Abafite ubumuga bamaze kubona umudepite uzabahagararira
Abamugaye batoye uwitwa Eugene Mussolini nk’umudepite uzabahagararira mu nteko ishinga amategeko mu myaka itanu iri imbere, nk’uko Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) yabitangaje.

Mussolini wari uhanganye n’abandi bakandida 10, yatsinze amatora ku bwiganze bw’amajwi 482 ahwanye n’a 75.5% by’abatoye.
Mussolini yahise anaba umudepite wa mbere uciye agahigo mu kwinjira mu nteko ishinga amategeko bwa mbere muri manda ya 2018/2023.
Abantu 668 bahagarariye abamugaye mu gihugu hose, ariko 641 bangana 96% ni bo bitabiriye amatora.
Mussolini na we wamugaye yari asanzwe ari mu bahagarariye abamugaye mu Karere ka Gasabo, ariko akaba yanakoraga mu Nama y’Igihugu ishinzwe abafite ubumuga.
Uwo bari bahanganye cyane ari we Rusiha Gaston wari usanzwe mu nteko ishinga amategeko yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi 93 angana na 14.5% by’abatoye.
Prof. Kalisa Mbanda, Perezida wa NEC yavuze ko amatora yo gushaka uzahagararira abamugaye yakozwe mu mucyo. Yagize ati “Twizeye ko no mu bindi bice by’amatora na byo bizarangwa n’amahoro.”

Kuri uyu wa Mbere tariki 3 Kanama 2018, nibwo amatora rusange yabaye mu gihugu cyose, aho abaturage batora abadepite 53 baturutse mu mashyaka atandukanye, bazajya mu nteko.
Ayo matora aje akurikira ay’Abanyarwanda baba hanze y’igihugu yo yabaye ku tariki 2 Nzeli, akaba yaranitabiriwe na Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bari mu Bushinwa.
Inkuru zijyanye na: Amatora y’abadepite 2018
- Amatora y’abadepite yabaye ntamakemwa - Indorerezi
- Abagore batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko bamenyekanye
- Imyanya 4 kuri Green Party na PS Imberakuri mu nteko ishinga amategeko
- FPR irayoboye mu majwi y’agateganyo na 75%
- Yabyaye 3 avuye gutora, umwe ngo azamwita ’Mukadepite’
- Nyagatare: Yafashwe yigize indorerezi y’amatora
- Inyota yo gutora ku rubyiruko rwiganjemo n’urwayitabiriye rutaruzuza imyaka
- Muhanga: Abatoye bongeye kwibutsa abadepite kurwanya ihuzagurika mu nzego
- Intero ‘aya si amatora ni ubukwe’ yongeye kugaragara (AMAFOTO)
- Muri Kigali abarwayi n’abarwaza begerejwe ibiro by’itora ngo badacikanwa
- Nyabimata: Ab’inkwakuzi bahise bisubirira mu mirimo nyuma yo gutora
- N’utaraboneje urubyaro yavuze imyato FPR ngo itaramutereranye
- Abakandida PL bashimiye Abanyarwanda ubufatanye babagaragarije mu kwiyamamaza
- Perezida Kagame uri mu Bushinwa yamaze gutora abadepite
- Uwari warahawe akato kubera uruhu ubu ni ikitegererezo
- Gasabo: FPR yijeje abaturage kubyaza umusaruro ikiyaga cya Mutukura
- Bweyeye: Abaturage barasaba abaganga b’inzobere bahoraho
- Ruhango: Ntibakeneye umudepite wicara mu nteko gusa
- Rwaza: Abaturage ngo bizeye kubona amashanyarazi nyuma y’amatora
- Kagame yizeje ko FPR izaca iby’abayobozi bategera abaturage
Ohereza igitekerezo
|
Mutubarize umudepite ushinzwe abamugaye niba nabo muri carraes ndera abashinzwe?
Twebwe dufite uburwayi budakira ko ntabufasha na bumwe duhabwa Kandi inzego zitureberera ubuzima buducika, mbivuze kuko nivuza indwara ya maniac muri Neuro phsysyatric nkaba narabayeho umupolisi imyaka itanu niga kaminuza nsozamo imyaka ibiri niga plumbing wDA mfite n’indirimbo irwanya SIDA Kandi ibi byose nabigezeho mu burwayi none imbogamizi dihura nazo nuko abakoresha batunena ngo turi abasazi bityo ntiduhabwe akazi na leta ntigire ubufasha itugenera kuko ntitubarwa nk’abamugaye, Nyakubahwa perezida WA Repubulika mumutubarize turaganahe?
Reports za World Health Organization na World Bank zerekana ko 15% by’abatuye isi ari abamugaye.Iyo ushishoje usanga nta muntu numwe ku isi utarwaye.Urugero,usanga abantu benshi bavuga ko barwaye umutwe.Ariko nk’abakristu,tujye twibuka ko mu isi nshya ya paradizo ivugwa muli 2 Petero 3:13,nta muntu numwe uzongera kurwara (Yesaya 33:24).Abamugaye bose bazakira (Yesaya 35:5,6).Cyokora iyo paradizo izaturwa gusa n’abantu bumvira imana,kuko abakora ibyo imana itubuza bose izabarimbura ku munsi w’imperuka uri hafi (Imigani 2:21,22).Abapfuye bumvira imana,izabazura ku munsi w’imperuka (Yohana 6:40).