Mu rwego rwo gukomeza guhangana n’icyorezo cya COVID-19, ku wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2020, u Rwanda rwahaye intumwa z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) ibikoresho byo kubafasha guhangana na Coronavirus.
U Rwanda rwakiriye ibikoresho 300,000 byo kwirinda, gupima no kuvura Covid-19, rwashyikirijwe na Sheik Mohammed bin Rashid Al Maktoum, Visi Perezida akaba na Minisitiri w’Intebe wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu, akaba n’Umwami wa Dubai, ndetse n’umugore we Sheikha Hind bint Maktoum bin Juma Al Maktoum.
Ku wa Gatanu tariki ya 12 Kamena 2020, abapolisi bo ku rwego rw’abofisiye bakuru muri Polisi baturutse mu bihugu umunani byo ku Mugabane wa Afurika basoje amasomo ajyane n’imiyoborere.
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima iragaragaza ko kuri uyu wa gatandatu tariki 13 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya mirongo itatu n’umwe (31) ba COVID-19.
Abaturanyi ba Viateur Rukundo watunganyije umuhanda munini wo mu Mudugudu wa Akamuhoza mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye wenyine, baramwifuriza ko na Girinka yamugeraho.
Indirimbo yitwa ‘Ya Motema’ ya Nel Ngabo ari kumwe na Platini P iri mu zambere Platini yaririmbyemo agitangira kuririmba wenyine.
Mu bice by’icyaro cy’Akarere ka Muhanga hari abaturage bagenda batambaye udupfukamunwa twifashishwa mu kwirinda icyorezo cya Covid-19, ariko hafi ya bose baba badufite mu mifuka no mu bikapu bakatwambara ari uko bikanze abayobozi banga ko babihanirwa.
Ahagana saa moya n’igice z’umugoroba ku wa gatanu tariki 12 Kamena 2020, abagizi ba nabi bateze abaturage bane mu Mudugudu wa Munyege, Akagari ka Munyege, Umurenge wa Uwinkingi mu Karere ka Nyamagabe, barabakomeretsa.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko muri aya masaha y’igicamunsi cyo ku wa gatandatu tariki ya 13 Kamena 2020, ruri mu gikorwa cyo gusaka urugo rwa Ingabire Victoire Umuhoza, mu rwego rwo gukomeza iperereza ku ruhare akekwaho rwo gukorana n’imitwe y’iterabwoba ikorera hanze y’igihugu.
Umusore w’imyaka 26 utuye i Wuhan mu Bushinwa yiyongereye ibiro 101 mu gihe cy’amezi atanu, mu gihe hashyirwagaho gahunda ya #GumaMuRugo kubera Covid-19.
Umwe mu bagore bazwi mu Rwanda kubera uruhare agira mu kurwanya ruswa n’akarengane, akaba ari n’umuyobozi w’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International-Rwanda) Ingabire Marie Immaculée, yaganiriye na Kigali Today atangaza bimwe mu bintu abantu bamwe batazi ku buzima bwe bite.
U Rwanda kimwe n’isi muri rusange, rumaze amezi hafi atatu ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus cyagaragaye mu Bushinwa mu mpera z’Ukwezi k’Ukuboza 2019, nyuma kigenda gikwira mu bindi bihugu.
Abanyarwanda bari babayeho binywera inzoga gakondo zirimo ikigage n’urwagwa. Primus ifatwa nk’imfura mu zindi nzoga za kizungu, kuko mu 1957 nibwo uruganda rwa Bralirwa ruyenga rwatangiye mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyabihu isaba abatwara abagenzi kuri moto kwirinda gutwara abakora ingendo zihuza Akarere ka Nyabihu n’aka Rubavu mu gihe ubu bitemewe.
Imipira y’abakinnyi bakina mu irushanwa rya ‘Premier League’ izaba yanditseho ijambo ‘Black Lives Matter’ risobanuye ngo ‘Ubuzima bw’abirabura bufite agaciro’, mu mikino 12 izabanziriza isubukurwa ry’iyo shampiyona y’u Bwongereza, riteganijwe tariki ya 17 Kamena 2020.
Ubutabera bw’u Bufaransa bwahaye uburenganzira umushakashatsi François Graner bwo kugera ku nyandiko zibitse za François Mitterrand zivuga ku Rwanda.
Ibitaramo byiswe ‘Iwacu Muzika Festival’ bigiye kuba ku nshuro ya kabiri aho bizahuza abahanzi batandukanye ba hano mu Rwanda, abantu bakaba bazabireba badasohotse hanze kuko bizajya bitambuka kuri televiziyo gusa.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yatangaje ko kuva igice kimwe cy’Akarere ka Rusizi cyashyirwa muri gahunda ya #GumaMuRugo, byatumye abanduye Covid-19 babasha kumenyekana ndetse n’abahuye na bo bakomeza kugenda bashakishwa.
Abarokotse Jenoside batishoboye 40 bo mu Mirenge ya Karama na Gishamvu mu Karere ka Huye bari batuye mu nzu ziva, bagiye gushumbushwa inziza zubakishije amatafari ahiye.
Mu rwego rwo kwifatanya na Guverinoma n’Abavandimwe b’Igihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi mu kunamira uwari Umukuru w’icyo Gihugu Nyakubahwa Petero Nkurunziza,
Ingaga z’abikorera mu Rwanda no mu Butaliyani zigiye gukorana mu gihe kiri mbere hagamijwe kuzamura ishoramari ritangiza ibidukikije, nk’uko ibihugu byombi bikomeje kureba ahari amahirwe yo gushoramo imari mu nzego zitandukanye hagamijwe iterambere rirambye.
Kuri uyu wa gatanu tariki 12 Kamena 2020, u Buhinde bwagize abantu basaga ibihumbi 297 bamaze kwandura Covid-19, bituma buba ubwa 4 nyuma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Brazil n’u Burusiya.
Abakunzi batandukanye ba Rayon Sports baganiriye na Kigali Today bagira icyo bavuga nyuma y’uko Komisiyo y’ubujururire muri FERWAFA igize umwere umuyobozi w’iyi kipe, Munyakazi Sadate.
Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) ivuga ko abashinzwe gukumira no kuvura icyorezo Covid-19 bakomeje kubona ibibafasha kwirinda kwandura, birimo ibyatanzwe n’Urugaga rw’Abahanga mu by’Imiti mu Rwanda (Rwanda National Pharmacy Council/RNPC).
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima iragaragaza ko kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi na batandatu ba COVID-19.
Mu Bwongereza baritegura kongera gufungura utubari n’ahakirirwa abantu (Pubs) ku itariki 22 Kamena 2020. Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu yavuze ko yifuza kubungabunga imirimo ijyanye n’iyo serivisi igera kuri miliyoni eshatu n’ibihumbi magana atanu (3.500.000).
Mu cyubahiro kimukwiye kandi bamugomba nk’umukozi uzwiho ubupfura, ubunararibonye ndetse n’ubuhanga ku murimo wo gufata amashusho yari amazeho imyaka 38, Umusaza Rwamukwaya wakoreraga Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yatangiye ikiruhuko cy’Izabukuru.
Urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga mu Burundi, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kamena 2020, rwememeje ko Evariste Ndayishimiye arahira vuba, agasimbura Pierre Nkurunziza uherutse kwitaba Imana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bugiye gufatira ibihano ababyeyi badafasha abana gukurikira amasomo bakabajyana gukora ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase yatangaje ko Umurenge wa Nkombo wo mu Karere ka Rusizi na wo washyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo mu rwego rwo kurwanya ikwirakwizwa rya COVID-19 muri ako gace.
Muri iki gihe cyo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Musanze abasore n’inkumi b’abakorerabushake (Youth Volunteers) 352, bari gufatanya n’ibindi byiciro by’inzego zitandukanye mu bukangurambaga bwo kwirinda iki cyorezo.
Urukiko rushinzwe kurengera itegeko nshinga muri Afurika y’Epfo rwanzuye ko itegeko rigenga amatora muri icyo gihugu rinyuranya n’itegeko nshinga.
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) buratangaza ko hari abasirikare babiri bafunzwe bakaba bakurikiranyweho ibyaha byo guhohotera abaturage.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyaruguru, Serge Ruzima n’Umuyobozi ushinzwe Imirimo Rusange muri aka Karere (Division Manager) Innocent Nsengiyumva.
Uwahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze na bagenzi be bari bamaze iminsi muri gereza bashinjwa gukubita no gukomeretsa, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho noneho bakekwaho ruswa no gushaka gutoroka ubutabera.
Abakinnyi b’ibyamamare b’ikipe ya Arsenal barimo Pierre-Emerick Aubameyang, Hector Bellerin na Reiss Nelson bamuritse imyambaro yakorewe mu Rwanda, mu ihiganwa ryo kwambara imyambaro ikorerwa mu Rwanda, ryiswe ‘Made in Rwanda Challenge’ ryateguwe na ‘Visit Rwanda’.
Ku wa Gatatu tariki 10 Kamena 2020, Guverineri wa Leta ya Washington, Jay Inslee yatangaje ko iperereza ku rupfu rwa Manuel Ellis, umwirabura wishwe afite imyaka 33 rutaharirwa urukiko n’igipolisi byo mu gace ka Pierce gusa, bitewe n’uko yumva bitakorwa neza kuko na bo babifitemo uruhare.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) cyahaye u Rwanda indi nkunga ingana na miliyoni 111.06 z’amadolari ya Amerika yo gufasha guhangana n’icyorezo cya Coronavirus no kuzahura ubukungu bwashegeshwe n’icyo cyorezo.
Icyorezo cy’indwara y’ibicurane ifata ingurube cyadutse muri koperative yorora ingurube nyinshi mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Nigeria.
Umukinnyi ukomoka muri Ghana wiberaga mu kibuga cy’indege mu Buhinde yabashije kugisohokamo nyuma y’amezi arenga abiri yari amazemo kubera Covid-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2020 yitabiriye inama yakozwe mu buryo ikoranabuhanga, ihuza Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, abayobozi b’imiryango y’ubukungu mu bice bitandukanye bya Afurika ndetse n’Intumwa zihariye za Afurika. Iyo nama yari igamije (…)
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima iragaragaza ko kuri uyu wa kane tariki 11 Kamena 2020 mu Rwanda habonetse abarwayi bashya cumi n’umunani ba COVID-19.
Ihuriro ry’Impuzamiryango y’Amadini, Amatorero na Kiliziya Gatolika(RIC) ryishyiriyeho ingamba zakurikizwa mu kwirinda Covid-19 mu gihe cy’amateraniro cyangwa misa, nyuma yo kubisabwa na Guverinoma.
Kuri uyu wa kane tariki 11 Kamane 2020, urubanza ruregwamo Vital Kamerhe, Jammal Samih na Jeannot Muhima, rwakomereje muri gereza nkuru ya Makala. Aba bagabo bashinjwa kunyereza amafaranga yari kubaka inzu rusange zigera ku 4500, muri gahunda yiswe iy’iminsi 100, Perezida Félix Tshisekedi yari yemereye abaturage ubwo (…)
Akanama k’ubujurire ka Ferwafa kemeje ko Munyakazi Sadate akurirwaho ibihano by’amezi atandatu yari yahawe na Ferwafa.
Kapiteni mushya w’ikipe ya Musanze FC Habyarimana Eugene, avuga ko abakinnyi n’abatoza ba Musanze FC bafitiye abakunzi b’iyi kipe ideni ryo kubatsindira amakipe yose akomeye bagakomanga no ku gikombe mu mwaka 2020-2021.
Umugore wa nyakwigendera Kobe Bryant witwa Vanessa Bryant arashaka guhabwa impozamarira n’uruganda rw’indege umugabo we akaba n’umukinnyi muri NBA yapfiriyemo muri Mutarama 2020.
Sosiyete Nyarwanda ishinzwe Ingufu (REG) iratangaza ko kuva saa tatu z’ijoro kuri uyu wa kane tariki 11 kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo cyo kuwa gatanu tariki 12 Kamena 2020, abafatabuguzi bayo batari bubashe kugura umuriro.