Bweyeye: Abaturage barasaba abaganga b’inzobere bahoraho
Abatuye Umurenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, barasaba kubona abaganga bahoraho ku kigo nderabuzima kiberegereye, kuko kugera ku bitaro by’akarere bibagora cyane.
Abo baturage bavuga ko iyo hagize urwara indwara isaba kubonana n’abaganga b’inzobere, Ikigo nderabuzima kimwohereza ku bitaro bya Gihundwe biherereye ku birometero hafi 100.
Hategekimana Vianney yagize ati “Bisaba ko umuntu abona ibihumbi icumi nibura, kugira ngo ahagurutse ambulansi,iyo abibuze ashobora gupfa”.
Kabagwira Seraphine yungamo ati “Usanga indwara zaraheranye abantu bakabura uko bazivuza kubera kubura uko babonana n’inzobere z’abaganga kandi no kugera aho bari bihenze”.
Kugeza ubu,ibikorwa byo gusana umuhanda ugera muri uwo murenge watangiye gusanwa, ukaba witezweho kuzagabanya ibibazo byugarije abawutuye, cyane cyane ikibazo cy’ubuvuzi.
Icyo kibazo cyavugiwe mu bikorwa byo kwamamaza Abakandida ba FPR-Inkotanyi bifuza kuzahagararira abaturage mu nteko ishinga amategeko byabareye muri uwo murenge kuri uyu wa gatatu.
Uzabakiriho Felix, umuhuzabikorwa muri gahunda yo kwamamaza abakandida ba FPR-Inkotanyi, yabwiye abo baturage ko icyo kibazo ndetse n’ibindi bafite byose bizigwaho muri manda nshya y’Abadepite, bigakemuka.
Ati”Kuba bafite ikigo nderabuzima ni intambwe ya mbere.Uyu muhanda watangiye gusanwa, uzarushaho korohereza baturage kugera ku bitaro, ubwo rero n’ibindi basabye ni ibintu bizaganirwaho”.
Bweyeye ni umurenge w’Akarere ka Rusizi, uherereye mu gice cy’icyaro, ndetse abahatuye bemeza ko icyaro cyaho gitandukanye cyane n’ahandi hose.Ni umurenge uzengurutswe na pariki ya Nyungwe.
Kugera muri uwo murenge uvuye ku muhanda wa Kaburimbo hagati mu pariki ya Nyungwe, bisaba nibura ibirometero 98.Gusa ngo umuhanda numara gukorwa bizorohereza abo baturage.
Inkuru zijyanye na: Amatora y’abadepite 2018
- Amatora y’abadepite yabaye ntamakemwa - Indorerezi
- Abagore batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko bamenyekanye
- Imyanya 4 kuri Green Party na PS Imberakuri mu nteko ishinga amategeko
- FPR irayoboye mu majwi y’agateganyo na 75%
- Yabyaye 3 avuye gutora, umwe ngo azamwita ’Mukadepite’
- Nyagatare: Yafashwe yigize indorerezi y’amatora
- Inyota yo gutora ku rubyiruko rwiganjemo n’urwayitabiriye rutaruzuza imyaka
- Muhanga: Abatoye bongeye kwibutsa abadepite kurwanya ihuzagurika mu nzego
- Intero ‘aya si amatora ni ubukwe’ yongeye kugaragara (AMAFOTO)
- Muri Kigali abarwayi n’abarwaza begerejwe ibiro by’itora ngo badacikanwa
- Nyabimata: Ab’inkwakuzi bahise bisubirira mu mirimo nyuma yo gutora
- Abafite ubumuga bamaze kubona umudepite uzabahagararira
- N’utaraboneje urubyaro yavuze imyato FPR ngo itaramutereranye
- Abakandida PL bashimiye Abanyarwanda ubufatanye babagaragarije mu kwiyamamaza
- Perezida Kagame uri mu Bushinwa yamaze gutora abadepite
- Uwari warahawe akato kubera uruhu ubu ni ikitegererezo
- Gasabo: FPR yijeje abaturage kubyaza umusaruro ikiyaga cya Mutukura
- Ruhango: Ntibakeneye umudepite wicara mu nteko gusa
- Rwaza: Abaturage ngo bizeye kubona amashanyarazi nyuma y’amatora
- Kagame yizeje ko FPR izaca iby’abayobozi bategera abaturage
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|