Perezida Paul Kagame yifatanije n’abitabiriye siporo rusange yo kuri iki Cyumweru tariki 17 Kamena 2018, avuga ibyiza abayikora bayikuramo.
Ishuri ryisumbuye rya IFAK rivuga ko rigiye kwandika amateka ya Jenoside yakorewe abarimu, abanyeshuri n’abaturanyi baryiciwemo mu 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko n’ubwo gufasha abatishoboye na bo bakwiye kwigomwa bike bakizigamira kugira ngi birwaneho igihe inkunga zibuze.
Polisi y’Igihugu irizeza imidugudu itazagaragaramo icyaha, ko igomba kugenerwa ibihembo birimo kubakirwa ibiro no guhabwa ibikoresho bikenewe.
Abagore bapfushaga ubusa inkunga bahabwa ntibagirire akamaro ngo babashe kwiteza imbere, bagiye kwigishwa kuyicunga kandi bakanayishora mu mishanga ibazanira inyungu.
Imibare igaragazwa n’Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC), yerekana ko abakirwa kwa muganga bafite ibibazo byo mu mutwe biterwa n’ibiyobyabwenge biyongera buri mwaka.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko abayobozi bitwara nabi bakwiye kubibazwa, kandi ko badakwiye gukomeza kurwazwa nyamara bahemukira abaturage.
Ikipe ya APR Fc irakoza imitwe y’intoki ku gikombe cya Shampiona nyuma yo gutsinda Rayon Sports ibitego 2-1 kuri Stade Amahoro
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abayisilamu, abifuriza umunsi mukuru mwiza wa Eid al-Fitr.
Umunsi mukuru ngarukamwaka w’Abayisilamu uzwi nka Eid - El- Fitr, muri uyu uyu mwaka waranzwe n’ibikorwa by’urukundo n’ubutumwa bwo gusaba abayoboke kwirinda.
U Rwanda rurateganya ko muri 2024 abana bato bafite ikibazo cyo kugwingira baba baragabanutse bakava kuri 38% bakagera kuri 15%.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Diyosezi ya Butare, avuga ko ibigo by’amashuri gaturika byose bikwiye kugira umukozi utega amatwi abana.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko “RLRC” yasuye urwibutso rwa Komini rouge mu karere ka Rubavu inasura umuturage yavugururiye inzu.
Mu mpera z’iki cyumweru haraza gukinwa imikino ya 1/2 yo kwishyura, aho izizatsinda zizahita zizamuka mu cyiciro cya mbere
Mu gihe isi yose ihanze amaso Igikombe cyisi mu mupira w’amaguru kiri kubera mu Burusiya, abakurikirana imipira bakoresheje Kwesé TV bazahabwa amahirwe yo gutsindira amafaranga.
Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 6.1 mu mwaka w’ingengo y’imari ya 2017/2018 ariko bwitezweho kurushaho kumera neza mu mwaka utaha.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba avuga ko guhugura abagize inzego z’umutekano, ari uburyo bwizewe bwo kurwanya ihohoterwa n’ibyaha ndengamipaka.
Urwego rushinzwe iterambere ry’igihugu (RDB) rwihanangirije abatanga serivisi zifite aho zihuriye n’ubukererugendo ko uzagaragarwaho n’irondaruhu ateganirijwe ibihano birimo no kuba ibikorwa bye byafungwa burundu.
Laboratwari y’igihugu yatangaje ibiciro ku bipimo by’ibanze by’utunyangingo (DNA), birimo n’ibizafasha abantu kumenya niba abantu runaka bafitanye isano.
Bisanzwe bizwi ko mu mashuri y’abihayimana mu Rwanda, batihanganira na busa umunyeshuri w’umukobwa watewe inda kuko ahita yirukanwa burundu.
U Rwanda rwatangije ikigega kizajya gifasha abashakashatsi mu mirimo yabo kikazakuraho inzitizi z’amikoro bagiraga zabangamiraga iterambere ry’ubushakashatsi.
Mu nzira zatangajwe za Tour du Rwanda 2018, hagaragayemo inzira nyinshi nshyshya zitari zimenyerewe mu masiganwa yandi yatambutse
Hatangijwe iyubakwa ry’igikoni cyahariwe gutekera abarwayi, gifite ubushobozi bwo gutegura amafunguro ibihumbi 15, azagemurwa mu bitaro bitandatu byo muri Kigali ku buntu.
Perezida Paul Kagame yageze i Moscow mu Burusiya aho yabonanye na Perezida Vradimir Putin, mu gihe habura umunsi umwe ngo iki gihugu cyakire Igikombe cy’isi.
Iterambere ry’abagore bo mu Karere ka Nyamasheke riracyazitirwa no kutabonera igishoro ibyo bakora ngo biteze imbere ariko hakiyongeraho n’ubujiji kuri bamwe.
Itorero Inyamibwa ry’Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi AERG, ryageze mu Burayi aho rigiye kumara amezi abiri n’igice ryimakaza umuco Nyarwanda mu iserukiramuco ryitwa “Festival de Sud”.
Urwego rw’Umuvunyi runenga zimwe mu nzego kudatanga amakuru, bikaba bishobora guteza ibibazo hagati yazo n’itangazamakuru mu gihe ryatangaje amakuru atari ukuri.
Abatuye Huye na Gisagara bagiye kongeye gususurutswa n’isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Huye Rally, ndetse n’imyiyerereko ya Moto zizaturuka muri Afurika y’Epfo
Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro IPRC-Musanze ryatangiye ubukangurambaga mu mashuri yisumbuye bwo gukangurira abakobwa kugana amashuri y’imyuga atitabirwa nk’uko bikwiye.
Umushinjacyaha mukuru, Jean Bosco Mutangana avuga ko abacuruza n’abatwara ibiyobyabwenge bagiye kujya bahanwa kurusha ababinywa kuko ari bo babigeza kuri benshi.
Mu ijoro ryakeye ku wa 10 Kamena 2018, mu mudugudu wa Kinamba mu kagari ka Pera mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi, abasore babiri barashwe n’abantu bataramenyekana bahita bapfa.
Ntibisanzwe kubona abasore biyegurira gucuranga Umuduri, bakanabigira umwuga ngo bibabesheho. Aba bitwa The Real Singers bakaba bagiye kuducurangira imwe mu ndirimbo bise"Umuyobozi wizewe Kagame Paul"
Abanyapolitiki bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abandi bahakorera bemeye inshingano zabo mu gufasha u Rwanda gukurikirana abashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nyuma y’umwuka mubi umaze iminsi uvugwa muri Rayon Sports, abatoza batatu bahagaritswe igihe kitazwi
Kuva kuri Cyumweru abakoresha urubuga rwa Twitter babonye uburakari bw’abantu kubera akabari kitwa “Cocobean” gashinjwa kwanga kwakira umukobwa kuko afite ubumuga bw’uruhu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwafashe umwanzuro wo kwimura imiryango itanu yari ituye ku musozi bigaragara ko ushobora guteza ibibazo kuko watangiye kwiyasa. Ni mu murenge wa Kimonyi, akagari ka Mbizi, mu mudugudu wa Rugondo, ubuyobozi bugakeka ko bishobora kuba byaratewe n’itiyo y’amazi inyura munsi yatobotse cyangwa (…)
Ishuri ryisumbuye rya Muhororo mu karere ka Ngororero ni ryo ryegukanye umwanya wa mbere mu kwerekana udushya abanyeshuri babo bakora babikuye mu masomo biga.
Mu mpera z’iki cyumweru habaye imikino yo kwibuka abari abakinnyi, abatoza, abayobozi ndetse n’abakunzi b’imikino itandukanye bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Ahagana mu ma saa tatu zirengaho iminota mike z’iri joro ryo ku wa 10 rishyira ku wa 11 Kamena 2018, mu kagari ka Pera mu Murenge wa Bugarama abantu bataramenyekana barashe abantu babiri umwe ahita yitaba Imana undi ajyanwa mu bitaro.
Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko abarokotse Jenoside badakwiye kureka kunamira ababo ngo kuko batazi aho baguye.
Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kwishyurira imisoro abacuruzi bari kuzagirwaho ingaruka no gukurirwaho imisoro ku bicuruzwa boherezaga muri Amerika.
Mu mukino wa nyuma w’ikirarane, APR na Police Fc zinganyije 1-1, As Kigali ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo
Murekatete Thriphose, Nyirinkuyo Mediatrice, Kanyamashuri Janvier na Tuyizere Michel nibo batorewe kuzahagararira umuryango wa RPF Inkotanyi mu matora y’abadepite mu karere ka Rubavu.
Minisitiri w’ubuzima Dr Gashumba Diane asanga hari indi ntambwe ikwiye guterwa mu kugabanya urubyiruko rukomeje gutwara inda zitateguwe mu gihe byagaragara ko uburyo bwo kwifata no gukoresha agakingirizo budatanga umusaruro.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Mwendo baravuga ko kwibuka ababo bazize Jenoside bikwiye kujyana no gukemura ibibazo bafite.
Imiryango irenga 100 yo mu murenge wa Nyarugunga y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n’abaturage baturanye na bo batishoboye bahawe ivomo ry’amazi meza baruhurwa ibirometero byinshi bakoraga bajya gushaka amazi yo mu gishanga.