Mu karere ka Nyagatare haracyagaragara ibikorwa n’amagambo bigamije guhohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside.
Imvura yaguye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 19 Mata 2018, mu Karere ka Huye, yakubise abantu batatu ihitanamo umwe.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Rayon Sports yakiriwe n’abafana benshi cyane ubwo yavaga i Maputo muri Mozambique mu mukino wa CAF Confederation Cup
Imvura yaguye muri Kigali ikangiza ikibuga cya Kicukiro, yatumye umukino Police Fc yari kwakiramo Mukura vs usubikwa
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe ubushakashatsi ku byaha n’ubutabera (UNICRI), rirasaba ibihugu birimo u Rwanda kuba maso kugira ngo ibinyabutabire bidakoreshwa n’umwanzi.
Ibikorwa ngarukamwaka by’Ingabo z’igihugu bigamije gufasha abaturage kwiteza imbere mu buzima bwa buri munsi byitwaga ARMY WEEK, byahinduriwe inyito bizajya byitwa “Ingabo mu iterambere ry’abaturage”.
Muri komite z’imigoroba y’ababyeyi mu Mujyi wa Kigali byagaragaye ko abagabo ari bake cyane ndetse n’abitabira ibikorwa byayo bakaba ari mbarwa bagakangurirwa kuyitabira.
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwakatiye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi Munyarugendo Manzi Claude igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo, kubera urupfu rw’umwana wahiriye mu nzu akurikiranyweho.
Itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi mu Rwanda SDA, rimaze gukusanya miliyoni zisaga 70frw yo kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mugonero, mu Murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi.
Umuhanzi Jean de Dieu Rwamihari bakunze kwita Bonhomme, avuga ko umusirikare w’Inkotanyi bahuye bwa mbere yamuteruye yamubwiye ijambo atazibagirwa kuko ryamugaruriye icyizere.
Ikipe ya Rayon Sports yanditse amateka mashya mu Rwanda nyuma yo guserera ikipe ya Costa do SOl, mu mukino wo kwishyura wabereye i Maputo muri Mozambique
Abayobozi b’ Ishami ry’Ikigo cy’igihugu gishinzwe isuku n’isukura (WASAC) rikorera mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko inkangu yangije imiyoboro y’amazi ituma imirenge 8 ku 14 igize akarere ka Nyagatare ibura amazi meza.
Abayobozi mu nzego zitandukanye bahangayikishije n’uko ababyiruka muri iki gihe ntacyo bazi cyerekeranye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umunyamabanga mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha RIB, Col Jeannot Ruhunga, yavuze ko uru rwego ruzashyira imbaraga mu guhangana n’ibyaha birimo iby’inzaduka bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga, iby’icuruzwa ry’abantu, iby’iterabwoba n’ibya ruswa.
Perezida Paul Kagame atangaza ko urugendo rw’u Rwanda rugaragaza neza ko nta gihugu gito kidashobora gutera imbere kimwe n’uko nta gihugu kinini kitagira intege nke.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukibyiruka uzwi ku izina rya Wandege ari kwitwara neza mu cyiciro cya Gatatu cya Shampiyona yo mu Bubiligi.
Koffi Annan wabaye umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) aracyahagaze ku cyemezo cy’uko uyu muryango utigeze unanirwa guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abantu benshi bakunze kwinubira uburyo imibu ibabangamira kuko iyo umubu urumye umuntu hari ubwo abyumva nk’aho bamuteye urushinge. Igikunze kubangamira abantu ariko, n’uko mu masaha y’ijoro kenshi umubu uduhirira mu gutwi k’umuntu uryamye, yanawirukana nyuma y’akanya gato ukagaruka ku gutwi.
Imvura imaze iminsi igwa mu Rwanda cyane cyane mu Mujyi wa Kigali ntiyangirije abafite amazu gusa, kuko hari n’abacuruzi yahomeje amafaranga atabarika.
Abakinnyi batandatu b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare barerekeza mu irushanwa ryitwa Tour du Senegal rizatangira kuri iki Cyumweru
Bamwe mu batuye mu turere dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali bavuga ko hari aho serivisi zigitinda, bagasaba ko byakosoka kuko bituma basiragira bagatakaza umwanya bakoramo ibindi.
Abayobozi b’uruganda rwa CIMERWA ruherereye mu karere ka Rusizi, baravuga ko bagiye kujya baha akazi, abana bakomoka ku babyeyi bakoreye uru ruganda, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida Paul Kagame uri mu Bwongereza aho yitabiriye inama y’umuryango wa Commonwealth, yagiranye ibiganiro n’igikomangoma Henry bakunze kwita Harry.
Guhera mu mwaka 1959, uburenganzira bwa muntu bwagiye bubangamirwa, kugeza ubwo bibyaye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu Batutsi bahigwaga mu gihe cya Jenoside iyo bagwaga mu maboko y’Inkotanyi bameraga nk’abasazi kubera kutiyumvisha ko hari uwabarokora.
Ikipe y’igihugu y’abagore irateganya kuba yazakina imikino ya gicuti mbere y’uko CECAFA itangira, ariko bakazakina n’amwe mu makipe azaba yayitabiriye
Umuryango w’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bari muri Tchad bakoze igikorwa cyo kunamira Abatutsi bazize Jenoside yo mu 1994.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere, ni bwo Rayons Sport yageze i Maputo muri Mozambique, aho igiye mu mukino wo kwishyura izakina na Costa do Sol yo muri iki gihugu, izatsinda indi ikazahita yerekeza mu matsinda ya CAF Confederation Cup
Polisi y’u Rwanda yasubije iy’u Burundi umupolisi wayo witwa Irakoze Theogene wafatiwe mu Rwanda mu Murenge wa Bweyeye, nyuma y’ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 15 Mata 2018, ubuyobozi bw’ishuri rya Saint Andre riherereye i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bahejeje abanyeshuri b’iki kigo inyuma y’irembo, bavuga ko bakererewe kugera ku kigo nk’uko bari babyumvikanyeho.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusesekara i Maputo, aho yasanze abafana amagana batuye i Maputo bayitegereje
Perezida Paul Kagame ari mu bakuru b’ibihugu 53 bazitabira ihuriro ry’ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth, riteganyijwe i Londres mu Bwongereza muri iki cyumweru.
Antoine Hey wahoze atoza Amavubi ariko akaza kuba ahagaritse amasezerano ye na Ferwafa yo gutoza Amavubi, arasaba Komite nshya kuayavugurura agakomeza akazi
Senateri Tito Rutaremara asaba ababyiruka kubika amateka y’ibyangijwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikarenza imyaka ibihumbi 10.
Ikipe ya Rayon Sports yerekeje i Maputo muri Mozambique, aho ijyanye intego yo gusezerera Costa do Sol, ikandika amateka yo kugera mu matsinda bwa mbere ku ikipe y’u Rwanda
Ku mugoroba wo Kuri uyu wa 14 Mata 2018, Dr CP Daniel Nyamwasa yamuritse igitabo "Le Mal Rwandais" yanditse abitewe n’ishavu yatewe n’itotezwa ry’Abatutsi mu Rwanda no mu mahanga.
Dr Sendegeya Augustin uyobora ibitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, avuga ko bibabaje kuba abaganga barahiriye kwita ku magara y’abantu baravuyemo abicanyi.
Mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth Games) yaberaga muri Australia, iraza gusozwa nta munyarwanda n’umwe ugize igihembo na kimwe yegukana.
Never Again ni indirimbo yaririmbwe n’abahanzi bo mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba, yafashaga Ababyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 15.
Mgr Servelien Nzakamwita uyobora diyoseze ya Byumba avuga ko yamaze kubabarira abamwiciye umuryango, ariko akababazwa no kuba abo yababariye ntawutera intambwe ngo yicuze ibyo yamukoreye.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Theos Badege, yavuze ko muri rusange umutekano mu gihugu wari wifashe neza mu cyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yandikiye abayobozi b’uburere bose ibamenyesha ko itazongera kwihanganira imikoreshereze n’imicungire itanoze y’ibikoresho by’ikoranabuhanga mu mashuri.
Umulisa Christine (Izina yahawe muri iyi nkuru), ni umubyeyi wo mu Murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ahamya ko inzira y’umusaraba yanyuzemo, aho yakubiswe, agasambanywa inshuro nyinshi ndetse akanandura SIDA, bitatumye yiheba burundu.
Komiseri muri Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) Muhire Louis-Antoine, asanga umuntu utaratabaye Abatutsi bicwaga yari ari mu Rwanda, afite uruhare rutaziguye mu iyicwa ryabo.