Umunyamakuru Charles Kwizera yasezeweho bwa nyuma…byari amarira n’agahinda (Amafoto+Video)

Umunyamakuru Prince Charles Kwizera wakoreraga Kigali Today Ltd witabye Imana tariki 29 Gashyantare 2020 yashyinguwe i Rusororo ku wa kane tariki 05 Werurwe 2020.

Ni imihango yabanjirijwe no gufata umurambo we ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal, nyuma habaho gusezera kuri nyakwigendera iwe mu rugo ku Kabeza mu Mujyi wa Kigali, saa tanu habaho kumusezeraho mu rusengero rwa Healing Center Church i Remera.

Mu masaha y’igicamunsi nibwo Charles Kwizera yashyinguwe mu irimbi ry’i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Prince Charles Kwizera asize abana babiri, umuhungu n'umukobwa
Prince Charles Kwizera asize abana babiri, umuhungu n’umukobwa
Umugore wa Charles Kwizera yashenguwe n'urupfu rw'umugabo we ariko agerageza kwihangana
Umugore wa Charles Kwizera yashenguwe n’urupfu rw’umugabo we ariko agerageza kwihangana
Murumuna wa Charles Kwizera wavuze amateka ye, yasobanuye ko usibye kuba abavandimwe, bari n'inshuti zikomeye
Murumuna wa Charles Kwizera wavuze amateka ye, yasobanuye ko usibye kuba abavandimwe, bari n’inshuti zikomeye
Benshi kwihangana byabagoye
Benshi kwihangana byabagoye
Umuyobozi w'ikigo cy'amashuri King David Academy, kimwe mu bigo Charles Kwizera yizeho, yatanze ubuhamya avuga uburyo yari umuhanga akita no ku bandi banyeshuri biganaga
Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri King David Academy, kimwe mu bigo Charles Kwizera yizeho, yatanze ubuhamya avuga uburyo yari umuhanga akita no ku bandi banyeshuri biganaga
Abantu batandukanye batanze ubuhamya bavuga ko kubura Charles Kwizera ari igihombo gikomeye
Abantu batandukanye batanze ubuhamya bavuga ko kubura Charles Kwizera ari igihombo gikomeye
Umwe mu bayobozi ba Kigali Today, Nzabandora Leon, yavuze ko Charles Kwizera yari igisobanuro nyacyo cy'ijambo 'Imfura' dore ko nta muntu n'umwe muri icyo kigo uzwi waba warigeze ugirana ikibazo na Nyakwigendera
Umwe mu bayobozi ba Kigali Today, Nzabandora Leon, yavuze ko Charles Kwizera yari igisobanuro nyacyo cy’ijambo ’Imfura’ dore ko nta muntu n’umwe muri icyo kigo uzwi waba warigeze ugirana ikibazo na Nyakwigendera
Uwari waturutse muri Ambasade y'u Bushinwa mu Rwanda yashimye uburyo Charles Kwizera yahuje u Bushinwa n'u Rwanda binyuze mu itangazamakuru
Uwari waturutse muri Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda yashimye uburyo Charles Kwizera yahuje u Bushinwa n’u Rwanda binyuze mu itangazamakuru
Umugore wa Charles Kwizera n'abo babanaga mu rugo bababajwe no kutazongera kwicarana na we ku meza mu rugo ngo bakore icyo bitaga 'roundtable'
Umugore wa Charles Kwizera n’abo babanaga mu rugo bababajwe no kutazongera kwicarana na we ku meza mu rugo ngo bakore icyo bitaga ’roundtable’
Bamwe mu bakoranaga na Charles Kwizera muri Kigali Today
Bamwe mu bakoranaga na Charles Kwizera muri Kigali Today

Reba Video y’imihango yo kumusezeraho

Amafoto: Plaisir Muzogeye

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

I will ever miss you Prince, Inspiration On Sunday, the best way in which I got you! Thank you so much for all, I know Jesus is now holding you! ❤️

Nelly Ndayikunda yanditse ku itariki ya: 7-03-2020  →  Musubize

RIP comrade Prince.Witangiye akazi kawe.Twese turakwibuka.C’est le chemin de toute la terre (ni iwabo wa twese).Nobody can escape Death.Ariko nk’abakristu,tujye twemera tudashidikanya na busa yuko abantu bose bapfa bumviraga Imana,batiberaga mu gushaka ibyisi gusa,ahubwo bagashaka n’Imana bakiriho nkuko Yesu yadusabye,azabazura ku munsi wa nyuma akabaha ubuzima bw’iteka muli Paradizo.Ni Yesu ubwe wabivuze muli Yohana 6,umurongo wa 40.Muli Matayo 6 umurongo wa 33,Yesu yasize adusabye “gushaka mbere na mbere ubwami bw’Imana”.Aho kutabyemera cyangwa gushidikanya,dukore kugirango tubeho,tubifatanye no gushaka Imana kugirango izatuzure kuli uwo munsi utari kure.Ntabwo iyo dupfuye tuba twitabye Imana nkuko benshi bavuga.Siko bible ivuga.Ahubwo abumvira Imana izabazura kuli uwo munsi.Abakora ibyo Imana itubuza,kimwe n’abibera mu byisi gusa,Bible yerekana ko batazazuka. Iyo bapfuye biba birangiye batazongera kubaho.

munyemana yanditse ku itariki ya: 6-03-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka