yo guserera ikipe ya Costa do SOl, mu mukino wo kwishyura wabereye i Maputo muri Mozambique
Abayobozi b’ Ishami ry’Ikigo cy’igihugu gishinzwe isuku n’isukura (WASAC) rikorera mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko inkangu yangije imiyoboro y’amazi ituma imirenge 8 ku 14 igize akarere ka Nyagatare ibura amazi meza.
Abayobozi mu nzego zitandukanye bahangayikishije n’uko ababyiruka muri iki gihe ntacyo bazi cyerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umunyamabanga mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha RIB, Col Jeannot Ruhunga, yavuze ko uru rwego ruzashyira imbaraga mu guhangana n’ibyaha birimo iby’inzaduka bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, iby’icuruzwa ry’abantu, iby’iterabwoba n’ibya ruswa.
Perezida Paul Kagame atangaza ko urugendo rw’u Rwanda rugaragaza neza ko nta gihugu gito kidashobora gutera imbere kimwe n’uko nta gihugu kinini kitagira intege nke.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukibyiruka uzwi ku izina rya Wandege ari kwitwara neza mu cyiciro cya Gatatu cya Shampiyona yo mu Bubiligi.
Koffi Annan wabaye umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) aracyahagaze ku cyemezo cy’uko uyu muryango utigeze unanirwa guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abantu benshi bakunze kwinubira uburyo imibu ibabangamira kuko iyo umubu urumye umuntu hari ubwo abyumva nk’aho bamuteye urushinge. Igikunze kubangamira abantu ariko, n’uko mu masaha y’ijoro kenshi umubu uduhirira mu gutwi k’umuntu uryamye, yanawirukana nyuma y’akanya gato ukagaruka ku gutwi.
Imvura imaze iminsi igwa mu Rwanda cyane cyane mu Mujyi wa Kigali ntiyangirije abafite amazu gusa, kuko hari n’abacuruzi yahomeje amafaranga atabarika.
Abakinnyi batandatu b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare barerekeza mu irushanwa ryitwa Tour du Senegal rizatangira kuri iki Cyumweru
Bamwe mu batuye mu turere dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali bavuga ko hari aho serivisi zigitinda, bagasaba ko byakosoka kuko bituma basiragira bagatakaza umwanya bakoramo ibindi.
Abayobozi b’uruganda rwa CIMERWA ruherereye mu karere ka Rusizi, baravuga ko bagiye kujya baha akazi, abana bakomoka ku babyeyi bakoreye uru ruganda, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida Paul Kagame uri mu Bwongereza aho yitabiriye inama y’umuryango wa Commonwealth, yagiranye ibiganiro n’igikomangoma Henry bakunze kwita Harry.
Guhera mu mwaka 1959, uburenganzira bwa muntu bwagiye bubangamirwa, kugeza ubwo bibyaye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu Batutsi bahigwaga mu gihe cya Jenoside iyo bagwaga mu maboko y’Inkotanyi bameraga nk’abasazi kubera kutiyumvisha ko hari uwabarokora.
Ikipe y’igihugu y’abagore irateganya kuba yazakina imikino ya gicuti mbere y’uko CECAFA itangira, ariko bakazakina n’amwe mu makipe azaba yayitabiriye
Umuryango w’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bari muri Tchad bakoze igikorwa cyo kunamira Abatutsi bazize Jenoside yo mu 1994.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere, ni bwo Rayons Sport yageze i Maputo muri Mozambique, aho igiye mu mukino wo kwishyura izakina na Costa do Sol yo muri iki gihugu, izatsinda indi ikazahita yerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup
Polisi y’u Rwanda yasubije iy’u Burundi umupolisi wayo witwa Irakoze Theogene wafatiwe mu Rwanda mu Murenge wa Bweyeye, nyuma y’ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 15 Mata 2018, ubuyobozi bw’ishuri rya Saint Andre riherereye i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bahejeje abanyeshuri b’iki kigo inyuma y’irembo, bavuga ko bakererewe kugera ku kigo nk’uko bari babyumvikanyeho.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusesekara i Maputo, aho yasanze abafana amagana batuye i Maputo bayitegereje
Perezida Paul Kagame ari mu bakuru b’ibihugu 53 bazitabira ihuriro ry’ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth, riteganyijwe i Londres mu Bwongereza muri iki cyumweru.
Antoine Hey wahoze atoza Amavubi ariko akaza kuba ahagaritse amasezerano ye na Ferwafa yo gutoza Amavubi, arasaba Komite nshya kuayavugurura agakomeza akazi