Muri Kigali abarwayi n’abarwaza begerejwe ibiro by’itora ngo badacikanwa
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) yashyizeho ibyumba by’itora mu bitaro bikuru 34 byo gihugu hose, kugira ngo abakozi babyo, abarwayi n’abarwaza bashobore kwitabira amatora.

NEC ivuga ko itaramenya umubare w’abantu batajyaga bitabira amatora kubera ko babaga barwaye cyangwa barwaje, ariko ngo yasanze ari benshi cyane.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa NEC, Charles Munyaneza yagize ati "Nk’ubu nageze mu bitaro bya CHUK nsanga abarwayi n’abarwaza barimo gutora ari benshi cyane.
"Tuzashaka uburyo iyi gahunda ihoraho ndetse ikazagezwa no mu bindi bitaro itarageramo".
Site y’itora ya Kacyiru II mu Karere ka Gasabo iri mu zashyize icyumba kimwe cy’itora mu bitaro bya Kacyiru kugira ngo abaganga n’abarwayi badacikanwa.
Umuyobozi w’iyo site, Nsabimana Jean Damascene agira ati "Dufite abagomba gutorera kuri iyi site bangana na 10,721, ariko icyumba kimwe cy’itora cyashyizwe mu bitaro kugira ngo gifashe abarwayi bafite imbaraga, hamwe n’abarwaza".

Umuganga uhagarariye icyumba cy’itora muri bitaro bya Kacyiru, Mushimiyimana Angeline ashimangira ko kwegerezwa uburyo bwo gutora byafashije abakozi b’ibitaro barenga 100 kwita ku barwayi uko bikwiye.
Umwe mu bafite abarwayi ku bitaro bya Kacyiru witwa Pacis, avuga ko we n’uwo bari kumwe batari kujya gutora atari uko batabishaka ahubwo ari ukubera iyo mpamvu y’uburwayi.
Bitewe n’uko abatorera mu bitaro bataba bari kuri lisiti y’itora yo mu kagari ibitaro bibarizwamo, Komisiyo y’Amatora yateganije ko bandikwa kuri lisiti y’umugereka, bagatora berekanye indangamuntu.
Kuri za site z’itora zitandukanye mu Karere ka Gasabo, nta mirongo miremire cyane y’abaturage bazindutse baza gutora. Abayobozi bazo bakemeza ko isaha yo gusorezaho gutora iza kugera bose nta n’umwe usigaye.
Inkuru zijyanye na: Amatora y’abadepite 2018
- Amatora y’abadepite yabaye ntamakemwa - Indorerezi
- Abagore batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko bamenyekanye
- Imyanya 4 kuri Green Party na PS Imberakuri mu nteko ishinga amategeko
- FPR irayoboye mu majwi y’agateganyo na 75%
- Yabyaye 3 avuye gutora, umwe ngo azamwita ’Mukadepite’
- Nyagatare: Yafashwe yigize indorerezi y’amatora
- Inyota yo gutora ku rubyiruko rwiganjemo n’urwayitabiriye rutaruzuza imyaka
- Muhanga: Abatoye bongeye kwibutsa abadepite kurwanya ihuzagurika mu nzego
- Intero ‘aya si amatora ni ubukwe’ yongeye kugaragara (AMAFOTO)
- Nyabimata: Ab’inkwakuzi bahise bisubirira mu mirimo nyuma yo gutora
- Abafite ubumuga bamaze kubona umudepite uzabahagararira
- N’utaraboneje urubyaro yavuze imyato FPR ngo itaramutereranye
- Abakandida PL bashimiye Abanyarwanda ubufatanye babagaragarije mu kwiyamamaza
- Perezida Kagame uri mu Bushinwa yamaze gutora abadepite
- Uwari warahawe akato kubera uruhu ubu ni ikitegererezo
- Gasabo: FPR yijeje abaturage kubyaza umusaruro ikiyaga cya Mutukura
- Bweyeye: Abaturage barasaba abaganga b’inzobere bahoraho
- Ruhango: Ntibakeneye umudepite wicara mu nteko gusa
- Rwaza: Abaturage ngo bizeye kubona amashanyarazi nyuma y’amatora
- Kagame yizeje ko FPR izaca iby’abayobozi bategera abaturage
Ohereza igitekerezo
|